Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) kiratangaza ko abaturage bashyiriweho uburyo bushya buzajya bubafasha kumenya amakuru ajyanye n’uko bakingiwe cyangwa n’andi yerekeranye na Covid-19.
Ku wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, nibwo mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo abantu bane basanzwe bapfuye bikekwa ko bazize inzoga y’inkorano banyoye.
Ubwo yagezaga ku Banyarwanda ijambo ry’uko igihugu gihagaze kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko guhera umwaka utaha wa 2022 mu Rwanda hatangira gukorerwa imiti hamwe n’inkingo za Covid-19, ariko anashima urwego gukingira bigezeho, kuko 80% by’Abanyarwanda guhera ku (…)
Ishingiye ku itangazo rya Minisitiri w’Intebe ryo ku wa 19 Ukuboza 2021, rimenyesha amabwiriza avuguruye yo gukumira Covid-19, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), yashyizeho amabwiriza avuguruye agenga ubukwe n’ibirori bibera mu ngo.
Mu gihugu cya Kenya, abaturage bategetswe ko bagomba kugaragaza icyemezo cy’uko bikingije covid-19, mu gihe bagiye kujya ahantu hahurira abantu benshi. Hamwe mu ho abaturage basabwa kugaragaza icyemezo cy’uko bikingije, harimo mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange cyangwa se abifuza kwaka serivisi mu nzego za (…)
Abasore n’inkumi 23 barimo umuhanzi bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, tariki 23 Ukuboza 2021, barenze ku mabwiriza yo kwirinda covid-19. Muri bo 20 bafatiwe mu kagari ka Kibagabaga mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, bari mu birori by’isabukuru y’amavuko y’uwitwa Ella Dufitumugisha w’imyaka 23, (…)
Minisiteri y’ibikorwaremezo iratangaza ko nta muturage uzongera kwimurwa mbere y’uko ahabwa ingurane y’umutungo we, nk’uko byari bisanzwe bikorwa kuko byagaraye ko baharenganira mu gihe badaherewe ingurane ku gihe.
Kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukuboza 2021, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga rya webex, u Rwanda rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Zimbabwe, aho icyo gihugu kigiye guha abarimu u Rwanda bazigisha mu mashuri atandukanye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko igipimo cy’ubwandu bushya bwa Covid-19 cyikubye inshuro zirenga icyenda mu minsi 10 gusa, bikaba byaratewe n’uko benshi bagiye badohoka ku mabwiriza yo kuyirinda.
Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC), kiratangaza ko gahunda yo gutanga urukingo rwa Covid-19, doze ya kabiri ku ngimbi n’abangavu bari hagati y’imyaka 12 na 17 yatangiye guhera kuri uyu wa kabiri tariki 21 Ukuboza 2021.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ari na rwo rufite ibijyanye n’ubukerarugendo mu nshingano, ruratangaza ko n’ubwo abantu bose baje mu Gihugu basabwa kuguma mu kato k’iminsi itatu ihwanye n’amasaha 72, atari ko bimeze ku basura Pariki z’Igihugu, kuko bo bapimwa gusa, basanga batanduye bakajya gusura.
Abana basaga 1000 bo mu Karere ka Bugesera bahuguriwe kumenya bimwe mu bibangamira uburenganzira bwabo, binyuze mu matsinda y’abana bari bamazemo igihe cy’imyaka ibiri.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutse bikaba bitangira gushyirwa mu bikorwa guhera ku cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye abasore bane bamaze igihe bakora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi burimo kuniga, kwambura no gusambanya abakobwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuva mu mpera z’ukwezi k’Ugushyingo 2021, igipimo cy’ubwandu bwa Covid-19 cyazamutse kirenga abarwayi batanu (5) ku bantu ibihumbi 100.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko guhera tariki 05 kugera tariki 14 Ukuboza 2021, yafashe abantu barenga ibihumbi 60 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Adolphe Nshimiyimana w’imyaka 37 yafashwe ubwo yitabaga Polisi tariki 13 Ukuboza 2021, mu gihe icyaha akurikiranyweho yagikoze tariki 27 Ugushyingo 2021 ubwo yari aturutse mu Karere ka Rubavu, yitwaye mu modoka yari yahinduriye imibare n’inyuguti z’ibirango byayo (Plate Number).
Ubuyobozi bw’ikigega gifasha abashaka inguzanyo kubona ingwate (BDF), buravuga ko bamaze gufasha imishinga hafi ibihumbi 45 mu myaka 10 bamaze bakora.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC), kiratangaza ko batangiye gukingira Covid-19, mu buryo bwagutse mu turere twose hagamijwe gutangwa doze zirenga miliyoni eshatu mbere y’impera z’Ukuboza 2021.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco yahembye ba Rwiyemezamirimo bahize abandi mu ntara zose n’Umujyi wa Kigali, igikorwa cyabaye ku wa mbere tariki 13 Ukuboza 2021.
Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB), cyatangiye uburyo bw’imikorere mishya aho abasaba serivisi z’ubuziranenge bazajya bazisaba bifashishije ikoranabuhanga, ngo bikazafasha kubona serivisi inoze.
Abatembereza ba mukerarugendo bikorera ku giti cyabo bahuguwe ku kubungabunga ingagi bazirinda indwara zirimo na Covid-19, kuko abantu ngo bashobora kuzanduza indwara barwaye cyangwa na zo zikabanduza.
Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) ruratangaza ko mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo hagiye kubakwa ububiko bwa Gaz, buzaba bufite ubushobozi bwo kubika iyakoreshwa mu gihe cy’amezi abiri n’atatu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko bwiyemeje kurandura bimwe mu bibazo bikihagaragara bibangamira uburengazira bw’abana bikabavutsa amahirwe y’ubuzima bwiza bw’ejo hazaza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko yamaze kwesa umuhigo wa 2021 wo gukingira 30% by’abaturage mbere y’uko Ukuboza kurangira nk’uko byari biteganyijwe.
Manizabayo w’imyaka 27 y’amavuko akurikiranyweho gushaka gutanga ruswa nyuma y’uko yari amaze gutsindwa ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga. Yafashwe tariki 04 Ukuboza 2021 afatirwa mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi ahakorerwaga ibizamini, ubwo we yakoreraga uruhushya rwa burundu rumwemerera gutwara (…)
Bamwe mu baturage bo mu bice bitandukanye by’igihugu baravuga ko baremerewe n’amafaranga yishyurwa kuri ba nyiri amarimbi ku buryo hari abahitamo gushyingura mu masambu yabo n’ubwo bitemewe.
Ubwo yitabiraga Inama y’ubufatanye mu gukora inkingo muri Afurika kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yavuze ko Afurika ikwiriye kwiga uko inkingo zikorerwa muri Afurika ziyongera kugira ngo zifashe mu kwita ku buzima.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntawe Camera izongera kwandikira atarengeje umuvuduko wa Kilometero 60 ku isaha. Ni nyuma y’uko mu minsi ishize abatwara ibinyabiziga batishimiye uburyo bandikirwaga umuvuduko naza camera zari zashyizwe henshi mu mihanda harimo n’ahari ibyapa by’umuvuduko wa kilometero 40 ku isaha, ariko (…)
Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yongeye kwibutsa no gukangurira abatwara ibinyabiziga kurushaho kubahiriza ibimenyetso byo mu muhanda kuko kutabyubahiriza bihanwa n’amategeko.