Abaturage bo mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abaturage biyahura gikomeje kwiyongera kuko muri aya mezi abiri ngo hamaze kwiyahura abagabo bane.
Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, kuri uyu wa 25 Kamena 2015 yemeje ingengo y’imari ya 2015-2016 ingana na miliyari 15 na miliyoni 854, miliyari 7 na hafi miliyoni 380 zingana na 46.6% by’ingengo y’imari yose akaba yagenewe ibikorwa by’iterambere ry’akarere.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bamaganye Ubwongereza kubera guta muri yombi Lt Gen Karenzi Karake basaba ibihugu by’Uburayi ahubwo guta muri yombi abakoze Jenoside bicumbikiye aho guta umwanya ku birego by’umucamanze wo muri Espagne ukingira ikibaba nkana abagize uruhare muri Jenoside agashinja abayihagaritse.
Abafundi bubatse amashuri mu 2012 ntibishyurwe barashinja ubuyobozi bw’umurenge kubasinyisha igihe bagiye gusurwa n’abayobozi bakuru b’igihugu, bababeshya ko amafaranga yabonetse ariko bahava ntibagire n’ifaranga babishyura mu birarane byabo.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC North) bavuga ko bashyize imbaraga mu gusura inzibutso hirya no hino mu gihugu, kuko bibafasha kugira uburakari buhagije bwo kwanga ikibi no gutegura ejo heza.
Abatuye mu murenge wa Ngarama wo mu karere ka Gatsibo wakundaga kugaragaramo abana bafite ibibazo by’imirire mibi, batangaza ko iki kibazo cyagabanutse kuva aho batangiye kwitabira gahunda y’igikoni cy’umwana kuko byabafashije kurwanya imirire mibi.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Mujyi wa Muhanga baramagana agasuzuguro k’amahanga akomeje gupyinagaza Umugabane wa Afrika by’umwihariko u Rwanda.
Pasiteri Rutikanga Gabriel wari mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze mu w’i 1997 igihe Abanya-Espagne batatu bicwaga avuga ko nta perereza ryakozwe ngo hamenyekane ababishe, kubishinja abasirikare bakuru b’u Rwanda barimo Lt. Gen. Karenzi Karake ngo bikaba ari agasuzuguro k’Abazungu.
Imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, irangajwe imbere na IBUKA, AERG, GAERG, AVEGA yakoze urugendo rwo kunamira inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 inakora urugeno rwo kwamagana ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake.
Urukiko rwa Westminster mu Bwongereza, ku mugoroba wo kuri uyu wa 25 Kamena 2015 nyuma y’impaka nyinshi cyane rwarekuye Lt Gen Karenzi Karake ariko rutegeka ko atanga miliyoni amapawundi, ni ukuvuga abarirwa muri miliyari y’amafaranga y’u Rwanda y’ingwate kugira ngo ajye yitaba urukiko.
Kuri uyu wa 25 Kamena 2015 mu turere twose tw’Intara y’Iburengerazuba abaturage biriwe mu bikorwa byo kwamagana ifatwa rya Lt Gen Emmanuel Karenzi Karake bavuga ko bafata nk’agasuzuguro ibihugu bikize bikorera ibihugu by’Afurika.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame atangaza ko ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake mu Bwongereza, “ari urubanza ruzatuma abanyarwanda bigenera uko bashaka kubaho.”
Abaturage batuye mu murenge wa Ruvune wo mu karere ka Gicumbi barasabwa kwagura ubucuruzi bwabo, nyuma yo kugira amahirwe yo kubakirwa isoko rishya rya Kijyambere.
Abaturage b’utugari twa Nyagatare, Barija na Nsheke tumwe mu tugize umurenge wa Nyagatare, bazindukiye mu gikorwa cyo kwamagana Leta y’ubwongereza banayisaba kurekura byihutirwa Lt. Gen. Karenzi Karake wafatiwe mu Bwongereza.
Mu Kiyaga cya Cyohoha y’Epfo kiri mu Murenge wa Ruhuha mu Karere ka Bugesera hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Sentwari Emmanuel bikekwa ko yaba yiyahuye.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Ayirwanda Jean Baptiste nyuma yo gufatwa aha umupolisi ruswa y’ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda ngo afunguze umugore we.
Urukiko Rwisumbuye rwa Bubavu, kuri uyu wa 25 Kamena 2015, rwagize uwari Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Bahame Hassan, ku cyaha cy’ubufatangacyaha mu kwaka no kwakira ruswa, naho uwari Noteri w’Akarere, Kayitesi Judith, bari bari bafunganwe rumukatira igifungo cy’imyaka ine.
Imbaga y’abaturage basaga 5000 bo mu Karere ka Kayonza kuri uyu wa 25 Kamena 2015 bazindukiye mu rugendo rwo kwamagana itabwa muri yombi rya Lt Gen Karenzi Karake wafatiwe mu gihugu cy’ubwongereza ndetse bavuga ko batazahwema kwamagana agasuzuguro k’Ubwongereza kugeza bamurekuye.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru abakinnyi 54 baturutse mu makipe yose agize ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda araba ahatana muri Shampiyona y’igihugu y’umukino w’amagare .
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame aratangaza ko amahanga atera inkunga u Rwanda adakwiye kuzikoresha nk’urwitwazo rwo kurukandamiza, kuko u Rwanda rutazemera kugurana agaciro k’Abanyarwanda nazo.
Abaturage b’Akarere ka Rwamagana babarirwa mu bihumbi 10 baramukiye mu myigaragambyo yo kwamagana itabwa muri yombi rya Lt. Gen. Karenzi Karake, basaba ko u Bwongereza bwamurekura vuba na bwangu.
Mu karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jenda habereye impanuka y’ikamyo yataye umuhanda ikagonga inzu, bigateza inkongi y’umuriro yaguyemo abantu babiri bahiriye muri iyo nzu.
Nyuma y’uko imbaga y’Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye ejo ku wa 24 Kamena 2015 bigaragambirije kuri Ambasade y’Ubwongereza bagaya icyemezo cy’Ubwongereza cyo guta muri yombi Lt Gen Karake Karenzi bagasaba ko arekurwa, mu Rwanda hose kuri uyu wa 26 Kamena 2015 baramukiye mu myigaragambyo yo gusaba Ubwongereza kumurekura.
Bamwe mu bana biga mu kigo kigisha abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga giherereye mu kagari ka Ngoma, Umurenge wa Ngoma ho mu Karere ka Huye, barasaba ko ururimi rw’amarenga bakoresha rwakwigishwa abantu bose, baba abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ndetse n’abatabufite.
Minisitiri ushinzwe ubuhinzi muri Kivu y’Amajyaruguru Carly Nzanzu Kasivita arasaba abayobozi bakora ku mipaka kuba maso, bagakumira buri muzigo urimo inyama z’inkoko zivuye muri Turukiya zanduye ibicurane by’ibiguruka.
Umuryango w’umugabo n’umugore bo mu Karere ka Musanze bamaze imyaka 20 bafatanya umunsi ku wundi akazi ko gucuruza ibitebo n’imitiba kugira ngo babashe kubona amafaranga atunga umuryango wabo.
Urwunge rw’Amashuri rya Nyakarambi kuri uyu wa 24 Kamena 2015 rwibutse inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 baremera n’abatishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John avuga ko ako karere gafite umushinga wo gutunganya inyama, akarere kakaba kari gushaka abashoramari bazawushoramo imari.
Ikigo gishinzwe Ingufu mu Rwanda, REG, hamwe n’Umuryango w’Ubukungu mu Bihugu by’Ibiyaga Bigari(CEPGL), bagiranye amasezerano yo gushyiraho amategeko agenga ubucukuzi bwa gazi metane iri mu Kiyaga cya Kivu, akaba agomba kubahirizwa ku mpande zombi, u Rwanda na Kongo bisangiye icyo kiyaga.
Itsinda ry’abahanzi babiri bo muri Uganda, Radio na Weasel, bazataramira Abanyarwanda mu bitaramo byiswe “Kwibohora Concert.”
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga Ibidukikije(REMA), gikomeje gusaba abahinzi kudashaka umusaruro mwinshi hakoreshejwe uburyo bwangiza ibidukikije, mu rwego rwo kurengera umutungo kamere uzatunga Abanyarwanda bazabaho mu bihe bizaza.
Kuri uyu mugoroba tariki 24 Kamena 2015, Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma agira Dr Papias Musafiri Malimba, Minisitiri w’Uburezi asimbuye kuri uyu mwanya Prof. Silas Lwakabamba wari uwumazeho igihe kigera ku mwaka.
Bamwe mu bari bitabiriye imyigaragambyo yabereye kuri ambasade y’Abongeleza biyemeje gukomeza kwigaragambya kugeza igihe u Bwongeleza buzafatira icyemezo cyo kurekura Lt. Gen. Karenzi Karake wafatiwe i Londres muri wikendi ishize.
Ishyirahamwe ry’Abacukuzi b’Amabuye y’Agaciro mu Rwanda ( RMA: Rwanda Mining Association), kuri uyu wa 24 Kamena 2015 ryashyikirije inka 10 zitanga umukamo imiryango y’abacitse ku icumu itishoboye yo mu Karere ka Musanze mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Kamuhoza mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu baravuga ko bahangayikishijwe n’idarapo n’ibendera ryibwe mu ijoro tariki ya 22/6/2015, ku buryo ngo abaturage kuri uyu wa 24 Kamena 2015 biriwe mu bihuru bashakisha ngo barebe ko baribona.
Rumwe mu rubyiruko rwabashije kwihangira imirimo rurakangurura bagenzi barwo gushirika ubute bagakora ubushakashatsi ku byo abandi bakora, kugira ngo babashe kwihangira imirimo igamije udushya.
Abafite ubumuga biga mu ishuri ry’imyuga rya NDABUC,(New Dynamic Arts Business Center) riri mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma, baravuga ko kwiga umwuga byabakuye mu bwigunge bwo kubaho batega amaboko none ubu bakaba bagiye kwiteza imbere.
Nyuma y’aho mu kwezi kwa cumi 2014 abasifuzi bo mu Rwanda bishyuriwe ibirarane bari bafitiwe, kugeza kuri uyu munsi abasifuzi bo mu Rwanda bagiye kumara amezi arenga atandatu batarongera guhembwa amafaranga baba bagomba guhabwa kuri buri mukino
Kigali Serena Hotel, Hotel y’inyenyeri eshanu ifite amashami abiri mu Rwanda mu Mujyi wa Kigali no mu Mujyi wa Rubavu yahize andi mahoteli yo ku isi yose mu bijyanye no kunoza ibikorwa by’ubukerarugendo inabiherwa igihembo cyiswe ’’ The World Travel Awards’’.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mme Louise Mushikiwabo, aratangaza ko itabwa muri yombi rya General Emmanuel Karenzi Karake ari agasuzuguro kadakwiye kwihanganirwa.
Abantu barenga 1.000 baturutse hirya no hino mu mujyi wa Kigali bateraniye ku kicyaro cy’ambasade y’Abongeleza, bamagana ifatwa rya Lt. Gen. Karenzi Karake, uhagarariye Urwego rw’iperereza mu Rwanda.
Wibabara Fidele wo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze watahutse muri 2004 avuye mu mashyamba ya Kongo aho yari umurwanyi w’umutwe wa FDLR yiteje imbere abikesha ubumenyi ngo akomora ku bushake bwo gukora cyane.
Gahunda ya Gira inka yashyizweho igamije gukura abaturage mu bukene, yageze ku ntego aho mu ntara y’Amajyaruguru abaturage bagera ku 33.429 bashoboye kwikura mu bukene kuko babashije kubona ifumbire yo gushyira mu myaka yabo.
Kagiraneza Clement w’imyaka 22 y’amavuko, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano tariki ya 23/06/2015, akurikiranyweho gushimuta umwana w’aho yakoraga kugira ngo bazamwishyure amafaranga bari bamurimo ngo asaga miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.
Umukinnyi w’umunyarwanda usanzwe ukina nk’uwabigize umwuga mu ikipe ya MTN Qhubeka aratangaza ko yiteguye kwegukana Shampiona y’igihugu mu mukino w’amagare izaba mu mpera z’iki cyumweru
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yamaze kwemeza ingengo y’imari izakoreshwa muri ako karere mu mwaka wa 2015/2016, aho 35% by’iyi ngengo y’imari bizakoreshwa mu bikorwa by’iterambere.