Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Kiboga buvuga ko mu bana 100 baharangiza, 70 gusa aribo bakomeza mu yisumbuye nabo ntibayarangize bose kuko baba bajya kwiga kure.
Ishuri ry’abakobwa rya Gashora Girls Academy ryihariye ibihembo mu biganiro mpaka byari bihuje abanyeshuri byaberaga muri Uganda.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yizeje Kaminuza y’u Rwanda inkunga ya Guverinoma kugira ngo ireme ry’uburezi rigerweho mu mashuri yose mu Rwanda.
Abanyeshuri bigaga mu mashami atanu yari yarahagaritswe muri INES –Ruhengeri bagarutse kwiga nyuma y’uko ayo mashami yose yongeye gufungurwa.
Ubushakashatsi bw’Umuryango "Save the Children" ukorera mu Rwanda, bugaragaza ko abana 13% basoza amashuri abanza batazi gusoma ikinyarwanda.
Abayobozi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo barahamagarira ababyeyi n’abarezi kwita ku burere bw’abana kugira ngo boye gukomeza guta ishuri.
Ababyeyi bo mu Karere ka Bugesera baravuga ko nta mashuri y’incuke ahagije bafite bigatuma babura aho bajyana abana babo.
Uburyo bushya bwo kwigisha abanyeshuri bo mu mashuri abanza hakoreshejwe indirimbo bwiswe ‘World Voice’ ngo buzabafasha gutsinda neza kuko butuma bafata vuba amasomo.
Ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri byo muri Kamonyi bituriye ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro butangaza ko abana bakomeje guta ishuri bakajya gushaka amafaranga muri ibyo birombe.
Inama nkuru y’uburezi mu Rwanda yatangaje ko yemereye ishuri rikuru rya INES Ruhengeri gufungura abiri mu mashami atanu yaryo yari yafunzwe.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amasomo y’Igihembwe cya Kabiri cy’Amashuri yisumbuye azatangira kuwa Kabiri tariki ya 18 Mata 2017.
Senateri Makuza Bernard arahamagarira abana b’Abanyarwanda gukoresha amahirwe bashyiriweho n’igihugu baharanira kugera kure mu byo bateganya kuzageraho mu hazaza habo.
Ku wa Kane tariki ya 23 Werurwe 2017, Ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro riherereye mu Majyepfo IPRC SOUTH, ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 468 basoje amasomo y’imyaka itatu muri iri shuri.
Donatha Kankindi urangije amasomo muri IPRC South, yatunguwe no guhembwa kuzajya kwiga mu Budage nk’umukobwa wagize amanota meza kurusha abandi muri IPRC-South.
Minisiteri y’Uburezi yongeye gushimangira ko amashuri makuru na za kaminuza zahagaritswe n’izahagarikiwe zimwe muri progaramme zitarenganijwe.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Gitwe iherereye mu Ruhango bwakiriye ibaruwa ya Minisitiri w’uburezi isaba iyo kaminuza guhagarika ibikorwa byose byo mu ishami ry’ubuganga na Laboratwari.
Ubwo Kaminuza ya Kigali (UoK) yatangaga impamyabumenyi ku bayirangijemo hari bamwe bazibuze ku munota wa nyuma nyamara bari baje biteguye kuzitahana.
Abanyeshuri barangije muri Kaminuza y’amahoteri, ubukerarugendo n’ikoranabuhanga mu bucuruzi(UTB) bahawe impamyabushobozi kuri uyu wa 9 Werurwe 2017, basabwe kwimakaza umuco wo gutanga servisi nziza.
Mu bizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri wa 2016, abakobwa bongeye guhiga abahungu nk’uko byagenze mu mwaka wa 2015.
Abiga muri Christian University of Rwanda (CHUR) bavuga ko bakurikije gahunda ifite, bizeye kuyirangizamo baramaze kwihangira imirimo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko yashimishijwe n’imyigishirize ya Kaminuza ya gikirisitu ya Oklahoma(muri Amerika), ndetse n’inyuturano y’abayizemo.
Abarezi b’ibigo byo mu Karere ka Gicumbi, bituranye n’igice gihana imbibe na Uganda, bahura n’imbogamizi z’abana bakura bavuga Igikiga, bigatuma gutangira amashuri bibagora kuko akurikiza gahunda ya Minisiteri y’Uburezi kandi iri mu Kinyarwanda. Umva inkuru hano:
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahagaritse itegurwa ry’amarushanwa y’ubwiza mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye kugira ngo atabangamira imyigire y’abanyeshuri.
Abarezi barangije gutozwa mu itorero Indemyabigwi mu karere ka Rusizi baravuga ko bazaharanira kurandura ingengabitekerezo mu bigo by’amashuri bakorera.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Mukiza,mu murenge wa Mukindo akarere ka Gisagara buratangaza ko mu mwaka utaha nta shuri rizongera kurenza umubare w’abanyeshuri.
Urwego rw’umuvunyi ishami rishinzwe gukumira Ruswa, ruvuga ko Ruswa ishingiye ku gitsina mu mashuri igabanya ireme ry’uburezi.
Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yahaye impamyabumenyi abanyeshuri bangana na 2986 bakangurirwa kwihangira imirimo no kuzana ibishya ku isoko ry’umurimo.
Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri rivuga ko rigiye kwifashisha akadege katagira umupilote “Drone” mu bushakashatsi no kwigishirizaho abanyeshuri.
Umunyeshuri witwa Iradukunda Emmanuel wo mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, yakoreye ikizami cya leta cy’Icyongereza mu bitaro by’Ikigo Nderabuzima cya Mayange.