Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangarije Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika yo Hagati (ECCAS/CEEAC) ko u Rwanda rurimo kuvugurura amategeko y’ubucuruzi yarwo mu rwego rwo koroshya urujya n’uruza muri uwo muryango no mu Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA).
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2021, ahagana saa sita z’amanywa u Rwanda rwashyikirije u Burundi abarwanyi 19 b’umutwe wa RED Tabara bafatiwe mu Karere ka Nyaruguru mu kwezi kwa Nzeri k’umwaka ushize wa 2020 mu Murenge wa Ruheru, ku ishyamba rya Nyungwe.
U Rwanda rwatangaje ko rudakoresha ikoranabuhanga ry’Abanyayisirayeli ryitwa Pegasus mu kuneka abaturage barwo, cyangwa abanyamahanga barimo n’abayobozi mu bihugu bya Afurika.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuba zaratangiye guha Afurika inkingo za Covid-19 muri gahunda ya COVAX, avuga ko ari ikimenyetso cyiza cy’uko icyo gihugu kizanifatanya na Afurika muri gahunda yo kwishakira inkingo zayo.
Ni kenshi wumva ngo ‘Inama y’Abaminisitiri yemeje umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano hagati ya Banki, igihugu cyangwa ikigega mpuzamahanga runaka, yerekeranye n’impano/inguzanyo y’Amadetesi (DTS) cyangwa Unités de Compte (UC mu mpine) abarirwa mu ma miliyoni.
Abaturanyi hamwe n’umugore w’uwitwa Tuyishimire Jean Claude utuye mu Mudugudu wa Rambura, Akagari ka Nyagasambu, Umurenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko uwo mugabo yiteye icyuma mu nda ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 25 Nyakanga 2021.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Nyakanga 2021, igihugu cya Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) cyahaye u Rwanda impano y’ubushuti’ igizwe n’ibikoresho byo kwa muganga bifite uburemere bwa toni icyenda, harimo n’inkingo zitavuzwe umubare.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko inyubako za Leta zose zirimo kubarurwa no kwandikwa mu izina rya Minisiteri y’Ibikorwaremezo(MININFRA), nyuma yaho izidakoreshwa zikazajya zihabwa abavuye hanze batagiraga aho bakorera.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangarije Inteko ko Guverinoma igiye kwikubita agashyi, ikamenya aho urubyiruko rufite impano zo gukora udushya ruherereye, kugira ngo rufashwe kunoza iyo mishinga no kuyigeza ku isoko.
Ikigo giteza imbere Indangarubuga y’u Rwanda[.rw] kikaba gihagarariye abakoresha Ikoranabuhanga mu Rwanda(RICTA), kiri mu bukangurambaga bwiswe “Zamuka na AkadomoRW”, aho kigaragaza inyungu zo gukoresha izina ry’urubuga rwa murandasi rw’indangarubuga y’u Rwanda.
Umuyobozi w’Umujyi wa Paris (Umurwa Mukuru w’u Bufaransa), Anne Hidalgo witabiriye Inama mpuzamahanga y’abayobozi b’imijyi ivuga Igifaransa, hamwe na mugenzi we uyubora Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, bashyize umukono ku masezerano y’ubutwererane, agamije guhindura Kigali igicumbi cy’umuco n’ikoranabuhanga.
Uwitwa Iranzi Aline (ni ryo zina yahisemo kwiyita ariko atari irye ry’ukuri), yari kuba yafatiwe n’ibise mu ishuri arimo gukora ikizamini cya Leta gisoza umwaka wa gatatu wisumbuye, iyo umwana we atavukira amezi arindwi, kuko yujuje amezi abiri kuri uyu wa 20 Nyakanga 2021.
Ubuyobozi bw’uturere tugize Umujyi wa Kigali bwatangiye gutanga ibiribwa ku baturage bahagaritse imirimo bakaba bari muri “Guma mu rugo”, gusa abo baturage bagasaba ko mu gutanga ibiryo ababishinzwe batareba isura cyangwa uko umuntu agaragara kuko ubu birirwa mu ngo bakiyitaho bakagira isuku.
Umuturage wiyise Rebakure ku rubuga rwa Twitter yandikiye Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, amumenyesha ko ‘mu nda nta kirimo no kwirinda bigoye’, na we ahita amwoherereza amafaranga ayanyujije kuri Mobile Money.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE), Lt Col Dr Tharcisse Mpunga, yatangaje ko uduce tuzabonekamo ubwandu bwinshi bwa Covid-19 nyuma yo gupima abatuye Umujyi wa Kigali, tuzafatirwa ingamba zihariye mu gihe abandi bazaba basubiye mu kazi (bavuye muri Guma mu Rugo).
Guhera ku Cyumweru tariki 18 Nyakanga kugera ku wa Kane tariki 22 Nyakanaga 2021, u Rwanda ruzakira Abayobozi b’Imijyi itandukanye y’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (AIMF).
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 14 Nyakanga 2021 yafashe umwanzuro wo kugumisha Kigali n’uturere tumwe na tumwe mu rugo, kandi ishyiraho Minisiteri ishinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda, kubungabunga Umurage w’amateka no gutoza Uburere mboneragihugu.
U Bufaransa, u Butaliyani n’u Bugiriki byamenyesheje abakora mu bijyanye n’ubuzima banga guhabwa urukingo rwa Covid-19, ko igihe basigaje mu kazi kitazarenga ukwezi kwa Nzeri 2021.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) kivuga ko u Rwanda rurimo kwiga uburyo bwo gufata amacandwe cyangwa ibiva mu mazuru, bikifashishwa mu gupima Covid-19 mu rwego rwo kunganira uburyo busanzweho bwo guseseka agakaramu (agakoni) mu mazuru cyangwa mu muhogo.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) hamwe n’abana barangije amashuri abanza, bavuga ko bizeye neza ko bazatsinda ibizamini bya Leta n’ubwo imyigire itagenze neza kubera icyorezo cya Covid-19.
Inzobere mu by’imiti n’inkingo akaba ari n’Umuyobozi w’Ikigo cya Kaminuza y’u Rwanda cyiga ku turemangingo tw’umubiri w’umuntu (Center for Human Genetics), Dr Leon Mutesa yavuze ko hakirimo kurebwa niba abantu bakingiwe Covid-19 batakongera guhabwa urundi rukingo, mu rwego rwo kubafasha guhangana na virusi y’icyo cyorezo (...)
Ikigo Ngali Holdings gikusanya imisoro y’inzego z’ibanze, by’umwihariko kikaba ari cyo gifasha abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 kwishyura ihazabu basabwa, kigaragaza uburyo ikoranabuhanga n’abashinzwe umutekano bituma nta muntu ushobora gukwepa no kunyereza ayo mafaranga.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bijyanye n’igisirikare, Gen James Kabarebe, yavuze ko umutwe wa FLN wateraga u Rwanda ’uturutse i Burundi’ uri mu bihe bya nyuma byo kubaho (mu marembera).
Kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021, abayobozi bakuru b’Igihugu bakiriye Urubyiruko rw’Abanyarwanda rurenga 60 abenshi baturutse ku mugabane w’i Burayi, rukaba rwaje kwiga amateka yo kubohora u Rwanda n’ibyo rwagezeho muri iyi myaka 27 ishize.
Ministiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yatangaje ko u Rwanda rurimo kwakira inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa Pfizer-Biontech zitangira guhabwa abaturage guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Nyakanga 2021.
Kuri uyu wa Kane tariki 08 Nyakanga 2021, Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bwafunze ibyumba 22 by’inzu y’ubucuruzi izwi nka Downtown ikorera ahari Gare yo mu Mujyi wa Kigali.
Urubanza rw’uwahoze ari umwarimu w’ikoranabuhanga muri Kaminuza y’u Rwanda, Aimable Karasira rwongeye gusubikwa nyuma y’uko we n’umwunganira babwiye urukiko ko bagitegereje inyandiko ya muganga yemeza cyangwa ihakana niba adafite uburwayi bwo mu mutwe.
Ubushakashatsi ku mibereho y’Abaturage bwakozwe n’Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR) muri 2019-2020, buvuga ko abagore bangana na 51% batifuza kongera kubyara ndetse bakaba barimo abifungishije burundu, 34% bagenda biha igihe, 10% ntibifuza kubyara mu gihe cya vuba, 3% ni ingumba, 2% bakaba ari bo batarafata umwanzuro.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kamena 2021, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, António Tete waje amuzaniye ubutumwa bwa mugenzi we wa Angola, João Lourenço.