Abayobozi bo mu ntara y’amajyaruguru barasabwa kurushaho kwegera abaturage bakabasobanurira ububi bwo kuba bakwishora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro nta burengenzira.
Imibare yashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero igaragaza ko ku ngengo y’imari yako abaturage bagiramo uruhare rusaga gato 30% by’imari yose ikoreshwa, kubera ibikorwa bakomeje kongera bituma bagira uruhare mu kuzamura akarere kabo.
Nyuma yo kongererwa ingengo no guhabwa inkunga idasanzweyo yo kugafasha kwihutisha iterambere kubera ari kamwe mu turere tuvugwamo ubukene kurusha utundi mu Rwanda, akarere ka Ngororero kabashije kuvana imiryango ibihumbi 40 mu bukene mu gihe cy’imyaka ine.
Abagore bibumbiye muri Koperative “Jyambere Ruberangera” yo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi baravuga ko kwibumbira muri Koperative bimaze kubateza imbere kandi bikaba byaragabanyije amakimbirane mu ngo kuko ngo batagisaba abagabo buri kantu kose bakeneye.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Ngoma ruvuga ko bishoboka ko urubyiruko rwakumira amakimbirane ashingiye ku butaka ari kugaragara cyane muri iki gihe rimwe na rimwe akabyara imfu z’abantu.
Umurenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero usanzwe ari umwe mu mirenge 5 ikora ku muhanda wa kaburimbo wambukiranya aka karere, ku mirenge 13 yose ikagize. Gusa uyu murenge ukaba udafite indi mihanda ihagije ikozwe neza iwuhuza n’uduce bihana imbibi haba mu karere no hanze yako.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buzakomeza kugabira inka abatishoboye muri gahunda ya “Gira Inka” munyarwanda ndetse mu mihigo y’umwaka 2014-2015 bwiyemeje gutanga inka 1200 zizagabirwa abatishoboye bo muri ako karere.
Muri kongere y’urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi rwo mu Ntara y’Amajyaruguru yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 16/08/2014, urubyiruko rwiyemeje gufata iya mbere mu guteza imbere igihugu cyabo babinyujije mu bikorwa by’ishoramari.
Muhayimana Aimable utuye mu kagari ka rususa, umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero ukora akazi ko gucura ibikoresho bitandukanye ku buryo bwa gakondo, avuga ko akazi ke kamuha amafaranga amutunze akagaya abasuzugura akazi ako ariko kose igihe kemewe kandi gatunze nyirako.
Abajyanama bagize inama njyanama y’akarere ka Kayonza kuva tariki 14/08/2014 bari mu mwiherero w’iminsi ibiri, biga uburyo barushaho kwihutisha iterambere ry’ako karere no kuzamura imibereho myiza y’abaturage mu buryo bwihuse.
Koperative KODUKUMU igizwe n’abacuruzi bo mu Karere ka Musanze irimo kubaka isoko rya kijyambere rizuzura ritwaye amafaranga asaga miliyari 4.5. Imirimo yo kuryubaka yaratangiye biteganyijwe ko izarangira mu myaka ibiri iri imbere.
Ubwo kuri uyu wa 12/08/2014 ku isi hose bari mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe urubyiruko, mu Karere ka Gakenke uyu munsi ku rwego rw’akarere wizihirijwe mu murenge wa Mugunga urubyiruko ruhatuye rukaba rwifatanyije na Hon Philbert Uwiringiyimana uhagarariye urubyiruko mu nteko ishingamategeko.
Abatuye umudugudu wa Kamuhoza, akagari ka Kagina, mu murenge wa Runda, bafite ikibazo cy’uko bakoresha amazi mabi bavoma mu mugezi utemba witwa “Icyogo”. Aya mazi ngo agira ingaruka ku buzima bwa bo kuko abatera uburwayi bukomoka ku isuku nke.
Abagore bibumbiye mu matsinda mu karere ka Kirehe baremeza ko nyuma yo gusobanukirwa n’ibyiza byo kuba mu makoperative biyemeje kwibumbira mu makoperative kugira ngo bashobore gufashanya kwiteza imbere ku buryo bwihuse.
Mugorewishyaka Latifa wo mu cyiciro cy’abasigajwe inyuma n’amateka ngo asanga bagenzi be badakwiye gukomeza gutegera Leta amaboko ku byo bakeneye byose, kuko yamaze kubona ko bishoboka ko na bo bakora bakiteza imbere ubwabo.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi bavuga ko bagiye bakorera ba rwiyemezamirimo batandukanye bakabambura, abenshi mu bambuwe bigaragara ko bifitanye isano n’ubujiji kuko bagiye bakorera ba rwiyemezamirimo nta masezerano bagiranye noneho ba rwiyemezamirimo barangiza imirimo yabo bakigendera.
Umuyobozi w’akarere Ndizeye Willy atangaza ko ku bufatanye n’abafatanyabikorwa n’abagenerwabikorwa, akarere kabashije kwesa imihigo ku kigereranyo cya 96%, mu bikorwa byose aka karere kashoyemo amafaranga agera kuri miliyoni 24.
Ubwo abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo bagaragarizwaga ibyavuye mu ibarura rusange ryo mu mwaka wa 2012, ku itariki ya 7/8/2014, bagaragarijwe ko hari ubucucike bwinshi bw’abahatuye ndetse n’umubare munini w’abasuhuka bava muri iyi ntara bajya mu zindi.
U Rwanda rwasinyanye na Banki y’Isi amasezerano y’inkunga ya miliyoni 15 z’amadolari ya Amerika yo kurufasha guhangana n’ibibazo by’ihohotera rishingiye ku gitsina no guteza imbere serivisi zishinzwe kwakira abahuye nabyo.
Inzu ifite agaciro ka miliyoni 13 z’amafaranga y’u Rwanda, yashyikirijwe umusaza Nashamaje Antoine w’imyaka 70 kuri uyu wa 3 tariki ya 06/08/2014, akaba ari inzu yubatswe n’ishuri rya Mpanda VTC riherereye mu karere ka Ruhango mu murenge wa Byimana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe butangaza ko bwihaye ukwezi kwa Cyenda uyu mwaka wa 2014 ngo imiryango 142 yari yahatujwe y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania ibe yamaze kuzurizwa amazu yabo yo kubamo.
Mu rwego rwo kurushaho kwiteza imbere, akarere ka Rulindo katangije gahunda y’iminsi 500 iteganyijwemo ko buri muturage utuye aka karere uyu mwaka ugomba gusiga nibura afite itungo mu rugo rwe, ahinga akeza kandi neza , n’ibindi bijyanye no kwiteza imbere.
Gereza ya Muhanga muri uyu mwaka ushize yesheje umuhigo wo kwinjiza amafaranga y’u Rwanda angina na miliyoni 150 y’u Rwanda mu gihe bari basinye kwinjiza miliyoni 90.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi, aratangaza ko Guverinoma ayoboye ifite ingamba nshya zo kuzamura ubukungu ariko akibanda ku gutanga inguzanyo, kugera ku kigero cya 20% mu mwaka wa 2017 zivuye kuri 15,6% ziriho ubu.
Akarere ka Muhanga kagaragaramo ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro hafi y’imirenge 12 yose ikagize ariko ubu bucukuzi ntiburagera ku ntera ishimishije kuko ngo umusaruro mwinshi upfa ubusa kubera gucukura ku buryo bwa gakondo, kimwe no kuba hangizwa ibidukikije ahacukurwa aya mabuye yiganjemo corta na gasegereti.
Jackeline Kayitesi, w’imyaka 55 aratangaza ko ari kugenda ava mu buzima bubi nyuma yo kureka gucururiza mu muhanda akishunga bagenzi be bagakodesha inzu. Avuga ko imyumvire iri hasi ari yo ituma hari abanga kuva mu muhanda bakeka ko ariho hari inyungu nyinshi.
Urubyiruko rutandukanye rwo mu karere ka Nyanza 433 rurahamya ko amahugurwa rwahawe mu gihe cy’amezi atatu gusa atabaye impfabusa, kuko hafi ya rwose rwamaze kwihangira imirimo yo kuruteza imbere rudategereje gusabiriza akazi.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Nyamata II, akagali ka Nyamata ville mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, barasaba ubuyobozi bwa EWSA kubahiriza amasezerano bari bagiranye yo kubaha umuriro ariko nyuma EWSA ikabasaba kwigurira insinga z’amashanyarazi.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ngo ubuzima bwabo bugenda buhinduka umunsi ku wundi. Umubare munini umaze kubakirwa amacumbi begerejwe umuriro uva ku mirasire y’izuba n’amazi ari mu nzira zo kubageraho.
Bamwe mu batuye ahitwa “ku mashini” mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bemeza ko babangamiye no kutagira aho bavoma amazi kuko n’aho bavoma kuko aho bavoma amazi yaho adahagije ndetse akaba ari no ku muhanda hashobora guteza impanuka.