Umutwe w’Inkeragutabara, usanzwe umunyerewe mu bikorwa byo kurinda umutekano n’ibindi bigamije iterambere rusange, umaze guhugurirwa gutera amatungo intanga, kugirango ufashe Leta kuziba icyuho cy’abakozi badahagije, nk’uko bitangazwa n’ikigo RAB gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.
Akarere ka Gicumbi kishimiye ko kabonye ivuriro ry’amatungo ry’icyitegererezo kandi ubu bakaba batazongera kuvura indwara batazi kuko mbere bavuranaga urujijo.
Kuva tariki 12/11/2012 mu mirenge ya Kabarore na Rwimbogo yo mu karere ka Gatsibo haravugwa indwara y’uburenge yibasira inka.
Aborozi bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza bari guhura n’igihombo kubera ko bashyiriweho akato kubera indwara y’uburenge yagaragaye muri uwo murenge. Aborozi bafite inka zikamwa bavuga ko batemerewe kugurisha amata ahantu na hamwe.
Inama Njyanama y’akarere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012, yemeje ko abantu bose bororera inka mu mujyi wa Musanze bimurira amatungo yabo mu bice by’icyaro mu gihe kitarenze amezi atandatu.
Abakora umwuga wo gucuruza inyama bo mu mujyi wa Nyagatare barasaba ko bakwemererwa kubaga inka zabo bemeza ko akato kazisanze mu ibagiro, ariko abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo batangaza ko iki cyifuzo cyabo kitakwemerwa mu gihe batagaragaza ibyangombwa by’izo nka n’igihe zagereye mu ibagiro.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, arasaba aborozi bo mu duce twagaragayemo indwara y’uburenge kubahiriza akato kashyiriweho inka zamaze kwandura, kugira ngo zibanze zivurwe zitanduza izikiri nzima.
Umugabo witwa Uwifashije Hiramu afungiye kuri sisasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze, kuva tariki 26/11/2012 akekwaho kwigira veterineri maze akabyaza inka bikayiviramo gupfa ndetse n’iyo yahakaga.
Ikibagarira ni indwara iterwa n’uburondwe ikunda kwibasira inka za kijyambere cyane cyane inyana. Uretse ko uburyo bwo kuyivura bunahenze cyane, buragoye kuko n’iyo itungo rirusimbutse risigarana ubumuga.
Abaturiye ikiyaga cya Burera bavuga ko icyo kiyaga gifite ubujyakuzimu burebure ku buryo iyo bagiye kuroba amafi arimo yigira hasi ntiyogere hejuru bigatuma batayaroba, bagira n’ayo baroba akaza ari mato kandi ari na make.
Akarere oa Huye gafite umwihariko wo kweza bwiz kurusha ahandi kubera imiterere y’ako, nk’uko bitangazwa n’Umuryango utegamiye kuri Leta (ARDI) ufasha abaturage b’abakene kwiteza imbere binyuze mu myuga iciriritse, harimo buhinzi no ku bworozi.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) buratangaza ko kubera gahunda yo gukumira indwara zishobora gufata amatungo, guhera tariki 09/09/20110, buzatangiza gahunda yo kurwanya isazi ya Tsetse n’indwara ya Tripanosomiase ikwirakwiza n’iyo sazi mu duce twegereye Pariki y’Akagera.
Uwambajimana Felicien wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Gihinga, umurenge wa Gacurabwenge, yagitse imizinga y’inzuki mu biti by’amashyamba ya Leta no mu by’abaturanyi. Mu gihe cy’umwaka akuramo ibiro birenga 300 by’ubuki.
Kuva aho mu karere ka Ruhango hatangiriye kuvugwa indwara y’inka yitwa Ubutaka tariki 23/07/2012, inka zigera ku munani zimaze gupfa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba ubufatanye hagati y’abaturage, abacuruzi n’ubuyobozi kugira ngo hakumirwe indwara y’uburenge yibasiye tumwe duce tw’igihugu cy’Ubugande duhana imbibe n’Akarere ka Nyagatare.
Mu gihe hari abaturage bavuga ko impfu za hato na hato z’inka mu karere ka Kayonza ziterwa nuko abavuzi b’amatungo batazitaho, veterineri w’akarere avuga ko izo nka zapfuye zizize indwara kimwe n’uko n’irindi tungo ryapfa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ifite gahunda yo kongera umusaruro w’amafi, ku buryo umubare w’Abanyarwanda barya amafi mu 2017 uzaba urenze ikigero cy’ifatizo cy’Ikigo mpuzamahanga kita ku mirire (FAO).
Ishami ry’umurango w’abibumbye ushinzwe ubuhinzi (FAO) uratangaza ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hamwe no mu bihugu biyikikije hateye icyorezo cyica amatungo y’ihene. Muri RDC hamaze gupha ihene ibihumbi 75.
Intara y’Uburasirazuba ariyo ifite inka nyinshi ugereranyije n’izindi ntara ariko izo nka zifitwe n’abantu bakeya ugereranyije n’umubare w’abaturage batuye iyi ntara; nk’uko bitangazwa na Guverineri w’intara y’uburasirazuba, Uwamariya Odette.
Inka 20 zahawe abaturage bo mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nyagatovu mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza tariki 22/02/2012. Izi nka zatanzwe n’umuryango Heifer International zije zisanga izindi 15 uyu muryango uherutse gutanga muri uyu mudugudu.
Abarozi bo mu mirenge itanu yo mu Karere ka Gakenke bashyizeho ubwisungane mu kuvuza amatungo yabo bakemura ikibazo cy’amafaranga yo kuvuza inka.
Inzobere mu bworozi bw’inzuki ziratangaza ko habonetse indwara yitwa varroa mu nzuki zo mu Rwanda ku buryo ngo hatagize igikorwa nta ruyuki rwaba rukibarizwa mu Rwanda nyuma y’imyaka ibiri.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, aganira n’abanyamakuru tariki 13/12/2011, yasobanuye uburyo gahunda ya Girinka Munyarwanda ikorwa; by’umwihariko kubona inka binyuze mu ma banki.