Uwahoze ari umukinnyi akaba n’umutoza w’umupira w’amaguru (ruhago) mu Rwanda, Jimmy Mulisa, yabwiye urubyiruko rukunda uwo mwuga ko uzabageza kure nibirinda SIDA.
Mu gihe Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko Ingabo z’icyo gihugu zirimo gukiza amaragara yazo, Umuryango OTAN n’ibitwaro biremereye wasatiriye umupaka w’u Burusiya wose aho witegura kurasana na bwo.
Abatuye mu Mujyi wa Kigali, inshuti n’imiryango bibutse abazize Jenoside biciwe ku musozi wa Nyiraruhinga uzwi ku izina rya Ruzirabatutsi (hafi y’uruganda rwa Ruliba kuri Nyabarongo).
Banki ya Kigali (BK Plc) yashyiriyeho Abanyarwanda baba mu mahanga uburyo babona serivisi za Banki z’Igihugu cyabo, binyuze mu gufunguza konti yitwa ‘BK Diaspora Banking’ izajya ibagezaho serivisi zose bakeneye.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi(RAB) cyakiriye Ihuriro mpuzamahanga ry’Ibigo bikora ubushakashatsi mu by’ubuhinzi(CGIAR), rikaba ririmo guhuza imikorere kugira ngo izabe imwe ku Isi yose.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yabwiye ibihugu by’Uburengerazuba (Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burayi), ko uzagerageza kwitambika icyo yise ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine azatungurwa n’igisubizo cyihuse cyane (umurabyo).
Mu mwaka wa 2021-2022, Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR), cyakoze inyigo ku rugero Abanyarwanda bariho mu kunywa itabi, kikaba cyarasanze abarinywa cyane ari abagabo bakuze, bafite amikoro make kandi batize.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo(MININFRA) hamwe na Ambasade y’Igihugu cya Cuba mu Rwanda, byashyize umukono ku masezerano yoroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu hagati y’ibihugu byombi hakoreshejwe indege.
Umujyi wa Kigali wasabye inzego z’ibanze ziwuhagarariye gufasha ingo zose ziwurimo kubona umuriro w’amashanyarazi bitarenze uku kwezi kwa Mata, ariko hari abaturage binubira ko barimo gusabwa ruswa kugira ngo bahabwe iyo serivisi.
Mu ba Ambasaderi batanu bakiriwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022, harimo uw’igihugu cya Jamaica aherutse gusura mu byumweru bibiri bishize.
Akarere ka Nyarugenge n’Abafatanyabikorwa bashyize i Nyabugogo, i Nyamirambo na Kimisagara ahantu ho gupimira ku buntu indwara zitandura, ndetse no gutanga serivisi n’ubujyanama ku buzima bw’imyororokere.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) yatangaje ko abayobozi mu nzego zari ziyigize mbere y’umwaka wa 1994, batoje Interahamwe gukora Jenoside bifashishije cyane cyane ibigo bya ISAR n’inganda z’icyayi na kawa byari hirya no hino mu Gihugu.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yagaragaje Abanyapotiki bazize kurwanya Jenoside yakorewe Abatutsi bavuka mu Majyepfo, anatunga agatoki bamwe mu barimo kuyipfobya no kuyihakana muri iki gihe.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo Rwanda, kivuga ko mu gice cya gatatu cy’uku kwezi kwa Mata 2022 (kuva tariki 21 kugeza tariki ya 30), mu Rwanda hateganyijwe imvura iruta iyabonetse mu gice cyako gishize.
Ibihugu bitandukanye byo ku Isi byatangaje ko intwaro zabyo ziri mu nzira zigana mu burasirazuba bwa Ukraine aho ihanganye n’Ingabo z’u Burusiya, mu rwego rwo kububuza kwigarurira igice cya Donbass kigizwe na ’Repubulika za Donetsk na Lunghansk’ u Burusiya bwakuye kuri Ukraine.
Ukraine n’u Burusiya byatangaje ko hari intambara ikomeye mu gice cy’uburasirazuba bwa Ukraine cyitwa Donbas guhera ku wa mbere, ariko u Burusiya bwongeraho ko hari n’ibisasu birimo kubuterwaho biturutse muri Ukraine.
Mu gikorwa cyo kwibuka no gushyingura mu Rwibutso rw’i Mwulire mu Karere ka Rwamagana ku wa 18 Mata 2022, Umuryango Ibuka wasabye Leta gusuzuma impamvu abari bafungiwe Jenoside barimo gufungurwa ntibongere kugaruka gutura aho bakoreye ibyaha.
Ku wa Kabiri w’iki cyumweru u Burusiya bubinyujije mu nzira za diplomasi, bwandikiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) n’ibindi bihugu byose, bumenyesha ko intwaro zirimo kohererezwa Ukraine zizatuma habaho ingaruka zitaramenyekana ku mutekano w’Isi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Assumpta Ingabire, asaba abatarahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi batinya kuvuga ahajugunywe imibiri, kubyerekanisha nibura inyandiko zitwa ‘tracts’ zitagaragaza umwirondoro w’uwazanditse.
U Burusiya bwatangaje ko bugiye kurenga ku masezerano asaba kudashyira intwaro za kirimbuzi mu Nyanja ya Baltique, ibugabanya n’ibihugu bya Finland na Suède, mu gihe byaramuka bibaye abanyamuryango ba OTAN/NATO.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko izafasha u Bwongereza kwakira impunzi n’abimukira bagenda bahungirayo buri mwaka, kuko ngo bamaze kuba benshi. U Bwongereza buvuga ko kuva mu mwaka wa 2001 kugeza ubu bumaze gutuza impunzi n’abimukira basaga ibihumbi 80, ndetse ko mu mwaka wa 2010 wonyine ngo bwatuje abarenga 6,500.
Leta y’u Rwanda ivuga ko hari abandi banyapolitiki baziyongera kuri 12 basanzwe bibukirwa i Rebero, barimo uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Boniface Ngurinzira utaramenyekana aho yiciwe.
Perezida wa Ibuka, Egide Nkuranga, atangaza ko hari impuguke z’Ababiligi zimaze kwegeranya ubuhamya butegura filime mbarankuru izagaragaza uburyo n’impamvu Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zitwaga MINUAR, zatereranye Abatutsi bari bazihungiyeho muri ETO-Kicukiro.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa, avuga ko u Rwanda rutazahwema kuvuga ko Urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro, ari ikimenyetso cy’ubugwari bw’izari ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MINUAR) zishinjwa gusiga Abatutsi mu maboko (amenyo) y’interahamwe na Ex FAR.
Ubuyobozi bw’Umuryango IBUKA urengera inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buvuga ko imibiri y’Abatutsi bishwe mu 1994 iri mu rwibutso rw’i Ruhanga mu Karere ka Gasabo izatwikiirwa kuko yangiritse, hagasigara amazina y’abishwe, imyambaro n’ibindi bimenyetso basize, bikazaba ari byo bivuga amateka yabo.
Ku Cyumweru tariki 10 Mata 2022, ubwo wari umunsi wa 46 w’intambara u Burusiya bwagabye kuri Ukraine, amakuru yiriweho yavugaga ko Ukraine yitegura intambara ikomeye izahanganamo n’ingabo z’u Burusiya mu burasirazuba bwayo.
Umuryango ‘Our Past’ wahurije urubyiruko ku rwibutso rwa Kigali ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 09 Mata 2022, abantu batandukanye baruganiriza ku mateka avuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uwo mugoroba wo #Kwibuka, wari ugizwe n’imivugo, amakinamico n’ibiganiro byatanzwe n’impuguke zitandukanye ku mateka ya (…)
Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko hari iperereza ririmo gukorwa kuri Gerenade yatewe mu rugo rw’umuturage ruri mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 07 Mata 2022 ahagana saa munani n’iminota 50.
Akarere ka Kicukiro kamuritse ibikorwa bitandukanye byagizwemo uruhare n’abaturage byiswe Werurwe:Ukwezi k’Umuturage, byarimo n’imyiteguro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bikoresha ururimi rw’Icyongereza(CHOGM) iteganyijwe kubera mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena k’uyu mwaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo hamwe n’Umuryango IBUKA bafite ibimenyetso byemeza ko hakiri imibiri myinshi itarashyingurwa mu cyubahiro yajugunywe ahantu hatandukanye, bagasaba abantu bose bazi aho iherereye gutinyuka kuherekana.