Itsinda ry’Abasenateri ryasuye Akarere ka Muhanga kuri uyu wa gatandatu tariki 17 Nyakanga 2015 riranenga ibikorwa by’imihanda byagombye kuba byubakwa mu Karere ka Muhanga.
Abaturage b’Akarere ka Rwamagana bibumbiye mu matsinda 404 yo kwiteza imbere afashwa n’Umuryango Nyafurika w’Ivugabutumwa (AEE), barishimira ko nyuma yo kwibumbira hamwe bagakora ibikorwa by’iterambere, ubu babashije kwigobotora ubukene bukabije barimo kandi bakaba bakomeje urugendo rwo gutera imbere ubudasubira inyuma.
Impunzi z’abanyekongo zo mu nkambi ya Kigeme zirishimira ko zavuwe indwara z’amenyo zatumaga benshi barara badasinziriye, izi ndwara zikaba zitavurwaga umunsi k’uwundi bitewe n’uko serivisi z’amenyo zihenze.
Ubuyobozi bwa Ibuka mu karereka Rutsiro buratangaza ko inzibutso zishyinguyemo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994, zigomba kubera ishuri abazisura bikazafasha gukumira Jenoside ku buryo itazongera kuba bagendeye ku mateka.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze guhamagara urutonde rw’abakinnyi bagera kuri 26 mu rwego rwo gutegura imikino ibiri mpuzamahanga ya gicuti n’amakipe ya Nigeria na Afurika y’epfo.,aho kandi na Jimmy Mulisa usanzwe ari umuyobozi wa Tekiniki mu ikipe ya Sunrise yagizwe umutoza wungirije .
Mu gikorwa cy’imurikabikorwa kiri gukorwa n’abikorera ndetse n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gicumbi abaturage bishimiye ko bari gupimwa zimwe mu ndwara zitandukanye bakamenya uko ubuzima bwabo buhagaze.
Minisiteri y’Umutungo Kamere yahagurukiye ikibazo cy’ubutwarwa n’inzuzi n’imigezi muri tumwe mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, isaba abayobozi bireba gufata ingamba zirimo no kuba hatangwa ibihano kubabigiramo uruhare bateza isuri.
Itsinda Gakondo Group rigizwe n’abahanzi 13 harimo n’abakomeye nka Teta Diana, Jules Sentore, Daniel Ngarukiye, Nziza Francis n’abandi, na Masamba Intore uriyobora, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2015 rirataramira abakunzi baryo muri Hotel des Milles Collines.
Ally Soudy Uwizeye wahoze ari umunyamakuru n’umushyushyarugamba mu Rwanda mbere yo kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika avuga ko yashimishijwe n’amashusho y’indirimbo “Mbilo Mbilo” y’umuhanzi Eddy Kenzo, agaragaramo imbyino zisa neza neza n’izikoreshwa mu muco Nyarwanda anatangaza ko ababazwa no kuba abahanzi (…)
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga, Chief Spertendant Francis Muheto, aratangaza ko ugereranyije n’amezi ashize, abamotari batangiye guhindura imyumvire kuri amwe mu makosa bakoraga abangamira ibikorwa by’abashinzwe umutekano n’abagenzi.
Abakozi b’Ibitaro bya Gahini byo mu Karere ka Kayonza barasabwa kubaha umurwayi kuko ari we mukoresha wabo mukuru, nk’uko byavuzwe n’umuyobozi w’ibyo bitaro Dr. Muvunyi Alphonse tariki 16 Nyakanga 2015 ubwo ibyo bitaro byashimiraga abakozi babyo babaye indashyikirwa mu mwaka wa 2014/15.
Mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, abayoboke b’itorero ADEPR hirya no hino mu gihugu batanze umusanzu wo kubakira uwacitse ku icumu rya Jenoside umwe muri buri paruwasi muri 367 ziri mu gihugu. Kuri uyu wa 16 Nyakanga 2015, mu Karere ka Kamonyi, amaparuwasi 10 akaba yashyikirije (…)
Kuri uyu wa kane tariki 16 Nyakanga 2015 hafi y’Ibiro by’Akarere ka Rutsiro hataburuwe imibiri 54 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nyumay’aho umuntu utamenyekanye yandikiye ubuyobozi aburangira aho babajugunye.
Ibikorwa byo kurwanya umutwe wa FDLR mu Burasirazuba bwa Congo kuva 2015 yatangira ntibyawugabanyije intege, ahubwo byawuhaye uburyo bwo kwisuganya no kwihuriza hamwe kandi biwuha n’ingufu z’ibikoresho kuko aho irwaniye n’ingabo za Congo izambura ibikoresho.
Nyuma y’imyaka 3 umuturage witwa Mukambonyumuhutu Godelive wo mu Murenge wa Matyazo mu Karere ka Ngororero yaranze ko abantu baguze imitungo ye muri cyamunara bayikoresha, Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwahagurukiye gukemura icyo kibazo, no gukangurira abaturage kutigomeka ku byemezo by’inkiko.
Kuva ku wa 15 Nyakanga 2015, abantu 4 bo mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kibanda, umwungiriza we, umukuru w’umudugudu wa Ruhuha wo muri ako kagari hamwe na rwiyemezamirimo bari mu maboko ya Polisi bashinjwa kwangiza nkana inshyamba kimeza rya Mukura.
Umusore wo mu Kagari ka Karwasa mu Murenge wa Gacaca, Akarere ka Musanze wagize ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe biturutse kuba yaranywaga ibiyobyabwenge bitandukanye akagira amahirwe yo “gukira” yatangiye gufasha abandi bafite uburwayi bwo mu mutwe.
Leta y’u Rwanda ihangayikishijwe n’ibibi bikomeje kuza byihishe inyuma y’ikoranabuhanga nubwo hari ibyiza byinshi ryazanye. Bikaba byatumye ihagurukira iki kibazo itangiza gahunda igamije guhagarika ko ryakwangiza abana b’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko Kaminuza y’Ubuvuzi, University of Global Health Equity (UGHE), izubakwa muri ako karere mu Murenge wa Butaro, biteganyijwe ko izatangira kubakwa mu kwezi kwa Nzeri 2015.
Kuva mu mwaka ushize wa 2014 abaturage bivuriza ku bitaro bya Kabgayi barinubira kuba bigurira imiti iyo bagiye kwivuriza ku bitaro bya Kabgayi, kandi baratanze amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA).
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe abakomatanije ubumuga bwo kutumva, kutavuga no kutabona wizihijwe ku uyu wa 15 Nyakanga 2015, abahagarariye inzego zishinzwe abafite ubumuga mu Rwanda babasabiye gushyirwa mu cyiciro cyihariye kurusha abandi, kubera ubukana bw’ubumuga bafite.
Akarere ka Musanze, kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015 katangiye imyiteguro yo gushinga ikipe y’imikino ngororamubiri izategura abasore n’inkumi bazajya bitabira amarushanwa yo mu gihugu no hanze ,ikaba yitezweho kuzamura urwego uwo mukino uriho uyu munsi.
Umugabo witwa Igirukwigena Bonaventure utuye mu Mudugudu wa Kijibamba mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi nyuma ashinjwa kugerageza gufata ku ngufu umukobwa we, byamunanira akamutemagura.
Umuryango nterankunga w’Abadage uzwi ku izina rya GIZ, wahaye ibikoresho by’ishuri ibigo 10 by’amashuri yigisha ubumenyingiro muri Kigali, bizifashishwa mu guha abanyeshuri amahugurwa azabafasha guhitamo neza ibyo bifuza kwiga n’imirimo bifuza gukora.
Umusore w’imyaka 19 wo mu Kagari ka Nyagahinika mu Murenge wa Kigeyo ho mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Kivumu akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 7 y’amavuko wigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza.
Women Foundation Ministries, Umuryango Mpuzamahanga udaharanira Inyungu, urimo gutegura igiterane mpuzamahanga cyiswe All Women Together cyangwa mu Kinyarwanda “Abagore Twese Hamwe” kizabera ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali kuva ku wa 28-31 Nyakanga 2015.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo yibukije abaturage ko, kumva ko bari mu bwoko bumwe bw’Abanyarwanda, bukeneye kubaho neza no gutera imberao. Bakigenera ikibakwiriye kandi cyateza imbere igihugu cyabo barwanya n’uwashaka kubasubiza inyuma.
Mu gihe habura hafi amezi abiri ngo imikino nyafurika (All african games) itangire,ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (Ferwacy) ryamaze gutangaza abakinnyi 9 barimo umukobwa umwe bazahagararira u Rwanda muri iyo mikino.
Minisiteri ifite mu nshingano zayo gucunga Ibiza no gucyura impunzi, MIDIMAR, kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015, yahaye imiryango 53 yo mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu igizwe n’abahungutse kuva mu mwaka wa 2009 kugeza ubu inkunga y’amabati afite agaciro ka miliyoni zibarirwa muri 12 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu butangaza ko igikorwa cyo gutunganya imidugudu y’icyitegererezo izatwara miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda mu kwagurira Umujyi wa Gisenyi ahantu h’icyaro.
Abasaza n’abagore bagikomeye bo mu Murenge wa Nkotsi, mu Karere ka Musanze, mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015, bazindukiye ku biro by’akarere basaba ko barenganurwa kuko bakuwe ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka ya VUP mu buryo bavuga ko budasobanutse.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi(IBUKA) hamwe n’indi miryango iwugize, kuri uyu wa gatatu tariki 15 Nyakanga 2015, basoje ku mugaragaro icyunamo cy’iminsi 100 isobanura igihe Jenoside yo mu 1994 yamaze.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Umuvunyi butangaza ko hateye abatekamutwe biyitirira kuba abakozi b’inzego z’ubutabera ndetse n’Urwego rw’Umuvunyi bagasaba abaturage amafaranga ibihumbi 100 babizeza ko ibibazo bafite mu nkiko no mu Rwego rw’Umuvunyi bazabijyamo bigakemuka.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, mu muhango wo gutangiza urugerero rw’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu mahanga bazwi ku izina ry’”Indangamirwa” kuri uyu wa 14 Nyakanga 2015, yabibukije ko ubumenyi bahahayo bugomba kubakira ku ndangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda.
Nyuma y’uko polisi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bahagurukiye kurwanya abacuruza n’abakoresha inzoga zitemewe, bamwe batangiye gushaka amayeri yo kuzicuruza bakoresheje amacupa cyangwa ibindi bikoresho bisanzwe bizwi ko bibamo ibicuruzwa byemewe mu gihugu.
Umukinnyi usanzwe ukina mu ikipe ya FC Lausanne-Sport,ikipe ibarizwa mu cyiciro cya kabiri mu gihugu cy’u Busuwisi,Quentin Rushenguziminega yemeye kuzakinira ikipe y’igihugu Amavubi,aho ndetse anategerejwe ku mukino u Rwanda ruzakina mo na Ghana mu kwezi kwa cyenda
Abantu batanu bamaze bashyinguwe kuri iki gicamunsi cyo ku wa 15 Nyakanga 2015 nyuma yo kwitaba Imana babuze umwuka ubwo bari mu mwobo bacukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram mu kirombe cya Sosiyete ya New Bugarama Mining kiri mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugera mu Kagari ka Rurembo barishimira ko ibyo urubyiruko rwo muri aka kagari rwemerewe na Perezida wa Repubulika batangiye kubigezwaho.
PC Mukandayisenga Alphonsine, wari umupolisikazi mu Karere ka Kamonyi, yapfiriye ahitwa Gifumba mu rugabano rugabanya Akarere ka Muhanga n’Akarere ka Ruhango ubwo yajyaga mu masengesho ku musozi wa Kanyarira uri mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango.
Inama y’Igihgu y’Abagore (CNF) mu Karere ka Nyaruguru iratangaza ko hagiye gutangizwa ihuriro (Forum) ry’abagore bafite akazi mu nzego zinyuranye.
Nyuma y’igihe ashakishwa n’amakipe atandukanye ya hano mu Rwanda,Muhire Kevin yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri akinira akinira ikipe ya Rayon Sports
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwatangiye ibikorwa byo kubaka Hoteli ku Kiyaga cya Burera izafasha abakerarugendo baturukaga hirya no hino mu Rwanda no ku isi baje gusura ako karere ariko bakabura aho baruhukira bidagadura.
Irakoze Gleme, umukobwa w’imyaka 19 ukora akazi ko kuvugira inka, avuga ko aterwa ishema no kuvugira inka mu birori bitandukanye kandi ari umukobwa, umurimo ubusanzwe ukorwa n’abagabo.
Mu bigo by’amashuri byo mu Karere ka Kirehe harangiye amarushanwa ku biganirompaka mu gutyaza ubumenyi mu rurimi rw’Icyongereza, maze ubuyobozi bw’akarere n’abaterankunga muri icyo gikorwa babishimira urwego abarimu bagezeho mu kuvuga Icyongereza bahamya ko bizazamura ireme ry’uburezi.