Umugore witwa Nyiramana Drocelle wo mu Mudugudu wa Kisaro, Akagari ka Gishororo mu Murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare yatangiye kogosha bamuseka ko atazabishobora ariko ubu baramugana.
Mbarushima Faustin utuye mu Kagari ka Rusasa mu Murenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi avuga ko urubyiruko rwari rukwiye kwihangira imirimo rukivana mu bukene ntirutegereze akazi bahemberwa ku kwezi, ahubwo bakamureberaho bityo nabo bakiteza imbere.
Amakuru aturuka mu kigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Development Agency: RTDA) avuga ko umuhanda Musanze-Cyanika wari uteganyijwe gusanwa mu mwaka wa 2014, ushobora gusanwa mu mwaka wa 2017.
Isoko ry’amatungo (Igikomera) ryari ryarubatswe mu kagari ka Karambi mu murenge wa Murundi wo mu karere ka Kayonza rimaze igihe ridakora nyuma y’aho ibikorwa by’ubworozi byakorerwaga muri ako kagari byimuriwe mu kagari ka Buhabwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara batari barageze mu ishuri nyuma bakajya kwiga gusoma, kubara no kwandika, bahamya ko bamaze gutera imbere babikesha ubumenyi bakuye mu masomero.
Bamwe mu rubyiruko rukorera mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ahubatse inkambi y’impunzi zaturutse muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo baravuga ko inkambi atari ikibazo ahubwo ari igisubizo kuko yabafashije guhanga imirimo bagatera imbere.
Kuva mu ntangiriro z’umwaka w’ingengo y’imari wa 2014-2015, ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwahinduye uburyo bwakoreshwaga mu guha imirenge n’utugari amafaranga yo gukoresha mu mirimo ya buri munsi (frais de fonctionnement), aho ubu umurenge usabwa kwinjiriza akarere amafaranga menshi nawo ugahabwa menshi.
Mu gihe bamwe mu batuye akarere ka Ngororero bakomeje gusaba ubuyobozi kubegereza amashanyarazi bafata nk’ipfundo ry’iterambere, umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon avuga ko intambwe bamaze gutera mu gukwirakwiza amashanyarazi mu karere itanga ikizere ko azagezwa hose mbere y’igihe cyateganyijwe.
Sosiyete sivile yo mu karere ka Gakenke yiyemeje gushishikariza abagore gukunda umurimo no kwitabira gahunda yo kuzigama kugirango nabo barusheho kwitezimbere kuko abagore bakiri bace mubijyanye no kubitsa no kugurizanya.
U Rwanda rwakiriye inkunga yatanzwe n’igihugu cya Suwede ingana n’ama krona (amafaranga ya Suwede) miliyoni 100, akaba asaga miliyari 9.2 Rwf (amafaranga y’u Rwanda) yo gufasha mu ihangwa ry’imirimo mishya no guteza imbere isanzweho.
Nyuma yuko hakozwe umuhanda wa Kibaya-Rukira-Gituku abatuye umurenge wa Rukira ndetse n’abajya guhahirayo ibitoki bihera cyane baravuga ko gukora uyu muhanda byarushije kongera ubuhahirane n’abandi baturanyi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko batari bazi ko abantu baciriritse bashobora kuguriza Leta binyuze mu kugura impapuro nyemezamwenda, ikaba ari inkuru nziza kuribo.
Nk’uko byakunze kugaragazwa na bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Rulindo, ngo haracyari imbogamizi mu kubasha kugira icyo rukora cyane cyane zijyanye n’amikoro aho usanga abenshi baba biyicariye ku mihanda abandi bakayoboka iy’ubunyonzi kubera kubura igishoro kigaragara ngo bashake ikibazanira inyungu zitubutse.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gédéon, avuga ko urugaga rw’abikorera muri aka karere rwagize uruhare rukomeye mu kwihutisha iterambere ryako cyane cyane mu kuvugurura umujyi wa Ngororero no gutanga serivisi zitahabonekaga.
Perezida w’urugaga rw’abikorera mu murenge wa Nyagatare, Birasa Johnston asanga ubufatanye bw’abacuruzi aribwo buzatuma umujyi wa Nyagatare uzamuka ukarushaho gutera imbere.
Banki nkuru y’igihugu irashishikariza abaturage mu karere ka Rulindo kugura impapuro nyemezamwenda zashyizwe ku isoko na Leta kuko zifasha byinshi ku bazazigura no ku gihugu muri rusange mu bijyanye no gutanga inyungu.
Abaturage bo mu mudugudu wa Njambwe mu kagari ka Murambi ho mu karere ka Rusizi bamaze imyaka ibiri bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kuba batabona inkunga bagenerwa na leta itangwa hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe bitewe n’uko umudugudu wabo wasimbutswe.
Bamwe mu batwara imodoka zijya cyangwa ava mu karere ka Nyaruguru barishimira ko muri aka karere hagiye kubakwa gare, kuko kuba nta yari ihari byajyaga bituma bakorera mu kajagari.
Abaturage batuye mu mirenge ya Muhororo, Gatumba, Bwira, Kavumu na Ndaro bishimiye ko bubakiwe ikiraro cy’abanyamaguru gikozwe ku buryo bwa gihanga. Icyo kiraro kiri ku mugezi wa Kirombozi, uri hafi y’imbibi z’imirenge ya Muhororo na Bwira.
Guverinoma y’u Budage yageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 69.5 z’amayero zo guteza imbere ubumenyingiro n’ubukungu. Aya mafaranga yatanzwe mu rwego rw’ubutwererane ibihugu byombi bisanzwe bifitanye kuva mu 1963.
Abatuye ikirwa cya Bugarura giherereye mu murenge wa Boneza ho mu karere ka Rutsiro baratangaza ko imibereho yabo itari myiza kubera ko babuzwa kuroba mu kiyaga cya Kivu kandi bateza imyaka kuko hera igihingwa cy’ikawa gusa.
Abaturage bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi baravugavko mu mezi atatu ari imbere bashobora guhura n’ikibazo cy’inzara kubera ko urutoki rwari rubatunze n’imyumbati bari biteguye gusarura byangijwe n’ibiza biherutse kubibasira.
Mu Ntara y’Iburasirazuba, hamaze gutangizwa umushinga w’ingufu z’amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba utegerejweho kugeza amashanyarazi ku ngo ibihumbi 49 n’ibigo by’amashuri 1000 byo muri iyi Ntara mu gihe cy’imyaka 4, ukazatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 19.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara mu baravuga ko bamaze kubona ibyiza byo gutura ku mudugudu mu gihe bahatujwe babyangira.
Abaturage batishoboye bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi, tariki 08/11/2014, borojwe ihene 30 na banki y’ubucuruzi ya Kenya (KBC) muri gahunda yo kubafasha kwiteza imbere.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) Mugiraneza Jean Bosco aratangaza ko igerageza ry’urugomero rwa Nyabarongo rigenda neza kandi ko rigaragaza ko ingufu zari ziteganyijwe gutangwa zishobora kuboneka.
Itsinda rigizwe n’abantu baturutse muri Banki y’isi ryagendereye akarere ka Gakenke mu rwego rwo kwirebera uruhare rw’abaturage bagira mu bibakore, nyuma y’uko aka karere kagaragaje ubuhanga mu gukoresha no gucunga wa leta nk’uko byagaragajwe na rapro y’Umuvunyi.
Ubwo yasuraga ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu murenge wa Rukoma, tariki 6/11/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo Kamere, Evode Imena, yasabye abakozi bo mu birombe gukora cyane bakongera umusaruro kugira ngo bagere ku iterambere.
Abanyamuryango ba Koperative DUFASHABACU, koperative y’Abagore bo mu murenge wa Nyamata ibumba amatafari ya Block ciment, costrat n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi, baravuga ko bishimira intera ibikorwa byabo bimaze kubagezaho, bitandukanye n’uko bari bameze bataribumbira muri iyi Koperative.
Umusaza Anastase Sebujangwe umaze hafi imyaka 40 akora umwuga w’ubucuzi avuga ko n’ubwo hari abawusuzugura wamugejeje kuri byinshi, ndetse n’urubyiruko yagiye yigisha ruri gutera imbere.