Abasirikare, abapolice n’abasivire 25 baturuka mu bihugu bitandatu by’Afurika barimo guhugurwa ku mategeko y’intambara muri Rwanda Peace Academy.
Abaganaga bakora ku bitaro bya Nemba mu Karere ka Gakenke, barasaba kwishyurwa imishahara y’amezi abiri bamaze badahebwa.
Hategekimana Jean Pierre wo mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke afunzwe akurikiranweho ibiti 82 by’urumogi yahinze mu isambu ye.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko amarushanwa y’umurenge Kagame Cup ari mu bintu bituma barushaho kwishimisha no gusabana.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Gakenke barasabwa kuba abanyamuryango nyabo bakarushaho gukora ibikorwa bitezimbere Abanyarwanda.
Imvura yaguye mu ijoro ryo kuri uyu wa 18/Mata/ 016 i Musanze yateje umwuzure mu Murenge wa Gataraga inasenya amazu makumyabiri andi arangirika cyane.
Abantu batatu mu Karere ka Gakenke barimo n’Umukozi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Murenge wa Muzo barashinjwa ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ingabo z’Igihugu (RDF) zaburijemo igitero cy’abitwaje intwaro gakondo bateye urugo rwa Mpembyemungu Winifrida wahoze ayobora Akarere ka Musanze; ucyuye igihe.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Musanze barasaba kubakirwa inzibutso zigaragaza amateka, kuko izihari zubatswe mu buryo butagezweho.
Perezida Kagame arasaba abaturage bo mu Karere ka Gakenke gukora neza kandi bakuzuzanya, kuko aribyo bizabafasha kurushaho kwiteza imbere.
Njyanama y’Akarere ka Gakenke iravuga ko igiye kumanuka ikegera abaturage kuko bizatuma barushaho kumenya ibibakorerwa, n’abajyanama bakamenya ibyo abaturage bakeneye.
Abarezi bo mu Karere ka Gakenke barasaba kwongererwa amasaha bigishamo isomo ry’Igifaranga kugira ngo abana bazamuke bafite ubumenyi bungana mu ndimi.
Akarere ka Gakenke kavuga ko kifuza ko abafatanyabikorwa bagafasha kugaragaza ibyuho mu mihigo kihaye, aho kwirebera izindi gahunda zabo gusa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke burasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge kujya babwiza ukuri abaturage ku bibakorerwa, kugira ngo birinde ko babashinja kubabeshya.
Akarere ka Gakenke katangije umushinga bise “Kunoza irembo ry’injira iwacu”, ugamije kwerekana ibyiza by’akarere ariko ukanafasha abaturage kwiteza imbere.
Abunzi bo mu Karere ka Gakenke baratangaza ko telefone bahawe n’umukuru w’igihugu Kagame Paul zigiye kubafasha kunoza akazi.
Abagabo bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze baratangaza ko kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore bibafasha kurushaho gusabana n’abagore.
Komiseri mukuru w’itorero ry’igihugu Rucagu Boniface asanga gushinga kaminuza atari ubucuruzi ahubwo ari ukubaka igihugu.
Abarimu bigishaga mu ishuri ry’imyuga rya VTC Rusasa, mu Murenge wa Rusasa, Mu Karere ka Gakenke, barasaba kwishyurwa miliyoni 4frw.
Intumwa z’abakozi b’ibigo byigenga mu karere ka Gakenke baratangaza ko bungutse ubumenyi buzabafasha kumvikanisha abakozi n’abakoresha mu bibazo bakunze kugirana.
Urubyiruko rw’abahungu 28 rwo mu karere ka Gakenke ruvuye i Wawa ruratangaza ko rubabazwa n’umwanya rwataye rukoresha ibiyobyabwenge.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke bakora akazi ko guhonda amabuye bavuga ko byabahinduriye ubuzima bikanabakura mu bushomeri.
Abajyanama mu by’ubuhinzi n’abakozi b’imirenge bashinzwe ubuhinzi mu Karere ka Gakenke, barasabwa guhozaho amatsinda ya "Twigire Muhinzi" kuko bizabafasha kongera umusaruro.
Abatuye mu karere ka Gakenke barimo gukora imihanda barishimira ko imirimo bakora ibikabafasha kwiteza imbere.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke basanga iterambere igihugu kimaze kugeraho rifitanye isano n’amatora kuko bagira uruhare mu kwitorera abayobozi.
Abakandida baziyamamariza ubujyanama rusange mu karere ka Gakenke ntibavuga rumwe ku ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga biyamamaza kuko bishobora kuzateza imbogamizi.
Abayobozi b’Akarere ka Gakenke bacyuye igihe baratangaza ko bishimira ko bashoboye gusigasira umutekano muri ako karere kigeze kuba indiri y’abacengezi.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru n’ubw’ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) mu majyaruguru, buravuga ko imirenge Sacco itarasubizwa amafaranga yu Rwanda asaga miliyari 6.
Ubwo intumwa za rubanda zari mu Karere ka Gakenke zasanze hakiri ikibazo gikomeye cy’isuku nke mu mirenge zasuye.
Abaturage bo muri Bisate mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze baravuga ko batakirya ibirayi kubera uburyo bisigaye bihenze.