Abayobozi baheruka guhabwa inshingano nshya barimo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, barahiriye imbere ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu Mbere tariki 6 Nzeri 2021, abasaba kubakira ku musingi utajegajega.
Umunyerondo witwa Twizerimana Cyirique ukorera mu Kagari ka Ruhango mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, afungiye kuri Sitasiyo y’Ubugenzacyaha (RIB) muri uwo murenge, akaba akekwaho kwica mugenzi we witwa Bahinyura Alain, bakunze kwita Fils.
Ikigega cya Leta zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga(USAID) cyahaye Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kugura no gukwirakwiza imiti(RMS), inkunga y’amadolari miliyoni 75(ahwanye n’amanyarwanda miliyari 75).
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2021/2022, ivuga ko uzatangira ku ya 11 Ukwakira 2021.
Banki ya Kigali(BK Plc) yagiranye amasezerano y’indi myaka itatu na Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, muri gahunda isanzweho (yitwa Chevening) yo gufasha Abanyarwanda kwiga muri icyo gihugu.
Ikigo cy’ishoramari (BK Group) gihuza Banki ya Kigali, BK Capital, BK General Insurance hamwe na BK Tech House, cyatangaje ko cyungutse amafaranga y’u Rwanda miliyari 22 na miliyoni 800 mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2021.
Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburinganire n’iterambere ry’abari n’abategarugori, ‘Plan International-Rwanda’ wifashishize undi witwa ‘Akazi Kanoze Access’, batangiye guhugura no gufasha urubyiruko 1,200 rwo mu turere twa Nyaruguru, Gatsibo na Bugesera kuzaba rwavuye mu bushomeri mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.
Mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Kanama 2021, saa munani z’ijoro, ku Gisozi mu Karere ka Gasabo hepfo gato y’Ibiro by’Umurenge wa Gisozi, habereye impanuka y’ikamyo yari itwaye ibiti, yagwiriye inzu z’umucuruzi witwa Yvonne Mukeshimana iramuhitana.
Perezida Kagame yaganiriye na Abiy Ahmed wa Ethiopia ku mubano w’ibihugu byombi, Akarere n’isi muri rusange. Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 29 Kanama 2021, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri ari busoze kuri uyu wa Mbere.
Ingabo z’u Rwanda(RDF) zungutse abandi basirikare bashya ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021 nyuma y’imyitozo yabereye mu kigo cya Gisirikare i Nasho mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) kivuga ko imvura y’Umuhindo wa 2021 izaba ingana nk’isanzwe igwa muri icyo gihe, ariko ikaba ishobora kuzagabanuka mu duce tumwe tw’Iburengerazuba, Amayaga n’uturere twa Bugesera, Kirehe na Ngoma.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) hamwe na Kaminuza y’u Rwanda (UR) byahaye impamyabushobozi abarangije kwiga muri iyo Kaminuza muri 2019 na 2020 bagera ku 8,908, ariko basabwa kwirinda kuganya ko nta kazi bafite.
Hari abaturage bavuga ko bazajya baraza ibishingwe mu nzu bararamo mu rwego rwo kubicungira umutekano nyuma yo kumva ko bazajya bishyurwa, bitandukanye n’uko bo bari basanzwe bishyura ababijyana.
Nyuma y’igerageza ry’ubuhinzi bw’inkeri ryari rimaze amezi atandatu rikorerwa mu turere dutandukanye tw’Igihugu, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) hamwe n’Umushinga uterwa inkunga n’Abaholandi ‘HortInvest’, bemeje ko icyo gihingwa kigiye gutezwa imbere kuko ari imari ishyushye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko mu bakobwa barenga 420 batewe inda mu mwaka wa 2020-2021, benshi ngo baziterewe mu ngo n’abo bafitanye isano, abandi baziterwa bagiye gusura abahungu mu macumbi (ghetto), icyo bita ’kurya show’.
Hakurya y’Umujyi rwagati wa Kigali muri kilometero zitarenga enye ntibatunzwe no kwicara mu biro cyangwa mu modoka, ahubwo bibereyeho nk’abatuye i Shangasha muri Gicumbi, Kinyamakara muri Nyamagabe, Gishyita muri Karongi cyangwa Juru mu Bugesera.
Koperative yahombejwe n’inkongi y’umuriro mu Gakiriro ka Gisozi mu Karere ka Gasabo ku wa kabiri tariki 17 Kanama 2021, ivuga ko igiye gufata ingamba nk’izo ngenzi yayo yafashe ubwo yari ikimara guhisha ibintu bifite agaciro karenga miliyari ebyiri mu mwaka wa 2019.
Kaminuza yigisha Ubukerarugendo, Amahoteli n’Ikoranabuhanga mu by’ubucuruzi(UTB), itangaza ko yashyize ku isoko ry’umurimo abagera ku 1,406 barangije kuyigamo mu mwaka wa 2019 na 2020.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko abagize Guverinoma bagiye gutangira ikiruhuko kizarangira tariki 31 Kanama 2021.
“Igira ku murimo” (Workplace learning) ni gahunda y’igihugu igamije guteza imbere ubumenyingiro bw’urubyiruko rudafite akazi mu mashami y’ubwubatsi akubiyemo ibijyanye n’ububaji (Carpentry), ubucuzi (Welding), ikwirakwizwa ry’amazi (Plumbing), amashanyarazi (Electricity) ndetse no kubaka amazu (Masonry) hibandwa cyane (...)
Amakuru Kigali Today yahawe n’umucuruzi ukorera aho muri Nyabugogo, avuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021, hari umugabo cyangwa umusore uhanutse avuye hejuru mu igorofa y’isoko ry’Inkundamahoro, bigakekwa ko yaba yiyahuye.
Komisiyo y’u Rwanda ikorana na UNESCO(CNRU) irimo kwigisha ikoranabuhanga ry’Abayapani ryitwa Line, rifasha urifite wese muri telefone kugaragaza ahantu hateye ibiza, kugira ngo nibiba ngombwa inzego zibishinzwe zohereze ubutabazi bwihuse.
Muri iki gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 17 Kanama 2021, agakiriro ka Gisozi gaherereye mu Karere ka Gasabo kongeye gushya, ahafashwe n’inkongi akaba ari ahakorerwa ibikoresho bitandukanye byo mu nzu, ububiko bw’imbaho, hakaba hahiye na za matora nyinshi.
Komisiyo y’u Rwanda ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (CNRU) itangaza ko hari icyizere ku bafite ubumuga bwo kutabona n’abandi batabasha gusoma inyandiko zicapye, ko bazagezwaho ikoranabuhanga n’inyandiko ya braille biborohereza kumenya ibitabo byanditswe.
Ihuriro rizwi nka All Gospel Today (AGT) rigizwe n’abashumba, ibyamamare n’abaramyi bo mu madini n’amatorero atandukanye mu Rwanda, ryiyemeje gufatanya n’inzego z’ubuzima mu bukangurambaga bwiswe #Sindohoka, bushishikariza Abaturarwanda kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Kanama 2021 ahagana saa tanu z’amanywa, umugabo utahise amenyekana amazina yasimbutse mu igorofa rya gatanu ry’Inyubako yitwa Inkundamahoro icururizwamo ibintu bitandukanye i Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali.
Ubushakashatsi bw’Ikigo cyigenga gikora inyigo kuri gahunda za Leta (IPAR), bugaragaza ko ubucuruzi mu Mujyi wa Kigali n’uturere dutandatu tuwunganira, bwagabanutse ku rugero rwa 50% kuva muri Werurwe 2020 kugera muri Gashyantare 2021, bigatuma ubushomeri bwiyongera kuva kuri 13% kugera kuri 22%.
Umunyamategeko w’Umuryango urengera Ubuzima (HDI), yagaragaje uburyo Amategeko yemerera umuntu watewe inda atifuza ku bw’amayeri yashyizweho n’uwayimuteye, yemererwa kuyikuramo kandi ntaryozwe icyaha.
Ibitaro n’ibigo nderabuzima 15 mu Rwanda byahawe ibihembo kubera kwitabira kwandika hifashishijwe ikoranabuhanga, irangamimerere ry’abana babivukiyemo kuva muri Kanama 2020 kugera muri Kanama 2021.
Urwego Ngenzuramikorere(RURA) rutangaza ko rwumvikanye n’abamotari hamwe n’abacuruzi ba mubazi(Meter), ko mu kwezi gutaha kwa Nzeri abagenda kuri moto bose muri Kigali batazaba bishyura amafaranga mu ntoki, ahubwo hazakoreshwa ikoranabuhanga.