Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Huye, Védaste Nshimiyimana aratangaza ko uyu mwaka wa 2015 uzarangira byinshi mu bikorwa byo kuvugurura umujyi wa Butare birangiye.
Mu muhango icyumweru cyahariwe Girinka mu rwego rw’akarere ka Kirehe kuri uyu wa mbere tariki 12/01/2015 hituwe inka 16 aho abaturage bakomeje kugaragaza uburyo iyi gahunda ya Girinka imaze kubateza imbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyanza ho mu Karere ka Gisagara bahabwa inkunga y’ingoboka bishyize hamwe bashaka uburyo baboza amasaziro meza, biyubakira inzu y’ubucuruzi ikodeshwa.
Ihame ry’uburinganire mu ma koperative rikwiye kubahirizwa ku musaruro no kuwushakira isoko, n’inyungu ibonetse ikagera ku babigizemo uruhare bose kuko usanga abagore badahabwa umwanya ngo bisanzure bigatuma habaho no kwitinya.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, James Musoni arizeza Abanyarwanda ko ikirari cya Rusumo gihuza u Rwanda na Tanzania kigiye kwihutisha ubucuruzi n’indi mirimo ifitiye ibihugu byombi akamaro.
Abakora umwuga w’uburobyi mu karere ka Rusizi bavuga ko umwuga w’uburobyi bukorerwa mu ikiyaga cya kivu witabirwa n’abagabo gusa, biterwa n’uko ako kazi gasaba imbaraga nyishi n’ubugenge abagore bikaba bitaborohera.
Leta y’Ubuyapani, iratangaza ko igiye gukanguurira abikorera bo mu gihugu cyabo kuza gushora imari mu rugaga rw’abikorera bo mu Rwanda.
Umugore witwa Mukantaganzwa Priscille utuye mu Mudugudu wa Mpara mu Kagari ka Cyome ko mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero yemeza ko ubu abarirwa mu bantu bakize mu Karere ka Ngororero abikesha Agakiriro kataramara n’umwaka gatangiye.
Abanyeshuri bagiye gutangira ibikorwa by’urugerero mu karere ka Ngoma baremeza ko biteguye gutanga umusanzu mu guhindura imyumvire y’abaturage, kuko bahamya ko kuba hari ababayeho nabi bidaterwa n’ubushobozi bwabo ahubwo ari imyumvire.
Intore z’inkomezabigwi mu Karere ka Muhanga zitangaza ko zihereye ku masomo zahawe mu byumweru bibiri zimaze zitozwa, ngo zigiye guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko ahanini usanga rwiganjemo n’urwarangije amashuri.
Mukakayonde Claudine amaze umwaka atunganya igihingwa cya Soya akibyazamo ibindi biribwa ndetse n’ibinyobwa, igikorwa avuga ko gifasha kongera agaciro k’iki gihingwa kandi akarushaho kwiteza imbere dore ko bimwinjiriza amafaranga ibihumbi 180 ku kwezi.
Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwambajemariya Florence, asaba abaturage batuye ku kirwa cya Birwa I kiri mu kiyaga cya Burera, gusigasira ibyiza bamaze kugezwaho birinda ko hagira ubyangiza.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bishimira ko umwaka wa 2014 wasize hubatswe imihanda myinshi muri aka karere bahamya ko yabakuye mu bwigunge.
Abaturage bo ku kirwa cya Birwa ya mbere giherereye mu kiyaga cya Burera, mu Murenge wa Kinoni, mu Karere ka Burera, bashyikirijwe inka icyenda bari bemerewe n’ Ingabo z’u Rwanda, (RDF) ubwo zabahaga ubwato bwa moteri mu kwezi kwa 12/ 2014.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo baravuga ko bafite ingamba nshya zo kwiteza imbere ku buryo bugaragara mu mwaka batangiye wa 2015.
Bamwe mu batuye mu gasantere ka Nyanza mu Murenge wa Ngera ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira uburyo ako gasantere kagenda gatera imbere ugereranije no mu bihe byashize.
Robert Irambona utuye mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara avuga ko yiteje imbere ahereye ku gishoro gito mu bucuruzi akora, none ubu akaba ageze aho ntawe ashobora gutegera amaboko.
Charles Bungurubwenge w’imyaka 29 aratangaza ko yatangiye acururiza abandi imigati n’amandazi ariko ubu ageze ku bikorwa bifite agaciro karenga miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda.
Bimwe mu bihora bihangayikishije urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo birimo no kutagira icyo bakora babashe kwiteza imbere nk’abandi.
Ubwo kuri uyu wa 01/01/2015, abatuye Akarere ka Musanze bihizaga umunsi w’ubunani batangarije Kigali Today ko umwaka urangiye neza kuko ibyo bari biyemeje kugeraho bimwe babigezeho ariko ngo urugendo rw’iterambere ruracyakomeza hakaba hari ibindi bifuza kugeraho muri uyu mwaka wa 2015.
Inama Njyanama y’akarere ka Rutsiro iranenga akarere uburyo gakomeje gushorwa mu manza na ba rwiyemezamirimo kubera amadeni kababereyemo, inama njyanama isaba ko habaho ibiganiro kugirango iki kibazo gikemuke.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon avuga ko mu mpera z’umwaka w’imihigo wa 2014-2015, igice kinini cy’abaturage kingana na 80% bagomba kuzaba batuye mu midugudu, kandi ngo ubukangurambaga bwaratangiye.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bakomeje kubabazwa n’uko akarere kabo nta bikorwa by’iterambere bahabona ndetse hari ibyo bizezwa n’abayabozi bakabitegereza bagaheba, bakibaza ikibitera mu gihe mu yindi mijyi y’uturere baturanye babona ihora izamuka uko bwije n’uko bukeye.
Abayoboke b’idini Maranatha Paruwase Gasharu rikorera mu Mujyi wa Muhanga, mu Karere ka Muhanga, barashinja ubuyobozi bwa Paruwase yabo kunyereza amafaranga y’impano agenerwa abana babo mu munsi mikuru ya Noheli n’ubunani.
Banki nkuru y’igihugu (BNR) iratangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bushoje umwaka wa 2014 bwifashe neza kuko bwitezwe kutazajya munsi y’ikigero cya 7% kandi ikigero cy’urwunguko isaba abashoramari mu by’imari kizaguma kuri 6.5%.
N’ubwo Umunyarwanda yemerewe gutura aho ariho hose mu gihugu cye ariko nanone ngo ntakwiye kuba umutwaro aho agiye gutura hashya; nk’uko bisobanurwa na Depite Bwiza Sekamana Conny.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rurahamagarirwa kwibumbira mu makoperative rugakorera hamwe rukaba rwanaterwa inkunga.
Abaturage bo mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara, baratangaza ko imihigo y’ingo yatumye bagera kuri byinshi mu iterambere muri uyu mwaka turimo gusoza.
Abaturage bo mu murenge wa Burega n’uwa Buyoga barishimire iyubakwa ry’ikiraro kigiye kubakwa hagati y’iyi mirenge, kuko bazabasha guhahirana neza ubusanzwe byabagoraga kubera umugezi wacaga hagati y’iyi mirage ihana imbibe.
Ibibanza bikora ku muhanda nibyo bifite agaciro mu murenge wa Runda kuko aribyo bihabwa icyangombwa cyo kubyubakamo. Ku bw’iyo mpamvu abaturage bafite amasambu adakora ku muhanda, bemerera ubuyobozi gucishamo umuhanda ku buntu kugira ngo nayo agire agaciro.