Urubyiuko rugera kuri 23 rwo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bashyikirijwe ibikoresho by’imyuga nk’igishoro cyo gushyira mu bikorwa ibyo bize, nyuma y’uko bari barahawe amahugurwa y’igihe gito na Minisiteri y’Ubucuruizi n’Inganda, ku bijyanye n’ubumenyingiro no kwihangira imirimo.
Abasirikare 10 bo mu gihugu cya Togo bamaze iminsi mu Rwanda biga imikorere ya CSS ZIGAMA, basuye na Koperative “’Umwalimu SACCO’’ ku mugoroba wo kuwa Gatatu tariki ya 12/02/2015, kugira ngo bigireho iterambere iyo koperative igezeho.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’iy’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) zijeje Leta y’u Budage ko inkunga yatanze ingana n’amayero miliyoni 7 (ahwanye n’amanyarwanda miliyari 5.5) izagira ingaruka nziza ku mibereho y’abanyarwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, atangaza ko mu rwego rwo kongera umubare w’abacana umuriro w’amashanyarazi bafite gahunda yo kubyaza umusaruro umuyaga uhora uhuhera muri ako karere munsi y’ikirunga cya Muhabura.
Abahahira mu isoko ry’akabuga riri mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara baravuga ko kuva aho hashyiriwe inkambi y’impunzi z’abanyekongo ibiciro by’ibiribwa byazamutse kubera ubwinshi bw’abantu babikenera.
Itsinda ry’abadepite n’abasenateri riyobowe na Senateri Karangwa Chrisologue ryasuye akarere ka Gisagara, risaba abaturage kugira isuku bubaka ibiraro by’amatungo bakareka kurarana nayo mu nzu bararamo kuko ngo nta terambere umuntu akirarana n’amatungo.
Abaturage bemeza ko kwishyiriraho imihigo bibafasha kurushaho kuyigira iyabo bityo bikanabafasha kuyesa nkuko baba babiteganyije, ugereranije n’uko mbere yabituragaho ntibabashe no kuyisobanukirwa neza.
Abaturage bakora umwuga w’uburobyi mu kiyaga cya kivu, bavuga ko iki kiyaga ari ubukungu bukomeye kuko isambaza n’amafi bagikuramo bimaze kubavana mu bukene mu buryo bugaragarara.
Bamwe mu bagize imiryango isanzwe ifashwa n’Umushinga “Higa ubeho” uterwa inkunga n’abanyamerika bagaragaje uburyo bashoboye kwikura mu bukene, kandi ko bazakomeza imikorere basanganwe mu rwego rwo kwirinda guhora bateze amaboko kuko umushinga wabafashaga wahagaze.
Ubwo zari mu ruzinduko rw’iminsi 10 mu Karere ka Ngororero, Intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko, imitwe yombi zasabye ko uruganda ruzatunganya umusaruro w’imyumbati rutatangira gukora rudasuzumwe ubuziranenge n’ikigo cy’igihugu kibishinzwe, ndetse banasaba ko hakongerwamo ibindi bikoresho basanze bidatunganye (…)
Itsinda ry’abasirikari bakuru biga mu Ishuri rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama bemeza ko u Rwanda rugenda rushyira imbaraga mu kongera ingufu z’amashanyarazi, ku buryo ibindi bihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari bikwiye kurwigiraho byinshi.
Komiseri mukuru w’ Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) Tusabe Richard yatangaje ko batageze ku muhigo bari bahize wo kwinjiza imisoro mu gihembwe cya mbere 2014/2015.
Umusore Kamana Jean François Regis utuye mu Mudugudu wa Mubumbano mu Kagari ka Mikingo mu Murenge wa Kagano,mu Karere ka Nyamasheke avuga ko yakuranye ipfunwe rikomeye ryo kuvukira mu muryango ukennye byatumaga aho yanyuraga hose haba we n’abavandimwe be babinuba ndetse bakabanena, nyamara nyuma yo gutekereza no gufata (…)
Mu rugendo bamwe mu basirikari bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama bagiriye mu Karere ka Rwamagana kuwa Gatatu, tariki ya 4/02/2015, bishimiye ko iterambere ry’ingufu z’amashanyarazi rigenda rizamura iterambere ry’abaturage kandi bagaragaza ko amashanyarazi ubwayo yunganira umutekano rusange.
Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama Brigadier General Charles Karamba aratangaza ko Akarere ka Muhanga gafite umwihariko gashobora kubyaza ingufu z’amashanyarazi ugereranyije n’utundi turere two mu Ntara y’amajyepfo.
Abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama batangariye iterambere abaturage b’Akarere ka Bugesera bamaze kugeraho barikesha umuriro w’amashanyarazi ndetse no gukoresha biogas mu ngo zabo.
Abatuye Akarere ka Gisagara barahamya ko ari ngombwa ko nabo bagira ingengo y’imari mu ngo igamije kubafasha gucunga umutungo wabo.
Bamwe mu baturage bahawe akazi mu bikorwa byo guca imirwanyasuri no gutera ibiti ku nkengero z’umugezi w’Akanyaru mu Murenge wa Mamba ho mu Karere ka Gisagara bavuga ko iki ari igikorwa cyiza, kuko ngo uretse kubungabunga ubutaka bwabo baburinda isuri ngo bizanabafasha mu iterambere ryabo.
Akarere ka Nyanza niko kaza ku isonga mu turere 8 tugize Intara y’Amajyepfo mu micungire idahwitse y’imali ya Leta, n’amakosa 89 yo mu buryo butandukanye mu ngengo y’imali ya 2012-2013.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, Nzahabwanimana Alexis, kuwa 30/01/2015, yatangije ku mugaragaro imirimo yo gusana ikibuga cy’indege cya Kamembe giherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi.
Bamwe mu bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe bo mu kagari ka Kidahwe mu murenge wa Nyamiyaga, bibumbiye mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya, maze abafasha kubona igishoro cyo gukora imishinga ibateza imbere muri gahunda bise “nshore nunguke.”
Abatuye mu Murenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke bavuga ko baheze mu bwigunge bitewe no kuba batagira umuhanda ukoze neza ubahuza n’iyindi mirenge baturanye.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigasha mu Murenge wa Ngarama ho mu Karere ka Gatsibo bavuga ko ubukene bubamereye nabi kubera kutagira ubutaka bwo guhingaho, ikindi kandi ngo nta n’imirimo bashobora kubona byibura ngo babe bajya no guhingira abandi kuko iki kibazo bagihuje.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, James Musoni aratangaza ko gucanira umuhanda Kigali-Rubavu bizatanga umusaruro mu guteza imbere ubucuruzi, ubukerarugendo ndetse no kongera ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Abarimu bahawe akazi ko gukora ibarura ry’ibigo bikorera mu Karere ka Ngororero (Establishment Census ) ryakozwe mu kwezi k’Ugushyingo 2014 barasaba Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyabahaye ako kazi kubishyura umushahara bari bumvikanyeho.
Urugomero rwa Keya rukoresha amazi ya Sebeya ntirurashobora kugeza ku ntego rwari rwitezweho kuko rutanga Kilowati 900 (900Kw) aho gutanga Megawati 2 (2MW) nk’uko byari biteganyijwe rwubakwa.
Umuyobozi w’ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF, International Monetary Fund), Christine Lagarde aravuga ko u Rwanda rwabera urugero rwiza ibindi bihugu mu kwivana ahantu habi no gutera imbere mu bukungu budaheza kandi mu gihe gito.
Abaturage bakoze imirimo y’ubwubatsi ku gasoko kubatse ahitwa ku Gasasangutiya mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira bavuga ko bamaze hafi amezi arenga 6 batarishyurwa amafaranga yabo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu barasaba ko bahabwa ingurane y’amazu yabo bakimuka bagashaka aho kuba dore ko ngo ibibanza n’ibintu bigenda birushaho guhenda.
Mu ruzinduko rw’iminsi 10 abagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi batangiye mu turere twose tw’u Rwanda, mu karere ka kirehe hazibandwa ku bijyanye n’iterambere ry’abaturage bareba uko imishinga imwe n’imwe ikorera muri ako karere yafasha abaturage bakagira imibereho myiza.