Umuryango w’abasukuti n’abagide mu Rwanda uvuga ko utemeranya n’abafite imyumvire ivuga ko abasukuti (Scouts) cyangwa abagide (guides),bafite aho bahuriye n’uburara ahubwo ngo bagakwiye kuba abanyacyubahiro.
Amazi ava mu misarani, mu bwogero no mu gikoni byo muri Gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere ntazongera gupfa ubusa kuko agiye kujya ahindurwa maze akoreshwe indi mirimo.
Mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hatangijwe igikorwa kizamara icyumweru cyo gusenya no guturitsa ibisasu byarengeje igihe n’ibindi bishaje kugira ngo bitazateza impanuka.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imari cya Zigama CSS buravuga ko bateganya kunguka miriyari umunani z’amafaranga y’u Rwanda muri uyu mwaka.
Police y’igihugu iravuga ko muri uyu mwaka impanuka za moto zimaze guhitana abagenzi n’abamotari 132 zinakomeretsa mu buryo bukomeye 251.
Abagize irondo ry’umwuga mu bice bitandukanye by’umugi wa Kigali batangiye guhabwa ubwishingizi bw’ubuzima buzajya bubafasha mugihe bahuriye n’impanuka mu kazi.
Urwego rushinzwe gucunga imfungwa n’abagororwa (RCS) rutangaza ko abacungagereza nabo boherezwa mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika mu butumwa bw’amahoro.
Abagenzi bagenda n’amaguru mu Mujyi wa Kigali baravuga ko babangamiwe n’uburyo abatwara ibinyabiziga batubahiriza amategeko agenga inzira z’abanyamaguru kuko usanga abenshi batajya bahagarara ngo babareke bambuke.
Umutwe ugizwe n’abantu 95 bagizwe n’ingabo, Polisi n’abasivile nibo u Rwanda rugiye kohereza mu myitozo izahuza ingabo zo mu karere izabera muri Sudani.
Mu myaka ine,urwego rushinzwe umutekano mu nzego z’ibanze ‘DASSO’ rumaze kugarura icyizere cyari cyaratawe n’urwo rwasimbuye rwari ruzwi nka ‘Local Defences’.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro batangiye kubakira ababyeyi ikigo mbonezamikurire, muri gahunda z’ibikorwa bibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho.
Abatuye n’abagenda ahazwi nka ‘Tarinyota’ mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge baravuga ko ibyaha by’ubujura byagabanutse ku buryo bugaragara.
Nyuma y’igihe kinini bamwe mu banyakigali bifuza ahantu bajya basohokera hafite umwihariko basubijwe kuko akabari kitwa Riders k’abanya-Kenya kafunguye imiryango.
Ngabo Faraji wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo akorera agera ku bihumbi 600Frw buri kwezi abekesha kwita ku mbwa.
Abarwanashyaka b’amashyaka PSR na UDPR barahamagarira Abanyarwanda kwamagana ibikubiye muri raporo zitandukanye z’u Bufaransa zirimo n’ubuhamya butangwa bugamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM) itangaza ko kuba u Rwanda rwarasinye amasezerano y’Ibihugu bigize umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (ITO), bizagabanya igiciro abatumiza ibintu hanze batangaga.
Abagenzi ndetse n’abakorera muri gare ya Kacyiru babangamiwe no kuba iyo gare ikoreshwa n’abantu barenga 1000 ku munsi, ikaba itagira ubwiherero.
Banki y’isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa 41 ku rutonde rw’ibihugu byoroshya ishoramari, ruvuye ku mwanya wa 56 rwariho umwaka ushize.
Ikigega gitera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) kirahumuriza abari baracikirije amashuri barihirwaga nacyo basabye gusubizwa mu ishuri,abayobozi b’icyo kigega bavuga ko hari gushakwa inkunga kandi izaboneka vuba.
Abagenzi bakora ingendo zitandukanye yaba mu modoka cyangwa no kuri moto baravuga ko bishimira cyane gutwarwa n’abagore kurusha uko batwarwa n’abagabo.
Abamotari bo mu Mujyi wa Kigali baravuga ko uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga mu kwishyuza nta kibazo kidasanzwe buzakemura uretse ko buzabateranya n’abagenzi.
Komisiyo y’abakozi ba leta igaragaza ko ikibazo cy’ubusumbane bw’imishahara ku bakozi ba leta kirimo kuvugutirwa umuti nubwo idatanga igihe nyacyo kizakemukira.
Abiga n’abakorera iruhande rwa Kaminuza ya Kigali babangamiwe n’umunuko w’amazi mabi aturuka mu nyubako ya Kigali Heights mu masaha y’ijoro.
Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta igaragaza ko mu mitangire y’ibizamini by’akazi hakigaragaramo uburiganya ku buryo hari n’abemererwa gukora ibizamini by’akazi batujuje ibyangombwa.
Abagenzi baturuka mu ntara bahangayikishijwe n’ingendo zo muri Kigali kubera amakarita akoreshwa mu modoka zitwara abagenzi azwi nka "Tap and Go".
Abari batuye ku Kirwa cya Bushonga mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera bubakiwe umudugudu w’icyitegererezo urimo n’ivuriro.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko ku buyobozi bwe azakora ibishoboka byose agahashya ibiyobyabwenge bigaragara cyane muri iyo ntara.
Abakorera ubucuruzi mu isoko rya Rusumo mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, barasaba kwimurwa bagashakirwa ahandi bakorera, ngo kuko aho bakorera ubu hatagira ubwiherero.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Burera isize imiryango itandatu yo mu Murenge wa Cyanika itagira aho yikinga kuko inzu zabo zasenyutse.
Abajyaga kwivuza kanseri ku Bitaro bya Butaro biri mu Karere ka Burera bakabura aho barara basubijwe kuko bagiye kubakirwa inzu bazajya bacumbikamo ku buntu.