Rusizi: Umusore yakomerekejwe azira gukekwaho kwiba imifuka 2 y’umuceri

Ngendahayo Pascal w’imyaka 24 wo mu murenge wa Kamembe akagari ka Ruganda yarakubiswe arakomereka ku munwa tariki 29/09/2012 azira gukekwaho kwiba imifuka ibiri y’umuceri.

Abo basore bakubise mugenzi ntibigeze bamufata yiba ahubwo bagendeye ku mabwire baza kumukura aho acumbitse bagenda bamukubita. Ngendahayo avuga ko bamuhohoteye kuko atariwe wimbye iyo miceri.

Yakomerekejwe ku munwa.
Yakomerekejwe ku munwa.

Frederic Nizeyimana na mugenzi we Emmanuel Bizimungu bakubise Ngendahayo ntibava kw’izima bemeza ko ariwe wabibye kuko ngo n’ubusanzwe nta mujura upfa kwemera icyaha akaba ariyo mpamvu bamukubise.

Abo basore bakubise mugenzi wabo bahise bajyanwa imbere y’inzego z’umutekano kugira ngo hamenyekane ukuri.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka