Ubuyobozi bw’ikigo cy’amashuri cya Bisagara, mu murenge wa Mushikiri muri Kirehe bwemeza ko ubucucike mu mashuri ari imbogamizi ku ireme ry’uburezi.
Abanyeshuri biga amashuri yisumbuye muri “ Glory Secondary School” batangije umushinga wo gufasha abatishoboye bahereye ku baturiye ikigo cyabo.
Abiga ku mashuri abanza ya Nyarubara muri Musanze, ntibagifite impungenge z’inyubako zishaje bigiragamo, kuko bubakiwe amashuri n’abanyarwanda baba mu Budage.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko itazihanganira abarezi bahanisha abana bakosheje kubirukana kuko ari ukubavutsa uburenganzira bwabo bwo kwiga.
Laboratwari y’ubwubatsi IPRC-South yubakiwe igiye gufasha abanyeshuri kongera ubumenyi bajyaga gushakira ahandi, kubera kutayigira, ininjirize iki kigo amafaranga.
Kabarira Vincent wigisha mu rwunge rw’amashuri rwa Rutonde, mu karere ka Rwamagana yagabiwe inka nk’igihembo cy’umwarimu wahize abandi.
Abantu 60 bize mu ishuri ryigisha gutunganya imisatsi n’inzara bahawe impamyabushobozi bishimira ko badashobora kuzajya mu bushomeri.
Urubyiruko rwiga ubumenyingiro muri VTC Ntendezi, mu Karere ka Nyamasheke, ruvuga ko kutagira ibikoresho bihagije bituma batanoza ibyo bakora.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri muri Karongi bavuga ko gahunda yo kunywa igikoma ku ishuri yatumye bamwe mu bana bataye ishuri barisubiramo.
Ubugenzuzi bwakozwe mu Karere ka Ngororero bugaragaza ko abana 2992 bataye ishuli batararisubiramo kugeza ubu kandi bakoreshwa imirimo ivunanye.
Umuyobozi w’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR/Huye) avuga ko umunyeshuri uzafatwa yita abatangizi izina ribatesha agaciro azabihanirwa.
Perezida w’Inama y’Amatorero y’Abaporotestanti mu Rwanda, Musenyeri Alex Birindabagabo asaba abayobozi b’amashuri kwakira agakiza, kugira ngo batange uburezi bufite ireme.
Abaturage bo mu kagari ka Rwambogo, umurenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana bata ishuri kubera kwigira kure.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba ababyeyi bamwe batuzuza inshingano zabo, ari kimwe mu bituma abana bata amashuri.
Abana bo mu karere ka Nyamasheke bata ishuri bakajya gushaka akazi ko kuroba mu kivu, bavuga ko babiterwa n’ubukene bw’imiryango.
Kaminuza y’Ikoranabuhanga ya Rushmore (RUT Ltd) yo mu Birwa bya Maurice, igiye gushora miliyari 4.8Frw zo kwigisha ubumenyingiro mu Rwanda.
Kaminuza 12 zo mu Birwa bya Maurice, zizaza gukangurira abanyeshuri bo mu Rwanda kuzigana.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri y’imyuga mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko bagihura n’ikibazo cy’amazi adahagije, bikabangamira amasomo yabo.
Amarerero rusange afasha ababyeyi gukora imirimo y’urugo badahangayikiye abana, kuko baba bafitiye icyizere uburere bari buhabwe n’abandi babyeyi baba babasigaranye.
Bamwe mu bana bo Mudugudu w’Icyitegererezo mu Murenge wa Rweru mu Bugesera watujwemo abimuwe mu birwa bya Mazane na Sharita ntibarasubira ku ishuri.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bavuga ko bashimishijwe n’uko ishuri ry’imyuga Perezida Kagame yabemereye rigiye kubakwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko mu banyeshuri 4278 bari bataye ishuri mu myaka y’amashuri ya 2015 na 2016, hakiri 827 batarabasha kurisubizwamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasabwa imbaraga zidasanzwe mu mashuri y’incuke kugira ngo umwaka wa 20016-2017 usige bageze ku kigereranyo cyifuzwa ku mubare wayo.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri rwa Muhoza ya II mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe no kwirukanirwa amafaranga y’agahimbazamutsi ka mwarimu.
Abanyeshuri 10 b’Abanyarwanda bahawe amahirwe yo kujya kwiga muri kaminuza zo mu Buyapani babwiwe ko bitezweho kuzagarukana udushya mu ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yavuze ko mu Rwanda hagiye gutangira Ishuri Mpuzamahanga ry’Ubugenge rikaba ryitezweho kuzamua ireme ry’uburezi kuko rizibanda cyane ku bushakashatsi.
Abaturage baturiye parike y’igihugu ya Nyungwe bavuga ko ubujiji ari imwe mu ntwaro zatumaga bangiza ishyamba n’urusobe rw’ibinyabuzima bigize ishyamba rya Nyungwe.
Rujara Pierre nyuma yo kwiga amashuri yisumbuye akuze asekwa na benshi,arishimira ko yabonye buruse yo kwiga kaminuza.
Abana mu nkambi ya Mahama bemeza ko ururimi rw’Icyongereza ruri mu bituma bamwe bava mu ishuri kuko iwabo i Burundi bari bamenyereye kwiga mu rurimi rw’Igifaransa.