MENYA UMWANDITSI

  • Abayobozi batandukanye muri PSF bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside

    PSF yibutse abikorera bazize Jenoside, iremera abayirokotse

    Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, PSF, rwibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko abikorera bishwe na bagenzi babo, runatanga ubufasha bwo gusana inzu z’abarokotse batishoboye.



  • Antony Twahirwa aganira n

    N’ubwo imvura yatinze kugwa imyaka izera - Meteo

    Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, kivuga ko imvura y’itumba izarangiza ukwezi kwa Gicurasi 2025 ikirimo kugwa, bitandukanye n’uko iteganyagihe ry’Itumba ryagaragazaga ko ahenshi mu Gihugu imvura izacika mbere ya tariki 20 Gicurasi muri uyu mwaka, bityo ko imyaka izera.



  • Abagore n’abakobwa bo mu cyaro baracyagorwa no kubona Cotex

    Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana, umugore n’urubyiruko ’Save Generations Organization’ uvuga ko n’ubwo cotex zakuriweho umusoro wa TVA, abagore n’abakobwa cyane cyane abo mu cyaro batabona ibyo bikoresho by’isuku mu gihe cy’imihango, bitewe n’uko bigihenze.



  • Bishimiye inka bahawe

    RWVCA yahaye inka abarokotse Jenoside b’i Ntarama

    Ihuriro ry’Uruhererekane rw’abakora ibikomoka ku biti ‘Rwanda Wood Value Chain Association (RWVCA)’, ryaremeye abarokotse Jenoside b’i Ntarama mu Bugesera inka 4, mu rwego rwo kubafasha kwiyubaka no kongera ibiti muri ako karere gakunze kwibasirwa n’amapfa.



  • Minisitiri w

    Dore aho Guverinoma ishingira ivuga ko abarenga Miliyoni 1.5 bavuye mu bukene

    Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirete, yameje kuri uyu wa 16 Mata 2025, Ubushakashatsi ku mibereho y’ingo(EICV7), bwakozwe n’Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR) ku nshuro ya karindwi muri 2023/2024, bukaba bwerekana ko abaturage barenga Miliyoni imwe n’ibihumbi 500 bavuye munsi y’umurongo w’ubukene mu myaka 7 ishize, ni (…)



  • CSP Thérèse Kubwimana avuga ku kamaro ka Halfway Homes

    ‘Halfway homes’ zitezweho kugabanya ihungabana ku barokotse Jenoside

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) hamwe n’abafatanyabikorwa barwo, bavuga ko ibigo birimo kubakwa byiswe ‘Halfway Homes’, bagenekereza ngo ‘Hafi kugera mu rugo’, binyurwamo mu gihe gito n’abarangije igifungo mbere y’uko imiryango yabo ibakira, bizagabanya ihungabana ku barokotse Jenoside.



  • Minisitiri w

    Ubumwe bw’Abanyarwanda burahari n’ubwo hakiri abatema inka n’urutoki by’abarokotse Jenoside - Minisitiri w’Intebe

    Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, avuga ko n’ubwo Ubumwe bw’Abanyarwanda bugeze ku kigero cyo hejuru cyane, hakiri abagizi ba nabi batari benshi babubangamira bangiza imyaka n’amatungo by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.



  • ‘Ntugipfuye’, ijambo rya mbere inkotanyi zabwiye Mutanguha Freddy

    Umuyobozi Mukuru w’Umuryango ‘Aegis Trust’, ushinzwe kwita ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Freddy Mutanguha, yatanze ubuhamya bw’agahinda yanyuzemo kuva ku guhunga kw’ababyeyi be muri 1973 kugera muri 1994 aho yisanze asigaranye na mushiki we umwe, abandi bashiki be bane n’ababyeyi bamaze kwicwa.



  • Abanyeshuri ba Well Spring Academy baha abana bari muri ECD amata

    Abanyeshuri ba Well Spring Academy bafashije abangavu babyaye imburagihe

    Amafaranga bahabwa n’ababyeyi babo ngo bajye mu birori cyangwa kwifata neza ku ishuri, bo biyemeje kuyakoresha bunganira Leta muri gahunda yo kugaburira abana mu marerero(ECD) yo hirya no hino mu Gihugu, bahereye ku babyarwa n’abangavu.



  • Guhinga mu mirima isasiye ni kimwe mu buryo bwo guhangana n

    Ubuhinzi mu Rwanda bugiye kujya bukorwa hatabayeho kurima

    Ishuri rikuru ry’u Rwanda ryigisha Ubuhinzi butangiza Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture - RICA), na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), bahurije hamwe abafatanyabikorwa, bashyiraho uburyo bw’imihingire ibungabunga ubutaka, aho bushobora gutanga umusaruro hatabayeho kubuhindura intabire.



  • Abakomisiyoneri basabwa gukora kinyamwuga birinda kubeshya ababagana

    Abakomisiyoneri barasabwa kugana ishuri ribafasha kunoza serivisi batanga

    Urugaga Nyarwanda rw’Abahuza (abakomisiyoneri b’umwuga) ’Rwanda Association of Real Estates Brokers(RWAREB)’, rufite ishuri ribatoza gukora kinyamwuga, rigatanga ibyangombwa bibatandukanya n’ababeshya abaturage, bityo bakanoza serivisi baha ababagana, bakareka gukomeza kwitwa ababeshyi.



  • Hari amavomero hirya no hino mu gihugu adaheruka amazi

    Leta ikomeje gushaka uko amazi meza yagera kuri bose

    U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amazi (uba buri mwaka tariki 22 Werurwe), mu gihe Leta ivuga ko imaze kwegereza abaturage bangana na 82% ibikorwa remezo by’amazi, n’ubwo hari abakomeje gutaka ko batayabona, hakaba hakomeje gushakwa uko yagera ku bantu bose mu gihugu.



  • Abimuwe mu manegeka bati “Ubutaka twarabwambuwe”, Umujyi wa Kigali uti “Ni ubwanyu”

    Bamwe mu bimuwe ahitwa mu manegeka ubu barataka ko babayeho nabi, kandi ko abashoramari babatwariye ubutaka bwabo ku buntu.



  • Abanyeshuri bo muri ES Kanombe EFOTEC, ni bamwe batangiye gutegurwa kwitabira PISA

    Abanyeshuri 7,455 baritegura gukora isuzumabumenyi mpuzamahanga rya ‘PISA’

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA), cyatangiye gutegura amashuri amwe yo hirya no hino mu Rwanda, kuzakora isuzumabumenyi mpuzamahanga ryiswe PISA, rikorwa n’abujuje imyaka 15 na 16 (itarengaho amezi abiri), rikazakorwa n’abanyeshuri 7,455.



  • Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kurwanya abashaka kubasubiza muri Jenoside

    Ushaka kukwica ni byiza ko wamurwanya - Perezida Kagame

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kurwanya abashaka kubasubiza mu mateka ya Jenoside, hamwe no gukora cyane bitegura kuziba icyuho cy’ibihano bigenda bifatwa n’amahanga.



  • Abagore n’urubyiruko babonye ikigo kizatanga inguzanyo ihendutse

    Inzego zishinzwe Imari mu Rwanda zigiye gufatanya gukangurira abagore n’urubyiruko gufata inguzanyo mu bigo by’imari, bunganiwe n’ikigega cyitwa ’Microfinance Liquidity Fund(MLF)’ kizashingwa bitarenze uyu mwaka wa 2025, kikazajya gitanga inguzanyo ku nyungu nto itaragenwa uko izaba ingana.



  • Abana bahabwa indyo yuzuye kandi ababyeyi biteguriye nyuma yo kubihugurirwa

    Ntabwo tuzongera kugira abana bagwingira - Abagenerwabikorwa ba SAIP i Rwamagana

    Ababyeyi n’abayobozi mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko ibiribwa byujuje intungamubiri bahawe n’umushinga SAIP birimo kurwanya imirire mibi mu bana, aho umwana ngo atangira gukurikiranwa kuva akiri mu nda y’umubyeyi we, kugeza arengeje imyaka itanu y’amavuko.



  • Gasabo: Abagore bakemuye ibibazo byugarije umuryango bahawe indabo

    Umunsi mpuzamahanga w’umugore wizihijwe mu Karere ka Gasabo hatangwa amashimwe arimo indabo ku bagore bagira uruhare mu gukemura ibibazo byugarije Umuryango nyarwanda.



  • MUA Insurance Rwanda yatangije ubwishingizi bushya bwiswe "MUA FEMME" nk’igisubizo ku bagore

    Sosiyete y’Ubwishingizi ikorera mu Rwanda, MUA Insurance, yatangije serivisi yitwa MUA Femme itabara byihuse abagore bagize ikibazo cya tekiniki y’ibikoresho bitandukanye bari mu kazi cyangwa igihe imodoka yaheze mu muhanda, aho basabwa guhamagara nimero itishyurwa 2323.



  • Abafashijwe kuhira ntibakigira impungenge nubwo imvura itagwira igihe

    Twiteguye gukemura ikibazo cy’ibiribwa - Abakorana na SAIP Iburasirazuba

    Umushinga ugamije kongera umusaruro w’ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa, ’Sustainable Agriculture Intensification and Food Security Project(SAIP) n’abagenerwabikorwa bawo, baratanga icyizere cy’uko ibiribwa (cyane cyane Iburasirazuba) bitazabura n’ubwo imvura itagwira igihe.



  • Gasabo yasabye abafatanyabikorwa gucutsa abishyurirwa ubwisungane mu kwivuza

    Mu gutangiza umwaka w’ubwisungane mu kwivuza(Mituelle de Santé) wa 2025/2026 mu Murenge wa Kimihurura, kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Gashyantare ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwasabye abafatanyabikorwa gufasha abaturage bose kwiyishyurira ubwo bwisungane, aho gukomeza kubishyurira nk’uko bisanzwe.



  • Iyi mpanuka ikomeye yabereye i Rulindo yahitanye benshi

    Gashyantare 2025, ukwezi kutahiriye abagenzi

    Amezi yose y’umwaka ni kimwe, yabonekamo ibyiza, kandi ashobora no kubonekamo ingorane, ariko Gashyantare 2025 izibukwa nk’ukwezi kutahiriye abagenzi, cyane cyane abakoresheje imodoka zitwara abagenzi benshi icyarimwe, kuko hari imiryango inyuranye izibuka umuntu wabo wagiye mu rugendo ntagaruke, cyangwa ntatahe amahoro masa.



  • PAPSS: Abakiriya ba BK barimo guhererekanya amafaranga n’abandi Banyafurika nta kuvunjisha

    Banki ya Kigali (BK Plc) yatangije ubufatanye n’Ikigo Pan-African Payment and Settlement System (PAPSS), gifite ikoranabuhanga rifasha abakiriya b’iyi banki kohererezanya amafaranga n’abandi bakiriya b’amabanki yo muri Afurika.



  • Perezida Kagame muri IFF2025

    Ubudaheza mu bijyanye n’imari buracyarimo imbogamizi - Perezida Kagame

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yafunguye Ihuriro mpuzamahanga ry’Ikoranabuhanga ryiga ku budahezwa mu by’imari (IFF2025), asabira igishoro ibyiciro byihariye, cyane cyane abagore bafite ubucuruzi buto butanditse, cyane ko ngo ubudaheza mu bijyanye bukirimo imbogamizi.



  • Barasaba Leta kugabanya ikiguzi cyo kwiga Ubuforomo

    Ababyeyi barerera mu mashuri yigisha Ubuforomo n’Ububyaza, basaba Leta kugabanya ikiguzi cy’uburezi, kugira ngo bunganire gahunda yo gukuba kane mu gihe cy’imyaka ine(4x4), umubare w’abiga Ubuforomo n’Ububyaza mu Rwanda.



  • Dr. Nicodeme Hakizimana aganiriza abanyamakuru barengera ibidukikije ku bujyanye no kurengera abafite ubumuga bw

    Kubyara umwana ufite ubumuga bw’uruhu: Dore aho bituruka

    Gushakana k’umuntu ufite ubumuga bw’uruhu(albino) n’utabufite, byaba imwe mu ngamba zo kugabanya ivuka ry’abana bafite ubu bumuga.



  • Bemeza ko amatungo magufi yabakuye mu bukene byihuse

    Bahamya ko bikuye mu bukene babikesha amatungo magufi

    Hari abaturage bo mu turere 15 tw’Intara y’Amajyepfo, Amajyaruguru n’Iburengerazuba bavuga ko barwanyije imirire mibi ndetse n’imibereho muri rusange irahinduka byihuse, babikesheje umushinga wiswe PRISM wa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI), wo korora amatungo magufi, kuyacuruza, kuyabagira ahemewe no kurya (…)



  • Ntibavuga rumwe ku myambarire y

    Bavuga iki ku myambarire y’ab’ubu?

    Kigali Today yaganiriye n’abantu b’ingeri zitandukanye, abakuru n’abato, ku bijyanye n’impinduka zigenda zibaho mu myambarire y’abantu, aho abenshi mu bakiri bato badahuza n’abakuru ku bice by’umubiri umuntu agomba kwambika, n’ibyo bumva ko ntacyo bitwaye mu gihe byaba byambaye ubusa.



  • Dusengiyumva Samuel yatorewe kuyobora FPR mu Mujyi wa Kigali

    Dusengiyumva Samuel yatorewe kuyobora FPR mu Mujyi wa Kigali

    Kuri iki Cyumweru tariki 09 Gashyantare 2025, habaye amatora ya Komite Nyobozi ya FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, aho Dusengiyumva Samuel yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora uyu muryango n’amajwi 502, ahwanye na 86% by’abari bagize inteko itora.



Izindi nkuru: