Biteganyijwe ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, uyu munsi yakira Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida wa Republika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, mu biro bye (White House), mu muhango wo gusinyana amasezerano y’amahoro n’ubufatanye mu by’ubukungu.
Kuri uyu 4 Ukuboza 2025, i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hategerejwe umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ubwo yitabiraga umwiherero w’Abanyarwanda baba muri Diaspora n’inshuti z’u Rwanda, wabereye i Paris mu Bufaransa mu mpera z’icyumweru gishize (Rwandan Diaspora Retreat 2025), Banki ya Kigali (BK), yabagaragarije amahirwe ahari yo gushora imari mu rugendo rw’iterambere u Rwanda rukomeje.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Telesphore Ndabamenye, yagaragaje ko ikibazo cy’igwingira ry’abana bari munsi y’imyaka itanu kidakwiye kureberwa gusa mu mirire mibi, ahubwo no kumenya ko abo bana bafite ibyo barya bihagije, asaba abafite aho bahuriye n’icyo kibazo kureka kujya babiganirira mu nama gusa, ahubwo bakajya (…)
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda, ari inkingi ikomeye ifatiye runini Igihugu n’abagituye.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Mbere tariki 1 Ukuboza 2025, Perezida Paul Kagame, yagize Dr. Telesphore Ndabemeye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi asimbuye Dr. Mark Cyubahiro Bagabe.
Abafata imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA (HIV/VIH), basanga ikwiye gukundwa, kubahwa no gufatwa neza, kuko ari kimwe mu bibafasha kubaho neza no kumara igihe kirekire.
Mu muganda rusange usoza ukwezi wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Ugushyingo 2025, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Hon. Gertrude Kazarwa, wifatanyije n’abatuye mu Karere ka Rulindo muri icyo gikorwa, yibukije urubyiruko kugira isuku, bakayitoza na barumuna babo.
U Rwanda rugiye gutangiza ubuvuzi bushya bushingiye ku ikoreshwa ry’ibinyabutabire hakoreshejwe ingufu za nikeleyeri (nuclear medicine), mu rwego rwo kongera ubushobozi bwo gusuzuma no kuvura indwara zikomeye zirimo iza Kanseri, umutima, impyiko n’izindi.
Guhera mu kwezi gutaha (Ukuboza), mu Mujyi wa Kigali haratangizwa gahunda nshya yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma imodoka zikoreshwa nk’uburyo bwizewe kandi bwita ku bidukikije.
Abajyanama mu bya gisirikare muri Ambasade (Defense attaches) zitandukanye zikorera mu Rwanda, beretswe bamwe mu bahoze ari abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR wiganjemo abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, ubu bakaba baratashye.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), igiye gukuraho inoti z’Amafaranga y’u Rwanda zishaje, zimaze imyaka irenga 10 zikoreshwa.
Kuba urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi ari rumwe mu nkingi zikomeye zifatiye runini Igihugu, byatumye Banki ya Kigali (BK), ifata iya mbere mu guteza imbere urwo rwego ishoramo imari.
Ni kenshi imiryango n’amahuriro atandukanye y’abantu bafite ubumuga, bagaragaza ko abantu bafite ubumuga bahezwa cyangwa se ntibahabwe amahirwe agana n’ay’abandi batabufite mu gupiganirwa no guhabwa akazi, bakifuza ko bashyirirwaho imibare yihariye.
Abatuye mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko abakiriya ba Banki ya Kigali (BK), basanga iyo banki bayigereranya nk’inka idateka cyangwa umugore uri mu rwe, kubera ukuntu ibitaho mu bikorwa bitandukanye bibafasha kwiteza imbere.
BK Group Plc yatangaje ko imikoranire myiza n’abakiriya babo yatumye mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka (2025) bagira urwunguko rwa miliyari 83.5 Frw zingana na 19.8% ugereranyije n’ayo mezi umwaka ushize.
Abanya Isiraheli basanga nta gikozwe ngo kubiba urwango n’amacakubiri bigaragara hirya no hino ku Isi bihagarare, amateka ya Jenoside bahuriyeho n’u Rwanda, ashobora kugera aho ari ho hose ku isi.
Ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), bugaragaza ko kuba haboneka umuntu ufite ubumuga by’umwihariko ukambakamba adafite igare, biba ari uburangare buturuka ku muntu umwe cyangwa uwundi.
Leta y’u Rwanda yakiriye abandi Banyarwanda 213 bari mu miryango 60 batahutse ku bushake bavuye hirya no hino mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma yo kumenya ukuri bakiyemeza gutaha.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi by’umwihariko abo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, biyemeje kubaka Igihugu bahereye ku Mudugudu kugira ngo ibikorwa by’Iterambere bigerere hose rimwe, kandi babigizemo uruhare.
Urubyiruko rugize icyiciro cya kabiri cy’Itorero ry’Intore z’Imbuto Zitoshye, rwibukijwe ko ibikorwa bizima ari byo bizabagirira akamaro mu kubaka ejo heza habo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, Perezida Paul Kagame, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Guinée Conakry, Morissanda Kouyaté, wari umuzaniye ubutumwa bwa Perezida Mamadi Doumbouya.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), cyatangaje ko abarenga ibihumbi 17 mu Rwanda, bapfuye bazira ubudahangarwa bw’udukoko ku miti, ahanini biturutse ku ikoreshwa nabi ryayo ntibe ikibasha kubavura, nk’uko imibare ya RBC yo mu 2019 na 2021 ibigaragaza.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), kiratangaza ko hirya no hino mu Rwanda harimo guterwa ingemwe z’ikawa, muri uyu mwaka w’ingengo y’imari hakazaterwa izigera kuri Miliyoni eshatu.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL), bwatangaje ko imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo II igeze ku kigero cya 57%.
Ikiganiro EdTech Monday cya Mastercard Foundation cyo kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2025, kiragaruka ku buryo u Rwanda rwakomeza kongerera Ikoranabuhanga mu mashuri yo mu cyaro, himakazwa uburezi bushingiye ku ikorabuhanga.
Urubyiruko by’umwihariko urwo mu Karere ka Ruhango, rusanga baramutse bitabiriye ku bwinshi ubuhinzi bwa Kawa, byarushaho kubafasha mu iterambere ryabo n’iry’Igihugu muri rusange.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe by’umwihariko abahinzi ba Kawa, basanga ubuhinzi bwa gakondo bw’Ikawa bari bararazwe butagitanga umusaruro uhagije, biyemeza gusazura no kurandura ibiti byazo birimo ibyari bimaze imyaka irenga 30, kugira ngo bongere umusaruro.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), bagiye kubaka Laboratwari y’icyitegererezo izafasha mu bijyanye no gupima no kugenzura indwara zituruka ku nyamaswa.
Ku itariki 17 Ugushyingo 2025, inkuru yiriwe ivugwa ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko izo muri Tanzania, ni iy’uko Perezida Samia Suluhu Hassan yashyize umukobwa we hamwe n’umukwe we, muri Guverinoma nshya ya Tanzania.