Bamwe mu banyeshuri n’abayobozi bo mu ishuri rya Gabiro High School riherereye mu Murenge wa Kabarore ho mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kuba bamaze ibyumweru bibiri badafite amazi mu kigo, byabagizeho ingaruka zirimo no gutinda gutangira amasomo.
Itorero Inganzo Ngari rimaze kumenyekana cyane nk’indashyikirwa haba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo, ryabashije kwesa imihigo yari yabajyanye mu Burusiya babifashijwemo na RDB na Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya.
Bitewe n’impanuka zikunze kwigaragaza mu muhanda wa kaburimbo uhera ku Kinamba ujya ku Gisozi, ukanyura kuri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK), i Kagugu ugahinguka mu kabuga ka Nyarutarama; abahaturiye barasaba utugunguzi (dos d’ane) dutuma imodoka zigabanya umuvuduko.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) butangaza ko integanyanyigisho izatangira gukoreshwa kuva muri Mutarama 2016 ari nziza ku ireme ry’uburezi bushingiye ku bushobozi ariko ngo irasaba ko abarimu bahindura imyumvire bakirinda ubunebwe.
Abagabo babiri bafungiye kuri Station ya Polisi ya Kigabiro mu Karere ka Rwamagana bakurikiranweho kwiyita abakozi b’umuryango mpuzamahanga urwanya akarengane na ruswa “Transparency International/Rwanda”, bakambura abaturage amafaranga bababeshya ko bazabaha akazi naho abandi bakababeshywa kuzabakemurira ibibazo.
Isosiyete y’itumanaho ya MTN –Rwanda yatanze mu Ishuri Ryisumbuye rya ESPANYA riri mu Karere ka Nyanza porogaramu z’ikoranabuhanga rya E-BOOK zizafasha abanyeshuri b’iki kigo kujya basomera ibitabo by’amasomo atandukanye biga kuri interineti.
Kuri uyu wa 17 Kamena, mu Murenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare umwana w’imyaka 17 y’amavuko yasambanyije nyina umubyara, ngo kubera umutobe bita “Ndambiwe agakiza”, atabarwa n’abari ku irondo.
Kuri uyu wa 17 Kamena 2015, Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mpunzi HCR, ku bufatanye na Minisiteri ishinzwe kurwanya ibiza no gucyura impunzi, MIDIMAR, batangije igikorwa cyo kubarura impunzi z’Abarudi zakiriwe mu miryango mu Rwanda.
Ikipe ya Gicumbi irangije urugendo rwa Mukura Vs muri uyu mwaka w’imikino, mu gihe ikipe y’Isonga yamanutse mu cyiciro cya kabiri isezereye AS Kigali mu gikombe cy’Amahoro cyakomezaga kuri uyu wa gatatu mu mikino ya 1/8 cy’irangiza
Ku bufatanye n’umushinga Compassion, Itorero ry’Abaruteri, Paruwasi ya Kirehe ryafashishije abana b’abanyeshuri matora 206 ku wa 17 Kamena 2015 mu rwego rwo guteza imbere ubuzima bwabo bagira imitekerereze myiza.
Abana bari mu kigero k’imyaka itanu mu karere ka Gicumbi bakomeje kugaragarwaho n’indwara zikomoka ku imirire mibi, n’ubwo Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yari yashyizeho ingamba zo kurwanya ubugwingire n’indwara zikomoka ku mirire mibi.
Bamwe mu baturage bakorera ibikorwa by’ubuhinzi bw’umuceri mu gishanga cya Ntende giherereye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kuba bagisarura umuceri mu buryo bwa Gakondo bibatera ibihombo.
Ishingiye ku kuba imaze kwiyubakira amazu afite agaciro ka miliyo zibarirwa muri 30, COARU, Koperative ihinga ingano mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jomba, yemeza ko uhinze ingano by’umwuga zagukuru mu bukene zikakugeza ku iterambere rirambye.
Abakozi b’Ibitaro bya Butaro mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru nyuma yo gusura urwibitso rwa Jenoside rwa Nyamata baravuga ko bizabafasha mu kazi bakora.
Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza yo mu karere ka Gakenke, bavuga ko ibitabo by’imfashanyigisho bategetswe gukoresha n’Ikigo k’igihugu cy’Uburezi (REB), harimo ingero zikomeye ku buryo bigora umwana kubyumva bikanagora umwarimu kubimwumvisha.
Umugabo witwa Mukibi Valerien avuga ko yahisemo kujya yihekera umwana nyuma y’uko abonye umugore we abyaye kabiri yikurikiranya kandi abana bakamurushya kubaheka kuko benda kungana, mu gihe kandi nta bushobozi bafite bwo gushaka umukozi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru buratangaza ko abayobozi bose bashyira mu bikorwa nabi gahunda ya girinka bakanayangisha abaturage, bagomba gukurikiranwa bagahanwa hakurikije amabwiriza agenga iyo gahunda.
Ishyirahamwe ry’abaganga b’abakiristo bakorera mu bitaro binyuranye byo hirya no hino mu Rwanda batangiye igikorwa kizamara iminsi ibiri, bavuririra mu Kigo Nderabuzima cya Gashora mu Bugesera indwara zinyuranye.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cy’Ubwongereza izwi ku izina rya Barclays Premier League izatangira taliki ya 08 Kanama 2015, nk’uko byemejwe ubwo hatangazwaga ingengabihe y’uko amakipe azahura mu mwaka w’imikino wa 2015/2016
Mu gutangiza icyiciro cya kabiri cy’umushinga ubungabunga amashyamba (PAREF) mu karere ka Nyamasheke, abaturage basabwe kwitabira gufata neza amashyamba yabo mu kubungabunga ibidukikije no kuhakura amafaranga ashobora kubateza imbere azanywe n’uyu mushinga.
Ababyeyi barasabwa kwirinda gukoresha abana imirimo irenze ubushobozi bwabo, kuko bigira ingaruka ku mikurire yabo, ndetse no ku burere bwabo muri rusange ngo bikanadindiza iterambere ryabo n’iry’igihugu.
Sitefano Munyemana wo mu karere ka Nyamagabe arashinjwa icyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kubera amagambo yavuze ko Abahutu nabo bakwiye kujya bibukwa kuko habayeho jenoside ebyiri.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko bafite ibyishimo bidasanzwe by’uko bazabasha kwibonera imbona nkubone ku nshuro ya mbere umukuru w’igihugu, mu ruzinduko ngo azagirira muri ako karere kuri uyu wa kane tariki 18 Kamena 2015.
Nyuma y’uko igikorwa “More Than Music” kibaye ku nshuro ya gatatu kuri iki cyumweru tariki 14.6.2015, igikorwa gihurirwamo n’abahanzi batandukanye n’amakorali bose baririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel) mu rwego rwo kwibuka Abanyarwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi ngo hagiye gusohorwa umuzingo (alubumu) (...)
Umuhanzi Eric Mucyo wamenyekanye cyane mu ndirimbo “i Bwiza” yakoranye na Jay Polly ikaba ari n’indirimbo iri mu njyana ya Afrofusion ikunzwe cyane aratangaza ko atavuye muri iyi njyana ahubwo ko agira ngo izagere kure hashoboka.
Umugore witwa Muhimpundu Judith ukomoka mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza yabeshywe n’umuntu wiyise umukozi wa Sosiyete y’itumanaho ya MTN ngo ko yatsindiye miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda nyuma atahura ko yari umutekamutwe amaze kumwoherereza ibihumbi 104 by’u Rwanda na byo bitari ibye.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe ngo bababazwa no kuba bamwe mu bayozozi babatumira mu nama bakabicira gahunda ntibubahirize isaha batanze, bakavuga ko bisubiza inyuma mu bukungu kuko baba bataye umwanya w’akazi bagira ngo barubahiriza gahunda bahawe.
Abaturage b’umudugudu wa Cyabahanga akagari ka Bushoga umurenge wa Nyagatare, bishimira ibimina bya mituweri bishyiriyeho, kuko babasha kwiyishyurira ubwisungane mu kwivuza bwa mituweli bigatuma batakirembera mu ngo ngo bivuze ibyatsi.
Inama Njyanama y’akarere ka Kirehe yasezereye umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’imari Tihabyona Jean de Dieu muri Njyanama na Nyobozi y’akarere bitewe n’ibyaha akekwaho n’inzego z’ubutabera.
Kuri uyu wa 14 Kamena 2015, mu Mudugudu wa Ruhita akagari ka Nyagashanga Umurenge wa Karangazi, ho mu Karere ka Nyagatare, Hatangishaka w’imyaka 18 yafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa Pistol n’amasasu yayo 18.
Ishuri ry’ubumenyingiro (IPRC) ryazanye uburyo bushya bwo gukora amatafari mu gitaka bakongeramo umucanga na sima nke, ku buryo azajya yubaka amazu akomeye kandi adashobora gutwarwa n’ibiza.
Ikipe ya Espoir yo mu Rwanda nyuma yo gutsinda PJB y’i Goma 78-49 mu bahungu, na Berco Stars y’i Burundi igatsinda PJB y’i Goma kuri 66-50 mu bakobwa,zaje kwisubiza ibikombe zari zaratwaye umwaka ushize
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Burera bahamya ko bikorera imizigo iremereye, ibyo bita “Gukora ingamba” muri ako gace, bakavunika, nyamara abagabo babo ngo bibereye mu byabo mu gihe ngo ari bo bagakwiye kuyikorera bagashaka icyateza imbere uruga.
Umugabo witwa Ngomanzungu Wellaris wo mu Kagari ka Mwiyando mu Murenge wa Muzo ho mu Karere ka Gakenke arashakishwa n’inzego z’umutekano kubera urupfu rw’umugore we Nyiransengimana Purukeriya wari ufite imyaka 37 wasanzwe yapfuye ngo akubiswe agafuni mu ijoro ryo kuri uyu wa 15 Kamena 2015.
Mufti w’u Rwanda Kayitare Ibrahim yasabye Aba Islam guhora bibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi anabibutsa ko kwibuka ari ngombwa kandi ari n’itegeko muri islam.
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo ryo mu karere ka Kayonza barizezwa ko iryo soko rigiye gusanwa mu gihe cya vuba, nyuma yo kumara igihe kinini abarikoreramo binubira gukorera ahadasakaye bigakubitiraho no kurambika ibicuruzwa byabo hasi kuko ntadutara tuhari.
Kuri Uyu wa Gatatu, imikino y’igikombe cy’Amahoro iraba igeze muri kimwe cy;umunani,aho haza gukinwa imikino itanu mu gihe indi itatu izakinwa ku wa kane
Bamwe mu baturage baturiye umuhanda wa Kivugiza –Hanika mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke bashinja Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi kubasiragiza no kubambura amafaranga y’ibikorwa byabo byakuweho ubwo bubakaga uyu muhanda.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi, amashyamba n’umutungo kamere mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi akekwaho kugira uruhare mu kwangiza ibidukikije.
Mu gitondo cyo ku wa 14 Kamena 2015, Tabaro Joseph, w’imyaka 50 wari umushumba w’inka, mu Kagari ka Kamate, mu Murenge wa Karangazi ho mu Karere ka Nyagatare bamusanze yapfuye bikekwa ko yari yaraye anyoye inzoga ya suruduwire.
Kuri uyu wa mbere itsinda ry’abadepite muri Komisiyo ya Politiki y’Ubwuzuzanye bw’Abagore n’Abagabo mu iterambere ry’igihugu ryasuye Akarere ka Rutsiro mu rwego rwo kurebera hamwe aho ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye rigeze ariko ngo batunguwe no kubona umugoroba w’ababyeyi nta ngufu ufite.
Bimwe mu bigo bicuruza umusaruro w’ubuhinzi nka “SARURA”, ngo bigiye gutangiza uburyo bwo gusinyana amasezerano n’amakoperative y’ubuhinzi yo kugura umusaruro wabo igihe weze ngo bakajya bayasinyana mbere y’uko batangira guhinga.
Urugaga rw’abavoka mu Rwanda (Rwanda Bar Association) rwabonye umuyobozi mushya Me Nduwamungu Jean Vianney wasimbuye kuri uyu mwanya Me Athanase Rutabingwa wari usoje manda ye y’imyaka ine ayobora uru rugaga.
Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), byatangiye kwegereza serivisi z’ubuvuzi abarwayi bafite gahunda yo kubagwa ariko kubera ubwinshi bwa bo bakamara igihe bategereje ko babagwa.
Ikigo cy’ Igihugu cyo gutanga amaraso mu Rwanda cyatangije uburyo bwo kurobanura ibikenerwa mu maraso ahabwa indembe hifashishijwe imashini. Igikorwa cyatangijwe mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso uba tariki 14 Kamena buri mwaka.
Abapolisi bava mu bihugu 13 by’Akarere k’Afurika y’Uburasizuba no mu Ihembe ry’Afurika bibarizwa mu muryango wa EAPCCO, kuri uyu wa 15 Kamena 2015 batangiye amahugurwa bizamara iminisi ine bigamije kubongerera ubumenyi n’ubushobozi bwo guhangna n’ibyaha ndengamipaka.
Abanyeshuri bagera kuri 915 barangije kwiga imyuga mu mashami atandukanye mu ishuri rya Emeru Ikirezi de Ruhango mu Karere ka Ruhango bashyikirijwe impamyabumenyi zabo ku wa 14 Kamena 2015.