Perezida Rodrigo Duterte yakangishije abaturage gufungwa mu gihe baramuka banze gukingirwa Coronavirus. Philippines ni kimwe mu bihugu bya Aziya byibasiwe n’icyo cyorezo cyane, aho ubu gifite abantu basaga Miliyoni 1.3 bamaze kuyirwara ndetse n’abasaga 23.000 bamaze guhitanwa na yo.
Umugabo witwa Ziona Chana, wo muri Leta ya Mizoram mu Majyaruguru y’u Buhinde, wari uzwiho kugira umuryango munini cyane, kuko yari afite abagore 39 n’abana 94, yapfuye tariki 14 Kamena 2021, asize uwo muryango.
Muri Afurika y’Epfo haravugwa inkuru y’umugore wibarutse abana 10 inshuro imwe, aca agahigo ko kubyara abana benshi icyarimwe mu mateka y’isi nyuma y’uwitwa Halima Cisse wabyaye abana icyenda muri Maroc muri Gicurasi.
Leigh-Anne Pinnock ubu ngo yayobewe icyo yakora n’icyo yareka kubera kubabazwa cyane no kuba impeta ye yambikwa abakundana ariko batarashakana (bague de fiançailles) yaribwe.
Isambaza zo mu bwoko bw’indugu ku wa 25 Gicurasi 2021 zabonetse mu kiyaga cya Kivu zapfuye zireremba hejuru y’amazi. Ni isambaza zabonetse nyuma y’umutingito wabaye amazi yo mu kiyaga cya Kivu yitera hejuru, nyuma y’akanya gato isambaza zihita zireremba hejuru y’amazi zapfuye.
Grace Mugabe wahoze ari umugore wa Robert Mugabe wari Perezida wa Zimbabwe, yategetswe n’urukiko gakondo (traditional court) gutanga inka eshanu(5) n’ihene ebyiri (2) kuko yashyinguye umugabo we mu buryo budakwiriye, bityo akaba ngo yarishe imigenzo ijyana no gushyingura umugabo we.
Bavuga ko urukundo rwihangana, ariko ubanza rutihanganira umusore utazi imibare, dukurikije ibyabaye ku musore n’inkumi batifuje gutangazwa amazina, bo mu ntara ya Uttar Pradesh.
Leta ya Serbia izishyura amayero 25 angana n’ibihumbi makumyabiri n’umunani n’amafaranga 500 y’u Rwanda (Frw 28,500) kuri buri muturage wikingije, no ku bazikingiza kugeza mu mpera za Gicurasi.
Amafoto y’isake irwana n’ishusho yayo yafatiwe ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali yakomeje gutangaza abantu kubera ibiyagaragaramo.
Ku gicamunsi cyo ku wa kabiri tariki 13 Mata 2021 mu Kiyaga cya Ruhondo giherereye mu Karere ka Musanze, hagaragaye Isata, abayibonye bwa mbere bibabera amayobera.
Uruganda rwa NIKE rukora imyambaro n’inkweto bya siporo rwareze ikigo cy’ubucuruzi cya Brooklyn art collective MSCHF, kiganye inkweto za NIKE kikazita “Inkweto za Satani”, zirimo n’ibitonyanga by’amaraso y’abantu ku gikandagizo.
Mohammed Ibrahim Battah, umunya Misiri usanzwe ukora umwuga wo gusiga amarangi, yabaye icyamamare kuko asa ku buryo butangaje na Lionel Messi, umunya Argentine ufatwa nk’umukinnyi wa mbere ku isi muri ruhago.
Laurien Ntezimana ni Umunyarwanda wavukiye mu Majyepfo y’u Rwanda i Gishamvu mu Karere ka Huye, akaba ari musaza w’intwari y’u Rwanda , Niyitegeka Félicité, afite imyaka 66, yize ubumenyamana (Theologie) mu gihugu cy’u Bubiligi akaba yarabaye mu iseminari nkuru ya Nyakibanda ndetse yize no muri kaminuza ya Kinshasa.
Abayobozi mu nzego z’ubuzima muri ‘California’ muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko bagiye gukora iperereza ku muganga ubaga (chirurgien plasticien), witabye urukiko mu buryo bw’ikoranabuhanga ‘video conference’ kubera icyaha yari yakoze kijyanye no kwica amategeko yo mu muhanda, akarwitaba anabaga umurwayi.
Urukiko rw’i Beijing mu Bushinwa rwategetse umugabo guha umugore we indishyi y’ama ‘yuan’ ibihumbi mirongo itanu (50.000) angana n’Amadolari 7,700 (abarirwa muri miliyoni 7 mu mafaranga y’u Rwanda) kubera imirimo yagiye akora mu rugo mu myaka itanu bamaze bashakanye kandi akaba atarishyuwe.
Irimbi rya Camogli ryubatswe mu myaka isaga 100 ishize, riherereye ahantu ku rutare ruri ku nkengero z’inyanja ryaridutse kubera isuri. Francesco Olivari, Meya wa Camogli, yavuze ko uko kuriduka kw’iryo rimbi ari ikiza umuntu atashobora gutekereza "unimaginable catastrophe".
Abantu bane bo mu Mujyi wa Blantyre mu gihugu cya Malawi bafunzwe nyuma yo gutegura indabo z’amaroza mu noti z’Amafaranga y’icyo gihugu yitwa ama Kwacha (Malawi Kwacha banknotes).
I Kinshasa mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu gitondo cyo ku wa kane tariki 18 Gashyantare 2021, hagaragaye inkingi y’amayobera ikoze mu cyuma gishashagirana cyane izwi nka ‘Monolith’, bakaba barayibonye aho batazi uko yahageze n’aho yaturutse.
Ifi yororerwa mu rugo mu rwego rw’umutako iba igomba guhora yoga kandi yogera mu kintu runaka yashyizwemo gifunze. Gusa ubuzima bw’ifi nk’iyo ubundi ihora yoga bishobora kuyigora nyuma ikaba itabibasha kubera impamvu runaka.
Michael Martinez ni umwana w’imwaka irindwi, utuye ahitwa Aledo, muri Texas muri Leta zunze Ubumwe za Amerika. Yavukanye ikibazo gituma adashobora kugenda, ubu akaba agendera mu kagare k’abafite ubumuga. Ubu arafatwa nk’intwari nyuma y’uko agiye akambakamba akagera ku cyumba ababyeyi be bari baryamyemo basinziriye, (...)
Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Bushinwa basaba ko amategeko agenga ibyo kubaga hagamijwe kongera ubwiza yakazwa.
Abageni ari bo Justin ukomoka mu Mujyi wa Kansas muri Leta Missouri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Stephanie Armstrong, batunguwe no guhatirwa guhagarika ubukwe bwabo, kuko umukwe (Justin) yari yapimwe basanga yanduye Covid-19.
Abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bakomeje guha urwamenyo abari bashinzwe kuzana urukingo rwa Covid 19 muri Algeria, kubera kwibeshya gupakira bakazana inzoga za Vodka bazitiranyije n’urwo rukingo.
Mu mpera z’ukwezi gushize k’Ugushyingo 2020, umufotozi tudashatse kuvuga umwirondoro we, yahagaze imbere y’Urugaga rw’Abakora imirimo ishamikiye ku buvuzi atambaye agapfukamunwa, bamusaba kukambara.
Imibumbe ya Jupiter na Saturn mu ijoro rishyira ku wa 22 Ukuboza, yagaragaye yegeranye cyane kurusha uko iheruka kugaragara mu myaka 800 ishize maze bisa n’ibishushanyije ‘Inyenyeri ya Noheli’.
Pretty Mike, umunya-Nigeria wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yitabiriye ubukwe bwa Williams Uchemba ari kumwe n’abakobwa 6 bose batwite inda ze nkuru.
Rwabudandi Cyprien w’imyaka 89 y’amavuko na Nyirabashumba Asela w’imyaka 82 y’amavuko basezeranye imbere y’ubuyobozi, umuhango ukaba wabereye mu Murenge wa Gisenyi mu Kagari ka Rubavu mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukwakira 2020.
Itangazo ry’Umurenge wa Gisenyi Kigali Today yabonye, rihamagarira abantu kwitabira cyamunara y’ihene yibwe mu mupaka ku butaka butagira nyirabwo, aho umushinjacyaha yasabye ubuyobozi bw’umurenge kuyiteza cyamunara amafaranga agashyirwa mu kigega cya Leta.
Leta y’u Bufaransa irimo gutegura ibihano bigenewe abaganga batanga impapuro zitwa "icyemezo cy’ubusugi" (Certificat de virginité) zihabwa abagiye kurushinga binyuze mu madini.
Timothy Ray Brown uzwi nka ‘The Berlin Patient’ cyangwa se umurwayi w’i Berlin, wahawe igice cy’imbere mu igufa cyitwa umusokoro n’utari urwaye muri 2007, ubu yishwe na kanseri yo mu maraso.