Abagore b’i Kayonza bakorana n’umuryango Women for Women (WfW) batangiye gutunganya amata bakayakoramo Yawuruti (Yoghurt) na Foromaji nyuma yo kubiherwa amahugurwa.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) ntikemera ko abaturage bica inyamanswa z’agasozi, bitwaje ko zibangimiye umutekano wabo n’uw’amatungo yabo.
Ibikorwa byo kubaka kaminuza mpuzamahanga y’ubuvuzi mu Karere ka Burera byaratangiye, kuri ubu bari mu gikorwa cyo gusiza ikibanza izubakwamo.
Isoko rya Kijote mu Murenge wa Bigogwe i Nyabihu rigiye guhindurwa Transit Center.
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali biramenyesha abaturwanda ko umuhanda uturuka i Kanombe ukomeza mu Giporoso—Gisementi-Gishushu-Kimihurura kugera mu Mujyi rwagati uzakoreshwa cyane ku wa gatanu tariki 15 Nyakanga bitewe n’Inama ya Afurika Yunze Ubumwe ya 27 ibera i Kigali.
Ikigo cy’u Rwanda gishizwe ubuzima (RBC) gitangaza ko 52.5% by’urubyiruko rufite imyaka 14-35 rwanyweye ku biyobyabwenge bigaragara mu Rwanda.
PL “Parti Liberal” riharanira ukwishira ukizana ririshimira intambwe rimaze kugera mu myaka 25 rimaze ryinjiye muri politiki.
Minisiteri y’Umutekano (MININTER) ivuga ko iyo intwaro nto n’iziciriritse (ALPC) zinyanyagiye mu baturage mu buryo butemewe, ziteza umutekano muke n’iterambere rikahadindirira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo aravuga ko ikibazo cy’umutekano mucye muri Sudani y’Epfo gihangayikishije Afurika, kizibandwaho mu nama y’Afurika yunze Ubumwe.
Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe yageze i Kigali, akaba ari we mu perezida wa mbere ugeze i Kigali mu ba Perezida bazitabira inama ya AU.
Kuri uyu wa Gatatu kuri Petit Stade Amahoro habereye imikino ya gicuti yitabiriwe na Biyombo Bismack ukina muri Orlando Magic yo muri Amerika ndetse n’abana batatu ba Perezida Kagame
Abagabo babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa amadorari y’Amerika y’amakorano agera ku bihumbi 5,350.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Ban Ki Moon aragera i Kigali kuri uyu wa Gatanu aho aje kuganira na bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika ku kibazo cya Sudani y’Amajyepfo.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima bishamikiye ku Bitaro bya Kibuye bahawe moto zizabafasha mu kwegereza abaturage ibikorwa by’ubvuzi birimo no gukingira abana.
Niyonshuti Adrien yiteguye kuzamura ibendera ry’u Rwanda mu mikino Olempike izabera i muri Brazil mu matariki ya 5-21 Kanama 2016
Akarere ka Nyamagabe kafashe ingamba zo kubarura abaturage bafite uburwayi bwo mu mutwe bakavuzwa.
Hateguwe igitaramo muri Kigali cyo kwibuka ibyamamare mu muziki Michael Jackson na Papa Wemba kubera ibikorwa byabaranze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yongeye gushimangira ko u Rwanda rudateganya guta muri yombi Perezida wa Sudani, Omar Al Bashir, witegura kuza mu nama ya AU.
Bamwe mu baturage bagomba kwimurwa ahagomba guterwa icyayi mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko uburyo bwo kubishyura burimo ibibazo by’urudaca.
Macumbi Abel, wari umunyeshuri muri UNILAK -Nyanza yasanzwe mu nzu yari acumbitsemo hafi y’ishuri yapfuye urw’amarabira.
Nyuma y’aho ikipe ya Police Fc isezereye umutoza Cassa Mbungo ANdre, ubu Seninga Innocent watozaga ikipe ya Etincelles ni we wagizwe umutoza mukuru
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko abakuru b’ibihugu by’Afurika bategerejwe mu Rwanda, bashobora kwanzura kuva mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC).
Mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Mahembe habaye umukwabu wo gufata abakora n’abacuruza ibiyobyabwenge bafata litiro 830 z’inzoga zitemewe.
Abarwanyi ba FDLR bataha mu Rwanda batangaza ko gucikamo ibice kwayo bibangamira abashaka gutaha kubera ko ubugenzuzi bwiyongereye.
Umuyobozi w’umushinga Parthners in Health aremeza ko mu Karere ka Kirehe hagiye kubakwa inzu nini mu gihugu izatanga serivisi zo kwita ku bana bavukana ibibazo hakubakwa n’ishuri ry’ubuvuzi.
Nyuma y’urupfu rw’Umurundikazi Hafsa Mossi wari umudepite muri EALA rwabaye mu gitondo ku wa13 Nyakanga 2016, impunzi mu Nkambi ya Mahama zirakeka ko yazize guhangayikishwa n’ubuzima bwazo.
Abakora umwuga w’uburaya mu Karere ka Rusizi bavuga ko impamvu ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA buri hejuru biterwa n’amadorali bahabwa n’Abanyekongo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko icyaburaga ngo Uruganda rw’Ibirayi rwa Nyabihu rutangire cyabonetse ku buryo rutazarenza Nyakanga 2016 rutongeye gufungura imiryango.
Bamwe mu babyeyi n’urubyiruko bo mu Murenge wa Ntarama muri Bugesera baravuga ko Ikigo Gasore Foundation kizabafasha kurandura ingeso mbi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baboha ibiziriko bakabigurisha, baravuga ko bibatunze hamwe n’imiryango yabo.
Minisiteri y’ubucurizi n’inganda yemeza ko uruganda rutunganya amata rwa Nyabihu rutazarenza Kanama 2016 rutaratangira, kuko rwamaze kubona uzarucunga.
Abaturage batuye Umurenge wa Tare muri Nyamagabe, ahakunze kwitwa mu Gasarenda, bateje akavuyo barekereje kuvoma mazutu yari yikorewe n’ikamyo yahirimye.
Nyuma y’iminsi bivuzwe ko uyu mukinnyi wa Rayon Sports azerekeza mu ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya, Emmanuel Imanishimwe yamaze kongera amasezerano muri Rayon Sports
Bamwe mu banyeshuri bateganya kujya kwiga ubuhinzi mu mahanga bavuga ko babonye urugero rwiza ku buhinzi bwifashisha kuhira imusozi.
Umugabo witwa Nsabimana Anastase wo mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, afunzwe akurikiranweho amasasu 55 yasanganwe iwe mu rugo.
Abize muri Kaminuza ya Wharton muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bashimye intambwe u Rwanda rugezeho rwiyubaka baniyemeza kurushoramo imari.
Inama y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe(AU) iteraniye mu Rwanda, iravuga ko ihangayikishijwe n’ikibazo cy’abimukira, ariko ngo bagiye kukigira umwihariko w’ikindi gihe.
Ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusesenguzi bwa politiki mu Rwanda (IPAR) kiravuga ko imihigo y’uturere itandukanye no kuba umuntu yakwiha ikizamini akanikosora ahubwo ko ivuga ibikorwa bifatika.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, avuga ko kurinda umutekano w’igihugu bijyana no kurinda ubuzima bw’abaturage bagituye, bityo ko abantu bose bakwiriye kubwitaho.
Leta ya Tanzania yahagaritse ibinyamakuru byandika 473 mu gihe cy’imyaka itatu, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’itangazamakuru Nape Nnauye.
Igihembo Akarere ka Karongi kahawe nyuma yo kumara imyaka ibiri nta mwana uvukanye ubwandu bwa SIDA ku babyeyi banduye, ngo cyabateye kongera ingufu mu mikorere yabo.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) itangaza ko hagiye gusanwa umuhanda mpuzamahanga uzahuza Kagitumba, Kayonza na Rusumo, ukazatwara asaga miliyari 147Fwr.
Abanyamadini n’amatorero ntibabangamirwa no guhurira mu giterane, kigamije gushimira Imana ibyo yakoreye Abanyarwanda, n’ubwo badahuje imyemerere y’amadini n’amatorero yabo.
Mu Rwanda niho hatangirijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bwo kurwanya ruswa muri Afurika, mu gikorwa kiswe Afurika itarangwamo ruswa.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo yizeje abitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) iteraniye i Kigali, ko hazavamo umusaruro unogeye abaturage.
Abaturage babarirwa mu 190 bo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, barashimira KT Radio yabakoreye ubuvugizi bakishyurwa asaga miliyoni 2,5Frw bakoreye muri VUP ariko bakaba bari bamaze umwaka n’igice batayahabwa.
Bamwe mu bakoreraga uruganda rw’icyayi rwa Shagasha barasaba ubuyobozi kubarenganura kuko birukanwe mu kazi hadakurikijwe amategeko kubera guharanira uburenganzira bwabo.