Mu bintu birimo gukurura ba mukerarugendo basura pariki ya Nyungwe harimo inzira zo mu kirere, ahubatswe ikiraro cy’ibyuma n’inshundura (Nyungwe Canopy Walk), ndetse hakaba hagiye no gushyirwaho uburyo bwo kugendera ku migozi ukambukiranya imisozi (Zipline Mountain).
Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera (PSF), rwatangaje ko rubona abazitabira imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2024) bashobora kuba benshi, kubera iyo mpamvu bagasabwa kwigurira hakiri kare amatike bataragera ku irembo aho bayasabwa, mu rwego rwo kwirinda umubyigano no kuhatinda.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda(PSF) rurahamagarira Abaturarwanda kuza guhahira mu imurikagurisha mpuzamahanga(Expo) risanzwe ribera i Gikondo buri mwaka, rikaba ritangira kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga kugeza tariki 15 Kanama 2024.
Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije, REMA, hamwe n’Abafatanyabikorwa ba Leta, bari kwiga uko bamenya ingano y’imyuka itera Isi gushyuha bikabije, hamwe n’uburyo iyo myuka irimo uva mu matungo yuza, yagabanywa.
Urugaga Nyarwanda rw’abafite Virusi itera SIDA, RRP+, rushimira Leta kuba yarabahaye imiti igabanya ubukana bw’iyo virusi, ubu bakaba bafite icyizere cyo kubaho kingana n’icy’abandi Banyarwanda muri rusange.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, Polisi y’Igihugu n’impuguke mu bijyanye no kwirinda impanuka, batanze ubutumwa bwafasha abantu kwirinda impanuka, cyane cyane izibera mu muhanda muri iki gihe cy’ibikorwa byo kwiyamamaza n’iby’amatora ateganyijwe mu kwezi gutaha.
Muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) ku Gisozi hateraniye Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kamena 2024, mu gikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame ndetse ko biteguye kuzamutora hamwe n’abakandida-Depite b’uwo muryango bahakomoka.
Aborozi b’ingurube barizeza ubufatanye n’inzego zishinzwe ubuziranenge ko bazazifasha kwitabira amabagiro yubatswe hirya no hino mu Gihugu, berekana ahari abacuruzi b’inyama z’ingurube zabagiwe mu bihuru.
Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda FDA, hamwe n’Ihuriro ry’Abatumiza imiti n’ibikoresho byo kwa muganga (AIGPHAR), bemeranyije ko imiti yose igomba kwandikwa, kugira ngo biheshe u Rwanda kwemerwa ku rwego mpuzamahanga.
Abanyeshuri batsinze irushanwa ngarukamwaka ryiswe ‘Capital Market University Challenge (CMUC 2024), bahawe ibihembo nyuma yo kurusha abandi gusobanura no kwitabira gahunda z’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, yatangaje ko iri muri gahunda yo kongera no kuzana ibikoresho bishya byifashishwa kwa muganga, birimo imashini zipima indwara zinyuranye zo mu mubiri, bikaba byitezweho kuruhura bamwe mu bajyaga kwivuriza mu mahanga.
Raporo yiswe FinScope yakozwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) muri 2024, ivuga ko Abanyarwanda bangana na miliyoni 7 n’ibihumbi 800 bahwanye na 96%, bacitse ku muco wo kubika amafaranga mu ngo, kuko bitabiriye gukoresha serivisi z’imari.
Komisiyo y’u Rwanda yitwa CNRU, ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), ivuga ko irimo gutegura inzego zitandukanye kuzagaragaza uruhare rwazo mu kubungabunga umutungo kamere wo hejuru ku butaka no mu nda y’isi.
Leta ya Luxembourg yahaye u Rwanda inkunga y’amayero miliyoni 12, ahwanye na miliyari 16 na miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba ari ayo gushyigikira gahunda yo kongera amashyamba mu Rwanda mu myaka itanu iri imbere.
Ibihugu 10 bigize Afurika yo hagati byishyize hamwe bisaba abaterankunga kubishakira uburyo bwabifasha gusangira amakuru y’Iteganyagihe, aho kugira ngo buri gihugu gishingire ku bipimo byacyo nyamara ingaruka zambukiranya imipaka.
Nyuma yo gusura urwibutso rw’i Ntarama mu Karere ka Bugesera, tariki 15 Kamena 2024, abakozi b’ibitaro bya Kacyiru batanze inka 10 ku miryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza ryitwa Le Petit Prince riri i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, buvuga ko abana baryigamo bazajya barangiza amashuri bafite ubumenyi bubafasha guhangana n’imvugo hamwe n’ibikorwa bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Abajyanama b’Ubuzima baturutse hirya no hino mu Gihugu, bahurira i Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024. Yababwiye ko icy’ingenzi cyatumye yifuza kubonana na bo, kwari ukugira ngo abashimire kubera ibintu byinshi bakora nta gihembo, ibigaragara (...)
Itangazo ryavuye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024, rivuga ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abayobozi bashya b’inzego zitandukanye, barimo Injeniyeri Fulgence Dusabimana, wabaye Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ibikorwa Remezo.
Itangazo ryatanzwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024, rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyizeho abagize Guverinoma bashya barimo Uwimana Consolée wagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango(MIGEPROF).
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibivugwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, ivuga ko ryabeshye Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza, rigamije gutambamira gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Abakozi b’Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya na Komisiyo y’icyo gihugu ishinzwe Ubutabera muri rusange, baramara icyumweru i Kigali bari hamwe na bagenzi babo b’u Rwanda, aho barimo kungurana ubunararibonye ku buryo bunoze bwabafasha kuburanisha imanza.
Mu Karere ka Gasabo habereye imurikabikorwa ry’imishinga y’abiga mu mashuri yisumbuye, irimo uwo gusudira bakoresheje amazi arimo umunyu, bigasimbura icyuma cyitwa ‘Poste à Souder’.
Abanyetorero ‘Bethesda Holy Church’ baturutse hirya no hino mu Rwanda, berekeje i Ntarama mu Karere ka Bugesera ku wa Gatandatu tariki 08 Kamena 2024, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, boroza n’inka icumi abarokotse.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), n’abafatanyabikorwa bacyo, bibukije abantu bose bikekaho kanseri y’ibere, harimo n’abagabo, ko bagomba kwihutira kujya kwisuzumisha kwa muganga, kugira ngo batazavurwa bahenzwe kandi bibagoye.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rimaze rishinzwe, Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali, RALGA, ryagaragaje ibyo ryifuza kugeraho mu myaka iri imbere, birimo gufasha abaturage guhuza ubutaka bagatura hamwe bavuye mu kajagari.
Kuwa 05 Kamena 2024, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET), yatangiye gutanga, binyuze ku rubuga Irembo, inyandiko yitwa ’Apostille’ yemeza ibyangombwa bikenerwa mu mahanga, kugira ngo umuntu ahabone serivisi yifuza.
Abagize koperative y’Abashoferi b’amakamyo manini yambukiranya imipaka ariko ikorera Imbere mu gihugu ya United Heavy Truck Drivers of Rwanda, ibarizwamo n’abanyamahanga batandukanye biyemeje kujya gusobanura mu mahanga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urugo ruri mu Mujyi wa Kigali rwahindutse ishuri ry’ubuzima bwa buri munsi bwo hambere mu Rwanda, aho abarimu bigisha Ikinyarwanda bavuga ko hatumye baruhuka imvune zo kuba barigishaga amagambo atumvikana.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, cyatangaje ko mu minsi 10 itangira uku kwezi kwa Kamena 2024 (kuva tariki 1-10), nta mvura ihari henshi mu Gihugu kuko ibipimo biteganya ingana na milimetero (0-5).