Kuri uyu wa 5 Nzeri 2014, Mu ishuri rya IPRC West mu Karere ka Karongi batangije itsinda ryagutse (Cellule Specialisée) ry’Umuryango wa FPR Inkotanyi rigizwe n’abanyamuryango bakora muri IPRC West, kuri uyu wa gatanu tariki 5/9/2014.
Ikigo kirwanya ruswa n’akarengane AJIC gikorera mu muryango utegamiye kuri Leta Tubibe Amahoro cyashyize ahagaragara imiterere y’ubutabera mu karere ka Ngororero. Ibi byakozwe mu rwego rwo kwinegura ariko hagamije kwiyubaka.
Abakozi b’akarere ka Rutsiro kuva ku kagali kugeza ku karere bibumbiye muri koperative COTOPROCO (Congo Nil tourism Promotion Cooperative), biyemeje kubaka inzu y’ubucuruzi bazajya bakodesha.
Abagize urwego rushya ruzaba rushinzwe gucunga umutekano basabwe kuzaba inyangamugayo no kuzaba ijisho rya rubanda mu kazi kabo, bagatandukana n’urwego basimbuye rwari rutangiye gutakaza icyizere mu baturage.
Kuri uyu wa gatanu tariki 5/9/2014 mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo, imodoka itarwa abagenzi ya Kigali coach yo mubwoko bwa Coater yagonganye n’ikamyo ya hakomerekamo abantu 17.
Ahagana mu masaa yine z’amanywa yo ku wa gatanu tariki 5/9/2014, inzu y’uwitwa Uwamahoro Innocent utuye mu kagali ka Kigembe umurenge wa Gacurabwenge, mu karere ka Kamonyi, muri senteri Rugobagoba, yafashwe n’inkongi y’umuriro. Nta muntu wayihiriyemo, ariko hahiriyemo ibikoresho byinshi.
Abakarani bakorera ku mupaka w’Akanyaru uhuza u Rwanda n’u Burundi, baravuga ko babangamiwe n’abagore baza kuri uyu mupaka baje gusabiriza barangiza bakanivanga mu kazi ko kwikorera imizigo kandi batari no muri koperative yabo.
Abagore bari mu buyobozi mu karere ka Gakenke n’abagize inama y’igihugu y’abagore mu mirenge igize aka karere, bahawe amahugurwa agamije kubongerera ubumenyi ku gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina, mu mahugurwa y’umunsi umwe yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 5/9/2014.
Raporo y’ibanga ishami ry’umuryango w’Abibumbye (Monusco) rikorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko rwinshi mu rumogi rucuruzwa mu Burasirazuba bwa Congo ruhingwa n’inyeshyamba za FDLR mu duce twa Ikobo, Lusamambo, Bukumbirwa, Buleusa, Miriki, Luofu, Lusogha, Kanandavuko,Lueshe, Mirangina, (...)
Umutahira mukuru w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, abwira abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza ko ibikorwa byiza bazakora ndetse n’imyitwarire myiza bazagaragaza bari ku rugerero ari byo bizahindura imyumvire y’Abanyarwanda bityo bakubaka Ubunyarwanda bugakomera.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abaturage bo mu murenge wa Nemba, mu karere ka Burera, guharanira kuva mu bukene babyaza umusaruro kandi bafata neza ibikorwaremezo bagezwaho.
Abaturage 45 bo mu karere ka Rusizi bakora akazi ko gucukura umuyoboro uzacishwamo insinga z’amatara yo ku muhanda bahawe na sosiyete ya MICON LINE, bazindukiye ku biro byayo basaba kwishyurwa amafaranga yabo bayishinja kubambura, mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 05/09/2014.
Nyuma yo kubona ko akarere ka Gicumbi kugarijwe n’ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya gusoroma icyayi ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwafashe ingamba zo gukora ubukangurambaga ku ma koperative y’ubuhinzi bw’icyayi kureka kujyana abo bana muri iyo mirimo byakwanga bakitabaza inzego z’ubutabera bagahanwa.
Mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, kuri uyu wa Kane tariki ya 04/09/2014, hatoraguwe umurambo w’umusore w’imyaka 21, wari warohamye ari koga.
Abantu babiri bakubiswe n’inkuba bahita bitaba Imana kuri uyu wa 04 Nzeli ahagana saa kumi n’iminota 10 mu mudugudu wa Byimana akagali ka Mimuli umurenge wa Mimuli akarere ka Nyagatare.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, arashimangira ko kuvugurura amategeko y’u Rwanda ari mu rwego rwo kuyarinda ko hagira umuntu uyakandagira agamije kubangamira Abanyarwanda, kuko nta muntu mu Rwanda uri hejuru y’amategeko.
Umurambo w’umuntu utaramenyekana wabonetse mu bwongero bwo mu rugo rw’umuturage mu kagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo kuri uyu wa gatanu taliki 05/9/2014.
Umusore w’imyaka 22 ukomoka mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisiya Byumba akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya mushiki we w’imyaka 16.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mareba mu karere ka Bugesera buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’abana bata ishuri mu maguru mashya kandi abo bana bagahita basubizwa mu mashuri bari baravuyemo.
Mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana hatashwe ishuri ry’inshuke ryo mu rwego rwo hejuru ryubatswe n’umuryango “Gira Impuhwe” ku nkunga y’ambasade y’Ubuyapani mu Rwanda.
Bamwe mu basore n’abagabo bakora imirimo isaba ingufu mu Mujyi wa Musanze, Umurenge wa Cyuve ariko bakorera amafaranga atari menshi, barya imbada aho gufata amafunguro ya saa sita asanzwe kuko ngo barazirya bakumva barahaze bakabona n’imbaraga zo gukomeza akazi nta kibazo.
Nubwo bamwe mu banyeshuri bashima gahunda ya Leta yo kugaburira abana ku mashuri, hari abatarabashije kwishyura imisanzu ibahesha uburenganzira bwo kugaburirwa ku ishuri kimwe n’abandi, ku buryo ngo iyo bagenzi ba bo bagiye kurya bo basigara mu mashuri bigatuma biga amasomo ya nyuma ya saa sita bibagoye kuko abatariye baba (...)
Mangli Munda, umuhindekazi w’imyaka 18, yasabwe gukora ubukwe n’imbwa yibunza, kugira ngo imyuka mibi yari imuriho imuveho.
Capt Kayitana wari umuyobozi wungirije muri CRAP itsinda rishinzwe iperereza muri FDLR riyobowe na Col Ruhinda muri Nyiragongo na Goma, taliki ya 3/9/2014 yiciwe ahitwa Rusayo n’umwe mu bamurinda.
Nsanande Athanase w’imyaka 51 utuye mu mudugudu wa Kaburiro mu kagari ka Karengera mu murenge wa Kirimbi, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo nyuma yo gushinjwa kuruma umukobwa yibyariye umukondo, ndetse agahita yifungirana mu nzu akica ihene eshatu indi akayivunagura.
Ku wa kane tariki 04/9/2014, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye mu biro bye, Umuyobozi mukuru w’Umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi(WTO), Roberto Carvalho de Azevêdo wari uje kumushimira kuba u Rwanda rwarakanguriye ibihugu bitandukanye kwemeza amasezerano mpuzamahanga yo koroshya ubucuruzi (...)
Umusore witwa Mbarubukeye Félix ukora akazi ko gucunga umutekano mu murenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru mu mutwe ushinzwe umutekano wa DASSO, afungiye kuri poste ya polisi ya Mutovu mu murenge wa Muganza ashinjwa kwiba televiziyo, dekoderi n’icyuma cya firigo mu kabari.
Umushumba wa Diocese Gatolika ya Butare na Gikongoro, Musenyeri Phillipe Rukamba, arasaba ababyeyi kuganira no kuba hafi y’abana babo kuko iyo bataganirijwe ariho bahura n’ibishuko binyuranye bishobora no kubangiriza ubuzima.
Ahagana mu ma saa moya z’iki gitondo cya tariki 05/09/2014, FUSSO yari ipakiye imbaho igonze taxi mini bus yari iturutse i Runda mu karere ka Kamonyi itwaye abana baje kwiga i Kigali abari bicaye inyuma barakomereka gusa nta witabye Imana.
Umwana witwa Bikorimana Jean de Dieu w’imyaka 7 y’amavuko yanyweye Kanyanga afite imyaka itatu ahita agira ubumuga bwo kutavuga no kugenda kandi mbere yari muzima.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano mu muryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), Amb. Smaïl Chergui ndetse n’intumwa nshya y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye mu karere k’ibiyaga bigari, Said Djinnit, bose bashimangiye ko FDLR igomba kurwanywa n’idashyira intwaro hasi.
Abinjijwe mu rwego rwa DASSO rushinzwe kunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano mu karere ka Gasabo, barasabwa kwitwara neza mu kazi kabo no gukorana neza n’abaturage babafasha gucyemura ibibazo bahura nabyo kugira ngo umutekano urusheho kubungwabungwa neza.
Mu rukerera rwo kuwa 3/9/2014, abapolisi bashinzwe umutekano mu muhanda mu karere ka Bugesera bafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Carina ipakiye amakaziye 17 y’inzoga za Amastel bock zinjizwa mu Rwanda mu buryo bwa magendu.
Abakozi bakorera sosiyete yitwa One star Ltd irimbisha umujyi wa Ruhango baratabaza akarere kubishyuriza amafaranga bambuwe na rwiyemezamirimo wabahaye akazi ngo kuko baheruka guhembwa mu kwezi kwa Gatanu, none ubu bamwe bakaba barimo gusohorwa mu mazu abandi bakabura uko bivuza.
Ngabonziza Jean Claude, Umukozi ushinzwe imibereho myiza n’iterambere mu kagari ka Kigembe, yatemwe n’umuturage tariki 2/9/2014, amutemera imbere y’inzu yari amaze gusenya. Uwamutemye yahise atoroka ariko abandi baturage bavuga ko yamujijije ko yahawe amafaranga mu kubakwa kw’iyo nzu none akaba ayisenye.
Minisitiri muri Ministeri y’imicungire y’ibiza no gucura impunzi (MIDIMAR) ari kumwe n’umuyobozi w’ishami ry’umurango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) mu Rwanda basuye inkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi mu rwego rwo gushakira umuti bimwe mu bibazo iyo nkambi ifite kugirango (...)
Umugabo witwa Hakizayezu Gratien bahimbaga Gatekasi uri mu kigero cy’imyaka 25 wakoraga akazi ko gucuruza inka, yasanzwe mu ruzi rwa Bitare yapfuye mu ma saa tatu za mu gitondo mu mudugudu wa Ryanyagahangara, mu kagari ka Gasovu mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke.
Ikipe ya AS Muhanga yahoze mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’amaguru yamanuwe mu cyiciro cya kabiri inagabanyirizwa ingengo y’imari iva kuri miliyoni 75 igera kuri miliyoni 50.
Ku wa 25/08/2012, abatuye akarere ka Ngororero babonye ikiraro cy’abanyamaguru gihuza imirenge ya Bwira na Gatumba hafi y’imbibi z’iyo mirenge n’uwa Muhororo yose yo mu karere ka ngororero. Iki kiraro cya metero 50 cyubatswe ku mugezi wa Kibirira cyakuyeho imfu za hato na hato zaterwaga n’amazi y’uwo mugezi ndetse (...)
Abayobozi n’abaturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bishimiye uruganda rutunganya ifu y’ibigori rwakozwe n’umugore witwa Uwimana Mediatrice uvuka mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero ari naho urwo ruganda rukorera.
Mu nkambi ya Nyagatare iri mu murenge wa Gihundwe, mu karere ka Rusizi, isanzwe yakira by’agateganyo impunzi z’abanyarwanda zitahuka, hageze impunzi z’abanyarwada 36 ziturutse muri zone ya Masisi no ku Idjwi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, kuri uyu wa gatatu tariki ya 3/9/2014.
Kuri uyu wa gatatu tariki 03/09/2014, intumwa z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) zasuye akarere ka Kirehe zigirana ibiganiro nyunguranabitekerezo n’abakozi n’abahagarariye ibigo binyuranye bikorera muri ako karere, hagamijwe kunoza intego z’icyerekezo 2030 isi yifuza kugenderaho.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Uwitonze Chantal wavukiye mu mudugudu wa Kamina mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Kagano, aragezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere tariki ya 7/9/2014 azira guta umwana yari yabyaye mu kwezi kwa Mutarama muri uyu mwaka wa 2014.
Umunyabureziri w’imyaka 37, Claudio Vieira de Oliveira, w’ahitwa Monte Santo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Brazil, yavukanye indwara bita arthrogrypose ituma umubiri we utamera nk’iy’abandi ; uruti rw’umugongo we rwarihindukije ku buryo umutwe we ureba inyuma.
Nyuma y’uko agarutse muri Guverinoma y’u Rwanda ndetse agasubizwa Minisiteri y’Umuco na Siporo, Ambasaderi Minisitiri Joseph Habineza, wanagizwe intumwa ya Guverinoma mu guha inama no kunganira mu karere ka Ngororero yifatanyije n’abatuye aka karere mu muganda usoza ukwezi kwa Kanama 2014, aho yasabye abaturage kwigira aho (...)
Kuba ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke bwararushijeho kunoza imikorere n’imikoranire hagati yabwo n’abacuruzi ni bimwe mu byatumye inzego zitandukanye z’ubucuruzi zirushaho kwibona muri kano karere ku buryo barwiyemezamirimo bahatanira amasoko bagiye biyongera kuguba hafi inshuro eshanu ugereranyije no mu myaka nk’irindwi ishize.
Ku rukiko rw’ibanze rwa Gacurabwenge hatwikiwe urumogi, kanyanga n’ibiti bya kabaruka bakunze kwita umushikiri bifite agaciro ka miliyoni 20 n’ibihumbi 752 by’amafaranga y’u Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 3/9/2014.
Urubyiruko rurimo kujya kwiga mu Buyapani muri gahunda icyo gihugu cyemeye gufashamo Leta y’u Rwanda, ngo rwitezweho kuzagaruka rushoboye imirimo isaba ubuhanga buhanitse, ubusanzwe ikorwa n’abanyamahanga ngo baza bakishyurwa akayabo, nk’uko byatangajwe na Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana.
Nyuma yuko umugabo asambanyije ku ngufu umukobwa yibyariye akavuga ko yabitewe n’inzoga yari yanyoye harimo na suruduwiri (African Gin) bamwe mu batuye akarere ka Ngoma barasaba ababishinzwe ko yafatirwa imyanzuro.
Ntagozera Joseph wo mu Kagari ka Cyogo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze, atangaza ko kwitwa inganzwa n’abaturanyi n’abandi bagifite imyumvire ikiri hasi kubera gufasha umugore we imirimo yo mu rugo ntacyo bimutwara, kuko afite icyerekezo cyo gufatanya n’umugore we imirimo yose kugira ngo umuryango wabo utere imbere.