Abatuye mu Mudugudu wa Kabahushi mu Kagari ka Sakara mu Murenge wa Murama barasaba kwegerezwa amashuri kuko baterwa impungenge n’abana bato biga kure bazamuka imisozi.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, avuga ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) nta gitutu yashyizweho mu gutegura Referendumu kuko yigenga.
Imbwe mu miryango yo mu Karere ka Nyagatare, iracyafata ababana n’ubumuga nk’imburamumaro mu muryango, mu gihe bo bavuga ko bashoboye.
Icyicaro gikuru cy’Ishuri Rikuru ry’Afrika ry’Ubumenyi mu Mibare (AIMS), guhera mu mwaka utaha wa 2016, kigiye kwimurirwa mu Rwanda kivuye muri Afurika y’Epfo.
Umuryango Action Aid uvuga ko gahunda uri gufatanyamo n’Akarere ka Karongi ku ishyirwaho ry’amashuri y’incuke, izatuma abagore babohoka bagakora.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri nderabarezi (TTC) byahawe imodoka kutazikoresha mu nyungu zabo mu rwego rwo kuzifata neza.
Tuyisenge Odette umukobwa w’imyaka 21 nyuma yo kubyara mbere y’iminsi itatu ngo ibizamini bya Leta bitangire ashimishijwe no kwemererwa gukora ibizamini ifite uruhinja.
Umukobwa witwa Germaine Mukanyandwi wiga kuri G.S. Nyarunyinya, kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2015 yakoreye ibizamini bya Leta kuri Poste de Santé.
Umunyeshuri witwa Mukasekuru Charlotte ufite imyaka 30 yageze mu kigo cya College Amis des Enfants aho yagombaga gukorera ikizami cya Leta afatwa n’ibise ahita ajya kwa muganga arabyara, ariko akomeza gukora ibizamini.
Abanyeshuri 2668 nibo bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mashuri nderabarezi mu bigo 18 mu Rwanda.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Kiyokazu Ota yatashye inyubako y’ishuli rya Nyanza Peace Academy riherereye mu Karere ka Nyanza.
Ibyumba by’amashuri birimo kubakwa mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera ngo byitezweho kugabanya ubucucike bw’abana mu ishuri.
Mu gihe abanyeshuri bo mu Rwanda biteguye ibizamini bisoza amashuri abanza n’ibyiciro by’ayisumbuye, Intara y’Iburasirazuba yakajije ingamba zo guca “gukopera.”
Ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, ES Mutima, kuri uyu wa 25 Ukwakira 2015, ryishimiye ko ryatsindishije ku kigero cya 95% mu bizamini bya Leta.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kibumbwe, rufite icyizere cy’ejo hazaza heza, kuko rwabonye amashuri y’ubuntu kandi ruturuka mu miryango ikennye.
Kuri uyu wa 20 Ukwakira 2015, mu Karere ka Gatsibo habaye inama yiga ku buryo bwo kwita ku burezi bw’abana bafite ubumuga.
Nikuze Vestine wigisha ku ishuri ry’Urwunge rw’Amashuri rya Murama mu Murenge wa Musasa mu Akarere ka Rutsiro arasaba gufashwa kwivuza
Ababyeyi n’abarezi bo mu Kagari ka Mbare mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga baravuga ko ishuri rishya rya Rubugurizo rizabafasha kuboneza inkingi eshatu z’uburezi.
Abagize Ihuriro ry’Amashuri Makuru yo muri Afurika (AAU) basanga abayarangizamo bagomba kuba bafite ubumenyi buhagije butuma babona akazi cyangwa bakagahanga.
Abanyeshuri 28 bigagaga kuri Collège Sainte Marie Reine mu Karere ka Muhanga birukanwe by’agateganyo bazira kwitwara nabi, bashaka gukora imyigaragambyo.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubumenyingiro muri Minisiteri y’Uburezi, Nsengiyumva Albert, yahumurije abiga muri Lycee de Ruhango ko bagiye gukurikirana ibyabaye.
Muri Afurika haracyagaragara ikibazo cy’abarimu bigisha imyuga mu mashuri ariko ugasanga nabo nta bumenyi buhagije bafite.
Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC) yahaye uburenganzira Kaminuza ya Kigali (UoK) bwo gufungura ryayo mu Karere ka Musanze.
Kanyamanza Casssien, umaze imyaka 37 ari umwarimu, asaba abarimu bakiri bato gukunda uburezi n’abana bigisha aho gushaka ubukire bwa vuba.
Abarimu bo mu Karere ka Burera bahamya ko ababyeyi bongereye imbaraga mu burere bw’abana babo nta mwana wakongera guta ishuri.
Abafite aho bahurira n’uburezi mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa gushyira imirindankuba ku bigo by’amashuri hagamijwe kurinda abanyeshuri ibiza.
Abanyeshuri 170 barangije kuri PIASS mu mashami y’uburezi, iterambere n’iyobokamana, kuri uyu wa 30 Nzeri 2015 bahawe impamyabushobozi.
Umuryango VSO uri kwigisha abiga muri TTC Byumba gukora imfashanyigisho mu bikoresho bitandukanye no mu budeyi kugira ngo bibongerere ubumenyi.
Abanyeshuri 3 bo mu kigo cy’ishuri cya G.S St Paul cyo mu karere ka Rusizi baherutse gutwara inda zitifujwe