Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iributsa ko hakenewe uruhare rwa buri wese mu guhashya ikibazo cy’abana bata ishuri, kuko abarenga 50% batagera mu yisumbuye.
Abarezi bo mu Karere ka Gakenke barasaba kwongererwa amasaha bigishamo isomo ry’Igifaranga kugira ngo abana bazamuke bafite ubumenyi bungana mu ndimi.
Ngango Etienne, umugabo w’imyaka 45 utuye mu Karere ka Ruhango, yafashe icyemezo cyo kujya kwiga amashuri abanza kugira ngo ajijuke, yiteze imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo burashimira umutwe w’Inkeragutabara wabubakiye ibyumba 49 mu mezi ane birimo 43 byigwamo n’abana.
Imbuto Foundation yahembye abakobwa 17 batsinze neza ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka wa 2015 bo mu turere twa Rulindo na Gakenke.
Abana b’impunzi baturuka mu Nkambi z’Abakongomani barishimira guhabwa amahirwe yo kwiga mu Rwanda kugeza mu kiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye.
Komiseri mukuru w’itorero ry’igihugu Rucagu Boniface asanga gushinga kaminuza atari ubucuruzi ahubwo ari ukubaka igihugu.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro rya IPRC- KIGALI Eng Murindahabi Diogene, arakangurira abana b’abakobwa kurushaho kwitabira amasomo y’ubumenyingiro.
Kangabe Melena utuye mu Mudugudu wa Rutovu ho mu Kagari ka Shanga i Maraba y’Akarere ka Huye, yize gusoma no kwandika ku myaka 68 y’amavuko.
Umubare w’abashaka kubona amanota mu bizami bya Leta mu buryo bw’uburiganya, waragabanutse cyane mu bizamini bisoza umwaka wa 2015.
Perezida Paul Kagame yakiriye Julia Gillard, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Australia, uri mu Rwanda muri gahunda ijyanye n’uburezi.
Abarezi b’ishuri Amizero y’ubuzima ryita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe barasaba ababyeyi babafite kutabahisha, bakabavuza ntibababuze amahirwe y’ahazaza.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe ivurugurwa ry’amategeko yatangiye gahunda yo gusobanurira abanyeshuri biga muri za kaminuza itegekonshinga no kubigisha uburenganzira bwabo.
Abayobozi b’Ikigo cy’Amashuri Abanza cya "Etoile" mu Karere ka Karongi bavuga ko ibanga ryo gutsindisha abana baryigamo ari ubufatanye n’ababyeyi.
Minisiteri y’Uburezi yasabye abanyamigabane ba Kaminuza Mpuzamahanga ya Rusizi (RIU) kumvikana bitarenze ku wa 29 Mutarama 2016 bitaba ibyo igafungwa.
Abikorera bo mu Karere ka Bugesera bafatanyije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) bashinze ishuri rikuru ry’ikoranabuhanga rifite ubushobozi bwo gutanga impamyabumenyi z’ikirenga.
Ibyumba by’amashuri 34 n’ubwiherero 44 bishya byuzuye mu Karere ka Ngoma byitezweho gukemura ikibazo cy’ubucucike mu mashuri no kongera ireme ry’uburezi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, cyemereye Ishuri Rikuru rya INILAK kongera kwitwa kaminuza biyihesha guhindura izina yitwa UNILAK.
Ishuri rikuru "Institut Supérieur Pédagogique de Gitwe (ISPG)”, riheherereye mu karere ka Ruhango, guhera tariki 07/01/2016, ryemerewe kuba Kaminuza.
Ishuri rya RTUC ryahindutse Kaminuza yigisha ubukerarugendo, amahoteli n’ubucuruzi mu ikoranabuhanga, UTB, ngo bitewe n’umwihariko bashyize mu burezi butabyara abashomeri.
Mu gutangaza amanota y’ibizamini mu mashuri yisumbuye n’icyiciro rusange y’umwaka wa 2015, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko imitsindire yazamutse ugereranyije n’umwaka wa 2014.
Kuri uyu wa kane, abanyeshuri barenga 250.000 bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro rusange bazafata ifunguro rya ku manywa bazi uko bakoze.
Nubwo Leta yemerera ababyeyi kwishingira amashuri y’abana b’incuke, Akarere ka Gasabo karavuga ko hashobora kuba hatangiye kuzamo akajagari.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko amashuri y’incuke yo ku rwego rw’umudugudu adakora kubera amikoro n’imyumvire by’ababyeyi.
Ishami rishinzwe uburezi mu Karere ka Gatsibo ritangaza ko muri ako karere hakenewe abarimu bashya 146 mu mashuri atandukanye.
Perezida Kagame n’abandi bayobozi, basobanuriye abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Stanford muri Amerika, akamaro ka Referandumu n’ejo hazaza h’u Rwanda.
Mu Rwanda hagiye kubakwa ku ikubitiro ibigo bitatu by’icyitegererezo mu mashuri makuru muri Afurika y’Iburasizuba n’iy’Amajyepfo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo n’abiga mu ishuri rya Gikomero, barizeza kuzamuka kw’ireme ry’uburezi nyuma yo guhabwa inkunga irimo za mudasobwa.
Umukozi wa Mount Kenya University (MKU) mu Karere ka Ngororero avuga ko gutangiza amasomo muri ako karere byahagaritswe no kubura umubare uhagije w’abanyeshuri.
Ubuyobozi bushya bw’abanyeshuri ba kaminuza ya Kibogora Polytechnic (KP) bwarahiriye ku mugaragaro kuzayobayobora neza babizeza ubuvugizi ku bibazo bahura nabyo.