Ikigo cy’ Igihugu cyo gutanga amaraso mu Rwanda cyatangije uburyo bwo kurobanura ibikenerwa mu maraso ahabwa indembe hifashishijwe imashini. Igikorwa cyatangijwe mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso uba tariki 14 Kamena buri mwaka.
Abapolisi bava mu bihugu 13 by’Akarere k’Afurika y’Uburasizuba no mu Ihembe ry’Afurika bibarizwa mu muryango wa EAPCCO, kuri uyu wa 15 Kamena 2015 batangiye amahugurwa bizamara iminisi ine bigamije kubongerera ubumenyi n’ubushobozi bwo guhangna n’ibyaha ndengamipaka.
Abanyeshuri bagera kuri 915 barangije kwiga imyuga mu mashami atandukanye mu ishuri rya Emeru Ikirezi de Ruhango mu Karere ka Ruhango bashyikirijwe impamyabumenyi zabo ku wa 14 Kamena 2015.
Mu gutangiza icyumweru cy’ibikorwa bya Police (Police Week) mu Ntara y’Iburasirazuba, hanizihizwa imyaka 15 Police y’u Rwanda imaze ishinzwe, Polisi yaremeye imiryango itanu itishoboye ibaha inka kuri uyu wa 14 Kamena 2015 mu birori byabereye kuri Sitade ya Cyasemakamba mu Karere ka Ngoma.
Beyoncé Knowles, umuririmbyikazi wo muri Amerika, indirimbo ye yakunzwe cyane yitwa “XO” bivugwa ko yaba yarayibye undi muririmbyi wo muri Amerika, ufasha abandi kuririmba (backup singer), witwa Ahmad Lane.
Bamwe mu bagize urwego rwunganira ubuyobozi bw’akarere mu gucunga umutekano, DASSO, mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko kugera ku makuru y’umutekano bitaborohera, kuko ngo nta buryo bw’inyoroshyangendo bwataganyijwe, ndetse ngo bakaba batanabasha guhamagara umuturage ngo abagezeho amakuru kubera kutagira amafaranga (...)
Mu rwego rwo gufata mu mugongo no kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda , Ibitaro bya Gihundwe, ku wa 14 Kamena 2015, byatanze inkunga y’ibihumbi 200 yo kubaka Urwibutso rwa Kamembe n’inka y’inzungu ifite agaciro k’ibibumbi 200 yo gufasha umwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside wo mu Murenge wa Nkanka mu (...)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru yatangiye neza urugendo rwo gushaka itike yerekeza mu gikombe cy’Afrika kizabera muri Gabon mu mwaka wa 2017,aho yatsinze ikipe ya Mozambique iwayo igitego kimwe ku busa
Mu birori byo gusoza Icyumweru cy’Uburezi Gaturika muri Diocese ya Kibungo, Musenyeri Antoine Kambanda,Uumushumba w’iyo Diocese yasabye ababyeyi n’abarezi kurinda abana kugira ngo bakure neza birinda ibiyobyabwenge kuko ngo umwana wabyishoyemo apfa ahagaze.
Abambasaderi ba Radiyo y’Icyerekezo KT Radio (Kigali Today Radio) yumvikanira ku murongo wa 96.7FM no www.ktradio.rw , bo mu Ntara y’Amajyepfo ndetse no mu Karere ka Karongi ho mu Ntara y’Iburengerazuba, baravuga ko bafite amahirwe adasanzwe yo kuba bafite radiyo bavugiraho bagatanga ibitekerezo byabo.
Bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko batishimiye ibyiciro by’ubudehe bivuguruye bashyizwemo, ndetse bakaba baragaruye amafishi ya bamwe mu batishimiye ibyo byiciro ku buryo arimo kongera kugenzura ngo bongere bashyirwe mu cyiciro hakurikijwe amakuru ari ku ifishi.
Abaturage bakoranye n’umurenge mu kubaka amashuri n’inzu ya mwarimu mu Murenge wa Kabarondo wo mu Karere ka Kayonza bavuga ko bamaze imyaka igera kuri itatu batarishyurwa kandi baratanze fagitire zishyuza mu buyobozi.
Bamwe mu babyeyi bo mu Kagari ka Mishungero mu Murenge wa Nyabimata bafite abana biga mu ishuri ry’inshuke n’iribanza rya Mishungero baratangaza ko kuva muri 2008 aho umushinga Global Health to Hill utangiriye kubagaburira inshuro ebyiri ku munsi ngo byatumye nta mwana wo muri ako gace ugita ishuri cyangwa ngo asibe yagiye (...)
Kuri uyu wa 11 Kamena 2015, mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke mu rugo rw’umuvuzi gakondo witwa Basirimutse Innocent habonetse umurambo w’umugore witwa Uwiduhaye Astherie mu rwina (aho batara ibitoki) bigaragara ko yishwe anizwe.
Amazu atanu ni yo agiye gutangira kubakwa mu Mudugudu wa Nyarutovu, Akagari ka Gitarama mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga kugira ngo ahabwe bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bavugaga ko babayeho nabi kubera kutagira amacumbi.
Itsinda ry’umutwe w’abanjiza ikiyobyabwenge cya Kanyanga mu Karere ka Gicumbi bagikuye mu gihugu cya Uganda uzwi ku izina ry’ “Abarembetsi” ryasenye inzu y’umuturage nyuma yo kumenya ko yabatanzeho amakuru ko binjiza Kanyanga mu gihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye ushinzwe Ubukungu, Mutwarasibo Cyprien, kuri uyu wa 12 Kamena 2012, mu muhango wo kwibuka abari abakozi mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, yasabye abakozi ba Leta guhangayikishwa gusa n’icyateza imbere Abanyarwanda bakirinda amatiku n’amacakubiri.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere,UNDP, ngo rigiye kuvugurua Umudugudu wa Taba uherereye mu Kagari ka Bukomeye, mu Murenge wa Mukura, ku buryo ngo uzaba icyitegererezo cy’imiturire iboneye.
Minisiteri y’umuco na Siporo (MINISPOC) yasuye abapfakazi n’imfubyi barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bo mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara ibaha inkunga ya miliyoni zirindwi zo gusana amazu yabo amaze gusaza.
Bamwe mu bahabwa amafaranga y’inkunga y’ingoboka bo mu Karere ka Muhanga babashije kwizigamira babikesheje iyi nkunga ubundi bari bahawe ngo ibatunge baravuga ko biteje imbere nyuma yo guhitamo kuyibyaza umusaruro bibumbira mu matsinda yo korora cyangwa ubuhinzi bwa kijyambere aho kuyashyira mu gifu gusa.
Ikigo k’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) kirakangurira ababyifuza bose batuye mu karere ka Huye ko Ikigo cy’ubumenyingiro cya IPRC-South gishobora guhugura ababyifuza bose cyangwa kikabahugurira abakozi.
Ubuyobozi bw’ikigo Nderabuzima cya Nyamiyaga giherereye mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi, buratangaza ko abenshi mu barwayi iki kigo cyakira; bari gusanga barwaye Malariya.
Umuryango mpuzamahanga, Winrock International urwanya imirimo mibi ikoreshwa abana utangaza ko abantu bo mu byiciro bitandukanye badasobanukiwe imirimo mibi n’uturimo umwana yemewe gukora bikaba ari imbogamizi mu kuyirwanya mu muryango nyarwanda.
Leta ifite gahunda yo gutangira gushyira ahagaragara amakuru yose arebana n’ukuri ku Rwanda, kugira ngo yorohereze abikorera bashaka kumenya byinshi ku Rwanda kandi afashe no gukora igenamigambi ry’igihugu.
Ku munsi wa mbere w’irushanwa rizwi nka Memorial Gisembe ikipe ya Espoir yo mu Rwanda yihereranye ikipe ya Muzinga y’i Burundi iyitsinda 63 kuri 51 mu gihe no mu bakobwa ikipe ya APR BBC yatangiye itsinda The Hoops nayo yo mu Rwanda
Imiryango 40 y’ababana na virusi itera SIDA yibumbiye muri koperative “Dufatanye” ikorera mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yishatsemo ibisubizo yigurira imifariso mu rwego rwo guca Nyakatsi yo ku buriri.
Rucyema Petero wavutse mu mwaka 1926 yahoze ari umuyobozi wa serire (resiponsable) cyangwa (kuri ubu) w’akagari ka Rurembo mu Murenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke ngo ahumekera mu muhogo kubera ibyuma yatewe n’abacengezi bari barazahaje agace k’Amajyaruguru n’Uburengerazuba bw’u Rwanda mu 1996.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame, arasaba abayobozi mu nzego zitandukanye kuzuza inshingano zabo, kugira ngo Igihugu kirusheho gutera imbere.
Ministeri y’imari n’igenamigambi(MINECOFIN),ishinzwe ubuzima(MINISANTE) ndetse n’abafatanyabikorwa ba Leta, bavuze ko ibyavuye mu bushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abana n’ababyeyi(DHS), bigaragaza ko intego z’ikinyagihumbi zari zasabwe ibihugu mu myaka icumi n’itanu ishize; ngo zagezweho ku ruhande rw’u Rwanda.
Shampiona y’umukino w’intoki wa Volleyball irakomeza kuri uyu wa Gatandatu, aho imikino ya Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo yamaze gushyirwa mu cyumweru gitaha.
Amakuru atangazwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), aravuga ko igitaramo cy’umuririmbyi Stromae cyari gitegerejwe kubera i Kinshasa, muri Repubulika iharanira Demokrasi ya Kongo, tariki ya 13/06/2015, cyitakibaye.
Perezida Kagame arasaba abaturage bifuza ko yakongera kwiyamamaza kugira ngo ayobore nyuma ya 2017, nawe ko azabanza kumenya niba biteguye gufatanya nawe mu gukorera igihugu batiganda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 11 Kamena, mu Mudugudu wa Gakirage mu Kagari ka Gakirage mu Murenge wa Nyagatare akarere ka Nyagatare, hatoraguwe mu mugezi w’umuvumba umurambo wa Uwihayimana Triphose.
Perezida Kagame yemereye abayobozi b’utugari two mu Rwanda bagera ku 2,148 bateraniye mu mwiherero i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, terefoni zigezweho zo mu bwoko bwa “Smart phones” mu rwego rwo kuborohereza akazi no kubafasha mu mu kugakora bifashishije ikoranabuhanga.
Bamwe mu bayobozi n’abanyeshuri b’Ikigo cy’Amashuri Yisumbuye cya Kaduha (E.S. Kaduha), barimo umuyobozi w’ikigo, ushinzwe imyitwarire y’abanyenyeshuri n’umuyobozi w’abanyeshuri, bari mu maboko ya Polisi bakurikiranyweho gutegura no gushishikariza abanyeshuri kwigaragambya ku mpamvu ngo zitaramenyekana neza bamagana (...)
Ba "Mutimawurugo" barasabwa gukomeza indangangaciro nyarwanda bagira umuco wo gutabarana, gutera inkunga abari mu byago ndetse no kuba nyambere muri gahunda zitandukanye zirimo kuboneza urubyaro, kwitabira umuco w’Isuku n’izindi zigamije iterambere ryabo n’iz’Igihugu muri rusange.
Umukwabu udasanzwe Polisi y’Igihugu yakoze wataye muri yombi bikoresho bitandukanye byiganjemo imiti y’ubuhinzi itemewe n’imikorano ihata muri yombi ibiyobyabwenge birimo za kanyanga n’urumogi bifite agaciro ka miliyoni zigera kuri 12 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanel Gasana ubwo yari mu Karere ka Nyanza mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 15 imaze ishizwe ndetse bigahuzwa n’icyunmweru cyahariwe ibikorwa byayo tariki 11 Kamena 2015, yatangaje ko bitarenze ku wa 1 Nyakanga 2015 Polisi izaba ikorera mu mirenge yose y’igihugu.
Abarobyi barenga 120 bibumbiye mu makoperative y’Abarobyi mu mirenge ya Sake na Jarama ikora ku Kiyaga cya Sake (COPEDUJA na COPEDUSA), bemeza ko uburobyi bakoraga mbere yo kwibumbira mu makoperative ntacyo bwabagezagaho, ariko nyuma yo kujya mu makoperative ubuzima ngo bwahindutse bakagira agaciro.
Uwayisenga Robert w’imyaka 30 y’amavuko, afungiye ku gashami ka Polisi ka Byimana mu Karere ka Ruhango guhera mu mugoroba wo ku wa 10 Kamena 2015, akekwaho kwambura moto uwitwa Mukiga Jamvier w’imyaka 27 y’amavuko.
Koperative Duharanire Amahoro yo mu Murenge wa Simbi, iri kubaka uruganda rutunganya ifu y’ibigori abantu bakunze kwita kawunga ikaba iteganya ko mu cyumweru gitaha rwatangira gukora kuko ibisigaye gukorwa ari bikeya cyane, harimo no gushyira amakaro hasi mu ruganda.
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 10 Kamena 2014, yahaye amakoperative abiri akorera mu Kiyaga cya Kivu inkunga ya miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda izayafasha mu gukora neza no gucunga umutekano mu Kivu.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr Mukeshimana Gerardine arasaba abakora imyuga y’ubuhinzi n’ubworozi bitabiriye imurikagurisha ryari rimaze iminsi ribera ku Mulindi mu karere ka Gasabo, ko rikwiye kubabera umwanya wo kwisuzuma mu mirimo bakora.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya E.S.Gahunga riherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi kubarinda impanuka z’amagare anyura mu muhanda wa kaburimbo Musanze-Cyanika, uca mu kigo cyabo.
Abagore bo mu Murenge wa Muko, Akagari ka Cyivugiza bibumbiye muri koperative “Twitezimbere Isangano”, bagera muri 30 bamaze gutera umuti mu birayi batezeho kuzabona amafaranga yabafasha kwikemurira ibibazo bisaba amafaranga bitabaye ngombwa ko basaba abagabo babo.
Mu ngengo y’imari ya Leta y’u Rwanda y’umwaka wa 2015-2016 ingana na miliyari 1768.2 Rwf (amafaranga y’u Rwanda), ibikorwa by’iterambere birimo gushaka ingufu, amazi, kubaka imihanda, inganda, gutanga ubumenyi no guteza imbere imibereho n’imiyoborere myiza, ngo bizatwara agera kuri miliyari 741.3 Rwf ahwanye na 42%.
Bamwe mu bakinnyi badasanzwe babona umwanya ubanzamo mu makipe yabo barimo Eric Rutanga na Rugwiro Hervé batoranijwe mu bakinnyi 18 berekeje muri Mozambique mu gihe Kapiteni w’ikipe ya APR Fc yasigaye kubera ikibazo cy’imvune
Mukamuyango Alphonsine umwe mu batishoboye bapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma yo gushyikirizwa inzu kuri uyu wa 11 Kamena 2015 yavuze ko asezereye izina ry’abatishoboye ngo kuko icumbi yubakiwe na Polisi y’u Rwanda rigiye kumushoboza kugera ku iterambere rirambye.
Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Rulindo na Gakenke Lt Col Alex Ibambasi, arahamagarira abaturage kugira umuco wo kwigisha abana babo kuko muri kino gihe utigishije umwana wawe nta murage uba umusigiye.