Abasoje amahugurwa ya ‘Urumuri Program’, bitezweho kuzana impinduka nziza mu kurengera ibidukikije bahangana n’imihindagurikire y’ikirere, binyuze mu mishinga yabo.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwijeje abakiriya bayo by’umwihariko abatuye mu Karere ka Gatsibo, ko bagiye kurushaho kwihutisha no kunoza serivisi kuko igihe ari amafaranga.
Abakiriya ba Banki ya Kigali (BK), by’umwihariko abo mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bayifata nk’akabando k’iminsi bitewe n’uburyo yabafashije kwagura ibikorwa byabo ikabavana ku rwego rumwe ikabageza ku rundi rwisumbuyeho.
Ababyeyi by’umwihariko abarerera mu mashuri y’incuke, bahamya ko kwigisha abana binyuze mu mikino ari ingenzi, kuko bibafungura cyane mu bwenge bikabafasha kugira ubumenyi buri ku rwego rwo hejuru, babagereranyije n’abataragize ayo mahirwe.
Mufumbezi, umudugudu, umwe mu midugudu igize Umurenge wa Rubengera, ahahoze ari akarere k’Ubwishaza muri Karongi y’ubu, ni ahandi hantu nyaburanga umukerarugendo yasura, akamenyeraho n’amateka y’u Rwanda rwo hambere.
Ubuyobozi bw’umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko habagwa Inka zirenga 300 mu rwego rwo kubahiriza itegeko ry’Imana, ubwo yategekaga intumwa yayo Ibrahim (Aburahamu), gutangamo igitambo umuhungu we w’imfura Ismael.
Abatuye n’abagenda mu Karere ka Ngororero by’umwihariko abakoresha umuhanda ugana ku ishuri ryisumbuye rya Nyange, barishimira ko uwo muhanda watangiye gukorwa.
Abanyeshuri ba Wisdom Instruction yo mu Karere ka Rubavu, bababajwe cyane n’ubugome n’ubwicanyi bwakorewe abana muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza guharanira ko bitazongera kubaho ukundi.
Umushinga w’abanyeshuri ba Kagarama Secondary School, wegukanye irushanwa ry’ibiganiro mpaka ku mikoreshereze n’imicungire y’ifaranga rizwi nka ‘Money makeover’, ryabaye ku nshuro ya gatatu.
Abarenga 500 baturutse ku migabane itandukanye, bateraniye mu Rwanda guhera ku wa Kane tariki 29 Gicurasi 2025, bashakira hamwe ibisubizo by’uko umusaruro w’amata wakwiyongera muri Afurika.
Mu rwego rwo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi hamwe n’indi mishinga iri mu ruhererekane rw’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, Banki ya Kigali (BK), yateye inkunga Inama y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Aborozi n’abatunganya ibikomoka ku mata (Regional Dairy Conference Africa), irimo kubera mu Rwanda.
Nubwo mu Rwanda hari Ingoro z’Umurage umunani ziri hirya no hino mu gihugu, bamwe mu rubyiruko bavuga ko batoroherwa no kuzisura, nka hamwe mu habitse amateka y’u Rwanda bashobora kwifashisha biyungura ubumenyi.
Ubuyobozi bw’Inteko y’Umuco ku bufatanye n’ubw’Intara y’Iburengerazuba, batangaje ko ku kirwa cya Nkombo kiri mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, hagiye kubakwa Ikigo Ndangamuco cy’abaturage (Community Based Cultural Center).
Inzego z’ubuzima zitandukanye zo mu bihugu by’u Buhinde, Amerika, u Bushinwa na Tanzania byamaze kwemeza ko icyorezo cya Covid-19 cyamaze kugaragara mu bihugu byabo ndetse ko hari abamaze guhitanwa nacyo.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025, nibwo ubuyobozi bwa AFC/M23, Ihuriro rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bwatangaje ko bwishimiye ko uwahoze ari Perezida Joseph Kabila Kabange, yageze mu bice bagenzura.
Raporo y’umwaka ushize wa 2024 ya Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC),igaragaza ko umubare w’abakobwa mu mashuri abanza uruta uw’abahungu kuko abakobwa ari 50.5% mu gihe abahungu ari 49.5%.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kuba hari umugani mu Kinyarwanda uvuga ko nta wigira, bisobanura ko abakobwa bonyine batagera ku byiza byose bizihiza.
Dr. Janet Kayesu yakuranye inzozi zo kuzaba muganga ariko akibaza uko azabigeraho, bitewe n’ubuzima yabagamo, ariko aza kuzikabya binyuze mu kwishyurirwa n’Imbuto Foundation.
Mu mezi atatu ya 2025, kuva Mutarama kugera mu mpera za Werurwe, BK Group Plc nk’ikigo muri rusange yagize inyungu ya Miliyari 25.2Frw, bituma urwunguko ruzamukaho 5.4%.
Kuri uyu wa 24 Gicurasi, Madamu Jeannette Kagame arahemba abanyeshuri b’abakobwa 123 batsinze neza kurusha abandi ibizamini bya Leta by’amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024.
Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu gihe cy’imyaka 18, yambuwe ubudahangarwa na Komisiyo idasanzwe ya Sena yari ifite inshingano zo gusuzuma ubusabe bwo kubumwambura.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ashishikajwe no kubona umugabane wa Afurika ufite amahoro, ari na yo mpamvu icyo gihugu cyahisemo kuba umuhuza wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda.
Ababyeyi barishimira ko ‘Komera Business’ yabafashije kubonera amashuri abana babo mu mahanga nta kiguzi, ku buryo harimo n’abahawe buruse yo kwiga 100% bishyurirwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko ibibazo by’umutekano wa Afurika bidashobora gukemurwa n’ibisubizo bitanzwe n’abo hanze yayo.
Abayobozi n’abakozi b’uruganda rw’isukari rwa Kabuye (Kabuye Sugar Factory), bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abafatanyabikorwa ba gahunda ya VUP bashimye uko inkunga yayo yahinduriye abagenerwabikorwa ubuzima mu Rwanda, ikabafasha mu bikorwa bitandukanye byatumye biteza imbere.
Binyuze mu masezerano yo kugabanya imisoro bagiranye ku wa 12 Gicurasi 2025, ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa, byiyemeje kugabanya imisoro biheruka gutumbagiza mu rwego rwo koroshya ubuhahirane hagati y’impande zombi.
Tariki 5 Ukuboza 2023, nibwo inkuru yabaye kimomo ko u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturuka mu gihugu cy’u Bwongereza, nyuma y’uko Guverinoma z’Ibihugu byombi zari zimaze gusinyana amasezerano mashya ajyanye no gukemura ikibazo cy’abimukira, yakozwe hasubizwa inenge zagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza mu (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yagaragaje ko Afurika ifite byinshi byayiteza imbere ariko ikibazo ari ukumenya ibyo abayituye bagomba gukoresha, kugira ngo bagere kuri iryo terambere.
Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame yageze i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitiki baturutse muri Afurika no hirya no hino ku Isi, Africa CEO Forum.