Umushinga USAID Ejo Heza ku bufatanye n’Akarere ka Ngororero watangije gahunda yo kwigisha ingo abaturage bahabwa ubumenyi bw’ibanze ku gucunga imari, kwizigamira ndetse no gukorana n’amabanki mu bikorwa bibyara inyungu, mu rwego rwo kubafasha gucunga neza umutungo wabo.
Umusaza Mashukane Bernard utuye mu Murenge wa Rugarama, mu Karere ka Burera, umaze imyaka irenga 50 adodesha icyarahani, avuga ko muri iki igihe umwuga w’ubudozi wakiza uwukora aramutse abishyizemo ubushake n’imbaraga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bwatangiye igikorwa cyo kugaruza amafaranga yagenewe abatishoboye bashyirwa muri gahunda ya VUP (Vision 2020 Umurenge Program) yagiye afatwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze hamwe n’abifite bari bashinzwe kurebera abatishoboye.
Umucungamari w’Umwarimu SACCO Ishami rya Musanze, Uwankana Marie arasaba abarimu gusaba inguzanyo zo gushora mu mishinga ibyara inyungu kugira ngo bazayikureho amafaranga yo kubaka inzu, kuko inguzanyo yo kubaka inzu gusa ngo itera ubukene.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Aléxandre aratagaza ko bafite intego ko umwaka wa 2014-2015 uzasiga abaturage 23% bagezweho n’umuriro w’amashanyarazi.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, by’umwihariko abahinzi ba kawa, barishimira ko batazongera kujyana Kawa yabo gutunganyirizwa ahandi nko mu mujyi wa Kigali, kuko ubushobozi bamaze kububona mu murenge wabo.
Perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Kirehe, Rwagasana Ernest arasaba ubuyobozi bw’akarere gukoresha neza umutungo wa Leta bwirinda kuzongera guhamagarwa na komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite (PAC).
Abaturage bo mu midugudu irindwi mu midugudu 12 igize Akagari ka Ryankana, mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, barishimira ibikorwa by’ubuhinzi bwabo bwabakuye ku dutadowa bakaba bacana amashanyarazi.
Umugore wo mu Mudugudu wa Burumba mu Kagari ka Burija mu Murenge wa Nyagatare utarifuje ko amazina ye atangazwa yikoreye ikigega cyo hasi mu butaka akoresheje amahema apfundikiza amabati kugira ngo hatajyamo umwanda.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba intore z’abajyanama mu bucuruzi gufasha abaturage mu guhanga imishinga myiza ibyara inyungu, kugira ngo begere amabanki abahe inguzanyo babashe kuzamuka mu bukungu batanga n’akazi ku bandi.
Urubyiuko rugera kuri 23 rwo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bashyikirijwe ibikoresho by’imyuga nk’igishoro cyo gushyira mu bikorwa ibyo bize, nyuma y’uko bari barahawe amahugurwa y’igihe gito na Minisiteri y’Ubucuruizi n’Inganda, ku bijyanye n’ubumenyingiro no kwihangira imirimo.
Abasirikare 10 bo mu gihugu cya Togo bamaze iminsi mu Rwanda biga imikorere ya CSS ZIGAMA, basuye na Koperative “’Umwalimu SACCO’’ ku mugoroba wo kuwa Gatatu tariki ya 12/02/2015, kugira ngo bigireho iterambere iyo koperative igezeho.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’iy’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) zijeje Leta y’u Budage ko inkunga yatanze ingana n’amayero miliyoni 7 (ahwanye n’amanyarwanda miliyari 5.5) izagira ingaruka nziza ku mibereho y’abanyarwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, atangaza ko mu rwego rwo kongera umubare w’abacana umuriro w’amashanyarazi bafite gahunda yo kubyaza umusaruro umuyaga uhora uhuhera muri ako karere munsi y’ikirunga cya Muhabura.
Abahahira mu isoko ry’akabuga riri mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara baravuga ko kuva aho hashyiriwe inkambi y’impunzi z’abanyekongo ibiciro by’ibiribwa byazamutse kubera ubwinshi bw’abantu babikenera.
Itsinda ry’abadepite n’abasenateri riyobowe na Senateri Karangwa Chrisologue ryasuye akarere ka Gisagara, risaba abaturage kugira isuku bubaka ibiraro by’amatungo bakareka kurarana nayo mu nzu bararamo kuko ngo nta terambere umuntu akirarana n’amatungo.
Abaturage bemeza ko kwishyiriraho imihigo bibafasha kurushaho kuyigira iyabo bityo bikanabafasha kuyesa nkuko baba babiteganyije, ugereranije n’uko mbere yabituragaho ntibabashe no kuyisobanukirwa neza.
Abaturage bakora umwuga w’uburobyi mu kiyaga cya kivu, bavuga ko iki kiyaga ari ubukungu bukomeye kuko isambaza n’amafi bagikuramo bimaze kubavana mu bukene mu buryo bugaragarara.
Bamwe mu bagize imiryango isanzwe ifashwa n’Umushinga “Higa ubeho” uterwa inkunga n’abanyamerika bagaragaje uburyo bashoboye kwikura mu bukene, kandi ko bazakomeza imikorere basanganwe mu rwego rwo kwirinda guhora bateze amaboko kuko umushinga wabafashaga wahagaze.
Ubwo zari mu ruzinduko rw’iminsi 10 mu Karere ka Ngororero, Intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko, imitwe yombi zasabye ko uruganda ruzatunganya umusaruro w’imyumbati rutatangira gukora rudasuzumwe ubuziranenge n’ikigo cy’igihugu kibishinzwe, ndetse banasaba ko hakongerwamo ibindi bikoresho basanze bidatunganye (…)
Itsinda ry’abasirikari bakuru biga mu Ishuri rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama bemeza ko u Rwanda rugenda rushyira imbaraga mu kongera ingufu z’amashanyarazi, ku buryo ibindi bihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari bikwiye kurwigiraho byinshi.
Komiseri mukuru w’ Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) Tusabe Richard yatangaje ko batageze ku muhigo bari bahize wo kwinjiza imisoro mu gihembwe cya mbere 2014/2015.
Umusore Kamana Jean François Regis utuye mu Mudugudu wa Mubumbano mu Kagari ka Mikingo mu Murenge wa Kagano,mu Karere ka Nyamasheke avuga ko yakuranye ipfunwe rikomeye ryo kuvukira mu muryango ukennye byatumaga aho yanyuraga hose haba we n’abavandimwe be babinuba ndetse bakabanena, nyamara nyuma yo gutekereza no gufata (…)
Mu rugendo bamwe mu basirikari bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama bagiriye mu Karere ka Rwamagana kuwa Gatatu, tariki ya 4/02/2015, bishimiye ko iterambere ry’ingufu z’amashanyarazi rigenda rizamura iterambere ry’abaturage kandi bagaragaza ko amashanyarazi ubwayo yunganira umutekano rusange.
Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama Brigadier General Charles Karamba aratangaza ko Akarere ka Muhanga gafite umwihariko gashobora kubyaza ingufu z’amashanyarazi ugereranyije n’utundi turere two mu Ntara y’amajyepfo.
Abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama batangariye iterambere abaturage b’Akarere ka Bugesera bamaze kugeraho barikesha umuriro w’amashanyarazi ndetse no gukoresha biogas mu ngo zabo.
Abatuye Akarere ka Gisagara barahamya ko ari ngombwa ko nabo bagira ingengo y’imari mu ngo igamije kubafasha gucunga umutungo wabo.
Bamwe mu baturage bahawe akazi mu bikorwa byo guca imirwanyasuri no gutera ibiti ku nkengero z’umugezi w’Akanyaru mu Murenge wa Mamba ho mu Karere ka Gisagara bavuga ko iki ari igikorwa cyiza, kuko ngo uretse kubungabunga ubutaka bwabo baburinda isuri ngo bizanabafasha mu iterambere ryabo.
Akarere ka Nyanza niko kaza ku isonga mu turere 8 tugize Intara y’Amajyepfo mu micungire idahwitse y’imali ya Leta, n’amakosa 89 yo mu buryo butandukanye mu ngengo y’imali ya 2012-2013.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, Nzahabwanimana Alexis, kuwa 30/01/2015, yatangije ku mugaragaro imirimo yo gusana ikibuga cy’indege cya Kamembe giherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi.