Umukozi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, Mugisha Janvier, arashinjwa kunyereza asaga miliyoni eshatu yo muri gahunda y’ubudehe.
Abayobozi mu nzego zitandukanye mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kutarebera ibidahwitse mu bikorwa by’amatora hirindwa gutora abadafite akamaro.
Judith Heard arasaba abakobwa binjira mu mwuga wo kumurika imideli kwitondera ababagana, kuko hari abababeshya kubateza imbere nyamara bishakira ibindi.
Umushinga wa Techno serve ukorera mu Karere ka Ruhango, wateye inkunga imishinga y’urubyiruko ifite agaciro miliyoni 9Frw, nyuma y’amahugurwa bahawe.
Abanyeshuri batorewe guhagararira abandi mu Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC South) barasabwa kuzamura umubare w’abanyeshuri bitabira gahunda z’ishuri.
Mu mikino ya 1/8 y’igikombe cy’Amahoro, Amagaju yasezereye Police, Gicumbi isezerera Mukura, Rayon isezerera Police naho Apr isezerera Bugesera
Abashinzwe ubumenyi bw’ikirere bavugaga ubushize ko inyanja ngari zashyushye ku buryo byateza imyuzure; none ubu ngo zishobora gukonja bigateza amapfa.
Kiliziya Gatolika iri gusaba abaturage cyane cyane abayoboke bayo kwiyorohereza akazi kwifashisha Urubuga Irembo mu kwishyura serivisi za Leta.
Iserukiramuco rya Ubumuntu rigiye kongera kubera i Kigali, rikazibanda ku bibazo byugarije Afurika, hakagaragazwa n’inzira byakemurwamo binyuze mu buhanzi n’ubugeni.
Ishuri ryigenga ryari ryatangijwe i Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza ryahagaritswe kubera ko ryatangiye mu buryo butemewe.
Umuhanzi Olvis yanenze Vanessa Uwase baherutse gutandukana, kubera amagambo yanyujije ku mbuga nkoranyambaga amwita umwana mu rukundo.
Akarere ka Rwamagana karavuga ko imwe mu mihigo gafite yadindiye kuko abafatanyabikorwa bagombaga kugafasha kuyuzuza, batashyize mu bikorwa ibyo biyemeje.
Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno, akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 22 Kamena 2016, mu ruzinduko rw’akazi.
Abanyabukorikori bo mu Karere ka Gatsibo batangaza ko igihe imirimo yo kuba akagakiriro izaba irangiye biteguye kubyaza umusaruro ibyo bakora.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Bugesera, yataye muri yombi umusore w’imyaka 28 ukekwaho ibyaha bitandukanye birimo kwiyitirira imirimo yo mu nzego za Leta adakora, agamije kubeshya impunzi ko azazishakira ibyangombwa bizazihesha kujya mu bihugu byo hanze.
Abaturage batanze imigabane muri Sosiyeti y’Ishoramari y’Akarere ka Kamonyi, KIG, bayobewe iherezo ry’imishinga yavugwaga gukorwa none barasaba ubuyobozi kubabariza.
Senderi International Hit aherutse gutangariza abafana be ko yabonye umugabo w’ibigango umugira inama akanamurinda ariko aya makuru akomeje kuba urujijo.
Urwibutso rwa Jenoside rushya rurimo kubakwa mu Murenge wa Kibungo muri Ngoma ngo ruzafasha urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside kumenya amateka kuko ruzabasha kubika imibiri mu gihe kirekire.
Pasiteri Mpyisi Ezra wabaye Umwiru ku ngoma y’Umwami Rudahigwa, asanga umuco Nyarwanda ntaho uzagera, nudashyirwa mu masomo yigishwa mu ishuri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buraburira abagura amata na SOSOMA bitangwa ku mavuriro mu kurwanya imirire mibi, kuko abazabifatirwamo bazahanwa.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko uwatsindiye ibintu runaka mu rukiko nta kazi kabuza umuhesha w’inkiko kubimuhesha mu gihe giteganywa n’amategeko.
Abaturage b’Akarere ka Burera basabaga koroherezwa kwambuka umupaka wa Cyanika bafite abana, bahakaniwe, basabwa kubahiriza ibisabwa n’amategeko kuko kubyoroshya ngo byatiza umurindi icuruzwa ry’abantu.
Abanyeshuri barangije muri za kaminuza zitandukanye muri EAC basaba ko impamyabumenyi zabo zemerwa ku isoko ry’umurimo nta yandi mananiza.
Abaturage bo mu midugudu ya Mujabagiro na Murwa mu Murenge wa Kagano i Nyamasheke barasaba ubuyobozi kubakemurira ibibazo mu ikorwa ry’umuhanda uva Ninzi ugana Murwa.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yo mu mirenge ya Musebeya na Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe, bishimiye kubona ikoranabuhanga hafi yabo kuko byagabanyije ingendo bakoraga bajya mu mujyi w’aka karere.
Ubuyobozi bwa Komisiyo ishinzwe Kurwanya Jenoside, CNLG, buravuga ko Leta itazigera ituza mu gihe hari abakigaragaza ingengabitekerezo ya Jenosie.
Abagabo batandatu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe mu Karere ka Kirehe, bashinjwa kwiba inka.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ngoma rurasabwa kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ihohoterwa, batanga amakuru ku gihe.
Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango, MIJEPFOF, iratangaza ko imishinga y’abagore ifite ibibazo muri BDF n’amabanki kugira ngo yemerwe kandi ihabwe inguzanyo.
Nyuma y’iminsi mike amaze mu Bwongereza, umunyarwanda Eric Dusingizimana waciye agahigo mu mukino wa Cricket ku isi, yakusanyije hafi miliyoni 140FRW yo kubaka Stade ya Cricket mu Rwanda
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu giteza Imbere Ubumenyingiro, WDA, bwatangaje ko mu Rwanda hakenewe abanyeshuri bazakemura ibibazo bigaragara ku isoko ry’umurimo.
Umuryango utegamiye kuri Leta “Transformation Leadership Center” wazanye uburyo bushya bwo guhinga mu Karere ka Gicumbi bise “Guhinga mu buryo bw’Imana”.
Abagore bo mu Ntara y’Amajyaruguru barakangurirwa kudapfusha ubusa amahirwe yo kuba mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Umuryango MasterCard Foundation, wahaye Kaminuza ya Carnegie Mellon-Rwanda, inkunga ya miliyari 7,8Frw, azafasha abanyeshuri batishoboye kwiga ikoranabuhanga.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko rwo gutsura umubano n’igihugu cya Maroc, yaraye yakiriwe ku meza n’Umwami Mohamed VI.
Impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Mahama ngo ntizitewe ipfunwe no kwitwa impunzi kuko ngo n’umwana w’Imana yahunze ashaka umutekano, bakemeza ko umutekano bahunze bashaka bawufite.
Mu nama y’inteko rusange y’umuryango FPR Inkotanyi mu Murenge wa Ngororero muri Ngororero, abanyamuryango biyemeje kwihutisha ubuvugizi ku bibazo by’abaturage.
Abanyamuryango b’ishyaka rya PSD barasabwa gushora imbaraga mu nzego z’imirenge n’utugari kuko bigaragara ko ishyaka rikora ku rwego rw’akarere gusa.
Abayobozi b’amashuri y’imyuga mu turere twa Nyagatare na Gatsibo barasaba ikigo cy’igihugu cy’ubumenyingiro WDA gukuraho urujijo mu kubona abarimu.
Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo, Anaclet Mwumvaneza, arasaba urubyiruko kuba abakirisitu bubaha Imana ariko bakazirikana gukora bikorwa by’iterambere.
Umushinga wa Compassion International (RWA543) wubakiye amazu 12 imiryango itishoboye yo mu Karere ka Rusizi, irimo n’iy’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ari we Nzamwita Vincent de Gaulle yasabwe kwegura na bamwe mu banyamuryango ayobora
Impuguke mu buvuzi bw’indwara zifata umuhogo, amazuru n’amatwi zivuga ko ibi bice bikunze kwibasirwa na kanseri, zigasaba abantu kuyivuza hakiri kare.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yerekeje muri Maroc ku butumire bw’umwami w’iki gihugu Mohammed VI, mu ruzinduko rugamije kwagura ubucuti hagati y’ibihugu byombi.