Abaturage b’Akarere ka Rwamagana baratangaza ko nubwo Perezida Paul Kagame yabakoreye ibikorwa byinshi byiza byabagejeje ku iterambere bishimira, bakimukeneyeho ibindi byinshi kurushaho, bikaba ari n’impamvu ituma basaba ko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga ihindurwa, itegeko rikavugururwa kugira ngo bongere bamutore.
Mu gihe bisanzwe bimenyerewe ko abagore batwite benda kubyara basabwa kwambara imyenda irekuye kandi yorohereza ababyaza gukuraho igihe umubyeyi arimo gufashwa kubyara, mu gihugu cya Maleziya (Malaisie) havumbuwe ipantaro izajya ifasha ababyeyi kubyara batagaragaje imyanya yabo y’ibanga.
Abaturage batuye mu Murenge wa Rusebeya ho mu Karere ka Rutsiro batangaza ko bagendeye ku mutekano bafite bitandukanye n’igihe cy’intambara y’abacengezi yari yarababujije amahoro bifuza ko ingingo y’101 yavugururwa Paul Kagame akongera kwiyamamaza % kubera ko ngo nta kindi gihembo babona bamuha kuko bakijije abo bacengezi.
Ikipe ya APR Fc yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’igikombe giterwa inkunga na Nyakubahwa Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame (CECAFA Kagame Cup),nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Khartoum Fc.
Ntibaganira Damarisi, umuturage wo mu Murenge wa Mulinga mu Karere ka Nyabihu agereranya Perezida Kagame n’umwami Salomo wo muri Bibiliya kubera ubwenge, ubushishozi, ubuhanga ndetse n’ubutabera agaragaza mu buyobozi bwe.
ABaturiye Pariki y’Akagera mu gice intare ziherutse kuzanwa mu Rwanda zashyizwemo gifatanye n’akarere ka Kayonza, bavuga ko badatewe impungenge n’uko zishobora gucika uruzitiro zahawe zikaba zakwinjira mu baturage zikabateza umutekano.
Ubwo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2016, itsinda ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bari mu Karere ka Nyamasheke bari bakomeje kumva ibyifuzo by’abaturage ku kuvugurura Itegeko Nshinga, umwe mu baturage bo mu Murenge wa Shangi yabaye abasabye ko mu gihe yapfa amatora ataragera bamwemerera ijwi rye bakazaryongera ku (…)
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Johnny McKinstry asanga Jimmy Mulisa ubu wagizwe umutoza wa Sunrise akiri umwana mu bijyanye no gutoza,nyuma y’aho bari bamaranye igihe cy’icyumweru mu myitozo y’Amavubi.
Abaturage 48 mu basaga ibihumbi 8 bitabiriye ibiganiro bagiranye na ba depite Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde, mu Murenge wa Nyamiyaga bagaragaje ko bashyigikiye ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga bakongera bagatora Kagame kuko ngo muri manda ebyiri amaze ayobora yabagejeje kuri byinshi.
Abayisilamu bo mu Karere ka Musanze bahuriye muri Sitade Ubworoherane mu Murenge wa Muhoza, kuri uyu wa 27 Nyakanga 2015, basaba ko ingingo y’i 101 y’Itegeko Nshinga ivugururwa Perezida Kagame agakomeza kuyobora Abanyarwanda kuko yabagejeje kuri byinshi, by’umwihariko abayisilamu ngo basaga nk’aho ari ibicibwa bahabwa (…)
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe bifuza ko Perezida Kagame akomeza kuyobora, akongererwa manda zishoboka, bitewe n’uko yabegereje ubuyobozi bubasha kubageza ku bikorwa by’iterambere kandi bukanabakemurira ibibazo.
Abaturage bo mu Murenge wa Mwili mu Karere ka Kayonza bavuga ko bakifuza Perezida Kagame ngo ababere umuyobozi kugeza igihe azumva ananiwe intege zimubanye nke, bakavuga ko uwazamusimbura yazahabwa manda y’ubuyobozi y’igihe gito cy’igeragezwa yakora neza akabona kongezwa izindi manda.
Abagize Urwego rwa Central Corridor Transit Transport Facilitation Agency (CCTTFA) uhuriweho n’ibihugu byo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba, basubukuye ibikorwa bigamije guteza imbere uwo muhora, kuva kuri wa 27-28 Nyakanga 2015.
Nyuma y’igihe kigera ku cyumweru bakora imyitozo,ikipe y’igihugu "Amavubi" yerekeje muri Afrika y’epfo gukina umukino wa gicuti kuri uyu wa kabiri mu mujyi wa Johannesbourg guhera ku i Saa Cyenda z’umugoroba wo kuri uyu wa kabiri.
Nyuma y’uko indirimbo “Ndakabya” y’umuhanzi Christopher yegukanye umwanya wa mbere nk’indirimbo ifite amashusho meza kurusha izindi muzasohotse mu kwezi kumwe, kuri ubu hagiye kongera guhembwa umuhanzi ufite indirimbo ifite amashusho ahiga izindi mu bwiza.
Nyuma y’aho ikipe ya Police Fc isezereye abakinnyi 12 ndetse ikaza no kwerekana abandi bashya yasinyishije bagera kuri 14, ubu irateganya gutangira kwipima n’amakipe yo hanze y’u Rwanda nyuma y’aho iboneye itike yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.
Urubyiruko rw’umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, ruravuga ko rwiteguye gukoresha imbuga nkoranyambaga, rugaragaza ibyiza Perezida Kagame yabagejejeho bakanamagana abirirwa basebye u Rwanda bavuga ko Kagame atagomba gukomeza kuyobora.
Ubwo abaturage batuye mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo batangaga ibitekerezo byabo ku ihindurwa ry’Itegeko Nshinga mu ngingo yaryo y’101, bavuze ko bifuza ko Perezida Kagame yakomeza kubayobora ubuziraherezo ngo kuko ngo basanga ari impano y’Imana.
Byemero Ferdinand na Bakundukize Fortuné barishimira intabwe bateye yo kurushinga nta mikoro bakemera kugenda n’amaguru ibirori bikaryoha, bakaba basanga ubukwe bwabo bwarasumbye ubw’abagenda n’imodoko zihenze akenshi ari n’izo bakodesheje ku madeni.
Bamwe mu batuye mu karere ka Rwamagana barifuza ko Perezida Kagame ubwe yavuga ko yemeye ubusabe bwabo, kugira ngo bamenye ko ibyo baharanira bizatanga umusaruro.
Umuryango ushinzwe kongerera imbaraga n’ubumenyi abagore New Faces/New Voices (NF/NV) watrangiye ibikorwa byawo byo guhugura abagore mu micungire y’umutungo no kugera kuri serivise z’imari, nyuma y’igihe gito utangiye gukorera mu Rwanda.
Nyamugabo George utuye mu Kagari ka Nyakarekare mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, mu gihe cyo kwakira ibitekerezo by’abaturage kuri uyu 25 Nyakanga 2015 mu Murenge wa Mbuye, yabwiye abadepite bari baje muri iki gikorwa ko we asanga nta wukwiye kuvuga kuri Kagame, kuko u Rwanda yarukuye habi akarugira Paradizo.
Abaturage bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza bavuze ko batagenera Perezida wa Repubulika Paul Kagame manda azayobora u Rwanda, kuko ari we ufite icyerekezo cy’iterambere aruganishamo.
Inzego zitandukanye mu Karere ka Muhanga zirasaba urubyiruko kuba ijisho rya rugenzi rwarwo n’abaturage muri rusange, kandi ibitagenda rukabishyikiriza izindi nzego z’ubuyobozi kugira ngo ahagaragaye ikibazo gikemukire igihe.
Mu kwakira ibitekerezo by’abaturage ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga, ivuga kuri manda z’umukuru w’igihugu, ku cyumweru tariki 26 Nyakanga 2015, abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde, baganiriye n’abagize Inama Nyanama y’Akarere ka Kamonyi ndetse n’abayobozi ba (…)
Umugore witwa Beata Kangabe utuye mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, yishimira ko atagitinya kugera aho abandi bantu bari, kuko na we asigaye asa neza abikesha ubuyobozi bwiza bwa Perezida Paul Kagame.
Abaturage bo mu Murenge wa Mulinga mu Karere ka Nyabihu bashyikirije abadepite inkwano bavuga ko babatumye ku Nteko Ishinga Amategeko ngo bazayishyikirize iyo nka nk’inkwano bakoye Perezida Paul Kagame nk’umugeni basabye binyuze mu bitekerezo banditse ariko bakaba babigaragaje ngo berekane ko bamwishimiye.
Nizeyimana Olivier wari umaze imyaka ine ayobora ikipe ya Mukura yongeye gutorerwa kuyobora iyo kipe mu gihe cy’imyaka ine,mu gihe uwo yari yarasimbuye ari we Abraham Nayandi atorerwa kuba Visi-Perezida w’iyi kipe ibarizwa mu karere ka Huye
Abaturage bo mu Murenge wa Rugengabari, mu Karere ka Burera barifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yahinduka kuri Perezida Paul Kagame gusa, abandi bazamusimbura bakajya bayobora manda ebyiri z’imyaka irindwi nk’uko byari bisanzwe.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga baravuga ko bashingiye ku ivugururwa ry’ingingo y’101 irebana n’amatora ya Perezida, Perezida Paul Kagame yahabwa amahirwe yo kongera kwiyamamariza indi manda kandi yayirangiza agishoboye agakomeza kubera ko ntacyo banenga atakoze kuri gihe amaze ayobora igihugu.
Mu mwaka w’imikino wa 2015/2016,ikipe ya Mukura VS irateganya gukoresha ingengo y’imari ingana na Milioni ijana na mirongo itanu z’amafaranga y’u Rwanda,aho agera kuri Milioni 98 ariyo yizewe aho azaturuka
Abaturage bo mu Kagari ka Kabura mu Murenge wa Kabarondo wo mu Karere ka Kayonza bavuga ko bifuza ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame akomeza kuyobora u Rwanda nyuma y’uko azaba ashoje manda ye ya kabiri.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Rwamagana baravuga ko ntawe utabona ibyiza Perezida Kagame yakoreye u Rwanda, bityo ngo abatinya kubivuga basa n’umuvugabutumwa utinya guhamya Imana kandi ari cyo yahamagariwe.
Mu biganiro bihuza abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda n’abaturage ku busabe bwo kuvugurura Itegeko Nshinga, abatuye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bahamya ko nta muntu u Rwanda rufite wasimbura Perezida Paul Kagame, bityo bagasaba ko iri tegeko ryavugururwa agakomeza kuyobora u Rwanda kugeza igihe (…)
Ubwo hari mu gikorwa cyo kumva ibitekerezo by’abaturage ku ivugururwa ry’Itegeko Nshinga mu ngingo yaryo y’101, mu Murenge wa Kiramuruzi, abasigajwe inyuma n’amateka bavuze ko nta wundi muyobozi bari babona umuze nka Perezida Kagame.
Abaturage bo mu Murenge wa Kirehe bakira abadepite ku wa 25 Kanama 2015 bayobowe na Visi Perezida w’Inteko Ishinga amategeko/ Umutwe w’Abadepite, Uwimanimpaye Jeanne d’Arc, mu byifuzo byabo basabye ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yavaho burundu bagakomeza gutora Perezida Paul Kagame.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, cyane cyane abageze mu za bukuru bavuga ko bibaza niba ibihugu bihoramo imvururu bigira Kagame wabyo.
Bimwe byo bishimira bagezeho mu rwego rw’ubuzima ku ngoma ya Perezida Paul Kagame harimo isuku, ubwisungane mu kwivuza, kurwanya malariya, kurwanya Sida no kongera umubare w’abaganga n’abandi bakora mu nzego z’ubuzima.
Abaturage bo mu murenge wa Mugina, mu karere ka Kamonyi basaga ibihumbi bitanu bitabiriye ibiganiro n’abadepite ku ivugururwa ry’ingingo ya 101 y’itegeko nshinga, bashyigikiye iyo ngingo ihinduka kuko ibangamira ko bongera gutora Kagame kandi kuko bavuga ko kumubura ari nko kubura umubyeyi batarakura.
Ambasaderi wa Leta Zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda Erica Barks-Ruggles, atangaza ko umuganda ari inkingi ikomeye yo guhuriza hamwe imbaraga no gufashanya, bityo mu gihe ukozwe neza bikaba bifasha igihugu gutera imbere.
Abatuye umurenge wa Janja nabo bumze mu rya bagenzi babo bo mu y’indi mirenge igize akarere ka Gakenke ko bifuza gukomeza kuyoborwa na Perezida Paul Kagame, kubera demokarasi yabazaniye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Nyakanga 2015, mu gihugu hose habaye igikorwa cy’umuganda, uri bukurikirwe n’ibiganiro bihuza abaturage n’intumwa za rubdanda baganira ku ngingo y’i 101 niba yahindurwa Perezida Kagame akongera kwiyamamaza mu 2017.
Karangwa Dieudonnee bakunze kwita Papa Jesus kubera indirimbo yitwa “Papa Jesus “yahimbye igakora ku mitima y’abakirisitu benshi, azataramira abakunzi be n’abakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana muri rusange, kuri iki cyumweru tariki 26 Nyakanga 2015.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, bavuga ko ntacyo banganya Perezida Paul Kagame ku bw’ibikorwa bifatika, cyane cyane bijyanye n’imibereho myiza, yabagejejeho.
Umuyobozi wungirije w’umutwe w’Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Hon. Uwimanimpaye Jeanne d’Arc avuga ko uburyo abaturage batanga ibitekerezo ku bijyanye n’ivugururwa ry’ingingo ya 101 y’itegeko nshinga bigaragaza intambwe ya Demokarasi ihambaye u Rwanda rumaze gutera.
Abasheshe akanguhe bo mu karere ka Rusizi baravuga ko bafite ipmpungenge z’uko bazasaza batongeye kwitorera Perezida Kagame, kuko ari we muyobozi wenyine wagiye usezerna abaturage ibintu akabibagezaho.
Might Popo umwe mu bahanga muri muzika hano mu Rwanda akaba n’umwe mu bategura iserukiramuco “Kigali Up” riteganyijwe ku itariki ya 25 n’iya 26 Nyakanga 2015, yatangaje ko iri serukiramuco ritegurwa n’Abanyarwanda kandi rigamije kuzamura abahanzi nyarwanda.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abahungu batarengeje imyaka 16 mu mukino w’intoki wa Basketball,Buhake Albert yamaze gutangaza abakinnyi 12 bazahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika (All african games) izabera muri Mali