Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arasaba abagize urwego rwa Polisi kubaka ubushobozi mu bumenyi bufasha Polisi kurinda umutekano w’abaturage ariko muri byose bakora bakarangwa n’ikinyabupfura ngo kuko imbaraga zose n’ubushobozi baba bafite, nta cyo byabamarira batagira ikinyabupfura.
Umugabo witwa Ngendahimana Céléstin w’imyaka 44 wo mu Kagari ka Kamombo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe bamusanze yiyahuye mu rugomero rwa Mahama ku wa 10 Gicurasi 2015.
Abasura abarwayi mu bitaro bya Kirehe bavuga ko babangamiwe n’uburyo bafatwa iyo bageze ku bitaro kuko bahezwa hanze bakarindira isaha yo kwinjira ari nako bicwa n’izuba bananyagirwa, ibyo bikabatera gutinda kugeza ku barwayi ingemu n’ibindi bakenera.
Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’igihugu butangaza ko ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’ingabo, abapolisi n’abasivili ari ngombwa mu butumwa bw’amahoro kugira ngo ibikorwa byo kugarura amahoro bigerweho.
Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri izwi nka “School Feeding” mu rurimi rw’Icyongereza yatangiye muri 2014 mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru ngo iragenda neza ugereranyije na mbere kuko78. 1 % by’abanyeshuri bo muri iyo ntara ubu bafatira ku ishuri ifunguro rya saa sita ngo bikabafasha gukurikira amasomo yabo neza (…)
Haracyari imbogamizi ko ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bitarahuza ubufatanye mu kubungabunga ibishanga biri mu karere, hagakubitiraho ikibazo cy’ubumenyi bukiri buke mu banyagihugu bwo kumenya uko bikoreshwa n’uko bibungwabungwa.
Kuva ku wa gatandatu taliki ya 09 Gicurasi kugeza ku cyumweru taliki ya 10 Gicurasi 2015 mu karere ka Musanze habereye irushanwa ryo gusiganwa ku magare rikinirwa mu misozi (African Mountain Bike Continental Championships), isiganwa ryihariwe n’abakinnyi ba Afrika y’epfo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango n’abaturage bawo ntibavuga rumwe ku kubabuza kujya kwivuriza i Kirinda mu Karere ka Karongi.
Umukecuru Mukeshimana Maria, utuye Umudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Ruyenzi, mu Murenge wa Runda wo mu Karere ka Kamonyi yasuwe n’abaturanyi be bakora siporo bibumbiye mu ihuriro “Unity jogging Club”; mu rwego rwo kumufata mu mugongo kubera abana be n’umugabo we yabuze muri Jenoside no kumwifuriza umunsi mwiza w’ababyeyi.
Polisi y’u Rwanda, ku wa Mbere, tariki ya 11 Gicurasi 2015, igiye kunguka aba-Ofisiye bato 462, barimo ab’igitsina gore 51, basoje amahugurwa abinjiza mu cyiciro cy’aba-Ofisiye ba Polisi y’u Rwanda (Officer Cadets) bari bamazemo igihe gisaga umwaka mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi riri i Gishari mu Karere ka Rwamagana.
Mu rwego rwo gushyigikira no guteza imbere imikino ngororamubiri, ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri mu Rwanda (FRA) rigiye gutangiza ikigo kizajya cyita ku mikino ngororamubiri mu Rwanda mu Karere ka Gicumbi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko kuba muri ako karere hakunze kugaragara igikorwa cyo kumena ibiyobyabwenge birimo kanyanga, bigaragaraza ko hashyizwe imbaraga nyinshi mu kubirwanya.
Abareba amarushanwa mpuzamahanga yiswe “SCRATCH” y’abana biga mu mashuri abanza bakorera kuri mudasobwa bahawe muri gahunda ya “mudasobwa imwe kuri buri mwana/OLPC”, bemeza ko afasha abo bana gushimangira ibyo biga mu ishuri, ndetse no kumenya imikorere ya bagenzi babo ku rwego mpuzamahanga.
Mu mukwabu wabereye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, tariki ya 6 na 7 Gicurasi 2015; hataruwe abantu babagaga ingurube itapimwe n’umuganga w’amatungo ndetse hamenwa litiro 425 z’inzoga zitemewe, ibi byose ngo bikaba byashoboraga kugira ingaruka mbi ku buzima bw’abaturage bari kubifata.
Inkongi y’umuriro yibasiye inzu yaryamagamo abanyeshuri (Dortoir) b’abahungu 130 biga mu kigo cy’amashuri cya Runaba (E.S. Runaba) giherereye mu Murenge wa Butaro, mu Karere ka Burera, irashya irakongoka n’ibyari birimo byose.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard arasaba urugaga rw’amadini n’amatorero gukomeza kwigisha abakirisitu ubumwe n’ubwiyunge abantu bakabana mu mahoro.
Abantu 9 bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mulindi mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi bakekwaho kwica umusore witwa Mananzima bahimbaga Nzima.
Padiri Wellars Mugengana avuga ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994 ari umwanya wo kwibaza icyo abishe abatutsi bungutse.
Egide Nkuranga, Visi perezida wa Ibuka mu Rwanda, yibaza icyo abarokotse Jenoside bakora kugira ngo Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda itazabera n’i Burundi.
Abahinzi ba Kawa bibumbiye muri Koperative COCAMU bandikiye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda basaba ko ingingo y’101 yo mu Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ivugururwa maze Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akemererwa kongera kwiyamamaza muri manda ya Gatatu.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 abatutsi bazize Jenoside basaga ibihumbi 47 bashyinguye mu rwibutso rw’Akarere ka Kamonyi ruherereye mu Kibuza, Akagari ka Nkingo, mu Murenge wa Gacurabwenge, wabaye tariki 9 Gicurasi 2015, Minisitiri w’umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yatangaje ko abakoze Jenoside badafite amahoro kuko (…)
Inzu y’igorofa yubatswe ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi igenewe gushyirwamo ubuhamya n’ibindi bimenyetso ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi kugira ngo ijye ikorerwamo ubushakashatsi imaze imyaka 9 idakorerwamo.
Inzego zitandukanye mu Karere ka Kayonza ngo zigiye gushaka uko ibibazo by’abafite ubumuga byakemuka nyuma y’ubushakashatsi bwakozwe ku mibereho ya bo na serivisi bahabwa.
Ku wa 8 Gicurasi 2015, Umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge wijihije umunsi mpuzahanga wa Croix-Rouge ushyikiriza Akarere ka Nyabihu umudugudu wa Kijyambere ugizwe n’amazu 180 yubakiwe abanyarwanda batahutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, abirukanywe muri Tanzaniya n’abandi batishoboye bari batuye (…)
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu mazu yo mu isoko rikuru rya Byumba no ku mpande yaryo baravuga ko bagiye gufunga imiryango, nyuma y’aho ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bufashe icyemezo cyo kuzamura imisoro bwabasabaga kuko bavuga ko idahwanye n’ibyo bacuruza.
Mu rwibutso rwa Jenoside rwa Rukira ruherereye mu murenge wa Huye wo mu karere ka Huye habaye igikorwa cyo gushyingura mu cybahiro imibiri irenga ibihumbi 35 y’inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uhagarariye Umunyamabanga wa Loni mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) Ellen Margret Loej, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa i Juba azishimira ikinyabupfura n’ubunyamwuga buziranga mu kazi ko kubungabunga amahoro.
Abafundi 250 bakora umwuga wo gusiga amarangi mu karere ka Rusizi bibumbiye muri sendika y’abakora ubwubatsi n’ububaji, ubukanishi n’ubukorikori (STECOMA) bahuguwe ku buryo banoza umwuga wo gusiga amarangi mu kazi kabo ka buri munsi n’ahandi akoreshwa, kuri uyu wa gatandatu tariki 9/5/2015.
Umukinnyi ukiri muto w’umunyarwanda, Mugisha Samuel ku nshuro ya mbere yitabira amarushanwa ya Mountain Bike yabashije kwegukana umwanya wa 4 mu bakinnyi bakiri bato (Junior), mu marushanwa yo ku rwego rw’Afrika ari kubera mu karere ka Musanze.
Urugendo rurerure abana bo mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza bakora bajya kwiga, rutuma hari abanga ishuri bakiga basiba. Abagerageje kujya kwiga na bo ngo hari igihe bananirirwa mu nzira bakicara bategereje ko abandi batahana.
Producer Bob usanzwe azwi nk’umwe mu batunganya umuziki hano mu Rwanda bakomeye yamaze gutangiza inzu ireberera inyungu z’abahanzi (Label) nshya yise “The Sounds” izita ku bahanzi bafite impano ariko badafite ubushobozi.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI, irashishikariza abahinzi bo mu karere ka Gatsibo guhinga kinyamwuga bitabira gukoresha inyongeramusaruro. Iyi Minisiteri irabikora mu rwego rwo gusobanurira abahinzi amategeko n’amabwiriza agenga ikoreshwa ry’amafumbire.
Imiryango ine ihuriye kuri gahunda y’uburezi bugamije amahoro (Peace Education Program) yahuguye abanyeshuri n’abarezi 160 bo mu Karere ka Musanze ku mahoro arambaye, kuko bizera ko habayeho uburezi bwiza Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Ikipe y’igihugu y’ u Rwanda y’umukino wa Volleyball ikinirwa ku mucanga ( Beach Volleyball) yabonye itiki yo kwerekeza mu mikino izwi nka All African Games nyuma yo gutsinda Kenya amaseti 2-0.
Banki ya Kigali (BK) yatangarije abafatanyabikorwa bayo ko yungutse miliyari 5,3 amafaranga y’u Rwanda mu mezi atatu ya mbere ya 2015. Iyi nyungu ngo irenze kure iyabonetse mu gihembwe nk’iki umwaka ushize yanganaga na miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda.
Ibitaro bya Muhororo mu karere ka Ngorororero bishimirwa ko byabaye intangarugero mu kubimburira ibindi bitaro bigize aka karere mu kubakira urwibutso abari abakozi babyo bazize Jenoside yakorewe AbatutsI mu 1994.
Mu rwuri rw’umuryango w’abanyeshuri bakotse Jenoside (AERG) ruri mu mudugudu wa Karama akagari ka Karama, umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare, hagejewe inka 81 harimo 20 zatanzwe na madamu wa Perezida Repubulika Jeannette Kagame binyuze mu muryango Imbuto Foundation.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko babangamiwe n’uruganda rw’icyayi rwa Mata rwikubira amafaranga akagumamo imbere ntasohoke ngo agere no ku bandi bacuruzi.
Uturere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza, Ngoma na Kirehe two mu Ntara y’Uburasirazuba tumaze amasaha arenga 24 tutabona amashanyarazi.
Abayobozi, abarimu n’abanyeshuri bo muri IPRC-South basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi ruri mu Karere ka Nyamagabe ku wa 8 Gicurasi 2015, batashye bavuga ko uru rwibutso rugaragaza neza amateka ya Jenoside ku buryo nta wahagendereye wakongera guhakana ko Jenoside yakorewe abatutsi yabayeho.
Abadepite n’abasenateri bagize Inteko Nshingamategeko y’u Rwanda, kuri uyu wa 8 Gicurasi 2015, batangije ihuriro rishinzwe gukumira Jenoside no kurwanya ingengabitekerezo yayo, ku ikubitiro abagera kuri 82 bahita basaba kuba abanyamuryango baryo.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza ruri mu Karere ka Musanze rwahamije icyaha cy’ubushoreke Hakizimana Jean Pierre na Umwari Marie Claire rubakatira igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe n’amezi 9 kuri Hakizimana, igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu kuri Umwari, no gutanga ihazabu y’ibihumbi 100 kuri buri wese.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata rwakatiye Rukundo Marie Grâce na Mukanoheri Véstine igifungo cy’umwaka n’amezi umunani, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwenga inzoga itemewe ya kanyanga.
Igikorwa cyo gutera imiti yica imibu ikwirakwiza indwara ya Malaria mu nzu cyarangiye ingo zateganyijwe zigezweho ku kigereranyo cya 99%, kuko abajijutse batabonetse ngo inzu zabo ziterwemo umuti.
Uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa ku isi (PAM) mu karere k’ibiyaga bigari no muri Afurika yo hagati, Valerie Guarnieri, yashimye uruhare abaturage bagira mu kwiteza imbere biciye mu mishinga ibafasha bakayibyaza umusaruro barwanya inzara n’ubukene.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda ya MTN yongeye gutera inkunga ingana na Milioni 53 z’amanyarwanda isiganwa ku maguru rizabera mu Rwanda taliki ya 24 Gicurasi 2015 rizwi ku izina rya International Peace Marathon.
Inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Kamonyi imaze igihe kirenga umwaka yubakwa i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, igiye kuzura itwaye amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari ngo ishobora kuzatangirwa gukorerwamo mu mpera za Gicurasi 2015.
Bisangwa Nganji Benjamin wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Ben Nganji mu njyana ya Reggae n’injyana nyarwanda, amakinamico ndetse no mu gihangano cye yise “inkirigito”, agiye kwitabira igitaramo mu Mujyi wa Kigali bwa mbere mu mateka ye mu gihe ahamaze imyaka isaga itatu ari umuhanzi utigaragaza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mirenge ya Murama na Rukira igize icyahoze ari Komini Rukira mu gihe cya Jenoside, ubu akaba ari mu Karere ka Ngoma, bagabiye inka umuryango wa Ruhigira Donat,wahoze ari burugumesitiri wa Komini Rukira muri Jenoside.