Nk’uko twakomeje kubagezaho ibiri kubera mu Iserukiramuco "Ubumuntu Arts", twabahitiyemo amafoto amwe yaranze ibirori byo ku gicamunsi ku munsi wa mbere. Mukurikire...
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ifatanyije n’Urugaga n’Abikorera ndetse n’amakoperative y’abahinzi bumvikanye ku buryo bushya bwo gukusanya umusaruro w’ibirayi no kuwugeza ku isoko bwitezeho kurinda abahinzi igihombo bahuraga na cyo mu buhinzi bwabo.
Nyuma yo kwegukana isiganwa ryitiriwe kwibuka ryavaga i Kigali ryerekeza mu karere ka Rwamagana,umukinnyi Hadi Janvier usanzwe ukinira ikipe ya Benediction yo mu karere ka Rubavu, yongeye kwegukana isiganwa ryitiriwe umuco ryavaga kuri Pariki ya Nyungwe mu karere ka Nyamagane ryekeza mu karere ka Nyanza.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Nyakanga 2015, ni bwo iserukiramuco ryiswe Ubumuntu Arts Festival ryatangiye ku mugaragaro.
Abatuye ku Gasantere ka Rugogwe gaherereye mu Murenge wa Ruhashya, Akarere ka Huye, bavuga ko itunganywa ry’umuhanda Rugarama-Kigoma, unyura muri ako gasantere, ryatumye bava mu bwigunge, ndetse n’ibiciro byo gutwara abantu n’ibintu ku binyabiziga bikagabanuka.
Nyuma y’ukwezi kumwe n’igice Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bufashe gahunda yo gufata abajura b’inka ndetse n’abakekwaho ubwo bujura, abaturage bo muri ako karere bahamya ko kuri ubu babonye agahenge kuko ubujura bw’inka bwagabanutse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko abakozi ba Leta bafashe imyenda mu mashami ya Koperative Umirenge Sacco yo muri ako karere bakaba batarayishyura, bagomba kuyishyura byihuse bitaba ibyo bagafatirwa ibyemezo birimo no gutakaza imirimo yabo.
Umugabo w’imyaka 35 witwa Uwimana Jean Claude utuye mu Kagari ka Kirwa mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gihango,nyuma yo kwica umugore we wa kabiri witwa Uzamukunda Sylvanie ndetse n’umwana witwa Ndatimana yagendanye ubwo yashakaga uyu mugabo.
Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Abibumbye (Loni) mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Saïd Djinni,t mu biganira n’abarwanyi ba FDLR bajyanywe mu nkambi yitiriwe Lt Gen Bauma iri Kisangani ku wa 8 Nyakanga 2015 yabasabye gutaha mu Rwanda.
Runiga Fulgence, Umukuru w’Umugudugu wa Mukoni mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza ari mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo yayo ya Busasamana ashinjwa kwakira ruswa y’ibihumbi 10 by’umuturage kugira ngo amukemurire ikibaba ku nzu yubakaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batuye mu Murenge wa Ndego barashimira Leta y’u Rwanda ku bw’ubufasha bwose bahawe bageze mu Rwanda nyuma yo kwirukanwa muri icyo gihugu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu batuye mu midugudu bavuga ko gutura mu midugudu ari byatumye babasha kugera ku bikorwa remezo ku buryo bworoshye kandi bwihuse.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza baravuga ko batemeranya n’ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo bakaba ngo biteguye kujurira.
Ibyiciro binyuranye by’abaturage mu Karere ka Nyaruguru kuri uyu wa 10 Nyakanga 2015 biyemeje gukusanya amafaranga y’u Rwanda 17 n’ibihumbi 50 azashyirwa mu Kigega “Ishema ryacu”.
Umurage Ndahiro Claude, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya INILAC/ Ishami ryaryo rya Kigali, yatangaje ko, binyuze mu rugerero, bateganya kwitura igihugu ibyo cyabakoreye byose.
Tariki 11 na 12 Nyakanga 2015, Itorero Mashirika ryateguye iserukiramuco mpuzamahanga ryiswe “Ubumuntu Arts Festival”,rigamije kwimakaza umuco w’amahoro n’ubumuntu mu batuye isi.
Ntakirutimana Danny uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Danny Nanone azamurika indirimbo ye “Imbere n’inyuma” mu gitaramo azakorera kuri Hotel The Mirror kuri uyu wa gatandatu tariki 11 Nyakanga 2015 guhera ku i saa yine z’ijoro kugeza bukeye.
Umuhanzikazi Teta Diana avuga ko indirimbo “Tanga Agatego” yasohoye yayihaye iryo zina kugira ngo abana bato barusheho kuyibonamo cyane kuko yayikoze agamije gukangurira abana bato gukunda ishuri.
Umukinnyi wa Rayon Sports usanzwe ukina mu kibuga hagati ariwe Djihad Bizimana ngo yaba amaze icyumweru yaranze kongera amasezerano mu ikipe ya Rayon Sports aho bivugwa ko ibyo yasabaga ikipe ya Rayon Sports ngo yongere amasezerano yaba yari yabyemerewe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko bwishimira ko mu myaka itanu ishize, abaturage bacana umuriro w’amashanyarazi bavuye kuri 0.8%, ubu bakaba bageze kuri 20%.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imibereho Myiza muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Dr Alvera Mukabaramba, arasaba Abanyarwanda kutita ku bihuha bibangisha gahunda ya Leta yo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe.
Nyuma y’uko Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda rushyiriyeho Ikigega “Ishema ryacu” banga agasuzuguro k’amahanga; abikorera bo mu Karere ka Kamonyi bakoze inama nyungurana bitekerezo kuri uyu wa kane tariki 9 Nyakanga 2015, maze bemeza gushyira muri iki gigega amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri miliyoni 15.
Umuryango Handicap International ukomeje kugaragaza ko hakiri icyuho kinini hagati y’amategeko arengera abafite ubumuga no kuyashyira mu bikorwa, kuko ngo iki cyiciro cy’abaturage kitarisanga bihagije muri gahunda zinyuranye z’iterambere ry’igihugu.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara buratangaza ko umuhigo w’ubwisungane mu kwivuza w’uyu mwaka wa 2015-2016 bazawuhigura 100% kuko bagize umusaruro mwiza w’ibigori, bakanegerezwa ivuriro rito (Poste de santé) mu Kagari ka Muyaga.
Nyuma yo kugaragaza ikibazo cy’amazi bafite,bakavuga ko batangiye kuyasaba kuva ku bw’abami ntibayabone, Akarere ka Ngoma kagennye miliyoni 144 zizakoreshwa mu kwegereza amazi meza abaturage bo mu Kagari ka Sakara mu Murenge wa Murama.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imibereho Myiza muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) Dr. Alvera Mukabaramba arasaba komite z’ubujurire mu byiciro by’ubudehe mu Karere ka Kayonza kwihutisha gahunda yo kwakira ubujurire bw’abaturage.
Abacuruzi b’ingeri zitandukanye bibumbiye mu Rugaga rw’Abikorera, PSF, mu Karere ka Nyanza, kuri uyu wa 08 Nyakanga 2015 bakusanyije miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda zo gushyira mu Kigega “ Ishema ryacu”.
Abamotari bo mu Karere ka Huye bibumbiye muri Cooperative Intambwe Motard (CIM), kuri uyu wa 8 Nyakanga 2015 bamurikiye Christine Mukabutera inzu ye bamusaniye yari igiye kumugwaho.
Ishuri Rikuru rya KIM (Kigali Institute of Management) rigiye gutangiza icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) n’amashami mashya ritagiraga mu mwaka w’amashuri wa 2015- 2016, ngo bikazatuma rireka kwitwa Ishuri rikuru (Institute) ahubwo rikitwa Kaminuza (University).
Mu rwego rwo gukemura ku buryo burambye ikibazo cy’amazi makeya kiboneka mu Karere ka Ngororero, ubuyobozi bw’ako karere bwatangarije abaturage ko bwatangiye imirimo yo kubaka uruganda rw’amazi azajya yunganira ayo bari basanganywe.
Abagore bibumbiye muri Koperative “Tugane heza” bo mu Murenge wa Remera mu Kagali ka Bugera ho mu Karere ka Ngoma bavuga ko bamaze kwiteza imbere babikesha umwuga bihangiye wo kuboha imitako n’uduseke.
U Rwanda rwazamutse ho imyanya 16, ku rutonde ngarukakkwezi rwa FIFA,nyumay’aho mu kwezi gushize rwazaga ku mwanya wa 94,ubu rwageze ku mwanya 78,mu gihe Argentine yatsindiwe ku mukino wa nyuma wa Copa America yaje ku gusombura Ubudage bwari bumaze hafi umwaka wose buyoboye uru rutonde.
Nkurikiyumukiza Cassien wo mu Kagari ka Kiremera mu Murenge wa Kigarama ababajwe n’ubusembwa yatewe na murumuna we ubwo yamutemaga mu mutwe yarangiza akamuruma umunwa wo hasi akawuca.
Ikipe y’akarere ka Muhanga yaraye itsinzwe n’ikipe ya Bugesera mu mikino ibanza ya 1/2 y’icyiciro cya 2,aho yatsindiwe ku kibuga cyayo ibitego 2-0,bikaba biyisaba kuzatsinda byibuze ibitego 3-0 ngo ibashe kwerekeza mu cyiciro cya mbere
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwagiranye amasezerano amara umwaka umwe n’Ikigo mpuzamahanga cyitwa “Bench Events” gihuriza hamwe abanyamahoteli bo ku isi mu rwego rwo kubategura kuza kuganirira mu Rwanda no kureba uburyo bahashora imari.
Kuva ku wa 11-12 Nyakanga 2015 mu Rwanda hateganyijwe iserukiramuco mpuzamahanga, ryiswe “Ubumuntu Arts Festival” rigamije gukangurira abahanzi mu nzego zitandukanye guhanga bakangurira abakunzi b’ibihangano byabo, umuco wo kubaka amahoro mu miryango baturukamo no ku isi muri rusange.
Abantu benshi twamenye cyangwa twumvise ijambo Selfie,niba ufite telefone igezweho(Smartphone) ushobora kuba warafasheho Selfie byibuze inshuro 1.Kuva ku bihanganjye nka Obama,Beyonce ndetse n’abandi…aba bose bakaba bahuriye ku kuba barafashe Selfie,ntitwakwirengangiza kandi uburyo byavuzweho byinshi igihe Pastor Apotre (…)
Urubyiruko rugera kuri 77 rwo mu Karere ka Nyabihu bahungutse kuva mu mwaka wa 2009, bavuga ko ntacyo Leta itakoze ngo batere imbere.
Imibare igaragazwa n’Ibitaro bya Rubavu igaragaza ko umubare w’abagaragaraho Malariya biyongera, mu gihe abaturage bavuga ko bari bazi ko yacitse ngo abayirwaye bakaba bihutira kwivuza mu bavuzi gakondo bakeka ko ari amarozi.
Nyuma y’igihe kinini ashakishwa n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru,umukinnyi Kevin Kevin Monnet-Paquet ashobora kuba agiye kuza gukinira amavubi nyuma y’aho umutoza w’ikipe y’igihugu Johnny McKinstry yamaze kwerekeza mu gihugu cy’Ubufaransa gukurikirana uyu mukinnyi ndetse na Quentin Rushenguziminega nawe (…)
Mu gihe twizihiza ku nshuro ya 21 Isabukuru yo Kwibohora, hari bamwe mu bagize uruhare mu rugamba rwo kwibohora badakunze kumvikana. Muri bo twavuga nk’abaganga n’abaforomo bavuraga abasirikare babaga bakomerekeye ku rugamba.
Umwana w’umuhungu witwa Irashubije Modeste w’imyaka 15 yitabye Imana nyuma yo kugwirwa n’ikirombe ubwo yari yagiye gucukura amabuye ngo akaba yapfiriye mu nzira ajyanwe kwa muganga.
Abaturage bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza baravuga ko umuhanda bubakiwe watangiye kubavana mu bwigunge.