MENYA UMWANDITSI

  • Ntawe dusaba uruhushya rwo kurinda Igihugu cyacu - Perezida Kagame

    Mu kiganiro Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 04 Nyakanga 2025, yibanze ku masezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo DRC muri Amerika, ko niba umutwe wa FDLR utarwanyijwe, ugakomeza kuba ikibazo cy’umutekano muke, ntawe u Rwanda ruzasaba (…)



  • Abaturage bari bishimye, aho bataramiwe na Senderi Hit

    Imbaga y’abantu yataramiye i Gikoba ahari indake ya Perezida Kagame

    Abaturage n’abayobozi barenga 4,000 bavuye hirya no hino mu Ntara y’Iburasirazuba, cyane cyane i Nyagatare, bakoze urugendo rw’amaguru rureshya n’ibilometero hafi 22 bajya i Gikoba mu Murenge wa Tabagwe, aho bataramiye bakumva amateka y’agataka kiswe Santimetero n’indake ya mbere Perezida Kagame yabayemo, mbere yo kwimurira (…)



  • Kwibohora31: Nyagatare habaye urugendo rugana aho Inkotanyi zafashe bwa mbere

    Abaturage n’abayobozi bavuye hirya no hino mu Burasirazuba bw’u Rwanda barizihiriza Isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 31 mu gataka ka mbere Inkotanyi zafashe mu 1990 k’ahitwa i Gikoba mu Murenge wa Tabagwe w’Akarere ka Nyagatare.



  • Kuzamuka kw’igiciro cya lisansi nta ngaruka zikomeye bizateza - MININFRA

    Minisitiri w’Ibikorwa Remezo (MININFRA), Dr Jimmy Gasore, ari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), bavuze ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ritazagira ingaruka zikomeye ku biciro by’ibindi bicuruzwa na serivisi mu Rwanda.



  • Ibiciro bya Lisansi byazamutseho amafaranga 170

    Urwego rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ibicirobishya bya lisansi, aho byazamutse biva ku mafaranga y’u Rwanda 1633 bigera ku 1803Frw, rikaba ari izamuka ry’amafaranga 170 kuri litiro.



  • Abanyeshuri ba Kaminuza y

    Kaminuza y’u Rwanda irashakira abanyeshuri basaga 400 ikiraka

    Kaminuza y’u Rwanda yatangiye ubufatanye n’ikigo Prime Insurance, aho izaha abanyeshuri barangije n’abakiri kwiga akazi ko kuyishakira abakiriya mu bamotari, bakishyurwa komisiyo cyangwa se amafaranga yo kubatunga.



  • Ubuhinzi bwo muri greenhouse butanga umusaruro urihejuru cyane

    Iburasirazuba: Imirima yunganirwa na SAIP igiye kuba amashuri y’ubuhinzi

    Umushinga wa Leta ugamije kongera umusaruro w’Ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa (Sustainable Agriculture Intensification and Food Security Project/SAIP) hamwe n’uturere wakoreyemo tw’Iburasirazuba, bavuga ko imirima y’abahinzi bashoboye gutanga umusaruro igiye kuba amashuri yigishirizwamo guhangana (…)



  • Ababyeyi bashimiye Leta ibarerera abana n’abuzukuru muri ECDs

    Ababyeyi barashimira Leta y’u Rwanda yabashyiriyeho gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato(ECD), irimo gufasha abana kugira imikurire myiza, n’ababyeyi bakabona uwo basigira abana n’abuzukuru bakajya mu mirimo ibateza imbere.



  • Minisitiri Dr Bizimana asanga abica bakoresheje ikaramu n

    Abica bakoresheje ikaramu n’ibiganiro ni bo bicanyi babi - Minisitiri Dr Bizimana

    Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye imiryango Aegis Trust, Interpeace na Never Again ubufatanye mu kwamagana Abanyamakuru n’Abanyapolitiki "bica bakoresheje ikaramu (kwandika) hamwe n’ibiganiro bakora."



  • Imanza mpuzamahanga z’ubucuruzi zigiye guharirwa abakemurampaka

    Abahanga mu gukemura impaka mpuzamahanga zishingiye ku bucuruzi baturutse mu bihugu 38 byo hirya no hino ku isi, bahuriye i Kigali ku wa 6 Kamena baganira n’inkiko ku buryo baharirwa imanza z’Ubucuruzi z’abashoramari b’abanyamahanga.



  • Shaka umuntu wese utagira mituelle akande *195# - Umuyobozi wa RSSB

    Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda(RSSB) rurasaba abafite Ubwisungane mu Kwivuza (Mituelle de Santé) gukangurira abatarayishyura kugira ngo batazabura uko bahita bivuza guhera ku itariki ya 01 Nyakanga 2025, ubwo umwaka mushya wa Mituelle 2025-2026 uzaba utangiye.



  • Minisiteri y’Ubuzima yagaye umubyeyi wa Ingabire Victoire

    Abakozi b’inzego z’ubuzima mu Rwanda bibukiye i Mageragere mu Karere ka Nyarugenge (hahoze ari muri Komine Butamwa), bunamira imibiri 1200 y’abazize Jenoside ishyinguye mu rwibutso rwaho, ndetse bagaya umubyeyi wa Victoire Ingabire kuko ngo ari we wabicishije.



  • Minisitiri Cyubahiro Bagabe avuga ko u Rwanda rugiye kongera umukamo rufatiye urugero kuri Brazil

    U Rwanda rugiye kongera umukamo rufatiye urugero kuri Brazil

    Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko u Rwanda rugiye kuvugurura icyororo cy’inka zitanga umukamo, rushingiye ku buryo bukoreshwa muri Brazil, kugira ngo rukube gatatu ingano y’amata aboneka ku munsi, kugeza ubu angana na litiro Miliyoni eshatu.



  • Agakiriro ka Gisozi kongeye gushya

    Agakiriro ka Gisozi kongeye gushya

    Kuva saa munani z’igicuku cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Gicurasi 2025, igice cy’agakiriro ka Gisozi gikorerwamo intebe, ameza n’ibitanda cy’ahitwa muri ADARWA, cyafashwe n’inkongi y’umuriro, aho Polisi ikomeje kuzimya kugeza muri iki gitondo.



  • Inkuru y’urukundo hagati y’abavumvu na pariki ya Gishwati-Mukura

    Mu kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wahariwe inzuki tariki 20 Gicurasi 2025, abagore bakora ubuvumvu mu Karere ka Rutsiro, ubu ni bwo bamenye akamaro ko kubungabunga ishyamba cyimeza rya gishwati-Mukura, ryari rigiye gucika kubera ibikorwa bya muntu, ariko ubu rikaba ryaranhindutse urwuri rw’inzuki zabo.



  • Abanyarwanda n

    U Rwanda rugiye kwerekanira muri Zimbabwe ibyo rugezeho mu by’Imari

    Ihuriro ry’Ibigo by’Imari Iciriritse mu Rwanda, AMIR, ku bufatanye na rigenzi ryaryo ryo muri Zimbabwe, ZAMFI, rigiye kwagurira ibikorwa by’Inama z’ibigo by’Imari muri icyo gihugu, mu rwego rwo gukurura abashoramari no kwerekanira muri Zimbabwe ibyo u Rwanda rukora.



  • Bibutse Abatutsi baguye mu iseminari nto ya Ndera

    Uruyuzi rwarokoye umuntu mu iseminari y’i Ndera - Ubuhamya

    Murebwayire Josephine warokokeye mu Iseminari nto y’i Ndera yaragijwe Mutagatifu Visenti (PSSV), yasobanuye uburyo uruyuzi rwamuhishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’uko Padiri wahayoboraga, ubu akaba ari Musenyeri uri mu kiruhuko cy’izabukuru, na we aharasiwe kubera kwanga gutandukanya Abahutu n’Abatutsi.



  • Abana baratozwa gukina Golf

    NCBA na Rwanda Ultimate Golf batangije ubufatanye bwo kwinjiza abana muri Golf

    Banki nyafurika yitwa NCBA hamwe n’Ikigo gishinzwe imicungire y’icyanya cy’imikino ya Golf, Rwanda Ultimate Golf Course Ltd, byagiranye amasezerano afite agaciro ka Miliyoni imwe y’Amadolari ya Amerika (arenga Miliyari imwe na miliyoni 400 z’Amafaranga y’u Rwanda), hagamijwe kwinjiza abakiri bato mu mukino wa Golf no gutera (…)



  • Abanyeshuri basobanuriwe uko abantu bakwiye kugenda mu muhanda

    Abanyeshuri basobanuriwe ibiteza impanuka abanyamaguru n’abagenda ku magare

    Polisi y’Igihugu hamwe n’Umuryango urengera ubuzima witwa ’Healthy People Rwanda/HPR’, basobanuriye abanyeshuri imigendere iteza impanuka abanyamaguru n’abagenda ku magare, bagira n’icyo basaba abayobozi b’ibinyabiziga muri rusange.



  • Ubuhinzi bubungabunga ubutaka butanga umusaruro mwiza, aho ikijumba gishobora kuruta ubunini umwumbati

    Abanyakanada bagiye gufasha Abanyarwanda mu buhinzi burengera ubutaka

    Ihuriro ry’imiryango mpuzamahanga 15 ya gikirisitu yitwa Canadian Foodgrains Bank(CFGB), imyinshi muri yo ikaba ifite inkomoko muri Canada, igiye gufasha ibihugu bya Afurika yo hagati n’iy’iburengerazuba harimo n’u Rwanda, kwihaza mu biribwa bahinga mu buryo bubungabunga ubutaka.



  • Abakekwaho kwiba izo nka batawe muri yombi

    Inka zibwe i Rwanda zabonetse, abakekwaho kuziba barafatwa

    Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze gufata zimwe mu nka ziherutse kwibwa ahitwa i Rwanda mu karere ka Gasabo, hamwe n’abakekwaho kuziba.



  • Gasabo: Abatuye i Rwanda barataka abajura b’inka

    Abatuye n’abaturanye agace kitwa i Rwanda kari hagati y’utugari twa Gasagara na Kinyana, Umurenge wa Rusororo w’Akarere ka Gasabo, barasaba inzego zibishinzwe gukaza umutekano no kubafasha kumenya irengero ry’amatungo yabo yibwe, cyane cyane inka.



  • Ingengo y’Imari ya 2025/2026 izubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko (Imitwe yombi), imbanziriza mushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025/2026 irenga miliyari 7032.5Frw, ikaba izavamo ayo kurangiza kubaka Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kiri mu Bugesera.



  • Hari inzu nyinshi zubatswe hadakurikijwe igishushanyo mbonera

    Kigali: Hari abubatse mu bibanza 6,242 bashobora guhomba inzu zabo

    Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta (OAG), buvuga ko ba nyiri inzu zubatswe mu bibanza bigera kuri 6,242 byagenewe ibindi bikorwa, nk’uko bigaragazwa n’Igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, bashobora kuzihomba.



  • Kurwanya ihumana ry’umwuka: moto na zo zizajya muri Contrôle Technique

    Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije(REMA) kivuga ko uburyo bwo gupima imyotsi iva mu binyabiziga igahumanya umwuka bugiye kuvugururwa, kandi ko moto na zo zizajya zinyuzwa mu kigo kireba ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyitwa ‘Contrôle Technique’.



  • Amazi y’imvura amanuka ku misozi y’i Kigali yabyara amashanyarazi aho gusenya

    Birashoboka ko amazi y’imvura amanuka ku misozi ikikije Umujyi wa Kigali yabyazwa amashanyarazi cyangwa agakoreshwa ibindi, aho kuyabona buri gihe nk’impamvu iteza ibiza mu baturage, nk’uko impuguke mu bijyanye n’Ibidukikije zibisobanura.



  • Abayobozi batandukanye muri PSF bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside

    PSF yibutse abikorera bazize Jenoside, iremera abayirokotse

    Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, PSF, rwibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko abikorera bishwe na bagenzi babo, runatanga ubufasha bwo gusana inzu z’abarokotse batishoboye.



  • Antony Twahirwa aganira n

    N’ubwo imvura yatinze kugwa imyaka izera - Meteo

    Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, kivuga ko imvura y’itumba izarangiza ukwezi kwa Gicurasi 2025 ikirimo kugwa, bitandukanye n’uko iteganyagihe ry’Itumba ryagaragazaga ko ahenshi mu Gihugu imvura izacika mbere ya tariki 20 Gicurasi muri uyu mwaka, bityo ko imyaka izera.



  • Abagore n’abakobwa bo mu cyaro baracyagorwa no kubona Cotex

    Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana, umugore n’urubyiruko ’Save Generations Organization’ uvuga ko n’ubwo cotex zakuriweho umusoro wa TVA, abagore n’abakobwa cyane cyane abo mu cyaro batabona ibyo bikoresho by’isuku mu gihe cy’imihango, bitewe n’uko bigihenze.



Izindi nkuru: