Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye Perezida wa FIFA n’abakuru b’Ibihugu birimo u Burusiya, u Buhinde, Hungary, Mauritania na Singapore bamwifurije ishya n’ihirwe mu nshingano zo gukomeza kuyobora u Rwanda aherutse gutorerwa.
Urwego rwunganira Uturere mu gucunga umutekano (DASSO) rwungutse Abadasso bashya 349 bamaze igihe kirenga amezi atatu bahabwa amahugurwa mu kigo cy’amahugurwa cya Polisi cya Gishari kiri mu Karere ka Rwamagana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ibyaha by’icuruzwa ry’abantu bigihari kandi hari Abanyarwanda batari bake babikorerwa kuko guhera mu 2019-2024 abagera 297 ari bo bakorewe icyo cyaha.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) irahamagarira ababishoboye kandi babishaka gutanga kandidatire zabo kuko hateganyijwe amatora y’abagize inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali ateganyijwe tariki 16 Kanama 2024.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC) yatangaje ko yiteze umusaruro ku cyiciro cya mbere cy’abanyeshuri barimo kurangiza amashuri yisumbuye mu ishami ry’ubuforomo. Ni icyiciro kigizwe n’abanyeshuri 203 barimo ab’igitsina gore 89 hamwe n’ab’igitsina gabo 114 baturuka mu bigo by’amashuri birindwi byigisha porogaramu (...)
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ibinyujije mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), yatangaje ko umusaruro w’ubuhinzi w’igihembwe cya 2024 A wiyongereyeho toni zigera hafi ku bihumbi 316.
Raporo y’Ihuriro nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda (NFPO) yemeje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite yabaye hagati ya tariki 14-16 Nyakanga yagenze neza.
Komisiyo y’Igihugu y’amatora mu Rwanda (NEC), yasobanuye impamvu amashyaka ya Politiki arimo PDI na DGPR ashobora kuzagaragara mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Indorerezi Mpuzamahanga zari zitabiriye ibikorwa by’amatora ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite 53 mu Rwanda yabaye guhera tariki 15-16 Nyakanga 2024 ku bari imbere mu Gihugu zemeje ko yabaye mu mucyo.
Ubuyobozi bw’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) buratangaza ko bakiriye neza ibyavuye mu matora y’Abadepite 53 bazahagararira amashyaka mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, kuko kuri bo ari nko gukabya inzozi.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko kuwa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, Abanyarwanda bazarara bamenye icyerekezo cy’ibyavuye mu matora, kubagaragariza aho kubarura bigeze ndetse n’uko amajwi azaba ahagaze ku bakandida Perezida.
Ubuyobozi bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) bwatangaje ko muri manda y’imyaka itanu iri imbere bazaharanira ko umushinga wa gari ya moshi ushyirwa mu bikorwa.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko ibikorwa byo kwamamaza ndetse kwiyamamaza bijyanye n’amatora ku bakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu hamwe n’Abadepite bitagomba kurenza kuwa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024.
Komisiyo y’Igihugu y’amatora (NEC) yagaragarije indorerezi ibyo bakwiye kwitwararika mu gihe bazaba barimo kugenzura igikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite ateganyijwe guhera tariki 15 Nyakanga ku bari imbere mu gihugu.
Indorerezi z’amatora zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zatangiye gukurikirana ibikorwa by’amatora mu Rwanda, hagamijwe kugenzura niba azakorwa mu mucyo n’ubwisanzure nkuko bigenwa n’amategeko.
Mu Rwanda hatashywe uruganda rwa mbere runini rukora ibiryo by’amatungo, arimo Inkoko, Inka hamwe n’Ingurube, rufite ubushobozi bwo gutunganya toni zirenga 200 ku munsi.
Perezida Paul Kagame yasobanuye ko atari we wagombaga kujya kwiga amasomo ya gisirikare muri Amerika ahubwo yari agenewe Maj Gen Fred Gisa Rwigema, wari ubakuriye icyo gihe.
Abatuye mu Karere ka Gicumbi by’umwihariko abo mu Murenge wa Bwisige bibukijwe kuzatora Paul Kagame ku mwanya w’umukuru w’Igihugu nyuma bakazatora Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD).
Perezida Paul Kagame yabwiye abatuye mu Karere ka Kayonza ko kuyobora Abanyarwanda ntako bisa kuko ibyo Umuryango FPR-Inkotanyi wanyuzemo byose ukaba ufite aho ugeze ari bo ubikesha.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu yasabye urubyiruko kutazaba Imbwa bakaba Intare kuko ibihe biri imbere ari ibyabo.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu watanzwe n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, yibukije abatuye mu Karere ka Nyagatare ko ariho basohokeye bajya kuba impunzi kandi ari naho binjiriye mu rugamba rwo kubohora Igihugu.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi hamwe n’andi mashyaka umunani ku mwanya w’umukuru w’Igihugu, yemeye kuzatumira abaturanyi be bagataramana akazanabagabira.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi hamwe n’andi mashyaka umunani bafatanyije ku mwanya w’umukuru w’Igihugu yavuze ko impamvu yahisemo kujya gutura mu Karere ka Bugesera byatewe n’amateka yaho.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango by’umwihariko abayoboke b’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), banyuzwe n’uko ubuyobozi bwaryo bwafashe icyemezo cyo gushyigikira Paul Kagame ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu biyemeza kuzaritora.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame avuga ko uyu munsi Abanyarwanda bakomeye kandi bameze neza kurusha uko byari bimeze mbere.
Ubuyobozi bukuru bw’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) buravuga ko Inteko Nshinga Amategeko y’u Rwanda idakorera mu mashyaka ya Politiki kuko umaze gutorwa agira ubwisanzure mu mitekerereze ye.
Umukandida wigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Philippe Mpayimana yasabye abatuye mu Karere ka Nyaruguru ko nubwo ikipe itsinda ntawe uyisimbuza ariko igihe kigeze ngo bagerageze amakipe mato bayashyire mu kibuga.
Abatuye mu Karere ka Karongi by’umwihariko abari bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu Paul Kagame, bibukijwe uko abagerageje gucamo Igihugu kabiri birukanywe bagahunga.
Ubuyobozi bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza (PSD) bwasezeranyije abaturage kuzaringaniza abagore n’abagabo ku kigero cya 50% mu nzego zifata ibyemezo mu gihe bazaba batorewe kujya mu Nteko Ishinga Amategeko.
Urubyiruko rw’abanyeshuri bo mu Ntara y’Iburasirazuba by’umwihariko abo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu Turere twa Rwamagana na Kayonza bishimiye amahirwe y’ahazaza beretswe na BK Foundation.