Mu gihe umushinga uteza imbere gusoma kwandika no kubara, L3 “Litteracy, Language and Learning”; ufasha ibigo by’amashuri abanza mu buryo bushya bwo gutanga amasomo hifashishijwe terefone uvuga ko terefone ari imwe mu mfashanyigisho zatuma uburezi bugira ireme, abarezi bo mu mashuri abanza na bo bemeza ko kwifashisha amasomo (…)
Inteko Ishinga Amategeko yose (Umutwe wa Sena n’uw’Abadepite) yemeje ko ubusabe bw’abaturage ku ihindurwa ry’ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga bufite ishingiro; aho iyo ngingo n’izindi zifitanye isano na yo zizahindurwa, kugira ngo bihe ububasha Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, bwo kongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda (…)
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, bazindukiye ku Biro by’Umurenge gukurikirana uko igikorwa cyabarega mu Nteko Ishinga Amategeko, cyo gusuzuma ubusabe bwabo bwo kuvugurura Ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga kugira ngo Perezida Kagame azongera kwiyamamaza bamutore akomeze kubayobora.
Abakozi b’Akarere ka Rutsiro kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku rwego rw’akarere bari mu gikorwa cyo gutanga imisanzu mu Kigega “Ishema Ryacu” bavuga ko babikorera kwanga agasuzuguro bimwe mu bihugu by’amahanga bikomeje kugaragariza u Rwanda.
Carry Turk, uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, yatangaje ko izakomeza gutera inkunga Leta y’u Rwanda kugira ngo ibashe kunoza imyigishirize y’ubumenyingiro no kubugeza henshi mu Rwanda hagamijwe korohereza abakeneya kubwiga kubona amashuri.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngoma, mu Mujyi wa Butare, hafungiwe abagabo batandatu bakekwaho guhangika abantu babagurisha amayero (amafaranga akoreshwa muri bihugu by’Umuryango w’Ubumwe bw’Iburayi) y’amakorano abandi bita ibiwani.
Abaturage bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza ngo barifuza ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yazabasura bakamubona imbonankubone kuko basanzwe bamwumva kuri radiyo gusa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma borojwe inka muri 2012 n’umuryango wa FPR ubwo wizihizaga imyaka 25 umaze uvutse, bituye boroza bagenzi babo batishoboye inka 30.
Bamwe mu buyobozi bw’Akarere ka Nyanza n’abayobozi b’ibigo by’amashuri muri ako karere ntibemeranywa na Minisiteri y’Uburezi ku kibazo cy’ijanisha ry’abana bataye ishuri mu mwaka wa 2014-2015 mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye muri ako karere.
Mu nama y’uburezi yahuje abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa 13 Nyakanga 2015 bafashe umwanzuro ko bagiye kujya bamenyesha ababyeyi imyigire n’imyitwarire by’abana babo hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Abakoresha icyombo giherutse gushyirwa mu Kiyaga cya Mugesera ngo cyoroshye ubuhahirane yagati y’abaturage b’Akarere ka Rwamagana n’ab’aka Ngoma batuye mu bice bikora kuri icyo kiyag, bavuga ko bari mu gihombo baterwa no kutabona umubare uhagije w’abagenzi bakigenderamo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 14 Nyakanga 2015, Abanyarwanda benshi bazindukiye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko bagiye kumva uko isuzuma ibitekerezo byabo bisaba ko Ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ihindurwa rikemerera Perezida Kagame gukomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017.
Bamwe mu bakora umwuga wo kubaza no gusudira baretse gukoresha ibikoresho gakondo bihangira umurimo wo gukora imashini zikoresha amanyashanyarazi none baravuga ko byaratumye babasha kwiteza imbere.
Umukinnyi wakinaga mu ikipe y’Isonga uzwi ku izina rya Nshuti Savio Dominique yamze gusinyira ikipe ya Rayon Sports imyaka igera kuri ibiri,aho aje nk’umusimbura wa Ndayisenga Fuadi wamaze kwerekeza mu ikipe ya Sofapaka yo muri Kenya
Abacuruzi bake batangiye gukorera mu isoko rusange rya Bishyenyi bita “common market”, bavuga ko batangiye gukorera mu gihombo kuko batabona abaguzi; ariko abashoramari baryo bo barahamagarira abaguze ibibanza bose kuza kubikoreramo kuko abacuruzi ari bo babimburira abaguzi mu isoko.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kirehe barashinja ubuyobozi bw’imidugudu kubaka amafaranga ibihumbi bitandatu bwise umusoro w’umudugudu.
Umuhanzi Teta Diana avuga ko yarangije amashuri yisumbuye afite inzozi zo kubona akazi mu bigo by’itumanaho ariko amaze kurangiza kwiga abona si ko bigenze ahita yiyungura igitekerezo cyo kwihangira imirimo.
Uwitwa Rukundo Marcel w’imyaka 30 y’amavuko bakunze kwita Nyaruzungu, wari utuye mu Mudugudu wa Rukuro mu Kagari ka Muhororo ho mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango,bamusanze yimanitse mu giti cy’umuvumu yapfuye.
James McElvar, umwe mu baririmbyi bagize itsinda ry’abanya-Ecosse ryitwa "Rewind", aherutse kurira indege agerekeranyije imyenda 12 yanga kwishyura amayero 50 (hafi 40.000FRW) kubera ko yari yarengeje ibiro yari yemerewe kujyana mu ndege, bimuviramo kwikubita hasi yataye ubwenge mu gihe cy’urugendo.
Mu mwaka w’imihigo ushoje wa 2014-2015, imiryango ibihumbi 10 na 71 y’abatishoboye yahawe ibikotesho bisukura amazi (filtres) bizayifasha kunywa no gukoresha amazi meza mu ngo zabo hagamijwe kurwanya indwara ziterwa n’amazi mabi.
Abakozi ba Hoteli Faraja, imwe mu mahoteli mashya yo mu Mujyi wa Musanze, bavuga ko bamaze amezi hagati y’atatu n’ane badakora ku ifaranga ngo kubaho bikaba bibagoye, bityo bagasaba ubufasha kugira ngo babone imishahara yabo.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda arasanga abakinnyi b’amagare mu Rwanda nibakomeza kuzamura urwego bariho,mu gihe cy’imyaka 10 Valens Ndayisenga cyangwa undi mu nyarwanda ashobora kuzakina isiganwa rifatwa nk’irya mbere ku Isi "Tour de France"
Ubwo abakiristu ba Paruwasi Bare bizihizaga yubire y’imyaka 50 iyi paroisse ishinzwe,bungutse umupadiri mushya,wanahise ahabwa ubutumwa muri Diyosezi ya Butare ari na ho hakomoka Padiri Kayinamura Thelesphore washinze Paroisse ya Bare mu 1965.
Abaturage batuye ahataragezwa umuriro w’amashanayarazi babwiwe ko bagomba gutangira gukora cyane bayitegura kugira ngo azabagereho bariteje imbere imbere bashobore kuyabyaza umusaruro mu bikorwa bitandukanye.
Abaturage barema isoko ryo mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke barashimira Leta ko yabubakiye isoko ariko bagasaba ko hakorwa n’umuhanda urigeraho kuko kugeza ubu nta modoka ishobora kurigezaho ibicuruzwa bigatuma kuhakorera bigorana.
Gahunda yo kwiga imyuga ku buntu hagamijwe ko abantu babona ubumenyi bwo guhanga imirimo mishya ari benshi yatangijwe mu bigo byigisha imyuga, mu Karere ka Huye yitabiriwe n’abatari bakeya biganjemo abarangije amashuri yisumbuye bitegura kujya muri kaminuza.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batishoboye batujwe mu Mudugudu wa Kiberinka mu Kagari ka Gahondo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza barashima Polisi y’u Rwanda ko yabubakiye nyuma y’imyaka 21 yari ishize badafite amacumbi.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Mugombwa ho mu Karere ka Gisagara bavuga ko nyuma yo kwibumbira mu matsinda y’ubwizigame basigaye bafatanya n’abagabo babo mu guteza imbere ingo.
Umuyobozi w’ikigo cyitwa Iriba Ndangamuco na Ndangamateka, gishakisha ibiranga amateka y’u Rwanda kikanabitanga ku babikeneye bose (ku buntu), ni umwe mu batanze ikiganiro ku bahanzi bitabiriye iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ kuri iki cyumweru tariki 12 Nyakanga 2015, aho yasobanuye akamaro k’itangazamakuru mu guteza (…)
Igicamunsi cyo kuri iki cyumweru tarikiya 12 Nyakanga 2015, ibikorwa by’Iserukiramuco ryiswe Ubumuntu Arts Festival, byakomezanyije n’amahugurwa atandukanye ku bahanzi.
Abakora isuku mu Karere ka Rusizi mu mirenge ya Kamembe , Mururu na Gihundwe babarirwa mu 170 bibumbiye muri Koperative Imbagara zubaka, baravuga ko bamaze amezi 3 badahembwa amafaranga yabo bakoreye agera kuri miliyoni 17 n’ibihumbi 700.
Umugore witwa Mukamuramutsa Francine ari mu maboko ya Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi nyuma akekwaho kwica umugabo we Havumiragiye Damascene amunize akoresheje umugozi.
Byishimo Destin wavukiye mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ariko akagira umubyeyi w’Umunyarwanda na we utuye muri Kongo, avuga ko ahangayikishijwe n’uburyo azabona ibyangombwa nyuma y’uko asabwe n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka gusubiza indangamuntu yafatiye mu Rwanda ashinjwa kuba umunyamahanga.
Ku bufatanye bw’inzego z’ibanze, iz’umutekano ndetse n’abaturage, ku wa 10 Nyakanga, mu Karere ka Bugesera hasenywe inganda ebyiri zenga inzoga itemewe ya kanyanga zari mu Mudugudu wa Karambo mu Kagari ka Gihembe mu Murenge wa Ngeruka.
Abanyarwanda 91 bari bamaze imyaka 21 mu buhunzi mu burasirazuba bwa Kongo, kuri uyu wa 10 Nyakanga 2015, batashye mu Rwanda bavuga ko bigobotoye ikinyoma cyari cyarabahejeje mu mashyamba no mu mibereho mibi.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Muhanga bavuga ko bari bazi ko gukora imibonano mpuzabitsina n’abo bashakanye nta hohoterwa ririmo igihe cyose umugore ataburanye cyangwa ngo yivumbure.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Mukabaramba Alvera, yababajwe n’amakosa menshi yakozwe muri gahunda yo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe aha abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge iminsi itatu yo kuba barangije kuyakosora yose banagejeje raporo ku karere.
Mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi hatoraguwe umurambo w’umwana witwa Ukwishaka Eliphase w’imyaka 3 wari umaze icyumweru yaraburiwe irengero ashakishwa n’umuryango we.
Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy ku izina ry’ubuhanzi avuga ko kuba asohora indirimbo nyinshi kandi zitamwinjiriza aho aba muri Leta zunze ubumwe za Amerika abiterwa n’urukundo afitiye abafana be.
Nk’uko twakomeje kubagezaho ibiri kubera mu Iserukiramuco "Ubumuntu Arts", twabahitiyemo amafoto amwe yaranze ibirori byo ku gicamunsi ku munsi wa mbere. Mukurikire...