Abakecuru babuze amagambo yo gushimira ingabo z’igihugu ziri mu gikorwa cyo kubavura indwara y’amaso izwi nk’ishaza nyuma yo gusabwa n’ibyishimo batewe no kongera kugira amahirwe yo kubona mu gihe bari bamaze imyaka itatu barahumye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bumaze iminsi buganira n’abaturage bo mu bice bimwe na bimwe by’imisozi miremire kuri gahunda ishobora kuzashyirwa mu bikorwa mu minsi iri imbere ijyanye no gusimbuza ibigori ibirayi kuko hamwe na hamwe ibigori bimara igihe kirekire mu mirima bigatinda kwera bitewe n’ubukonje.
Mbonimpa Slyvestre wahawe isoko ryo kubaka ikimoteri cy’akarere ka Ruhango, aravugwaho kwambura abo yakoresheje amafaranga angana na miliyoni 2 n’ibihumbi 225, nyamara we akarere kamuhaye isoko kakaba karamaze kumwishyura angana na miliyoni 113.
Abanyeshuri biga bakanaba mu mudugudu “Agahozo Shalom Youth Village” uri mu karere ka Rwamagana, babashije gukora Radio yumvikana ku murongo 106.7 FM muri uyu mudugudu wose ndetse n’inkengero zawo.
Abagore n’abagabo bazwi ku izina rya “abazunguzaji” bacururiza ibintu bitandukanye mu muhanda barasaba ahantu ho gukorera nko muri Gare ya Musanze bagasezerera gukorera mu muhanda bahurira n’ibibazo byinshi, nk’uko babyemeza.
Nyuma y’aho hatangirijwe gahunda yo guha abana amata ku ishuri mu mwaka wa 2010, abarezi barerera mu ishuri ribanza rya Nyarurama Catholique mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango, barahamya ko umubare w’abana bitabiraga ishuri wiyongereye ndetse n’imyigire ikazamuka.
Mu gihe inzitiramubu ari igikoresho gikomeye mu kwirinda umubu utera marariya cyane iyo abantu baryamye mu ijoro, abaturage bamwe bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, bo bazikoreshaga mu kuzirobesha amafi n’isambaza abandi bakazikoresha mu bundi buryo nko kuzanikaho imyaka yabo bityo icyo zagenewe mu kubarinda (...)
Bamwe mu batuye mu mujyi wa Ngororero batangiye gahunda yo gukoresha uburyo bwo gucana badakoresheje ibikomoka ku biti abandi bitabira gukoresha amashyiga arondereza ibicanwa mu kugabanya imbogamizi zo kubura inkwi.
Ubwo tariki 15/07/2014 abaturage b’umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bamurikaga bimwe mu bikorwa byagezweho mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye babyishimiye batangaza ko ibyo byose babikesha umukuru w’igihugu Paul Kagame ngo niyo mpamvu nta muntu n’umwe bazaha urwaho rwo kubisenya.
Mu gitondo cyo kuri iyi wa gatatu tariki 16/07/2014, uruganda Cristal Bottling Company rukora imitobe, amazi ndetse n’imiheha ruherereye mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera rwari rufashwe n’inkongi y’umuriro ariko umuriro bawuzimya utarafata amazu.
Umukecuru witwa Nyirambonigaba utuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, wari umaze amezi agera kuri atanu acumbikiwe n’abaturanyi kubera ko inzu ye yari yarahiye igakongoka arashimira ingabo z’u Rwanda n’abaturage bari kumwubakira inzu nshya none ubu akaba agiye kubona aho yikinga.
Nyuma y’uko bigaragaye ko ibyangombwa bisaga 31.000 biri mu karere kandi ba nyirabyo ntibaze kubifata, ubu akarere karahamagarira abaturage kuza kubitwara kuko ngo udafite icyangombwa nta butaka aba afite.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Manyagiro bashima Perezida Kagame wabagabiye inka muri gahunda ya Girinka ariko ngo baziburiye ubwatsi kuko bafite ubutaka buto cyane.
Polisi y’igihugu irashimira abaturage uruhare bakomeje kugaragara mu kurwanya ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga zitemewe mu Rwanda, ariko igatangaza ko urugamba rugikomeze abaturage bakwiye gukomeza kuba maso.
Kwimakaza indangagaciro nyarwanda na kirazira no gusigasira ibyiza bimaze kugerwaho, nibyo bizatuma igihugu kigera ku iterambere rirambye. Ubu ni bumwe mu butumwa bwahawe urubyiruko rw’Abanyarwanda biga mu mahanga.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata mu karere ka Bugesera rwaburanishije urubanza ubushinjacyaha bwasabiraga ifungwa ry’agateganyo uwitwa Nsengiyumva Claude utuye mu murenge wa Mwogo akaba akurikiranyweho kwica Ndayambaje Naheza Jean de Dieu, wamuragiriraga inka.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka iri mu mujyi wa Nyamagabe hafungiye umushoferi witwa Nkundimana Aloys w’imyaka 28 akurikiranyweho gutwara forode amakarito y’amata y’ifu 40 yo mu bwoko bwa NAN adafite ibyangombwa byerekana ko yasorewe.
Gahutu Jean wari utuye mu kagari ka Buhaza umudugudu wa Dufatanye umurenge wa Rubavu taliki ya 13/7/2014 yitabye Imana azize kunywa inzoga yitwa Blue Sky ikorerwa mu gihugu cya Uganda.
Abaturage bo mu karere ka Nyabihu bishimira isuku n’ubwiza busigaye buranga u Rwanda basanga bihera hasi mu nzego z’ibanze. Ibi babihera ku bwiza bw’imbuga itoshye babona aho banyura hose yaba ku biro by’ubuyobozi, ku mihanda, ku bigo by’amashuri, ibigo nderabuzima n’ahandi hatandukanye hahurira abantu benshi.
Leta ya Kongo yandikiye ubuyobozi bwa CEPGL na Minisitere z’ububanyi n’amahanga z’ibihugu bigize umuryango wa CEPGL ibamenyesha ko ibikorwa byo kwaka amafaranga ya Viza abaturage bari mu muryango wa CEPGL byatewe n’uko ibi bihugu nabyo byishyuza Viza abaturage bari muri uyu muryango.
Minisitiri w’Urubyiruko, Ikoranabuhanga n’Isakazabumenyi, Nsengimana Jean Philbert, mu mahugurwa y’iminsi b’ibiri y’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bahagarariye abandi mu turere tugize Intara y’Uburengerazuba yasojwe ku wa 13 Nyakanga, yibukije ko n’ubwo ikoranabuhanga rimaze kongera byinshi mu iterambere ry’u Rwanda ari (...)
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kiri mu murenge wa Kamembe, mu karere ka Rusizi cyane cyane abahamara igihe (hospitalisés), baravuga ko bafite ikibazo gikomeye cy’amazi kuko icyo kigo nderabuzima kitagira amazi meza ahagije bikabangamira isuku n’ibindi bihakorerwa bikenera gukoresha amazi.
Kuri uyu wa kabiri tariki 15/7/2014, ahagana saa tanu n’iminota 20 za mu gitondo, inzu y’amagorofa abiri y’uwitwaga Mudahemuka Felicien (witabye Imana), ikaba iri iruhande yo kwa Mutangana (i Nyabugogo), yafashwe n’inkongi y’umuriro, amaduka ari mu gice cyayo cyo hagati cy’igorofa yo hejuru arakongoka.
Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, bacumbikiwe mu kagari ka Rwoga umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane n’abaturage bagenzi babo bakibita Abatanzaniya kandi bo bazi neza ko ari Abanyarwanda.
Ba perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Teodoro Obiang Nguema Mbasogo wa Equatorial Guinea bamaze gusinya amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibyo bihugu azafasha ibyo bihugu kunoza no gutera imbere byihuse nk’uko babitangarije mu kiganiro bamaze kugirana n’abanyamakuru i Kigali.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kibinyujije mu mushinga wacyo wo gutera inkunga imishinga itanga ubumenyingiro mu gihe gito (SDF), kimaze kwakira imishinga 293 ihatanira guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro, ikazavamo imyiza ku rusha indi izahabwa inkunga.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) ngo bwahagurukiye abacuruza kawa ziteze kuko uretse kuba abazicuruza bishyira mu gihombo banatuma amadovize atinjira mu gihugu, nk’uko bivugwa na Kirenga Leonard, umukozi ushinzwe ubugenzuzi mu kigo cya NAEB.
Bakundukize Theoneste w’imyaka 52 wari utuye mu mudugudu wa Gatovu, akagali ka Gatonde umurenge wa Kibungo, yakubiswe umuhini mu mutwe bimuvuramo urupfu ubwo yari yagiye ku muturanyi we gushaka inkweto ze yakekaga ko umuhungu waho yazibye.
Bamwe mu bakobwa bafashwa n’umushinga AGI (Adolescent Girls Initiatives) bakomoka mu karere ka Rulindo barashima ubumenyi bahabwa n’uyu mushinga ku bijyanye n’imyuga ariko ngo baracyafite ibibazo by’uko barangiza kwiga ntibabone akazi bityo ngo ugasanga ubumenyi bahawe nta cyo bubamarira.
Ubushobozi buke bwa bamwe mu bahinzi b’umuceli mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera badashobora kuringaniza imirima yabo ni imwe mu nzitizi zituma iki gishanga kihingwa bigatuma 1/3 cy’ubuso aricyo kibyazwa umusaruro.
Umusaza witwa Gatware Etienne atangaza ko amaze imyaka irenga ibiri yiruka ku kibazo cyatewe n’umuturanyi we cyo kuba yaramusenyeye aho yubatse inzu akamusatira kuburyo ari mu marembera yo kuba inzu ye yahirima umuryango we ukaba wahahurira n’ibibazo.
Mu kwemerera uruganda rwo mu Bushinwa kuza gukorera imyenda mu Rwanda, ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) buvuga ko u Rwanda rwatangiye gushaka ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga byongerewe agaciro kugera ku rwego rwa nyuma; kugira ngo intego yo kuzamura ubukungu bushingiye ku byoherezwa hanze ibashe (...)
Abapolisi bakuru 28 bava mu bihugu 9 by’Afurika bakurikirana amasomo yabo mu Ishuri Rikuru rya Polisi rya Musanze, kuri uyu wa Mbere tariki 14/07/2014 batangiye inama nyunguranabitekerezo (symposium) ku bibazo by’ingutu mu kugarura amahoro n’umutekano mu karere.
Perezida w’igihugu cya Equatorial Guinea, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, wasuye u Rwanda kuva kuri uyu wa 14/7/2014, yavuze ko we n’igihugu cye bamagana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaba yijeje guharanira ko haba mu Rwanda cyangwa ahandi ku isi, Jenoside itagomba kongera kuba.
Leta y’u Rwanda yasohoye amabwiriza asaba abafite amazu kuyashakira ubwishingizi bw’impanuka n’inkongi z’umuriro mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo kimaze kugaragara henshi mu Rwanda.
Kuva kuri uyu wa mbere tariki 14-16/07/2014, itsinda risuzuma uko imihigo y’umwaka wa 2013-2014 yashyizwe mu bikorwa riri mu karere ka Nyamagabe rigamije kureba uko aka karere kashyize mu bikorwa imihigo kasinyanye n’umukuru w’igihugu.
Umusaza witwa Anthère Kabahizi ubarizwa muri paruwasi ya Crête Congo Nil mu karere ka Rutsiro, avuga ko akimara gushyingirwa yasabye Imana ko mu muryango we izamuha umusaserodoti none akaba yishimiye ko igisubizo yabashije kukibona tariki 12/07/2014 ubwo umwana we w’umuhererezi akaba n’imbyaro ye ya cumi yahabwaga ubupadiri.
Abatuye umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare bemeza ko uretse kuba kuboneza urubyaro bifasha imiryango kwiteza imbere kuko babona umwanya uhagije wo gukora ngo n’abana barerwa neza kandi n’urukundo ruriyongera; gusa ngo kuboneza urubyaro ku bagabo ntibyitabirwa kubera gutinya ko abagore babo babaca inyuma.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare bavuga ko bacyokesha imyaka yabo kubera kutagira umuhanda n’amasoko bajyanamo umusaruro wabo,ariko ubuyobozi bubasaba guhunika imyaka byaba ngombwa bakaka inguzanyo muri Sacco y’umurenge ariko bakazagurisha badahenzwe.
Ndikuryayo Samuel w’imyaka 26 y’amavuko uvuka mu mudugudu wa Sholi mu Kagali ka Gasoro mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza kuri iki cyumweru tariki 13/07/2014 saa moya n’igice z’umugoroba yishe se umubyara amuteye umusumali mu rubavu bitewe n’amakimbirane bari bamaranye iminsi ashingiye ku nzu bari batuyemo.
Abanyarwanda bajya i Goma bakoresheje umupaka munini mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki ya 14/7/2014 basabwe kwishyura amafaranga ya Viza, abatayishyura bakaba basabwe kutongera kujya i Goma kuko umunsi ntarengwa wo kuyishyura ari taliki ya 15/7/2014.
Casa Mbungo André watozaga AS Kigali yamaze kwerekeza mu ikipe ya Police FC, akaba agiye gusimbura Umunya-Uganda Sam Ssimbwa weguye ku mirimo ye ku wa gatanu w’icyumweru gishize, ku mpamvu yise ko ari ize bwite.
Ubwo icapiro rya Kabgayi ryashinzwe mu mwaka 1932 ryizihizaga imyaka 80 rimaze rishinzwe, hagaragajwe aho ryavuye naho rigeze mu mikorere rigaragaza ko rishishikariye gukoresha ikoranabuhanga.
Mu karere ka Ngororero, mbere yo gutangira umwaka wa 2014-2015, imiryango itegamiye kuri Leta: ADI Terimbere, Tubibe amahoro na PPIMA (Public Policy of Information Monitoring and Advocacy) yashyize ahagaragara ubushakashatsi bakoze ku muganda aho abaturage bagaragaza ibyo bashima, ibyo banenga mu mitangire y’umuganda (...)
Komiseri mu muryango wa FPR Inkotanyi, Tito Rutaremara, arasaba abanyamuryango b’iri shyaka bo mu Ntara y’Iburasirazuba kuba inkingi z’impinduka bongera ingufu mu bikorwa byabo kugira ngo ubukungu bw’u Rwanda buzamuke, bityo abakene bagabanuke.
Uretse kwikururira ubukene n’amakimbirane ya hato na hato ngo nta cyiza kiri mu gushaka abagore benshi; nk’uko byemezwa n’abaturage b’umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare batunze umugore urenze umwe kimwe n’abagore baharitswe.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Cyungo ho mu karere ka Rulindo, basuye urwibutso rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside rwa Mvuzo, ruherereye mu murenge wa Murambi nawo wo mu karere ka Rulindo mu rwego rwo kumenya ibyabaye mu yindi mirenge mu gihe cya Jenoside.
Abaturage b’umurenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi basanzwe bahinga ibigoli ubu baravuga ko bafite impungenge ko umusaruro w’ibigoli byahinzwe mu gihembwe cya kabiri cy’ihinga (saison B) uzagabanuka cyane bitewe n’izuba ryavuye ari ryinshi.
Ikipe y’Ubudage yakoze amateka yo kwegukana igikombe cy’isi cya kane ikivanye ku mugabane wa Amerika, bwa mbere ku ikipe y’i Burayi, ubwo yatsindaga Argentine igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Maracana i Rio de Janeiro muri Brazil ku cyumweru tariki ya 13/7/2014.