Bamwe mu barobyi n’abayobozi b’impuzamakoperative y’abarobyi mu Rwanda baratangaza ko kuba iri huriro ryabo ridatera imbere bituruka kuri bamwe muri bagenzi babo batitabira gutanga imisanzu yo kuriteza imbere kandi ari ryo ribakorera ubuvugizi.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho myiza y’abaturage, ku wa 29 Mata 2015, umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda wamurikiye abaturage umuyoboro w’amazi ureshya n’ibirometero 13 mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza.
Abakozi bashinzwe ibarurishamibare n’abashinzwe igenamigambi mu turere bavuga ko imibare yavuye mu ibarura ryakozwe mu w’2012 yakuyeho umuco wo gutekinika, kuko bakora ibikorwa bishingiye ku mibare y’ukuri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza ntibwishimiye ko ibikorwa by’umuganda bikorwa buri mpera z’ukwezi bibarirwa agaciro gahanitse ariko ugasanga mu by’ukuri nta cyakozwe kigaragara ugereranyije n’ibyavuzwe.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Nyarusange bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo kwibumbira muri Koperative “Twisungane babyeyi” bahereye ku gishoro cy’amafaranga 50 buri muntu, none ubu bakaba bageze ku mutungo wa miliyoni eshanu.
Abikorera bo mu Karere ka Gatsibo barasabwa kugira uruhare mu iterambere ry’Akarere ndetse n’iry’Igihugu muri rusange, ibi bikaba byagerwaho mu gihe barushaho kwishyira hamwe bagahuza imbaraga.
Abaturage bakoresha umuhanda Nyakinama-Vunga bahangayikishijwe no kwambuka umugezi wa Rubagabaga kuko bisaba kuvogera cyangwa guhekwa mu mugongo kuko nta kiraro kiriho, ndetse bikanabangamira ubuhahirane.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere gutwara bantu n’ibintu mu Rwanda (RTDA) buvuga ko bugiye gutangiza ibikorwa byo kubaka ibyambu ku kiyaga cya Kivu hagamijwe korohereza abakora ingendo zo mu mazi.
Abakozi bahawe akazi ko kwinjiza amakuru y’ibyiciro by’ubudehe muri mudasobwa mu Karere ka Kayonza barinubira kudahembwa kuko bamaze iminsi 20 bakora batarahembwa, kandi amasezerano bafitanye n’akarere avuga ko ku munsi wa 10 batangiye akazi bagomba guhabwa amafaranga y’iyo minsi kugira ngo abafashe kubaho.
Umunyamabanga mukuru muri ambasade ya Suwedi mu Rwanda ushinzwe iterambere n’ubukungu, Elina Scheja avuga ko yishimiye ibikorwa by’iterambere abaturage b’Akarere ka Nyamagabe bamaze kugeraho ndetse agashima urwego bimaze kugeraho rwo gushaka amasoko no gutanga akazi.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Nyamasheke asura imihanda inyuranye, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo, Dr Nzahabwanimana Aléxis, yasabye ko abagore bakora isuku ku mihanda no mu nkengero zayo bagomba kuba ari benshi nk’uko biteganywa n’amategeko kandi binakorwa no mu zindi nzego za leta.
Nyuma y’imyaka igera kuri itanu hatangijwe gahunda yo kuvugurura Umujyi wa Butare, hari ibyamaze kugerwaho abawutuye bafata nk’intambwe mu iterambere ry’akarere kabo.
Abacuruzi bo mu Ntara y’Uburengerazuba batangaza ko mu migiho bafite ari ukwishyira hamwe bagatangiza amasosiyete y’ubucuruzi akomeye kugira ngo babyaze umusaruro ikiyaga cya Kivu ndetse na Pariki y’igihugu ya Nyungwe bigaragara muri iyo ntara.
Abatuye mu Mirenge ya Musenyi na Shyara mu Karere ka Bugesera barasaba ko umuhanda uhuza iyo mirenge wakorwa vuba ukoroshya ubuhahirane kuko ubu budashoboka.
Akarere ka Kayonza gaherutse kwishyura umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi [EU] Miliyoni zigera ku 133 z’amafaranga y’u Rwanda kari karahawe n’uwo muryango nk’inkunga.
Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, agendereye Akarere ka Huye Tariki ya 12 Mata 2015 akaganira n’abikorera ku cyakorwa kugira ngo barusheho guteza imbere akarere kabo, baravuga ko biteguye kwishyira hamwe bakagera ku bikorwa bibateza imbere ndetse binateza imbere abanyehuye muri rusange.
Abaturage b’Umurenge wa Murama mu Karere ka Kayonza bavuga ko kuba bataragerwaho n’amashanyarazi bikiri imbogamizi ku iterambere rya bo.
Abanyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kugurizanya “Sacco Abanzumugayo” yo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza biyujurije inyubako igezweho yubatswe mu mutungo bwite w’iyo Sacco nyuma y’imyaka itanu imaze itangiye gukora.
Nyuma y’imyaka ibiri gare yo mu Mujyi wa Butare itangiye kubakwa, ku itariki ya 9 Mata 2015 yatangiye gukoreshwa.
Bamwe mu bakozi b’Akarere ka Nyamasheke bandikiye ubuyobozi bw’akarere babusaba kurenganurwa nyuma y’uko basanze umushahara wabo waramaze kugabanurwa nyuma y’ivugururwa ry’inzego z’imirimo riherutse mu Karere ka Nyamasheke.
Ingo 400 zo mu Murenge wa Shyara mu Karere ka Bugesera zimaze kubona umuriro w’amashanyarazi ku ngo zikabakaba ibihumbi bine.
Abarema isoko rya Nkoto riherereye mu Kagari ka Sheri ho mu Murenge wa Rugarika bibaza impamvu ritubakiye ntirigire n’ubwiherero,kandi rimaze igihe ryinjiza amafaranga ava mu misoro y’abaricururizamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza bwafashe icyemezo cy’uko abarimu bazajya bahembwa mbere y’abandi bakozi b’akarere.
Leta ifite icyizere ko gahunda yo guha abafundi impamyabushobozi bataciye mu mashuri izagabanya akajagari kagaragaraga muri uyu mwuga bikanongerera agaciro abawukora, nk’uko biri muri gahunda ya leta yo guhanga imirimo itari iy’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda.
Inama y’ubuyobozi bw’Ikigo cy’imari ZIGAMA CSS cy’abagize inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda, yateranye ku wa kane tariki 02 Mata 2015 yemeza ko igiye kugabanya igipimo cy’inyungu yakwa abanyamuryango mu gihe cyo kwishyura inguzanyo bafata.
Umusaza w’imyaka 60, umwe bahoze mu mutwe wa FDLR ukuze kurusha abandi basezerewe ku wa 31Werurwe 2015 mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, afite ikibazo cy’uko azabaho mu masaziro ye nyuma y’igihe kinini yataye ntacyo akora ngo ateganyirije ejo hazaza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko mu mwaka wa 2017 abaturage bose bo muri ako karere bazaba baragejejweho amazi meza ku buryo ntabazaba bakivoma amazi yo mu bishanga cyangwa ibiyaga bya Burera na Ruhondo.
Urugaga rw’abikorera n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bavuga ko bihaye intego yo kubaka amazu y’ubucuruzi agezweho kandi mu gihe gito, kugira ngo bakomeze kureshya abashoramari.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, abikorera bo muri aka karere ndetse n’abanyehuye bakorera i Kigali, ku wa 29 Werurwe 2015 hifujwe ko abafite imari bayishora mu bikorwa biteza imbere Akarere ka Huye.
Inama njyanama y’Akarere ka Kayonza yateranye tariki 27 Werurwe 2015 yafashe icyemezo cy’uko inyubako ya SACCO ya Karambi yo mu Murenge wa Murundi ikomeza kubakwa, nyuma y’igihe kigera ku mezi ane yari imaze ihagaritswe.