Abaturage baganiriye na Kigali Today barashimangira ko itariki ya 1 Nyakanga ya buri mwaka itabashishikaje cyane, nubwo uba ari umunsi w’akaruhuko.
Abashoramari mu nganda zitunganya umuceri mu Rwanda, baranenga abari bafite amafaranga barangiza bakayashora muri Jenoside akifashishwa mu kurimbura imbaga y’Abatutsi.
Mu mukino wo kwishyura wa ½ mu gikombe cy’Amahoro. Rayon Sports itsinze As Kigali ibitego 3-2, bituma izahura ku mukino wa nyuma na APR Fc yatsinze Espoir 1-0.
Abayobozi ba Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge Sudani y’Epfo bari mu Rwanda, bashaka kumenya uburyo bakomora ibikomere byatewe n’intambara bamazemo imyaka myinshi.
Perezida wa Tanzaniya John Pombe Magufuri aratangaza ko igihugu ayoboye kizigira byinshi ku Rwanda mu rwego rw’ubukungu.
Nyirahabiyaremye Jeannette w’imyaka 40 y’amavuko wari utuye mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke, yishwe aciwe umutwe, umurambo utarurwa mu kiyaga cya Kivu, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Nyakanga 2016.
Akarere ka Nyarugenge kiyemeje guca abazunguzayi bagera ku bihumbi bitanu biganje mu gace ka Nyabugogo, kabashyira ahantu heza hatandukanye ho gukorera.
U Rwanda rwamaganye raporo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ivuga ko ubucuruzi bw’abantu mu Rwanda bukomeje gufata indi ntera kandi Leta ikaba idafata ingamba zihamye zo guhangana n’ubwo bucuruzi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu gihugu cya Tanzania mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Nyakanga 2016, aho biteganyijwe ko asinya amasezerano y’ubufatanye mu by’ubucuruzi.
Imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gasabo, ryasojwe hahembwa abamuritse ibikorwa byahize iby’abandi mu rwego rwo kongera uguhiganwa no kugera kuri serivisi nziza mu karere.
Ingengo y’imari y’Akarere ka Kirehe 2016-2017 ngo izibanda ku bikorwa remezo, cyane cyane imihanda n’imiyoboro y’amazi kuko byo byonyine byiharira hafi 1/5 cyayo.
Kuri uyu wa 30 Kamena 2016, mu Karere ka Kamonyi bibutse abakozi 18 bahoze bakorera amakomini ya Runda, Taba, Kayenzi, Musambira, Rutobwe na Mugina; bazize Jenoside yakorewe Abatutdi.
Abahahira mu Isoko rya Kibungo bavuga ko”Tumuhombye” yatumye iri soko rigeza saa yine z’ijoro kandi ubundi ryarafungaga saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Umuryango AVEGA Agahozo watuje ababyeyi batandatu bagizwe incike na Jenoside mu rugo rushya bubakiwe i Fumbwe mu Karere ka Rwamagana.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, itangaza ko guhera ku wa 1 Nyakanga 2016 buri muntu uzasanganwa virusi itera SIDA azahita ashyirwa ku miti, haherewe ku bafite ubwandu ubungubu ibihumbi 17.
Abahoze bakinira ikipe y’u Rwanda banyagiye aba Uganda ibitego 5-3 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya kigali i Nyamirambo kuri uyu Kane.
Urubyiruko 430 rugizwe n’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu mahanga ndetse n’abigaga mu Rwanda bagize amanota meza mu kizamini gisoza amashuri yisumbuye muri 2015, bibukijwe ko uko u Rwanda ruzamera biri mu maboko yabo.
Ayinkamiye Marie Chantal na Nzamurambaho Frederic bo mu Karere ka Rubavu, bari bamaze umwaka batandukanye kubera amakimbirane, bongeye gusubirana ku wa 29 Kamena 2016 kubera umugoroba w’ababyeyi.
Ikigo cy’itangazamakuru cy’Abanyakenya, Nation Media Group (NMG), cyatangaje ko radio yacyo “Radio KFM” ivugira i Kigali, itazongera kuvugira ku murongo wa FM, bituma abanyamakuru b’Abanyarwanda bayikoreraga babura akazi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryamaze kwemeza ko Adrien Niyonshuti ukina mu ikipe ya Dimension data yo muri Afurika y’epfo ari we uzitabira imikino Olempike izabera muri Brazil muri Kanama 2016
Umukino w’amahirwe wiswe “Ikiryabarezi” uhangayikishije bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Nyanza, bakaba basaba ko abana babo bawukumirwamo batarararuka.
Imiryango 100 yo mu Karere ka Gatsibo yagabiwe inka, iremeza ko ari amahirwe yo kivana mu bukire babikesha izi nka.
Ingabo z’u Rwanda zagabiye inka 20 abarokotse Jenoside 20 batishoboye bo mu mirenge ya Kibeho na Rusenge mu Karere ka Nyaruguru.
Abadepite basuye abaturage mu mirenge itandukanye y’Akarere ka kamonyi, bavuga ko ibibazo bahasanze bikwiye kuganirirwa mu mugoroba w’ababyeyi.
Inzego za leta n’abafatanyabikorwa bihaye intego y’uko mu 2020 nta bwandu bushya bwa virusi itera SIDA buzaba bukiboneka mu Rwanda.
Kuri uyu wa Kane kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo harabera umukino uhuza abahoze bakinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’iya Uganda mu mupira w’amaguru
Mu kugaragaza ibibazo basanze mu baturage , itsinda ry’abadepite basuye Akarere ka Kamonyi, banenze abayobozi b’inzego z’ibanze bahohotera abaturage.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) gitangaza ko ubukene mu Rwanda bwagabanutseho 6.9% kuva muri 2011 kugeza muri 2014.
Ikigo cy’ubwishingizi cy’ibihugu by’Afurika birimo u Rwanda, ATI, kiraburira abikorera kuba maso, bakitabira kukiguramo ubwishingizi bwanabahesha igishoro.
Sosiyete z’itumanaho za MTN Rwanda na Tigo Rwanda zatakaje abakiriya muri Gicurasi 2016 mu gihe mukeba wazo “Airtel Rwanda” yungutse umubare munini w’abakiriya.
Ubuyobozi bwa Farumsi y’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko ibigo nderabuzima n’Ibitaro bya Murunda bikomeje kwica igenamigambi ryayo.
Bamwe mu baturage bo mu turere twa Kamonyi na Muhanga baravuga ko inzara n’ubukene ari bimwe mu bibuza amahoro mu miryango.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yahawe abunzi bo mu Karere ka Gicumbi bijejwe ko ibibazo by’ubumenyi n’imikorere mu kazi bigiye gukemuka.
Abakozi b’abakirisito bagera kuri 400 bakora ahantu hatandukanye; bazahurira mu giterane ngarukamwaka cy’iminsi itatu kizatangira ku wa 1 Nyakanga 2016 kuri Sport View Hotel.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko muri iki gihe izuba ryabaye ryinshi bitabaje uburyo bwo kuhira imyaka ngo barengere umusaruro.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda burahamya ko icyumweru cy’ibikorwa bya Gisirikare kizwi nka “Army week” kiri gukemura ibibazo by’ubuke bw’abaganga bagaragaraga mu Karere ka Bugesera.
Isosiyete ikora imihanda “China Road and Bridge Corporation” irashinjwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke kutubahiriza inshingano mu ikorwa ry’umuhanda wa Kivu Belt.
Ministeri y’Ubuzima (MINISANTE) iravuga ko Abanyarwanda barenga 21% bafite umubyibuho ukabije, kandi abenshi ngo ntibazi ko byabaviramo ingaruka zirimo impfu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba Abanyarwanda kugira umuco wo kwipimisha nubwo baba batarwaye mu rwego rwo kwirinda indwara zitandura kuko zica iyo zivujwe bitinze.
Mukamitari Adrien wari wubatse inzu ku nkengero z’ikivu cya Kivu agahagarikwa agasaba perezida Kagame kurenganurwa yatangiye ibikorwa byo kwisenyera.
Abageze mu zabukuru bo mu Karere ka Ruhango baragira inama abakiri bato bashakana ubu, kutita ku mitungo ahubwo bagaha agaciro urukundo kuko ari rwo rwubaka kurenza imitungo.
Abaturage bo mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubuyobozi butorohera abavuganye n’itangazamakuru bakagaragaza ibibazo byabo.
Itorero Methodiste Libre rivuga ko ryicuza kuba hari abarigize biciye ababahungiyeho mu nsengero zaryo, ubwo Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994.
Abaturage b’Umudugudu w’Iterambere mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bamurikiwe amazi meza azabarinda aya Nyabarongo ngo yabatezaga indwara.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwari Alphonse, avuga ko Abanyarwanda ari nk’urupapuro rumwe, bagomba gufatanye muri byose mu kwiyubakira igihugu.
Ingabo z’Igihugu zikorera mu Karere ka Kirehe zashyikirije inzu zubakiye umupfakazi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bunamuremera inka.
Uruganda rw’amashanyarazi rwa Rusizi II rugiye kuvugururwa rukemure ikibazo cy’ibura ry’amasharazi rya hato na hato mu karere k’Ibiyaga Bigari.