Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, PSF, rwibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko abikorera bishwe na bagenzi babo, runatanga ubufasha bwo gusana inzu z’abarokotse batishoboye.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, kivuga ko imvura y’itumba izarangiza ukwezi kwa Gicurasi 2025 ikirimo kugwa, bitandukanye n’uko iteganyagihe ry’Itumba ryagaragazaga ko ahenshi mu Gihugu imvura izacika mbere ya tariki 20 Gicurasi muri uyu mwaka, bityo ko imyaka izera.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana, umugore n’urubyiruko ’Save Generations Organization’ uvuga ko n’ubwo cotex zakuriweho umusoro wa TVA, abagore n’abakobwa cyane cyane abo mu cyaro batabona ibyo bikoresho by’isuku mu gihe cy’imihango, bitewe n’uko bigihenze.
Ihuriro ry’Uruhererekane rw’abakora ibikomoka ku biti ‘Rwanda Wood Value Chain Association (RWVCA)’, ryaremeye abarokotse Jenoside b’i Ntarama mu Bugesera inka 4, mu rwego rwo kubafasha kwiyubaka no kongera ibiti muri ako karere gakunze kwibasirwa n’amapfa.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirete, yameje kuri uyu wa 16 Mata 2025, Ubushakashatsi ku mibereho y’ingo(EICV7), bwakozwe n’Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR) ku nshuro ya karindwi muri 2023/2024, bukaba bwerekana ko abaturage barenga Miliyoni imwe n’ibihumbi 500 bavuye munsi y’umurongo w’ubukene mu myaka 7 ishize, ni (…)
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) hamwe n’abafatanyabikorwa barwo, bavuga ko ibigo birimo kubakwa byiswe ‘Halfway Homes’, bagenekereza ngo ‘Hafi kugera mu rugo’, binyurwamo mu gihe gito n’abarangije igifungo mbere y’uko imiryango yabo ibakira, bizagabanya ihungabana ku barokotse Jenoside.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, avuga ko n’ubwo Ubumwe bw’Abanyarwanda bugeze ku kigero cyo hejuru cyane, hakiri abagizi ba nabi batari benshi babubangamira bangiza imyaka n’amatungo by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango ‘Aegis Trust’, ushinzwe kwita ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Freddy Mutanguha, yatanze ubuhamya bw’agahinda yanyuzemo kuva ku guhunga kw’ababyeyi be muri 1973 kugera muri 1994 aho yisanze asigaranye na mushiki we umwe, abandi bashiki be bane n’ababyeyi bamaze kwicwa.
Amafaranga bahabwa n’ababyeyi babo ngo bajye mu birori cyangwa kwifata neza ku ishuri, bo biyemeje kuyakoresha bunganira Leta muri gahunda yo kugaburira abana mu marerero(ECD) yo hirya no hino mu Gihugu, bahereye ku babyarwa n’abangavu.
Ishuri rikuru ry’u Rwanda ryigisha Ubuhinzi butangiza Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture - RICA), na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), bahurije hamwe abafatanyabikorwa, bashyiraho uburyo bw’imihingire ibungabunga ubutaka, aho bushobora gutanga umusaruro hatabayeho kubuhindura intabire.
Urugaga Nyarwanda rw’Abahuza (abakomisiyoneri b’umwuga) ’Rwanda Association of Real Estates Brokers(RWAREB)’, rufite ishuri ribatoza gukora kinyamwuga, rigatanga ibyangombwa bibatandukanya n’ababeshya abaturage, bityo bakanoza serivisi baha ababagana, bakareka gukomeza kwitwa ababeshyi.
U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amazi (uba buri mwaka tariki 22 Werurwe), mu gihe Leta ivuga ko imaze kwegereza abaturage bangana na 82% ibikorwa remezo by’amazi, n’ubwo hari abakomeje gutaka ko batayabona, hakaba hakomeje gushakwa uko yagera ku bantu bose mu gihugu.
Bamwe mu bimuwe ahitwa mu manegeka ubu barataka ko babayeho nabi, kandi ko abashoramari babatwariye ubutaka bwabo ku buntu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA), cyatangiye gutegura amashuri amwe yo hirya no hino mu Rwanda, kuzakora isuzumabumenyi mpuzamahanga ryiswe PISA, rikorwa n’abujuje imyaka 15 na 16 (itarengaho amezi abiri), rikazakorwa n’abanyeshuri 7,455.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kurwanya abashaka kubasubiza mu mateka ya Jenoside, hamwe no gukora cyane bitegura kuziba icyuho cy’ibihano bigenda bifatwa n’amahanga.
Inzego zishinzwe Imari mu Rwanda zigiye gufatanya gukangurira abagore n’urubyiruko gufata inguzanyo mu bigo by’imari, bunganiwe n’ikigega cyitwa ’Microfinance Liquidity Fund(MLF)’ kizashingwa bitarenze uyu mwaka wa 2025, kikazajya gitanga inguzanyo ku nyungu nto itaragenwa uko izaba ingana.
Ababyeyi n’abayobozi mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko ibiribwa byujuje intungamubiri bahawe n’umushinga SAIP birimo kurwanya imirire mibi mu bana, aho umwana ngo atangira gukurikiranwa kuva akiri mu nda y’umubyeyi we, kugeza arengeje imyaka itanu y’amavuko.
Umunsi mpuzamahanga w’umugore wizihijwe mu Karere ka Gasabo hatangwa amashimwe arimo indabo ku bagore bagira uruhare mu gukemura ibibazo byugarije Umuryango nyarwanda.
Sosiyete y’Ubwishingizi ikorera mu Rwanda, MUA Insurance, yatangije serivisi yitwa MUA Femme itabara byihuse abagore bagize ikibazo cya tekiniki y’ibikoresho bitandukanye bari mu kazi cyangwa igihe imodoka yaheze mu muhanda, aho basabwa guhamagara nimero itishyurwa 2323.
Umushinga ugamije kongera umusaruro w’ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa, ’Sustainable Agriculture Intensification and Food Security Project(SAIP) n’abagenerwabikorwa bawo, baratanga icyizere cy’uko ibiribwa (cyane cyane Iburasirazuba) bitazabura n’ubwo imvura itagwira igihe.
Mu gutangiza umwaka w’ubwisungane mu kwivuza(Mituelle de Santé) wa 2025/2026 mu Murenge wa Kimihurura, kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Gashyantare ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwasabye abafatanyabikorwa gufasha abaturage bose kwiyishyurira ubwo bwisungane, aho gukomeza kubishyurira nk’uko bisanzwe.
Amezi yose y’umwaka ni kimwe, yabonekamo ibyiza, kandi ashobora no kubonekamo ingorane, ariko Gashyantare 2025 izibukwa nk’ukwezi kutahiriye abagenzi, cyane cyane abakoresheje imodoka zitwara abagenzi benshi icyarimwe, kuko hari imiryango inyuranye izibuka umuntu wabo wagiye mu rugendo ntagaruke, cyangwa ntatahe amahoro masa.
Banki ya Kigali (BK Plc) yatangije ubufatanye n’Ikigo Pan-African Payment and Settlement System (PAPSS), gifite ikoranabuhanga rifasha abakiriya b’iyi banki kohererezanya amafaranga n’abandi bakiriya b’amabanki yo muri Afurika.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yafunguye Ihuriro mpuzamahanga ry’Ikoranabuhanga ryiga ku budahezwa mu by’imari (IFF2025), asabira igishoro ibyiciro byihariye, cyane cyane abagore bafite ubucuruzi buto butanditse, cyane ko ngo ubudaheza mu bijyanye bukirimo imbogamizi.
Ababyeyi barerera mu mashuri yigisha Ubuforomo n’Ububyaza, basaba Leta kugabanya ikiguzi cy’uburezi, kugira ngo bunganire gahunda yo gukuba kane mu gihe cy’imyaka ine(4x4), umubare w’abiga Ubuforomo n’Ububyaza mu Rwanda.
Gushakana k’umuntu ufite ubumuga bw’uruhu(albino) n’utabufite, byaba imwe mu ngamba zo kugabanya ivuka ry’abana bafite ubu bumuga.
Hari abaturage bo mu turere 15 tw’Intara y’Amajyepfo, Amajyaruguru n’Iburengerazuba bavuga ko barwanyije imirire mibi ndetse n’imibereho muri rusange irahinduka byihuse, babikesheje umushinga wiswe PRISM wa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI), wo korora amatungo magufi, kuyacuruza, kuyabagira ahemewe no kurya (…)
Kigali Today yaganiriye n’abantu b’ingeri zitandukanye, abakuru n’abato, ku bijyanye n’impinduka zigenda zibaho mu myambarire y’abantu, aho abenshi mu bakiri bato badahuza n’abakuru ku bice by’umubiri umuntu agomba kwambika, n’ibyo bumva ko ntacyo bitwaye mu gihe byaba byambaye ubusa.
Kuri iki Cyumweru tariki 09 Gashyantare 2025, habaye amatora ya Komite Nyobozi ya FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, aho Dusengiyumva Samuel yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora uyu muryango n’amajwi 502, ahwanye na 86% by’abari bagize inteko itora.