Abagore bo mu karere ka Rulindo bibumbiye mu itsinda DUKUNDISUKU barashimira Perezida Kagame wabahaye ijambo none bakaba basigaye bahabwa akazi mu nzego zitandukanye nk’ak’abagabo kandi bakabasha kwizigamira.
Abaturage bacururiza ahimuriwe isoko rya Nyamagabe barifuza ko isoko rishyashya bemerewe kubakirwa ryakuzura vuba, kuko kuva igihe bimuriwe ubucuruzi bwabo butigeze bugenda neza bitewe n’ikibazo cy’imvura ibanyagira ndetse no kuburana n’abakiriya bari basanzwe bakorana.
Inzego za Leta y’u Rwanda zishinzwe iby’ingufu no guteza imbere ishoramari ngo zizeye ko abashoramari baturutse hirya no hino ku isi bari mu nama i Kigali yiswe Infrastructure Partnership for Africa Developmet (iPAD), bazafasha kugera kuri megawati z’amashanyarazi (MW) 563 zikenewe muri 2017, kugira ngo ingamba z’iterambere (…)
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba avuga ko imwe mu nshingano ntakuka leta y’u Rwanda yihaye ari ugushyiraho politiki zorohereza ba rwiyemezamirimo bashaka gushora imari ya bo mu mishinga itandukanye mu Rwanda.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) irasaba abayobozi bo mu gihugu kwibuka uruhare rwabo mu gukangurira abaturage kwitabira gutanga umusoro, kuko ari yo nkingi y’ubukugu kugeza ubu ukaba winjiza 50% mu ngengo y’imari buri mwaka.
Ibikorwa bya VUP (Vision 2020 umurenge program) mu murenge wa Kigembe, mu karere ka Gisagara bimaze kuzamura abahatuye, bivuye ku nyigisho bagiye bahabwa zijyanye no kuzigama nk’uko babyivugira.
Abaturage bo mu Karere ka Huye bahawe inka muri gahunda ya Girinka bakabasha kuzifata neza, hanyuma na zo zikabakura mu bukene, bishimira cyane aho bamaze kugera babikesha izo nka.
Bitewe no kubura ikiraro kibahuza n’akarere ka Ngoma, abaturage bo mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe biyemeje kubaka ikiraro kizatwara miliyoni 30 kugira ngo babashe kujya bagurisha umusaruro w’ibitoki biboroheye.
Ubuyobozi bw’akarere bwashyizeho amakoperative y’abakora isuku, akazita kuri imwe mu mihanda yo muri aka karere ikunze gufatwa nk’imbogamizi mu bwikorezi n’ubucuruzi kubera kwangirika.
Abaturage b’Akarere ka Gatsibo batuye mu Mirenge ya Gasange na Murambi bemeza ko gukorana na koperative umurenge SACCO byabafashije gushyira mu bikorwa gahunda ya kora wigire, mu rwego rwo kurushaho kwiteza imbere hamwe n’imiryango yabo.
Désiré Komayombi wo mu kagari ka Mutanda mu murenge wa Cyabingo mu karere ka Gakenke, ni umwe mu baturage batangiranye na gahunda y’ubudehe mu mwaka wa 2008 aho yahawe amafaranga ibihumbi 60 yaje kubyaza umusaruro ku buryo uyu munsi abarirwa umutungo uri hejuru ya miliyoni icumi.
Abatuye mu Mudugudu wa Zihari, Akagari ka Muyira, Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, barashima ko batangiye kugerwaho n’ibikorwa bigamije kugira Zihari Umudugudu w’ikitegererezo, ibikorwa bihuriweho n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Gisagara mu iterambere (JADF).
Isosiyete ikora ubucuruzi bwa sima “Kilimanjaro Cement” yiyemeje gufasha abaturage b’umurenge wa Ndera mu karere ka Gasabo kububakira isoko rya Kijyambere risimbura iryari ritangiye kubakwa mu buryo butajyanye n’igihe.
Itsinda ry’abaturage batuye mu murenge wa Karengera bagakorera ibikorwa byabo mu mudugudu wa Nyagashikura bavuga ko bageze igihe cyo gushaka uko bapiganira amasoko y’ibikorwa bakora mu gihe batangiye ari abakene cyane ndetse nta n’icyizere bafite ko hari aho bazagera.
Abaturage n’impunzi z’abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme bari barambuwe na Rwiyemezamirimo wabakoresheje mu mirimo yo gukora imiyoboro y’amazi mu nkambi ya Kigeme bishyuwe na Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi, kuri uyu wa 24/10/2014.
Mu gihe umuryango AVSI (Associations des Volontaires pour les Services Internationales) wizihiza isabukuru y’imyaka 20 umaze ukorera mu Rwanda, abo wafashije barishimira ko wabafashije kugera ku iterambere; kuko wabatabaye nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi yasize ingaruka nyinshi ku banyarwanda zirimo ubukene n’ihungabana.
Nshumbusho Jean Damascene umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri cya GS Murinja, ho mu karere ka Ngoma mu murenge wa Kazo,umwe mu bagezweho na gahunda ya”Girinka mwarimu”yamugiriye akamaro gakomeye kuko inka yahawe muri iyi gahunda yahinduye ubuzima bwe ndetse nubw’abaturanyi.
Havugimana Théophile utuye mu mudugudu Kabeza, akagari ka Ntaga ko mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma, amaze umwaka umwe atangiye ubworozi bw’inkoko avuga ko bumwinjiriza amafaranga agera kuri miliyoni irenga ku kwezi.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko inkunga ingana na miliyoni 7.2 z’amadolari y’Amerika (US$) ahwanye na miliyari 4.96 z’amafaranga y’u Rwanda (RwF) yatanzwe n’umuryango w’abibumbye (UN); izatuma umurimo yagenewe wo gukora ibarurishamibare urushaho kunozwa bityo ibyemezo bifatwa bigashingira ku (…)
Umuhanda Ruhango-Gitwe wari warafunzwe guhera tariki ya 10/10/2014 kubera kwangirika kw’iteme rya Nkubi ubu wongeye gukoreshwa nyuma y’aho ubuyobozi bw’umurenge wa Bweramana bufashijwe n’akarere buwukoreye.
Umusore witwa Nziyonsenga Christophe w’imyaka 23 yabashije gucanira ingo 33 zo mu murenge wa Shyira mu karere ka Nyabihu no mu murenge wa Nyabinoni mu karere ka Muhanga abikesha ingomero z’amashanyarazi ebyiri ntoya yikoreye.
Abaturage babiri bo mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke buri wa kabiri bajya ku biro by’akarere basaba kwishyurwa ingurane ku bikorwa byabo byangijwe ubwo hakorwaga umuhanda n’umuyoboro w’amashanyarazi, mu 1976.
Itsinda ry’abantu 16 bari mu nzego zitandukanye za Leta mu gihugu cya Ethiopia kuri uyu wa 22/10/2014 basuye umurenge wa Cyabingo mu karere ka Gakenke berekwa uburyo gahunda za Leta nk’Ubudehe na VUP zateje imbere abagenerwabikorwa kandi zigafasha abaturage kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buravuga ko amafaranga y’u Rwanda arenga gato miliyoni 103 zafashwe n’abantu byitwa ko batazwi, ubwo habagaho igikorwa cyo kwishyura abaturage bimuwe ahubatswe urugomero rwa Nyabarongo.
Abanyamuryango ba iCPAR (Institute of Certified Public accountants of Rwanda) n’abacungamari b’umwuga bavuye mu bihugu bigize umuryango w’afurika y’Iburasirazuba baraganira uburyo ubunyangamugayo n’ubunyamwuga mu icungamari byagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Abaturage bakoze amaterasi mu mirenge ya Jenda na Karago yo mu karere ka Nyabihu, nyuma y’igihe kirenga umwaka, kuri uyu wa 21/10/2014 bishyuwe amafaranga asaga miliyoni 40 y’umwenda bari baberewemo.
Jerôme Hitayezu w’imyaka 31 utuye mu kagari ka Mpanga mu murenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe niwe munyamahirwe wa tomboye imodoka ya mbere muri 12 zateguwe mu irushanwa rya Sharama na MTN.
Minisitiri w’ingabo mu Rwanda, Gen. James Kabarebe arasaba abikorera bo mu mujyi wa Kigali gukora cyane bakazamura ubukungu bw’u Rwanda kugira ngo ruzagere ku rwego rw’ibihugu byakataje mu iterambere.
Bamwe mu batuye umurenge wa Bwira mu karere ka Ngororero bavuga ko kuba ubutaka bwabo butera hamwe n’ubwigunge babamo bwo kutagira umuhanda n’amashanyarazi ngo bituma babayeho nabi ndetse abenshi ngo bari mu bukene bukabije.
Sosiyete Nyarwanda y’ubwubatsi, Horizon Construction Ltd, iratangaza ko iterwa ishema n’uko uruhare rwayo mu bikorwa remezo byubakwa mu gihugu rukomeje kwiyongera, bitandukanye no mu myaka ishize aho wasangaga amasoko yihariwe n’abanyamahanga.