Charles Bungurubwenge w’imyaka 29 aratangaza ko yatangiye acururiza abandi imigati n’amandazi ariko ubu ageze ku bikorwa bifite agaciro karenga miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda.
Bimwe mu bihora bihangayikishije urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo birimo no kutagira icyo bakora babashe kwiteza imbere nk’abandi.
Ubwo kuri uyu wa 01/01/2015, abatuye Akarere ka Musanze bihizaga umunsi w’ubunani batangarije Kigali Today ko umwaka urangiye neza kuko ibyo bari biyemeje kugeraho bimwe babigezeho ariko ngo urugendo rw’iterambere ruracyakomeza hakaba hari ibindi bifuza kugeraho muri uyu mwaka wa 2015.
Inama Njyanama y’akarere ka Rutsiro iranenga akarere uburyo gakomeje gushorwa mu manza na ba rwiyemezamirimo kubera amadeni kababereyemo, inama njyanama isaba ko habaho ibiganiro kugirango iki kibazo gikemuke.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon avuga ko mu mpera z’umwaka w’imihigo wa 2014-2015, igice kinini cy’abaturage kingana na 80% bagomba kuzaba batuye mu midugudu, kandi ngo ubukangurambaga bwaratangiye.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bakomeje kubabazwa n’uko akarere kabo nta bikorwa by’iterambere bahabona ndetse hari ibyo bizezwa n’abayabozi bakabitegereza bagaheba, bakibaza ikibitera mu gihe mu yindi mijyi y’uturere baturanye babona ihora izamuka uko bwije n’uko bukeye.
Abayoboke b’idini Maranatha Paruwase Gasharu rikorera mu Mujyi wa Muhanga, mu Karere ka Muhanga, barashinja ubuyobozi bwa Paruwase yabo kunyereza amafaranga y’impano agenerwa abana babo mu munsi mikuru ya Noheli n’ubunani.
Banki nkuru y’igihugu (BNR) iratangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bushoje umwaka wa 2014 bwifashe neza kuko bwitezwe kutazajya munsi y’ikigero cya 7% kandi ikigero cy’urwunguko isaba abashoramari mu by’imari kizaguma kuri 6.5%.
N’ubwo Umunyarwanda yemerewe gutura aho ariho hose mu gihugu cye ariko nanone ngo ntakwiye kuba umutwaro aho agiye gutura hashya; nk’uko bisobanurwa na Depite Bwiza Sekamana Conny.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rurahamagarirwa kwibumbira mu makoperative rugakorera hamwe rukaba rwanaterwa inkunga.
Abaturage bo mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara, baratangaza ko imihigo y’ingo yatumye bagera kuri byinshi mu iterambere muri uyu mwaka turimo gusoza.
Abaturage bo mu murenge wa Burega n’uwa Buyoga barishimire iyubakwa ry’ikiraro kigiye kubakwa hagati y’iyi mirenge, kuko bazabasha guhahirana neza ubusanzwe byabagoraga kubera umugezi wacaga hagati y’iyi mirage ihana imbibe.
Ibibanza bikora ku muhanda nibyo bifite agaciro mu murenge wa Runda kuko aribyo bihabwa icyangombwa cyo kubyubakamo. Ku bw’iyo mpamvu abaturage bafite amasambu adakora ku muhanda, bemerera ubuyobozi gucishamo umuhanda ku buntu kugira ngo nayo agire agaciro.
Abatuye umurenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baravuga ko ikibazo cyo kutagira amazi gikomeje kuba ingorabahizi kuko bamaze igihe kinini bayategereje n’ubu bakaba bakivoma mu mibande.
Inka eshanu zatanzwe n’Abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bufaransa ubwo bari mu nama ya 12 y’umushyikirano zorojwe abaturage bo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Leta y’u Rwanda n’ihuriro ry’amashami y’Umuryango w’Abibumbye (ONE UN) basinyanye amasezerano yo gutera u Rwanda inkunga ya miliyari 50 z’amanyarwada mu rwego rwo guteza imbere imishinga itandukanye y’iterambere n’imibereho y’abaturage.
Imwe mu miryango ituye mu Karere ka Gakenke irishimira uburyo abashakanye basigaye buzuzanya mu ngo zabo, bitandukanye no mu myaka yashize kuko 80% by’imiryango ituye aka karere bahoranaga amakimbirane ahanini ashingiye ku mutungo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu basanga barageze kuri byinshi mu iterambere mu mwaka wa 2014 ugana ku musozo, kandi biteguye kubyongera kurutaho umwaka utaha bakarushaho gutera imbere.
Akarere ka Rusizi karasaba abaturage kujya kurega Rwiyemezamimo wabambuye mu butabera kugira ngo barenganurwe.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Gishubi ho mu Karere ka Gisagara baravuga ko bishimira kuba bajya mu bandi bakungurana ibitecyerezo byo kwiteza imbere, kuko kera bitashobokaga kuko nta mugore wari ufite ijambo.
Abagore bibumbiye muri Koperative “COVAMAYA Imirasire” y’ababoshyi b’uduseke ibarizwa mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera baratangaza ko kumenya gusoma no kwandika byatumye bongera umusaruro ukomoka mu bikorwa byabo kuko batakibura amasoko kandi mbere barayatakazaga.
Abaturage batuye Umurenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe cyane cyane urubyiruko barishimira ko nibabona amashanyarazi bizabakura mu bukene kuko bazihangira imirimo isaba ingufu z’amashanyarazi bityo bakagera ku iterambere.
Umuhinzi w’ibihumyo witwa Eularie Dusenge utuye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gahanga, avuga ko umurimo wo guhinga ibihumyo yiyemeje gukora kuva mu mwaka w’2010, umutunze kandi ukaba umuha amafaranga yenda kungana n’ay’umwarimu warangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0).
Abagore bo mu murenge wa rukara mu karere ka Kayonza bihaye gahunda yo gufashanya gutura heza, ibyo bakaba babikora bareba bamwe muri bagenzi babo bafite inzu zatangiye gusaza bakajya kubaha umuganda wo kuzikurungira no kuzisubiriza.
Abakozi bashinzwe amakoperative, iterambere n’ishoramari hamwe n’abanyamabanga bahoraho b’ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADF) bo mu turere tugize u Rwanda bakoreye urugendoshuri mu karere ka Ngororero baje kwigira kuri aka karere ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera mu bikorwa by’iterambere.
Ikigo gikora ubusesenguzi n’ubushakashatsi kuri gahunda za Leta mu Rwanda (IPAR), cyasabye Leta ko iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda rigomba kwita ku rwego rw’imari cyane ndetse no gufasha mu bikorwa by’ubushakatsi mu by’ubukungu.
Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho ku kigereranyo cya 7,8% mu gihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka dusoza wa 2014, ahanini biturutse ku iterambere rya serivisi zitangirwa mu Rwanda ndetse n’ubuhinzi bujyanye n’ibiribwa.
Umuhanda Base-Gicumbi-Rukomo-Nyagatare wari waravugishije benshi, wabonye inkunga ya Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) ingana n’amadolari y’Amerika miliyoni 74.4$ (Leta y’u Rwanda nayo ikazatangamo miliyoni 4.5 $) yo kuwubaka igice kimwe cyo kuva Base–Gicumbi-Rukomo, hareshya na kilometero 51.
Mu rwego rwo kurwanya ibidindiza iterambere ry’umujyi wa Byumba wo mu karere ka Gicumbi, hafashwe ingamba ko abahawe ibibanza ntibabyubake babyamburwa bigahabwa abashoboye kubyubaka.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’imboni ya Guverinoma mu Karere ka Gicumbi, Johnston Busingye arasaba abikorera n’abavuga rikumvikana bo mu Karere ka Gicumbi gukora bakiteza imbere bityo umujyi wa Byumba ukareka gusigara inyuma.