Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iravuga ko igiye guhana abarimu 118 bagaragaweho amakosa nyuma y’igenzura yakoreye ibigo by’amashuri 900 hirya no hino mu gihugu.
Kaminuza y’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) igiye ku murika ibyavuye mu bushakashatsi yakoze buvugwaho kuba bwafasha mu gukemura ibibazo byugarije isi.
Abagize itsinda rishinzwe imyigishirize y’igishinwa mu Rwanda, bemereye ishuri rya Wisdom abarimu b’impuguke mu kwigisha ururimi rw’igishinwa.
Ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuri rwa APACOP ruri mu Mujyi wa Kigali buravuga ko nyuma y’amasomo asanzwe bunagenera abana ubundi bumenyi bushobora kubafasha mu buzima busanzwe.
Mu gihe byari bimenyerewe ko imihigo ari gahunda yashyiriweho inzego z’ibanze gusa hagamijwe gutera ishyaka abayobozi kurushaho kurwanira ishyaka abo bayobora, Minisiteri y’Uburezi nayo yashyiriyeho imihigo abayobozi b’ibigo by’amashuri.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) Isaac Munyakazi avuga ko mu bigo by’amashuri hakenewe abayobozi bashoboye gukurikirana imicungire y’ikigo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro WDA, cyasabye abayobozi b’ibigo by’amashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro, kuzarinda abanyeshuri uburiganya no gukopera mu bizami bya Leta biteganijwe tariki ya 19 kugeza ku ya 28 Nzeli 2018.
Umuryango w’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu Rwanda, Heads of School Organization (HOSO), ugiye gukemura ikibazo cy’imicungire mibi y’umutungo n’ibikoresho by’amashuri cyagaragaraga kuri bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri.
Abanyeshuri biga mu ishuri Wisdom School bagera kuri 210 bitegura gusoza umwaka w’amashuri abanza n’abitegura gusoza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye ni bo bari mu myiteguro yo kuzakora ibizamini bya leta mur’uyu mwaka w’amashuri wa 2018.
Perezida Paul Kagame yateye inkunga ya miliyoni 5Frw ryo kubaka ishuri ryisumbuye riherereye i Kimironko mu Karere ka Gasabo.
Mu mashuri 90 yagenzuwe na Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) mu gihembwe cya mbere n’icya kabiri cy’uyu mwaka wa 2018, agera kuri 57 azatangira akerereweho icyumweru kimwe bitewe no kutuzuza ibisabwa.
Ishuri rya Wisdom riherereye mu Mujyi wa Musanze, no mu mashami yaryo y’ i Nyabihu, Rubavu na Burera, ryatangije gahunda yo kwigisha ururimi rw’igishinwa, hagamijwe gutoza abana umuco wo kuzabasha kurenga imbibi z’u Rwanda bashaka ubuzima.
Ababyeyi barerera mu ishuri ryigisha imyuga rya Gatumba TVET School mu Karere ka Ngororero, barifuza ko hashyirwamo ishami ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aboneka mu gace iri shuri riherereyemo.
Bamwe mu barangije kwiga amashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro bavuga ko mu gihe abiga ubumenyi rusange barangiza bakaba abashomeri, bo atari ko bimeze.
Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco(RALC) hamwe na Ministeri y’Uburezi(MINEDUC), ntibishyigikiye ko abagore n’abakobwa bambara imyenda migufi izwi ku izina ry’impenure.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahakanye ko ifite gahunda yo gukuraho ibizami bya leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye, ivuga ko ibyo Minisitiri wa MINEDUC yavuze byumvikanye uko bitari.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangiye gusuzuma umushinga wo gukuraho ibizami bisoza amashuri abanza bizwi nka “Exetat”, abanyeshuri bakajya barangiza amashuli abanza bahita bakomereza mu yisumbuye.
Bamwe mu banyeshuri bo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko mu bituma bareka ishuri harimo kwimwa ifunguro rya ku manywa bakajya kwirwanaho hanze.
Umuryango mugari wa KT Global washyikirje ibikoresho by’amashuri ikigo cy’amashuri abanza cya Wimana, mu rwego rwo kunoza imikoranire myiza basanzwe bafitanye no gushyigikira uburezi.
Uko iterambere mu ikoranabuhanga rirushaho gukataza ku isi, ni nako abarikoresha baba bagomba kugendana n’uwo muvuduko kugira ngo hatagira ikibacika.
Minisiteri y’Uburezi yandikiye abayobozi b’Uturere ibasaba guca akajagari kagaragara mu iyongezwa ry’amafaranga yakwa ababyeyi n’igenwa ry’agahimbaza musyi ka mwarimu.
Mu Rwanda harakorwa ubukangurambaga bwiswe ‘Impuruza’ nyuma y’aho ku isi bigaragariye ko mu bana 10 bafite ubumuga umwe gusa ari we wiga.
Abafatanyabikorwa mu burezi bw’amashuri abanza baravuga ko ikibazo cy’ibitabo bidahagije mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza kibangamiye umuco wo gusoma.
Turikumana Isaie wiga mu mwaka wa gatandatu yakoze radiyo ntaho yabyize, bituma Banki ya Kigali imugenera inkunga ya miliyoni 1Frw yo kumufasha gukomeza amashuri ye.
Minisitiri w’Uburezi Mutimura Eugene yemeza ko kaminuza zo mu gihugu zidatanga amasomo yarufasha mu iterambere rirambye, ariko akemeza ko biterwa n’ubushobozi buke.
Ababyeyi barerera mu Kigo cy’amashuri cy’ubumenyingiro cya Nyanza Technical Shool baravuga ko inzu y’uburyamo bw’abana biyujurije igiye kurushaho kubungabunga umutekano wabo.
Abagororerwa muri gereza zitandukanye z’igihugu, bigishwa Ubumenyingiro butandukanye burimo, Ubwubatsi, Ububaji, ubudozi n’ibindi.
Ibitabo bya Tom Close bije gusubiza ibibazo abantu bajyaga bibaza ku bijyanye n’uko abana b’iki gihe basigaye bakurana imico ihabanye n’indangagaciro za Kinyarwanda.
Abanyeshuri biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Banda ruherereye mu Murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko batabasha kwiga neza, kubera ikibazo cyo kubura intebe zihagije zo kwicaraho bakiga bacucitse mu ishuri.
Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) yashimiye abakobwa biga siyansi n’abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 12 babonye amanota ya mbere asoza amashuri yisumbuye muri 2017.