Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko gukemurira ibibazo by’abaturage mu ruhame bituma abashaka kubeshya babeshyuzwa na bagenzi babo.
Abanyeshuri bari mu Itorero Indangamirwa barakangurirwa kuba abaranga b’u Rwanda, barushakira incuti kandi bagashaka ibishya byarufasha gutera imbere.
Umukinnyi Kalisa Rachid usanzwe ukinira ikipe ya Police Fc yasobanuyeko kuba yaragiranye ibibazo n’umutoza wa Police Fc byatumye atinda kwerekeza ku mugabane w’i Burayi
Bamporiki Beata w’umuzunguzayi amaze amezi atandatu yiga gufotora akaba yizeye ko uyu mwuga uzamuvana mu buzunguzayi.
Abakora ibikorwa by’ubukorikori ndetse no kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi, mu Karere ka Bugesera, barasaba ko bafashwa kubona ibikoresho bigezweho.
Umushinga wo kubaka uruganda ruzajya rutunganya inyama mu Karere ka Kayonza ugiye gushyirwa mu bikorwa nyuma y’igihe kinini waradindiye.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative COOPRIKI-Cyunuzi bahinga umuceri mu bishanga bya Cyunuzi-Kibaya muri Kirehe na Ngoma barishimira iterambere bagejejweho n’ubuhinzi bw’umuceri aho babona asaga miliyari ku mwaka.
Beyonce na Jay Z ni byo byamamare bikundana (Couple), byinjije Amafaranga menshi ku isi mu mwaka ushize wa 2015-2016.
Abatuye Umurenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza baravuga ko nta Kirabiranya ikiharangwa nyuma y’uko bahuje imbaraga bakayirwanya.
Umutare Gaby ntiyemeranya na Young Grace watangaje ko uburanga bwe buhebuje aribwo bwamuteye kumushyira mu mashusho y’indirimbo ye “Ataha he”.
Jumia yatangiye igikorwa kizamara amezi abiri cyo gushishikariza abafite inganda n’abacuruza ibikorerwa mu Rwanda, ‘’Made in Rwanda”, gutangira kwamamariza no gucururiza ibicuruzwa ku rubuga rwa internet www.jumia.rw.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyasezereye mu cyubahiro aba Ofisiye bakuru, abato n’abandi basirikare, bose hamwe 775.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, kiratangaza ko kigiye gutangira ubukangurambanga ku misoreshereze mu bwubatsi kuko uru rwego ngo rudasora uko bikwiye.
Impirimbanyi y’amahoro y’Umunyapakisitani Malala Yousafzai ategerejwe mu Rwanda, mu ruzinduko azasuramo Inkambi ya Mahama ibamo impunzi z’Abarundi.
Kubera intambara yubuye muri Sudani y’Amajyepfo, Rwandair yagaritse ingendo zerekeza i Juba mu Murwa Mukuru w’icyo gihugu mu giye yajyagayo kane mu cyumweru.
Kubera ubwiza bwa Gishwati, abaturage bayituriye n’ubuyobozi basaba ko hasubizwa hoteli yafasha mu iterambere n’ubukerarugendo kuko n’ubundi ngo yahahoze.
Abatuye mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke barasaba ko ibitaro Perezida Kagame yabemereye byakubakwa i Gatonde aho kujyanwa mu Bigabiro.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo muri Nyanza bavuga ko bibasiwe n’ubujura ku buryo hari n’abibwa inkono ku ziko.
Bamwe mu bakirisito b’itorero rya Karongi International Community Church mu Karere ka Karongi barashinja umushumba wabo ubutekamutwe no gukoresha nabi umutungo w’itorero.
Abakoresha umuhanda Cyanika-Musanze bibaza igihe uyu muhanda uzakorerwa, kuko ushaje ku buryo udindiza ubuhahirane ukanateza n’impanuka.
Inka eshanu mu zahawe abatishoboye bimiwe ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera zimaze gupfa.
Mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 11 Nyakanga 2016, igice kimwe cy’Agakiriro ka Huye cyahiye ibyari birimo birakongoka.
Ikoranabuhanga rimaze kugera muri imwe mu mirenge igize Akarere ka Nyabihu rifasha mu kwihutisha imitangire ya serivise no gusabana n’abaturage.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera shampiyona y’igihugu mu mukino w’amagare yo ku misozi, ikazaba kuri iki cyumweru taliki ya 17 Nyakanga 2016
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko yatangiye gufasha abaturage babarirwa mu bihumbi 47 bibasiwe n’amapfa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bufite impungenge z’uko mituweli y’uyu mwaka ishobora kudindizwa n’abanga kwishyurira bamwe mu biyandikishije ku rutonde rw’abagize umuryango.
Lennox Niyitegeka ukina mu ikipe ya Elan Chalon yo mu Bufaransa, aje gukinira ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 mu gikombe cy’Afurika kigiye kubera mu Rwanda muri Basketball
Abanyereje amafaranga ya VUP mu Karere ka Karongi batubahirije amezi atatu bari bahawe ngo bayangarure ntibabikore bagiye gukurikiranwa.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baratangaza ko babangamirwa no kutagira gare bategeramo imodoka kuko gutegera mu muhanda bidasobanutse.
Nk’uko tubikesha itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, riravuga ko Perezida wa Repubulika yavanye mu mwanya uwari Minisitiri w’Ubuzima Madamu Dr. Agnes Binagwaho.
Bamwe mu baturage bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke barishimira ko bagiye gukira amazi mabi kuko begerejwe umuyoboro w’ameza.
Abamasaderi bashya mu Rwanda bashyikirije Perezida Kagme impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, bizeje ko bazashyigikira igihugu umutekano n’ubukungu.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe barishimira ko basezereye indwara ziterwa n’imirire mibi bakaba bamaze kwiteza imbere babikesha korora neza inka bahawe n’umuterankunga Heifer.
Leta y’u Rwanda yashyize abagenzuzi mu mahoteli agera kuri 84 yo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo bakurikirane uko abaje mu nama y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe bakirwa.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rushamikiye ku muryango wa FPR Inkotanyi, rwiyemeje gushishikariza bagenzi babo umurimo no kurwanya inda zitateganyijwe.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke barasaba inzego zibishinzwe kongera gukaza amarondo kuko ubujura bw’amatungo bwongeye kugaragara mu karere.
Mukamuganga Cecile, umubyeyi ufite ubumuga bw’amaguru uhinga indabo mu Karere ka Gisagara, yiteze ko umwuga yinjiyemo nyuma yo kugira ubumuga uzamuteza imbere.
Ibigo nderabuzima bimwe na bimwe byo mu Karere ka Rutsiro birinubira ko bikoresha abakozi bake kandi bakira abarwayi benshi.
Abaturage bimuwe ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera mu Murenge wa Rilima barasaba akarere kubaha ibyo bemerewe mbere yo kwimurwa.
Abaturage batuye mu Kagari ka Rusenge,Umurenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko kuva bavuka binywera amazi y’imigezi itemba.
Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta irashinja bamwe mu bafite ibigo byegamiye kuri Leta kwirukana abakozi babyo badakurikije amategeko, bigateza Leta igihombo kuko amasezerano abagenga ari ayayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko bwatangiye gahunda yo kwambura abaturage inka bahawe muri gahunda ya "Gira inka Munyarwanda" batazikwiye .
Abahinzi bahagarariye abandi mu makoperative bigishijwe ibijyanye no kuhira imyaka muri IPRC-South, bavuga ko ubumenyi bahakuye batabukoresha ku bw’amikoro make.
Mu gihe abatuye Agasozi Ndatwa ka Mbayaya bavuga ko nta bikorwa remezo bihari ubuyobozi wo bu buvuga ko byose bihari ahubwo abaturage banze kuhatura.
Akarere ka Karongi gatangaza ko inka 214 muri gahunda ya «Gira inka» zaburiwe irengero burundu.
Club “Imboni zarwo” iratangaza ko batazategereza integanyanyigisho rusange ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu mashuri kuko babitangiye.
Bamwe mu bahinzi bakoresha imashini mukuhira imyaka yabo muri iki gihe cy’impeshyi, baravuga ko byabagabanyirije imvune n’ikiguzi batangaga ku bakozi.
Bamwe mu bari bato muri Jenoside baburanye n’ababo bakomeje gushakisha niba hari abo babona, kuko batazi aho bakomoka bikabagiraho ingaruka.
Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze ubumwe, Dr Nkosazana Dlamini Zuma yahamagariye ibihugu kwita ku buhahirane mu rwego rwo kwirinda gusabiriza.
Kuri iki cyumweru ubwo haba hakinwa umukino wa Rayon Sports na Kiyovu, Rayon irawifashisha mu kuzamura amafaranga yo gusinyisha Kwizera Pierrot na Emmanuel Imanishimwe