Perezida wa Repubulika Paul Kagame yerekeje muri Maroc ku butumire bw’umwami w’iki gihugu Mohammed VI, mu ruzinduko rugamije kwagura ubucuti hagati y’ibihugu byombi.
Imibiri isaga ibihumbi 20 yavanywe hirya no hino mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, yashyinguwe mu cyubahiro.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi muri Gisagara babangamiwe no kudahererwa imiti ku mavuriro, bakoherezwa kuyigurira hanze kandi bafite mituweli.
Abari abakozi ba Perefegitura zahinduwemo Intara y’Amajyepfo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bubukiwe i Nyanza ku cyicaro cy’Intara.
Bamwe mu batujwe mu Mudugudu wa Bumbogo mu Murenge wa Bumbogo muri Gasabo ngo bababazwa no kudacana umuriro w’amashanyarazi nk’abandi.
Abanyamuryango ba FPR - Inkotanyi bo mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa guharanira icyateza imbere abaturage bo muri iyi ntara kuko ikigaragara ku isonga mu zifite abakene benshi.
Umubyeyi witwa Mbabazi Liliane utuye mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, arashimira Abanyarwanda n’abandi bose bamuhaye ubufasha butandukanye, akabasha kuvuza umwana we mu Buhinde.
Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa Ruyenzi - Nkoto - Gihara mu Karere ka Kamonyi, urimo gukorwa na VUP, barataka ikibazo cy’ivumbi ryabaye ryinshi kubera ibitaka bavuga ko bidakomeye biwumenwamo.
Abapolisi bakuru 31 bo mu bihugu 10 bya Afurika biga iby’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri i Musanze, basoje urugendoshuri rw’icyumweru bagiriraga mu gihugu cya Etiyopiya.
Karinda Venuste utuye Umurenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, aravuga ko gukoresha Bigaz byatumye agabanya amafaranga yatangaga ku nkwi ndetse bituma atanga akazi ku baturanyi be.
Abikorera bo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bagiye kwishyira hamwe kugira ngo bubake umujyi w’ako karere, bagendeye ku gishushanyo mbonera.
Abaturage bivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Muganza kiri mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, baravuga ko bashimishijwe n’uko cyaguwe bakaba batakibyiganira ku bitanda nk’uko byahoze.
Abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagiye kwishakamo ibisubizo by’ibibazo basigiwe na Jenoside, by’umwihariko bagafasha abakecuru b’incike.
Umuryango Dukundane Family w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahujwe no kwiga muri College Saint André(Kigali), urasaba amazina y’abajugunywe mu mazi.
Mu mukino wa gicuti wo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, Amavubi atarengeje 20 yanganyije na Maroc 1-1
Mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurinda Umwana Imirimo Mibi n’uw’Umwana w’Umunyafurika, ababyeyi bibukijwe ko kurera neza abana bakabitaho baba barimo kwiteganyiriza.
Ibuka isanga abantu bazwi kandi bakunzwe cyane mu buhanzi ndetse no mu mikino (Stars), bakwiye kujya bifashishwa mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) ryubakiye inzu umukecuru warokotse Jenoside utishoboye, nyuma y’uko iyo yabagamo yari igiye kumugwaho.
Butera Knowless ari mubyishimo byo kwaguka kwa muzika kuko ari we muhanzi nyarwanda rukumbi ku rutonde rw’abahatanira ibihembo muri Nijeriya.
Umusore w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza akurikiranweho gufata ku ngufu nyina umubyara akamusambanya.
Nsabibana Jean Damasce, ku mugoroba wo ku wa 17 Kamena 2016 yatawe muri yombi akekwaho urupfu rwa Mugabo Theoneste wo mu Karere ka Gicumbi wishwe atemwe ijosi.
Mu kwibuka abana n’abagore bazize Jenoside, ababyeyi basabwe kwirinda gutoza abana ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ari yo yoretse u Rwanda.
Bamwe mu nshike zarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, babaga mu nzu zangiritse basaniwe amazu n’abakozi b’ibitaro bya Kigeme muri Nyamagabe.
Abarokokeye Jenoside kuri St Paul bababazwa no kutamenya aho abo bari basangiye ikibazo biciwe mu kibuga cya Ste Famille bajugunywe.
Abantu 18 bo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze barwariye ku Kigo Nderabuzima cya Rwaza nyuma yo kunywa ikigage, bikekwa ko gihumanye.
Kayisire Jean de Dieu, umwana w’imyaka 16 watanze ubuhamya mu munsi w’Umwana w’Umunyafurika mu rwego rw’Akarere ka Kirehe, tariki 16 Kamena 2016, yavuze ko yatotejwe n’ababyeyi be, agera aho abatoroka ajya kuba mu muhanda.
Mu Kagari ka Nyagahinga, mu Murenge wa Cyanika ho mu Karere ka Burera, hatoraguwe uruhinja rwapfuye, ariko ntabashobora kumenya uwaruhataye.
Umusore w’imyaka 40 y’amavuko witwa Mugabo Theoneste wo mu Karere ka Gicumbi yishwe atemwe ijosi n’abantu bataramenyekana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buraburira abahawe amafaranga y’inguzanyo ya VUP ariko banze kuyagarura, ko hafashwe ingamba zo kubishyuza vuba na bwangu.
Ikipe ya Rwamagana na Musanze zamaze gusezera mu mikino y’igikombe cy’Amahoro igeze muri 1/16, kubera amikoro adahagije kuri ayo makipe
Umuryango w’Abafatanyabikorwa mu by’Ubuzima (Partners In Health) uratangaza ko gukora inkera y’imihigo mu rwego rw’ubuvuzi biruteza imbere kuko habaho kwisuzuma no guhiganwa.
Umugabo witwa Numviyumukiza Emmanuel w’i Kirehe, yatawe muri yombi ashinjwa urupfu rw’umugabo witwa Dukuzumuremyi JMV barwanye agapfa nyuma y’iminsi ibiri.
Imiryango 40 ikennye mu Karere ka Ngoma yorojwe inka ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, kugira ngo abana bayirimo babashe kubaho neza.
Ababyeyi bo mu Karere ka Karongi barasabwa kurinda abana babo imirimo ivunanye bitwaje ko na bo bayikoraga mu gihe cyabo.
Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Nyanza basabwe gutanga 3.000Frw yiswe aya “Mitiweri y’amatungo” bavuga ko batigeze bazihabwa, ntibanamenya irengero ryazo.
Ubushakashatsi bw’ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusabane bugamije amahoro (IRDP) bugaragaza ko inkomoko y’amakimbirane yo mu miryango kenshi ihera mbere y’urushako.
Umuryango Imbuto Foundation urahamagarira urubyiruko mu Karere ka Ruhango cyane cyane urw’abakobwa kwirinda ibishuko bahura na byo akenshi bibakururira inda z’imburagihe.
Umusore w’umukarani bakunze kwita KGL wo mu Karere ka Ruhango yagurishije isambu amafaranga yose ayajyana mu “kiryabarezi” kiyamumazeho ararakara arakimenagura.
Minisiteri y’Umutekano (MININTER) ivuga ko kugira ngo ugire abaturage beza bafitiye igihugu akamaro ubategura bakiri abana.
Umuryango mpuzamahanga Mastercard Foundation mu nama y’ubuyobozi wakoreye mu Rwanda, wemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame gukomeza guteza imbere u Rwanda.
Umuhanzi Saidi braza wamenyekanye mu Rwanda no mu Burundi, yagiye kugororerwa Iwawa, kugira ngo avurwe ibiyobyabwenge byari byaramubase imyaka 12.
Umusore wamenyaniye n’umukobwa wo mu Karere ka Nyagatare kuri telefoni ntiyabonetse ku munsi wo gufata irembo kandi bamwiteguye.
Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Nkosazana Dlamini Zuma yasuzumye aho u Rwanda rugeze rwitegura inama y’abakuru b’ibihugu bya Afurika izabera i Kigali mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.
Abaturage batuye imirenge ya Musebeya na Buruhukiro muri Nyamagabe batunguwe n’umusaruro wavuye mu materasi y’indinganire, nyamara barayahinze batabishaka.
Ikigo cy’Abanyakoreya y’Epfo cy’Iterambere (KOICA) cyeguriye IPRC Kigali ikigo gikorerwamo ubucuruzi n’amahugurwa kitwa RZ Manna gifite agaciro k’ibihumbi 900$ bingana na miliyoni 702,4Frw.
Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro ari kimwe mu bizafasha mu gushimangira umuco wo gukoresha ibikorerwa mu Rwanda.