Perezida Paul Kagame yijeje urubyiruko ruhagarariye abandi mu nzego z’ibanze kubana na rwo, nibahitamo gukora ibibahenda kandi bagaharanira amahoro.
Umusore w’imyaka 20 w’i Murunda muri Rutsiro yiyahuye nyuma y’imyaka itandatu na nyina yiyahuye.
Kompanyi ya ISCO icunga umutekano yujuje igorofa y’icyicaro gikuru cyayo, ikaba ihamya ko ari mu rwego rwo guha serivisi nziza abakiriya bayo.
Abacuruzi bo mu Mujyi wa Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kubura ibiceri bakoresha mu kazi kabo kubera ko byashiriye mu biryabarezi.
Sosiyete y’Ubwishingizi ya Britam Rwanda, yashyikirije amazu atanu yasannye abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uruganda Huye Mountain Coffee rurateganya gufasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga rwahuguye kubona imirimo yo gutunganya kawa mu nganda.
Cpl Mambo Vert yageze mu Rwanda ku wa 22 Kamena 2016 avuga ko ahunze inzara aterwa n’igihugu cye kitamuhemba.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga binangiraga kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA), baricuza ingaruka zo kwigurishiriza imitungo.
Umusirikare wa Congo warasiwe mu Rwanda ku wa 24 Kamena 2016 yashubijwe mu gihugu cye ingabo za EJVM zisura aho yarasiwe.
Bamwe mu barokokeye Jenoside Inyarushishi mu Karere ka Rusizi baruhukijwe n’uko bashyinguye ababo bagera kuri 1098 bishwe muri Jenoside mu icyubahiro.
Abanyamuryango b’Umuryango FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Kirehe, bavuga ko ibyo umuryango wagezeho muri uyu mwaka babikesha ingufu zongewe mu bukangurambaga.
Abari abakozi b’amakomine yahujwe akaba Akarere ka Huye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bishwe mbere kugira ngo batabangamira umugambi wa Jenoside.
Umurambo wa Ishyaka Jean Aimé, w’imyaka 16 warohamye, kuri uyu wa 25 Kamena 2016, mu kidendezi cyo kuri Strabag mu Karere ka Musanze wabonetse ku bufatanye n’ingabo zirwanira mu mazi.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Kagari ka Kindama, Umurenge wa Ruhuha muri Bugesera, baravuga ko ubufatanye bagirana hagati yabo bubashoboza kwesa imihigo.
Umugore witwa Ntakobatagize Violette w’imyaka 27 w’i Cyanya mu Murenge wa Kigarama i Kirehe arashinjwa gufatanya n’umuturanyi bakica umugabo we bakamutaba mu nzu.
Muri Shampiona y’igihugu y’amagare yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, Adrien Niyonshuti na Girubuntu Jeanne d’Arc nibo basize mu gusiganwa umuntu ku giti cye harebwa igihe umuntu yakoresheje
Mu Karere ka Burera habaruwe abanyeshuri 5001 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye, bataye ishuri. Kuri ubu abarenga 3700 bamaze kurisubiramo.
Inama nkuru y’itangazamakuru mu Rwanda (MHC) iravuga ko kongerera ubumenyi abanyamakuru binyuze mu mahugurwa bituma barushaho kunoza umwuga wabo.
Umunyamateka akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside, Tom Ndahiro, yasabye CNLG gushaka abayifasha kurwana ‘intambara itoroshye y’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Amazu 69 niyo yubatswe n’intore zirangije urugerero mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo, akaba yarubatswe mu gihe cy’amezi atatu.
Minisiteri y’Umutekano (MINENTER) ivuga ko kuba hari abana bagororwa ku byaha bakoze ari igisebo ku babyeyi batabashije kubaha uburere bukwiye.
Abakozi b’umuryango utegamiye kuri Leta “JHPIEGO” bageneye abatishoboye bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Gikomero muri Gasabo, ibikoresho bifite agaciro karenga miliyoni.
Kuri uyu wa 24 Kamena 2016, ibigo by’amashuri byo mu Murenge wa Karama muri Kamonyi byibutse abanyeshuri basaga 320 n’abarezi 25 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Indirimbo Papa Wemba, umuhanzi wafatwaga nk’Umwami wa Lumba, yasize akoranye na Diamond bise “Chacun pour soi” yagiye hanze kuri uyu wa 24 Kamena 2016.
Sibomana Alphonse wararaga izamu mu kigo cy’Umuryango w’abahinzi “Ingabo” mu Karere ka Muhanga yishwe ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana.
Umutahira w’Intore mu Karere ka Ngororero, Mukantabana Odette, aragaya abanyeshuri basoza Itorero ntibitabire urugerero, anasaba abarwitabiriye guhashya ubwo bugwari muri barumuna babo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba intore zisoje urugerero, kutagera hanze ngo zihindanye kuko zivuye ku rugerero, zibutswa ko ubutore bukomeza.
Abakobwa bavumbuye igihingwa cyera amasaro akoreshwa mu mitako mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batayabonera isoko kubera gukorera mu cyaro.
Umuryango nterankunga wa gikirisitu wita ku batishoboye “World Vision” waremeye amabati ibihumbi 45 abasenyewe n’ibiza mu Karere ka Gakenke.
Senderi International Hit, umuhanzi nyarwanda ukunze kwitwa amazina menshi ajyanye n’ibihe runaka ndetse harimo n’irya Harvard, imwe muri Kaminuza ikomeye ku isi, ngo "koko yayinyuzemo".
Abarangiza mu mashuri y’imyuga VTC, barasaba kugirirwa icyizere kuko nabo bashoboye, bagasaba abantu kureka umuco wo gutumiza ibintu mu mahanga.
Umuryango IBUKA uvuga ko hakwiye kubaho ikigega mpuzamahanga cyabafasha gukora ibikorwa biteza imbere imiryango y’abishwe muri Jenoside.
Abaturage b’u Bwongereza batoye ko igihugu cyabo kiva mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), nyuma y’amatora ya kamarampaka.
Kuri uyu wa Gatandatu no ku cyumweru harakinwa harakinwa Shampiona y’igihugu mu mukino w’amagare, ikazanitabirwa n’Abanyarwanda bakina hanze
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwahuguwe n’umushinga “Technoserve” ku kwihangira imirimo rwatewe inkunga ya miliyoni 13FRW.
Umwana w’umukobwa byagaragaraga ko avuye ku ishuri, yagejeje kuri Guverineri w’Intara y’uburengerazuba ikibazo cyo kutamenya inkomoko ye, bamwe kwihangana birabananira baraturika bararira.
Abanyeshuri baturutse mu bihugu 13 bya Afurika bamaze kwandikira Carnegie Mellon ishami ryo mu Rwanda bayisaba kuhigira icyiciro cya gatatu cya kaminuza muri siyansi n’ikoranabuhanga.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso itwaye inka yavaga Karongi yerekeza i Kigali, ikoreye impanuka mu Karere ka Kamonyi, inka enye zihita zipfa naho ba kigingi babiri barakomereka.
Abanyeshuri biga mu gihugu cya Misiri bakomoka mu bihugu bihuzwa n’Uruzi rwa Nil, baramagana abakirangwaho ingengabitekerezo ya Jenoside kuko yabagizeho ingaruka bose.
Guverineri w’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, yamaze impaka abaturage n’Uruganda rw’Icyayi rwa Bisakura bari bamaze igihe bashinjanya kurengererana.
Raporo ya Banki Nkuru y’u Rwanda ku ishoramari ry’abanyamahanga mu Rwanda ya 2014 irerekana ko abanyamahanga bashora imari mu Rwanda bakomeje kwiyongera, bitewe n’uko igihugu kiborohereza kuzuza ibisabwa.
Nzayisenga Sylvestre, w’imyaka 23 utuye mu Murenge wa Boneza muri Rutsiro afuzwe afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kayove akekwaho gutema inka y’umuturanyi bahoraga baterana amagambo.
Ministiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe witabiriye ibiganiro bihuje abapolisi bakuru b’ibihugu 10 by’Afurika, yabamenyesheje ko bahanganye n’abakomeye barwanya ubusugire bw’Afurika.
Mu myaka ibiri kuva 2012-2014, inkongi z’umuriro mu Rwanda zangije ibintu bifite agaciro ka miliyari eshanu.
Umukobwa w’imyaka 18 usanzwe ukora akazi ko mu rugo, yabyaye umwana w’umuhungu, avukana imitwe ibiri ku mugoroba wa tariki 22 Kamena 2016, nyuma y’iminota mike uwo mwana ahita apfa.
Madamu Jeannette Kagame yagiye muri Gabon mu ruzinduko rw’akazi ndetse no gukomeza umubano u Rwanda rufitanye n’icyo gihugu.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyamagabe rumaze kwiteza imbere, rusanga ikibazo cy’ubushomeri bwugarije benshi, gituruka ku myumvire mibi yo kudakunda imyuga kandi itanga akazi ku buryo bwihuse.
Abagore bo mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa gusobanura neza uburinganire bukumvikana kuko ngo hari abagore bamwe bumvise nabi ihame ry’uburinganire, bigateza amakimbirane mu miryango.