Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda(NIRDA), hamwe n’abafatanyabikorwa barimo umuryango mpuzamahanga uteza imbere umutungo kamere (World Resource Institute - WRI), batangiye umushinga w’imyaka itatu uzagabanya iyangirika ry’ibiribwa mu Rwanda.
Banki ya Kigali (BK) yaguye urutonde rwa serivisi n’ibintu umukiriya wayo ashobora kugura cyangwa kwishyura akoresheje Internet Banking, atiriwe yirushya ajya gutonda umurongo muri banki.
Umuturage wo mu mudugudu wa Rugarama II mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, arangije gukora umuhanda wa kaburimbo ureshya na metero 500 (1/2 cya kilometero imwe), akavuga ko yari agamije kunganira Leta mu ngengo y’Imari ikoresha mu gukora imihanda, bituma n’abaturanyi bamureberaho biyemeza gukomerezaho.
Ikigo Carousel Ltd gicunga umushinga wa Leta wo gushaka amafaranga ateza imbere Siporo mu Rwanda binyuze muri Tombola yiswe Inzozi Lotto, kivuga ko kirimo gushaka urubyiruko rugera ku 3,000 ruzacuruza uwo mukino w’amahirwe.
Abanyeshuri n’abakozi ba Kaminuza yigisha Ubukerarugendo, Ubucuruzi, Amahoteli n’Ikoranabuhanga (UTB), mu Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeje kurwanya abayipfobya bakoresheje ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yagaragaje ingamba zafashwe kugira ngo ibiciro ku masoko bidakomeza kuzamuka mu buryo buremerera Abanyarwanda.
Umuryango uharanira amahoro ku Isi witwa Interpeace, wahaye Akarere ka Bugesera imodoka irimo ivuriro ry’indwara zo mu mutwe, ikazanifashishwa mu bukangurambaga bugamije Ubumwe n’Ubwiyunge hagati y’abafungiwe Jenoside n’abayikorewe.
Ikigega mpuzamahanga cy’Iterambere (OPEC), cyahaye u Rwanda inguzanyo ingana na miliyoni 18 z’Amadolari ya Amerika (ahwanye na miliyari 18 z’Amanyarwanda), azifashishwa mu gukora umuhanda Nyacyonga-Mukoto.
Kuva kuri wa Mbere tariki 16 Gicurasi 2022 i Moscou mu Burusiya, hateraniye Inama y’Umuryango witwa Collective Security Treaty Organization (CSTO) ukaba utavuga rumwe na OTAN ya Amerika n’u Burayi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufatanyije n’Urugaga nyarwanda rw’Abikorera (PSF), bari mu ibarura ry’ibikorwa byose by’ubucuruzi n’iby’ishoramari guhera kuri uyu wa Mbere kugera ku wa Gatandatu tariki 21 Gicurasi 2022.
Ubwo Inama y’Abaminisitiri yamaraga gutangaza imyanzuro irimo uvuga ko kwambara agapfukamunwa bitakiri itegeko, benshi byabashimishije ariko cyane cyane abakunda kurimbisha iminwa n’abacuruzi b’ibisigwaho (birimo za rouge-à-lèvre).
Leta y’u Burusiya yatangaje ko izihorera ikarasa ku bihugu bya Finlande na Suède, mu gihe byaba bibaye abanyamuryango b’Ishyirahamwe rirwanyiriza umwanzi hamwe (OTAN), rihuriweho na Leta zunze Ubumwe za Amerika n’u Burayi.
Inama y’Igihugu y’Abaforomokazi, Abaforomo n’Ababyaza (NCNM), yizihije umunsi wahariwe abaforomo n’abaforomokazi ku wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022, isaba Abaturarwanda kwirinda abiyitirira uwo mwuga bagateza abarwayi ibibazo birimo ubumuga no kubyimbirwa.
Kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) hamwe n’Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (Rwanda Polytechnic/RP), bahaye impamyabumenyi abari abanyeshuri 2,753 barangije kwiga muri za IPRC zose zo mu Gihugu, babatuma guhindura imibereho y’Abaturarwanda.
Leta ya Koreya ya Ruguru yatangaje ko kuva muri Mata igihugu cyadutswemo na Coronavirus yihinduranyije izwi ku izina rya BA.2 bwa mbere kuva aho icyorezo cya Covid-19 cyadukiye mu bihugu byose byo ku isi, mu ntangiriro z’umwaka wa 2020.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA), Eng Patricie Uwase, yatangaje ko imihanda icyenda irimo n’uwa Sonatubes-Gahanga (Kicukiro), izaba yarangije gukorwa mbere y’Inama ikomeye ya CHOGM, izabera i Kigali mu kwezi gutaha kwa Kamena.
Umuturage ufite Ubwenegihugu bw’u Bushinwa witwa Lu Fengzhen(Abigail) aravuga ko uruganda rw’ibyuma rwitwa Rwanda Special Materials rukorera i Nyacyonga rurara rukora rukabuza abari mu rugo rwe gusinzira.
Abagize Sena y’u Rwanda basuye ibitaro by’i Kigali ku wa Mbere tariki 9 Gicurasi 2022, bagamije ahanini gusuzuma uko ubuvuzi bw’indwara zitandura bwitabwaho, basanga hari imiti yazo batagira, ndetse n’abaturage badafite ababakira bahagije.
Ikigo gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze gahunda nshya izamara ibyumweru bibiri, yo gukingira Covid-19 abatuye Umujyi wa Kigali bose batarakingirwa bagejeje igihe, ndetse n’abatarahabwa doze ya kabiri n’ishimangira, bigakorwa guhera kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gicurasi 2022.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, uvuga ko kuba Umujyi wa Kigali wibukiye abari abakozi ba Perefegitura yawo mu kibanza cyahozemo Ibiro bya Perezida Habyarimana, ngo bitanga ubutumwa ku bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside ko bagomba gucisha make.
Ikigo gitanga serivisi z’Ubwishingizi cya Sanlam hamwe n’icyitwa Allianz kizobereye mu bijyanye n’ubwishingizi hamwe no gucunga imitungo y’ibindi bigo, byahuje imikorere n’imikoranire mu rwego rwo kunoza serivisi z’ubwishingizi ku batuye Afurika.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) hamwe n’Ikigo mpuzamahanga cyita ku buvuzi bw’amaso(One Sight) barasaba Abaturarwanda kwita ku maso yabo, harimo no kwitabira kuyisuzumisha kenshi.
Impuguke mu gusesengura ibijyanye n’Itangazamakuru mu Rwanda zivuga ko uyu mwuga waba urimo gutakaza abawufitemo uburambe, kuko ngo bawureka bakajya gushinga imbuga nkoranyambaga zidakora kinyamwuga.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro bwatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 02 Gicurasi 2022 habaye impanuka y’ubwato bwari butwaye abantu 33 mu Kiyaga cya Kivu, muri bo babiri bitaba Imana, abandi batatu ntibahita baboneka.
Uwahoze ari umukinnyi akaba n’umutoza w’umupira w’amaguru (ruhago) mu Rwanda, Jimmy Mulisa, yabwiye urubyiruko rukunda uwo mwuga ko uzabageza kure nibirinda SIDA.
Mu gihe Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko Ingabo z’icyo gihugu zirimo gukiza amaragara yazo, Umuryango OTAN n’ibitwaro biremereye wasatiriye umupaka w’u Burusiya wose aho witegura kurasana na bwo.
Abatuye mu Mujyi wa Kigali, inshuti n’imiryango bibutse abazize Jenoside biciwe ku musozi wa Nyiraruhinga uzwi ku izina rya Ruzirabatutsi (hafi y’uruganda rwa Ruliba kuri Nyabarongo).
Banki ya Kigali (BK Plc) yashyiriyeho Abanyarwanda baba mu mahanga uburyo babona serivisi za Banki z’Igihugu cyabo, binyuze mu gufunguza konti yitwa ‘BK Diaspora Banking’ izajya ibagezaho serivisi zose bakeneye.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi(RAB) cyakiriye Ihuriro mpuzamahanga ry’Ibigo bikora ubushakashatsi mu by’ubuhinzi(CGIAR), rikaba ririmo guhuza imikorere kugira ngo izabe imwe ku Isi yose.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yabwiye ibihugu by’Uburengerazuba (Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burayi), ko uzagerageza kwitambika icyo yise ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine azatungurwa n’igisubizo cyihuse cyane (umurabyo).