Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Karere ka Bugesera barasaba Leta ko yabasonera ubukode bw’ubutaka kuko amafaranga basabwa badashobora kuyabona.
Umunsi wa nyuma wa shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wongeye kwimurwa, uvanwa taliki ya 16 ushyirwa ku ya 17 Nyakanga 2016.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyamagabe baravuga ko gahunda ya “Nkunganire” yakemuye ikibazo cy’isharira ry’ubutaka ryatumaga batabobona umusaruro ukwiriye.
Abaturage bamwe amateka agaragaza ko bari barasigajwe inyuma bo mu Karere ka Muhanga, barashimira Leta y’Ubumwe yababohoye ingoyi yo kunenwa kandi na bo ari Abanyarwanda.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi yataye muri yombi abakobwa batatu bakora mu nzu y’icumbi (Lodge) bakekwaho kwiba amafaranga y’Umunyekongo wari waharaye.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yihanije abagoronome n’abaveterineri barya ruswa bakavangavanga gahunda Leta iba yageneye abaturage.
Umuhanzi Kavutse Olivier na Amanda Fung bakoze urubuga rw’ibijyanye n’ubukwe bwabo buzaba kuwa gatandatu utaha tariki 9 Nyakanga 2016.
Abamotari bo mu Karere ka Huye baravuga ko mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 22 rwibohoye, na bo ngo batsinze ubukene babikesha kwibumbira mu makoperative.
Umuhanzi Senderi International Hit aratangaza ko kubona imibiri ibihumbi 73 y’abazize Jonoside yakorewe Abatutsi harimo n’ababyeyi be, ishyingurwa mu rwibutso rwiza bimuhaye gutuza.
Abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi batishoboye, bari bafite amazu ashaje barishimira ko batujwe heza.
Abahinga ibijumba bikungahaye kuri Vitamini A mu Karere ka Rwamagana baravuga ko bibinjiriza amafaranga menshi kandi mbere abahinzi b’ibijumba barasuzugurwaga.
Nyuma y’imyaka 22 u Rwanda rwibohoye imiyoborere mibi, abatuye Akarere ka Gisagara baravuga ko bagenda bibohora ubukene n’imibereho yo kutagira ibikorwa remezo.
Abaturage bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko batakijya guca inshuro y’amateke mu Burundi nk’uko byahoze.
Bamwe mu batuye i Kirehe bavuga ko kuba hari abitanze bakabohora igihugu bibabera urugero rwiza rwo gutoza abana gukunda igihugu no kubaha umurage w’ubutwari.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa 6 Nyakanga 2016, mu ruzinduko arimo mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, birimo Uganda, Kenya, Ethiopia ndetse n’u Rwanda.
Kuremera abakomerekeye ku rugamba ngo si uko ari abatindi ahubwo ni urwibutso rw’ibikorwa by’ubutwari bagaragaje babohora igihugu.
Ku munsi wo kwibohora, inzego z’ibanze mu Mujyi wa Kigali zavuze ko imiturire y’akajagari ibangamiye kwibohora ubukene n’imibereho mibi.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko kuba baregerejwe amavuriro byatumye bibohora ikibazo cyo gusangira ibinini no kurembera mu rugo.
Abiga n’abarangije mu ishuri ryisumbuye rya Nyange, mu Karere ka Ngororero barasabwa kurangwa n’umuco w’ubutwari nk’ubwaranze abahigaga banze kwitandukanya kugeza bishwe n’abacengezi.
Kwibohora bikwiye guherecyezwa no gukunda Igihugu, ni bumwe mu butumwa Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe yahaye urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye.
Inka zisaga 60 zaguzwe mu mafaranga yagarujwe mu zari zaranyerejwe muri gahunda ya Girinka mu Karere ka Kamonyi, zongeye guhabwa abaturage.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko kwizihiza umunsi wo kwibohora ari kwishimira no gusigasira ibyagezweho no kubyongera.
Perezida Kagame yibukije abaturage ba Rweru ko kubaho ufite ibyingenzi bigufasha kubaho neza, atari ukubonekerwa ahubwo ari uburenganzira bwa buri Munyarwanda.
Mu minota y’inyongera Ismaila Diarra afashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ihita inakegukana nyuma y’imyaka icumi itagikoraho.
Abatuye mu Karere ka Bugesera barizihiza imyaka 22 u Rwanda rwibohoye bishimira amashuri yisumbuye 36, mu gihe mbere habarizwaga rimwe.
Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali baravuga ko bamenye agaciro ko gukora siporo, bityo bakayitabira ku bwinshi bafatanyije n’ubuyobozi bwabo buyibashishikariza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasanga intambwe zo kwibohora zigomba kujyana n’ibikorwa bizima bisubiza ibyifuzo Abanyarwanda bafite.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma yahaye Komite Nyobozi y’akarere umukoro wo kukageza ku mwanya wa mbere mu mihigo.
Nkuranga Egide, Visi Perezida wa Ibuka, yasabye Mgr Antoine Kambanda, Umushumba wa Diyosezi ya Kibungo kumubariza Papa niba umupadiri wahamijwe icyaha agakatirwa yasoma Misa.
Hon. Mukabarisa Donatille, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko/Umutwe w’Abadepite, arasaba urubyiruko kwanga uburozi bahabwa na bamwe mu babyeyi babaswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Bamwe mu baturage bahangayikishijwe n’uko umwaka wa Mituweri utangiye baribuze ku rutonde rw’ibyiciro by’ubudehe, abandi bakaba barashyizwe mu byo bavuga ko badakwiye.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, arasaba urubyiruko rw’u Rwanda gukunda igihugu kandi bagakorera ku ntego kuko ngo ni cyo cyatumye Ingabo zahoze ari iza APR zitsinda urugamba rwo kubohora igihugu.
Kuri iki Cyumweru, tariki 3 Nyakanga 2016, mu Mujyi wa Kigali, hongeye kuba ku nshuro ya kabiri gahunda ya Car Free Day, ifunga imwe mu mihanda ku binyabiziga, igaharirwa abanyamaguru, abanyamagare n’abandi bashaka kuyikoresha mu bikorwa bya siporo.
Madamu Jeannete Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango “Unity Club Intwararumuri”, kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Nyakanga 2016, yashyikirije icumbi abakecuru 16 bo mu Karere ka Huye, bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muganga Hakiri Jean Pierre uziw ku izina rya Hakiri Mabula wakiniraga As Kigali, yamaze gusinya anatangira imyitozo mu ikipe ya Sydney Olympic Fc yo muri Australia
Umuryango mpuzamahanga wa AHF ufatanya na Leta y’u Rwanda mu kurwanya SIDA, urasaba abaturage ubufatanye mu kurwanya ubwandu bushya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buratangaza ko ibibazo by’amazi y’imihanda abaturage bagaragarije Perezida Paul Kagame ubwo yabasuraga, byamaze gukemuka, umujyi ukaba umeze neza.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwibumbiye muri koperative ruravuga ko rwiyemeje gukora inkweto zihagije mu rwego rwo kuyishyigikira gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu, “Made in Rwanda”.
Abapolisi bakuru 31 baturuka mu bihugu 10 by’Afurika barangije amasomo azabafasha guhangana no gukumira ibyaha bikorerwa imbere mu gihugu no hanze.
Hotel Chez Lando iratangaza ko igice cyayo cyahiye kizaba cyarangije gusanwa bitarenze icyumweru kimwe, kugira ngo izakire abakuru b’ibihugu by’Afurika.
Bamwe mu rubyiruko rwa Gisagara biga imyuga muri “Yego Center” ndetse n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyefo barahamya ko iki kigo kizaca ubuzererezi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Jabo Paul, avuga ko batangiye gahunda yo kugenzurana hagati y’imirenge mu kunoza igenamigambi.
Abadepite bongeye kunenga imikorere y’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari, ubwo babasuraga abaturage mu mirenge bagenzura ibibazo bahura na byo.
Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Kavumu ryabonye igikombe cy’ubudasa n’ubudashyikirwa mu ikoranabuhanga mu gusoza imurikabikorwa ryahuzaga abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Nyanza.
Hotel Chez Lando iri ahitwa ku Gisementi mu Mujyi wa Kigali, guhera mu ma saa tatu n’igice kuri uyu wa 2 Nyakanga 2016 yafashwe n’inkongi y’umuriro.
Akarere ka Nyamagabe, ku bufatanye na FONERWA, katangiye umushinga wo kubungabunga imigezi yisuka muri Nyabarongo kugira ngo amazi yayo ahinduke urubogobogo.
Abana bagize amahuriro akora ubukangurambaga ku burengenzira bw’abana mu karere ka Nyaruguru, biyemeje ko mu myaka ibiri nta mwana uzaba atiga.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Brigade ya 411 mu turere twa Muhanga na Kamonyi zagabagiye abatishoboye inka n’amazu by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 20FRW.
Abatuye ku Kirwa cya Bushongo kiri mu Kiyaga cya Burera batangaza ko bategereje kwimurwa nk’uko babyijejwe, bagategereza bagaheba.