Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kuba nk’isoko rikomeye kandi ryizewe ku bicuruzwa by’u Rwanda, aho kugeza ubu ibiva mu Rwanda byoherejweyo biri hejuru ya 20% by’ibicuruzwa byose byoherezwa hanze.
Muri iki cyumweru kigana ku musozo, mu Mujyi wa Kigali harimo kugaragaramo udushya tw’ivugurura mu mitangire ya serivisi, mu gihe hakirirwaga Inama Nyafurika y’Abayobozi ku mitangire ya Serivisi (Africa Customer Experience Leaders Forum 2025). Ni igikorwa cyatumye Kigali igaragara nk’igicumbi cya Afurika cyujuje ubuziranenge (…)
Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, aho yakiriwe na Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar.
Hashize ibyumweru birenga bibiri u Rwanda rutangiye gushyira mu bikorwa uburyo bushya bwisumbuyeho, bwo gupima imyuka ihumanya ituruka mu binyabiziga byose, mu rwego rwo kurengera ibidukikije no gukumira indwara zituruka ku guhumeka umwuka uhumanye.
Abenshi bamaze gusobanukirwa ko muri bimwe mu byuma bikonjesha nka za firigo (Fridges) hamwe na za Air Condition/Climatiseurs, habamo gaze zishobora guhumanya ikirere.
Gutegura amafunguro (guteka) ni kimwe mu bintu bikorwa n’umubare utari muke w’abatuye Isi, bitewe n’uko ibiryo abenshi barya biba byabanje gutekwa.
Mu gihe mu Rwanda hatangijwe icyumweru cy’ingufu z’amashanyarazi, hibandwa cyane ku ngufu zisubira kirimo kuba ku nshuro ya 5 (Energy Week - RE4SG), Banki ya Kigali ikomeje kuba umufatanyabikorwa wa nyawe mu gutanga umusanzu wayo hagamijwe kugira ngo abaturage bose bazabe bagezweho n’amashanyarazi, nk’uko bikubiye muri (…)
Iyo havuzwe imyuka ihumanya ikirere, ku ikubitiro igikunze guhita kiza mu mitwe y’abantu kuri bimwe mu bigira uruhare mu gusohora ibyo byuka, harimo ibinyabiziga, nk’imodoka na za moto, inganda, gutwika amakara, gutekesha inkwi n’ibindi.
Mu gihe umwaka w’amashuri wa 2025/2026 ukiri mu ntangiriro, hakaba hakiri ababyeyi n’abanyeshuri bakiri mu myiteguro yo gushaka no kugura ibikoresho, hamwe n’amafaranga y’ishuri, Banki ya Kigali (BK) yazanye igisubizo kuri bimwe muri ibyo bibazo.
Ishuri rikuru ryigenga ry’Imiyoborere (African School of Governance/ASG), ryakiriye icyiciro cya mbere cy’abanyeshuri bagiye gutangira amasomo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu miyoborere (Master of Public Administration - MPA).
Nubwo Abanyaburayi bagize uruhare rukomeye mu kugurisha Abanyafurika nk’abacakara, bakabakoroniza; nyuma bakaza kubabeshya ko babahaye ubwigenge kandi ubukungu bwose bw’Afurika aribo babwitwarira, bagashyiraho bakanakuraho bamwe mu bayobozi b’Afurika, icyo bagiye gukora bakabanza kubagisha inama, burya na bo ngo ni (…)
Mu Rwanda hashyizweho uburyo bushya bwo kwihutisha ubutabera, buzwi nka ‘plea bargain’, aho ukekwaho icyaha ashobora kwemera icyaha cye mu magambo ye bwite, maze uwahohotewe akemererwa gusaba indishyi mu gihe cy’ibiganiro.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, nibwo binyuze mu itangazo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ko ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli byavuguruwe, bikaba byatangiye gukurikizwa uhereye kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Nzeri (…)
I Bushagara, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), intimba n’agahinda ni byo bihora mu nkambi z’impunzi ziri hafi y’Umujyi wa Goma.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko kwita umwana izina atari umuhango gusa ahubwo ari n’ikimenyetso cy’urukundo, kwiyemeza n’icyizere bikorerwa mu muryango.
Binyuze muri gahunda yo gusaranganya umusaruro ukomoka ku bukerarugendo (Revenue sharing), aho abaturiye pariki bahabwa 10% by’amafaranga aba yarinjiye abuturutsemo, abaturage by’umwihariko abaturiye pariki y’Ibirunga, bahinduriwe ubuzima n’ubukerarungendo bwo gusura ingagi.
Gukoresha uburyo bwo kuhira hifashishijwe imirasire y’izuba mu Ntara y’Iburasirazuba, byahinduye ubuzima bw’abahinzi n’ubuhinzi muri rusange binyuze mu gufasha abahinzi guhangana n’amapfa, bitewe no kongera kubona umusaruro mwinshi.
Mu gihe u Rwanda rwitegura igikorwa kimaze kumenyekana ku ruhando mpuzamahanga cyo Kwita Izina abana b’ingagi kizaba kuri uyu wa Gatanu, tariki 5 Nzeri 2025, abarimo ibyamamare bazita amazina abo bana bamaze kumenyekana.
Urukiko rw’Ikirenga rwa Kinshasa, rwakatiye Constant Mutamba, wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igihano cy’imyaka itatu y’imirimo ifitiye igihugu akamaro.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye guhora itegerereje ahandi ku Isi mu gihe ifite byose kandi n’abaturage bazi icyo gukora.
Binyuze mu masezerano bafitanye, Ikigo gitanga serivise z’ikoranabuhanga cya Liquid Intelligent Technologies hamwe na Imbuto Foundation, mu 2022, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yatangiye urugendo rwo kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Uburenzi (MINEDUC), yatangaje ko mu banyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri 2024/2025, abagera kuri 89.1% babitsinze.
Ubuyobozi bwa BK Group Plc, bwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2025, icyo kigo cyagize inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 51.9, zingana n’izamuka rya 8.6% ugereranyije n’ayo cyungutse muri ayo mezi umwaka ushize.
Muri iyi imyaka 31, Dafroza Mukarumongi-Gauthier yabaye ijwi ridacogora mu rugamba rwo guharanira ubutabera mu Bufaransa. Uyu umugore wicisha bugufi ariko ufite imbaraga zidasanzwe mu guhiga abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, si umupolisi, si n’umushinjacyaha wa Leta.
Abitabiriye amasengesho yateguwe n’umuryango Rwanda Leaders Fellowship, yagenewe abayobozi bakiri bato azwi nka ‘Young Leaders Prayer Breakfast’, basanga umuryango ukwiye kuba ishingiro ryo kubaka igihugu n’umurage mwiza.
Buri mwaka abayobozi batandukanye mu nzego za Leta, abanyamadini, abikorera n’abandi, bateranira hamwe mu gikorwa cyo gusengera Igihugu kizwi nka (National Prayer Breakfast), binyuze mu muryango wa Gikirisitu ufite intego yo kwimakaza indangagaciro zubahisha Imana mu buyobozi (Instilling Godly values and Leadership). Bwa (…)
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi by’umwihariko abafatanyabikorwa b’Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), bishimiye ikoranabuhanga ryashoboye guhuza konte za SACCO na telefone zabo, ku buryo ibikorerwaho byose babimenya bitabasabye kuva aho bari.
Mu rwego rwo kwizihiza imyaka 10 umaze uteza imbere ibikorwa by’uburezi n’iterambere ry’abaturage, Umuryango wo muri Koreya y’Epfo udaharanira inyungu ukorera mu Ntara y’Iburasirazuba (Better World International), washyikirije ku mugaragaro Ikigo mbonezamikurire y’abana bato (ECD) ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana.
Abatari bake bazi ko abasirikare bari mu mutwe ushinzwe kurinda inzego nkuru z’Igihugu, bazwi nk’aba GP (Republican Guard/ Garde Republicain), bafite inshingano zo kurinda Umukuru w’Igihugu (Perezida) gusa.
Kuva mu mwaka wa 2018 binyuze mu muryango Imbuto Foundation hatangijwe amarushanwa ya ArtRwanda-Ubuhanzi hagamijwe gushyigikira no kuzamura impano z’abakiri bato.