Ku myaka 27, Shakila Uwineza yamaze gushinga uruganda rutunganya urusenda acuruza mu Rwanda, anatekereza kuzajya acuruza hanze yarwo. Byatumye ahindura imyumvire ku buryo atagitekereza gukizwa no kujya gutura mu mahanga, ahubwo no kujyanayo ibicuruzwa bye.
Abo bantu uko ari 27 bakekwaho ubujura bw’amatungo, barimo abafatanwe inka, ihene, intama ndetse n’inkwavu, bakaba bafatiwe mu turere tugize Intara y’Amayaruguru, muri gahunda yateguwe na Polisi y’u Rwanda yo kurwanya ubujura bw’amatungo, byakozwe hagati y’itariki 10 na 14 Werurwe 2025.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika yirukanye Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri icyo gihugu, Ebrahim Rasool, imushinja kuba umunyapolitiki ugira amacakubiri, wanga Amerika na Perezida Donald Trump.
Phiona Nyamutoro, umugore w’umuhanzi Eddy Kenzo, yahishuye uko yahuye bwa mbere n’uyu muhanzi nyuma y’uko amusabye ko babonana, amubwira ko hari umushinga ashaka ko bakorana, nyuma uyu mugore akisanga ari we mushinga.
Ku wa Gatanu tariki 14 Werurwe 2025, ikipe ya APR FC yakomeje kwibazwaho cyane nyuma yo kunganya na Gasogi United 0-0 kuri Kigali Pelé Stadium, ikananirwa gufata umwanya wa mbere.
Bimaze kumenyerwa ko ibikorwa bihuriweho n’inzego z’umutekano bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ari ngarukamwaka, aho Ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe na Polisi y’Igihugu bafatanya gukora ibikorwa bitandukanye biteza imbere abaturage.
Umuvunyi Mukuru Nirere Madeleine ku ishusho ya Ruswa mu Rwanda n’ingamba zo kuyikumira kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe, yagaragaje ko bimwe mu byakozwe harimo kugaruza amafaranga asaga Miliyari 14 akomoka ku byaha.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze Uzbekistan isoza iyoboye itsinda mu gikombe mpuzamigabane kiri kubera muri Kosovo
Perezida wa Sena y’u Rwanda Dr. François Xavier Kalinda, yagaragaje ruswa nk’ikibazo cy’ingutu gikomeje kubangamira iterambere ry’Igihugu, bigatuma ubukungu bwacyo butazamuka ku kigero gishimishije, cyane ko ngo inakuraho icyizere abaturage bagirira inzego zibayobora.
Perezida w’urukiko rw’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba (EACJ) Hon. Justice Nestor Kayobera, yagaragaje ko u Rwanda rufite umwihariko ndetse rwababereye intangarugero nyuma y’uko ubwo batumiraga abacamanza n’abandi ngo bazitabire imirimo yarwo imaze ukwezi muri Kigali bitabiriye ijana ku ijana.
Muri Kenya, mu muhanda wa Thika, ushinzwe kwishyuza muri bisi (Komvuwayeri) ya kompanyi ya Super Metro, yasunitse umugenzi witwa Gilbert Thuo Kimani, amusohora mu modoka kandi irimo igenda ku muvuduko mwinshi, agwa mu muhanda ahita apfa.
Umuyobozi wa Gisirikare w’Umutwe wa M23, General Sultan Makenga, yashimangiye ko intambara barwana ntaho ihuriye n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro nk’uko babishinjwa, ahubwo ko barwanira impamvu yumvikana.
Babyeyi, Banyarwanda, Banyarwandakazi, saa 03h57 z’igitondo nari maze akanya mu buriri nabuze ibitotsi, ndabyuka nicara muri salon, ndavuga nti reka nandike ibimbabaje.
Ku munsi wa mbere w’igikombe mpuzamigabane (IHF Trophy/Intercontinental Phase) kiri kubera muri Kosovo, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze umukino wa mbere
Umuhanzi Ariel Wayz yashimye abantu bose bamufashije mu rugendo rwo gukabya inzozi ze, akabasha gusohora album ye ya mbere.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda, Ngarambe Raphaël, yavuze ko impamvu yo kudakoresha ikoranabuhanga mu misifurire mu mwaka w’imikino 2024-2025, ari uko amakipe yose atashoboye gutanga umusanzu wasabwaga ariko yizera ko ryazakoreshwa mu 2025-2026.
Inama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa SADC, yemeje bidasubirwaho guhagarika ubutumwa bwa SAMIDRC, no gutangira gucyura mu byiciro Ingabo z’uyu muryango ziri muri DRC.
Abashakashatsi bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi n’Ubuvuzi bw’Amatungo (UR-CAVM), na bamwe mu bakozi bo mu bigo bifite aho bihuriye no guteza imbere gahunda yo kugaburira abana ku mashuri, basanga igihe kigeze ngo ibigo by’amashuri bitere intambwe ikwiye mu kugaburira abana ibiribwa bikize ku ntungamubiri.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ryasabye ko hasubikwa igitaramo bivugwa cyateguwe kugira ngo hakusanywe inkunga izahabwa iri shami mu rwego rwo gufasha abana b’Abanye-Congo bagizweho ingaruka n’intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC.
Umuyobozi wa Gisirikare w’Umutwe wa M23 imaze iminsi yigaruriye umujyi wa Goma na Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, General Sultani Makenga yavuze ko Perezida wa Congo Felix Tshisekedi ari ibandi, umuyobozi utitaye ku bibazo by’abaturage.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, mu biganiro yagiranye n’Abadepite bari muri Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, yababwiye ko u Rwanda rugiye gutangiza ikigo gitanga amasomo y’umutekano w’ikoranabuhanga cyitwa ‘Cyber Academy’.
Abadepite bari muri Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore ubwo baganiraga na Minsitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Patrice Mugenzi, ku bibazo biri muri raporo y’Ibikorwa by’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) by’umwaka wa 2023-2024, bamubajije ikirimo gukorwa ngo ibibazo biri mu (…)
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu rwanda (FRVB), ryamaze gushyira hanze ingengabihe y’imikino ya kamaparanka izwi nka (Playoffs).
Guhera kuri uyu wa Gatatu mu mujyi wa Pristina mu gihugu cya Kosovo, hari kubera irushanwa "IHF Trophy/Intercontinental Phase rihuza ibihugu bihagarariye imigabane yabyo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko ntawe ukwiye kuba yibaza impamvu u Rwanda rwashyizeho ingamba zarwo z’ubwirinzi, ku mupaka warwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), kuko ari uburenganzira bwarwo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Patrice Mugenzi, yabwiye Abadepite bagize bagize Komisiyo y’imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ko agiye gusaba inzego z’ibanze zikarushaho kwikita kuri servisi ziha abaturage.
Perezida Kagame yavuze ko gukorana na Perezida Felix Tshisekedi ari kimwe mu bintu yabonye bikomeye cyane.
Muri Argentine, mu Murwa mukuru Buenos, hatangijwe urubanza rw’abaganga bavuraga nyakwigendera Diego Maradona, wabaye umukinnyi w’ikirangirire mu mupira w’amaguru.
Perezida Kagame yemeje ko umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR uherutse gutaha mu Rwanda ari we wishe nyirasenge, Umwamikazi wa nyuma w’u Rwanda Rosalie Gicanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuva kuri Kabila(Père) kugera kuri Félix Tshisekedi wa none bamenye neza kandi basobanukirwa akarengane k’Abanyekongo b’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, ariko ntibagikemura. Perezida Congo ifite ubu we, ngo bigaragara ko afite (…)
Perezida Paul Kagame yagarutse ku mateka y’ibibazo byo mu karere u Rwanda rurimo kuva mu 1994, aho imiryango mpuzamahanga itanga imfashanyo yakomeje kugaragaza ko itishimira ko impunzi zitaha, kuko bazikuramo amaronko.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr Uwamariya Valentine, yavuze ko ibinyabutabire byose biri hirya no hino mu bigo by’amashuri ndetse no muri za Laboratwari, bazafatanya na REMA bakabikuraho, kugira ngo bitazateza ingaruka ku buzima bw’abantu.
Musanze ni kamwe mu turere twakomeje kugaragara mu kibazo cy’igwingira ry’abana ku rwego ruri hejuru, n’ubwo gafatwa nk’ikigega cy’ibiribwa bitandukanye kubera ubutaka bwera n’ikirere kiberanye n’ubuhinzi.
Ababyeyi n’abayobozi mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko ibiribwa byujuje intungamubiri bahawe n’umushinga SAIP birimo kurwanya imirire mibi mu bana, aho umwana ngo atangira gukurikiranwa kuva akiri mu nda y’umubyeyi we, kugeza arengeje imyaka itanu y’amavuko.
Imiryango myinshi, cyane cyane iyo mu cyaro yakuze imenyereye kurya inyama umunsi umwe cyangwa ibiri; kuri Noheli no ku Bunani, hakiyongeraho wenda umunsi umwe cyangwa ibiri barya inyama kuko “bagize amahirwe” inka y’umuturanyi ikavunika, bakayirya.
Rodrigo Duterte wabaye Perezida wa Philippines guhera mu 2016-2022, yatawe muri yombi ku kibuga cy’indege cya Manille, hashingiwe ku mpapuro zo kumufata zatanzwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), kubera ibyaha byibasiye inyoko umuntu akurikiranyweho.
Muri Tanzania, Urukiko rukuru rwa Musoma rwahanishije igihano cyo kwicwa, umugabo witwa Wangoko Matienyi utuye ahitwa Mkengwa mu Ntara ya Tarime, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umupolisi witwaga Fred Obunga.
Umuhanzi Patient Bizimana wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gusubukura ibitaramo ngarukamwaka bya Pasika (Easter Celebration) ahereye muri Canada.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko amakimbirane akomeje kubera muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (DRC) atatangijwe n’u Rwanda, kandi ko rutazemera kwikorera umutwaro w’imiyoborere mibi, ndetse n’ibibazo by’umutekano muke by’icyo Gihugu.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Uwamariya Valentine, mu biganiro yagiranye n’Abadepite bagize Komisiyo y’imiyoborere, ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, ku wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025, yavuze ko ikiguzi cya Gaz kiri hejuru kikiri imbogamizi ku kubungabunga ibidukikije.
Ubuyobozi bw’Umuryango Imbuto Foundation, burasaba urubyiruko by’umwihariko abanyuze muri iAccelerator, gushaka ibisubizo birambye ku bibazo bicyugarije imibereho myiza y’abaturage, bakora imishinga ishobora kugira impinduka nziza ku buzima bwabo, bityo bakanaziba icyuho cy’inkunga zimwe na zimwe zavaga mu muhanga.
Abagore bacu, bashiki bacu, ndetse n’abo dukorana cyangwa tujyana ku kazi, dusengana, twigana mukomeze kugira ibihe byiza mwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore.
Ku Cyumweru tariki 9 Werurwe 2025, mu rwunge rw’amashuri rya Butare (Groupe Scholaire Officiel de Butare) hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel, aho amakipe ya APR VC mu bagore na Gisagara VC mu cyiciro cy’abagabo, aribo begukanye ibikombe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’ibitaro bya Kabgayi, baratangaza ko bitarenze amezi abiri, haraba harangijwe imirimo yo gushyiramo icyuma kigezweho mu gupima indwara mu mubiri (Scanner), mu rwego rwo gufasha ababigana kubona serivisi zisumbuyeho.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yakiriye Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 20, wabereye kuri Stade Amahoro banganya 0-0 ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
Nubwo nta wifuza kurwara cyangwa se ngo abyifurize uwe, ariko ni ibintu na none bidashobora gukumirwa, kuko uburwayi bushobora gufata uwo bushatse, igihe bushakiye, nubwo yaba yaragerageje kwirinda.
Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid, yatawe muri yombi n’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Immigration and Customs Enforcement/ICE).