Abahoze biga mu Ishuri ryisumbuye ry’i Nyange mu Karere ka Ngororero banze kwitandukanya kw’Abahutu n’Abatutsi mu mwaka 1997, ubwo bari babisabwe n’abacengezi, bizihirijwe kuri uyu wa mbere icyo cyemezo cy’ubutwari cyatwaye ubuzima bwa bamwe muri bo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024, ubwo ibiciro by’ingendo bishya byatangiraga gukurikizwa, hari abagenzi bavuga ko havutse ba rusahurira mu nduru bazamura ibiciro badakurikije uko Leta yabiteganyije.
Abahinzi ba kawa b’i Mubuga mu Karere ka Karongi bizihirijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore, bishimira igishoro cy’Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni enye bizigamiye, bakazayaheraho bitabaye ngombwa gusaba inguzanyo muri banki.
Urwego rushinzwe Uburezi bw’Ibanze mu Rwanda (REB), rwatanze inyemezabumenyi z’amahugurwa (Certificates) ku barimu 750 bigisha Ikinyarwanda mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza.
Nyuma y’aho Guverinoma itangarije ko igiciro cy’urugendo kizazamuka guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024, hari abagenzi batabigizeho ikibazo ariko basaba ko imodoka ziboneka ku bwinshi, abandi bakavuga ko bizabagora kubona itike kubera imishahara mito.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Ibizamini n’Impushya zo gutwara ibinyabiziga, mu minsi iri imbere irafungura Ikigo gishinzwe gukoresha ibizamini byo gitwara ibinyabiziga, hifashishijwe Ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriye mugenzi we wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania, January Yussuf Makamba, hamwe n’itsinda yaje ayoboye mu biganiro byize ku butwererane n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Guverimoma y’u Rwanda yatangaje ko kuva ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024, igiciro cy’urugendo kizazamurwa kuri buri mugenzi ujya mu Ntara cyangwa mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo gukuraho nkunganire yari yarashyizweho muri 2020.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangarije abifuza gushora imari mu gutwara abantu, ko bubafitiye bisi nshya zigurishwa zo mu bwoko bwa Yutong ZK6106HG.
Raporo y’Urwego rushinzwe kugenzura Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye (GMO), igaragaza ko umugore yateye imbere mu byiciro binyuranye by’imibereho, nubwo agihura n’imvune zo gukora amasaha y’ikirenga kurusha umugabo.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro), byatangaje ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 07 Werurwe 2024, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Noura bint Mohammed Al Kaabi n’abo bari kumwe.
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi witwa One Acre Fund watangaje ko ugiye guha Abanyarwanda ibiti bivangwa n’imyaka bigera kuri miliyoni 25 hamwe n’iby’imbuto ibihumbi 545, bigomba guterwa mu turere twose tw’Igihugu muri uyu mwaka wa 2024.
Raporo y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye (GMO), ku miterere y’Uburinganire n’Ubwuzuzanye mu Rwanda, yasohotse muri uku kwezi kwa Werurwe 2024, igaragaza ko abagore ari bo bafite ubutaka(ibibanza) bwinshi kurusha abagabo, n’ubwo butabyazwa umusaruro uhagije.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buri mu nzego zamagana abatwara ibishingwe badafite imyambaro y’akazi, kuko ngo biteza ingaruka mbi ku buzima bwabo.
Mu bice bimwe by’i Kigali hari abaturage binubira kuba ibigo bitwara ibishingwe bibivanye mu ngo byaradohotse, ku buryo hari n’abamara ukwezi kurenga babitse iyo myanda mu rugo.
Ubuyobozi bwa Rabagirana Ministries bufatanije na Resonate Global Mission, batanze impamyabumenyi (certificate) z’ishuri ry’amahugurwa ryo muri Amerika ryitwa TLT, ku bantu 35 barimo abashumba b’amadini n’amatorero atandukanye, baniyemeza kwagura iyi gahunda.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba buvuga ko abagororwa barimo kwemera ibyaha by’uko bakoze Jenoside bakabisabira imbabazi imbere y’abo bahemukiye, ari bo bitezweho gutanga amakuru y’ahari imibiri y’Abatutsi bishwe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Werurwe 2024, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye telefone 167 zari zaribwe, hamwe na bamwe mu bakekwaho kuziba, kuzikuramo kode no kuzihindurira ibirango.
Urwego rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB), rusaba Sosiyete Sivile (Imiryango itari iya Leta) kuba maso ikamenya niba amafaranga yahawe atakomotse ku bikorwa by’iterabwoba n’ubundi bugizi bwa nabi, bikaba byafatwa nk’ibyaha by’iyezandonke.
Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda(MoD), yatangaje ko hari abasirikare b’u Rwanda bari kumwe na bagenzi babo baturuka mu bihugu 23 byo hirya no hino ku Isi, mu myitozo ikomeye yiswe ‘Justified Accord 24’ ibera muri Kenya.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gashyantare 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye.
Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Inkingo (International Vaccine Institute/IVI), cyatangaje ko u Rwanda rubaye icyicaro cyacyo muri Afurika, nyuma yo gusuzuma ubusabe bw’ibihugu 5 byo kuri uyu mugabane muri uku kwezi kwa Gashyantare 2024.
Abatuye mu bibanza byatunganyirijwe imiturire mu Mudugudu wa Kamasasa mu Kagari ka Runyinya, Umurenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko badafite umuriro w’amashanyarazi uhagije, nyamara ibikorwa remezo byawo bihari.
Ushobora kuba mu buzima bwawe utararwara amacinya, inzoka zo mu nda, impiswi na ‘infection’, ariko ukaba wararwaye ibicurane bitewe no gukinga cyangwa gukingura urugi rw’ubwiherero rusange winjiyemo.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’Ababaruramari mu Rwanda(ICPAR) cyahuguriye abagize inzego za Leta n’izigenga, ku buryo bakumira ihererekanywa ry’amafaranga yaturutse ahantu hatizewe, ritizwa umurindi n’ikoranabuhanga.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yatangaje ko ahisemo inzira y’amahoro kurusha gushoza intambara ku Rwanda, bitandukanye n’ibyo yari yatangaje yiyamamaza mu mpera z’umwaka ushize wa 2023.
Ikigo Nyafurika gicuruza ifatabuguzi rya Televiziyo (DStv) ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Utubari, Amahoteli n’Abacuruzi b’inzoga za likeri (BAHLITA), batangiye kwereka abantu amashene ya televiziyo aberanye n’aho buri muntu aherereye, bitandukanye n’ayo abantu bari mu rugo basanzwe bareba.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hamwe n’Umujyi wa Kigali, basaba abafite ibikorwa byubatswe nta byangombwa, harimo n’abakorera mu Gakiriro ka Gisozi, kubyivaniraho (kubisenya), batabikora inzego zibishinzwe zikabivanaho ba nyirabyo batanze ikiguzi.
Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST) yamenyesheje inzego zitandukanye mu Gihugu n’imiryango mpuzamahanga, ko irimo gutegura gahunda izagenderwaho n’abashoramari kugira ngo ibafashe kubahiriza uburenganzira bwa muntu, mu byo bakorera mu Rwanda.
Indwara yo gutukura kw’amaso ikekwa ko ari iyo Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), giheruka gusaba Abanyarwanda kwirinda nyuma yo kugaragara mu bihugu bituranye n’u Rwanda, hari abo yafashe ihereye mu bigo by’amashuri mu Mujyi wa Kigali, Minisiteri y’Ubuzima igasaba abayirwaye kujya kwa muganga.