Mu gihe abamotari bavuga ko batemera gukoresha imashini za mubazi kuko ngo zibahombya, Polisi y’u Rwanda yo irabibategeka kubera inyungu z’umutekano wabo n’uw’abaturage muri rusange.
Abavuzi gakondo bemewe na Leta bamaganye bagenzi babo bakomeretsa imibiri y’abantu, harimo abaca ibirimi, ndetse n’abamamaza imiti ivugwaho kuvura inyatsi, bakaba babagereranya n’inzererezi.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba umuntu wese waba afite inkorora igejeje cyangwa irengeje ibyumweru bibiri kwihutira kujya kwa muganga kwisuzumisha, kugira ngo ataba yaranduye igituntu kikamuhitana.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) rigiye gufata ingamba nshya Isi izashingiraho, mu gukumira ikwirakwira ry’indwara y’ubushita bw’inguge (Monkeypox), kugeza ubu imaze kugera mu bihugu birenga 63 mu gihe kitarenze amezi atatu.
Ikigo gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA) hamwe n’Urwego rushinzwe Iterambere (RDB), byagiranye amasezerano n’icyitwa QA Venue Solutions, kugira ngo gifashe gucunga igishanga cya Nyandungu ubu cyahindutse Pariki, hamwe no kwakira abazajya baza kwidagadura no gusura ibyiza nyaburanga bihaboneka.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo Rwanda, kivuga ko iminsi 10 ya nyuma y’ukwezi kwa Kamena gushize yaranzwe n’imvura nke cyane, kurusha ibindi bihe nk’ibi mu Rwanda mu myaka myinshi ishize.
Ku isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 28, ku wa Mbere w’iki cyumweru, inzego zinyuranye mu Gihugu zirimo Akarere ka Gasabo zagaragaje ibyagezweho mu mwaka w’Ingengo y’Imari ushize wa 2021/2022, birimo ibikorwa remezo biteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’Abaturage.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kirasaba aborozi bose mu Gihugu kwitabira gukingiza inka, ihene n’intama zimaze byibura amezi atatu zivutse kandi zidahaka, gufuhera umuti urwanya imibu kabiri mu cyumweru, ndetse no kuvuza izarwaye ubuganga bwa ‘Rift Valley Fever’, byose bikaba birimo gukorwa ku buntu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko u Rwanda rutarimo kwinginga Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ngo Ingabo zarwo zibe mu bazajya muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), ariko ko uzajyayo wese ngo agomba gufasha Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda barimo M23, kwakirwa nk’abenegihugu, ndetse no kurinda u (…)
Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya hamwe n’umutwe ushyigikiwe n’icyo gihugu kurwanya Ukraine witwa LPR, batangaje ko bafashe umujyi wa nyuma w’Intara ya Lughansk muri Ukraine witwa Lysychansk, wari ukigenzurwa n’Ingabo za Ukraine.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Ikigo gikodesha amagare cyitwa Guraride, bavuga ko hagiye kuza amagare aterera imisozi bidasabye kunyonga kuko akoresha bateri z’amashanyarazi.
Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali yatoye Ingengo y’Imari ingana n’Amafaranga y’u Rwanda miliyari 137 na miliyoni 500 azakoreshwa mu mwaka wa 2022/2023, hakazavamo ayo kubaka za ruhurura no guhanga imirimo mishya irenga ibihumbi 40.
Mu nama y’Inteko Rusange y’Umujyi wa Kigali yateranye ku wa Gatatu tariki 29 Kamena 2022, Umuyobozi wungirije muri w’uwo mujyi ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa remezo, Dr Merard Mpabwanamaguru, yasubije abaturage basaba imodoka rusange n’inzira nshya (lignes), ko bizabagezwaho mu minsi ya vuba.
Banki ya Kigali (BK Plc) hamwe n’Ikigo Inkomoko giteza imbere amahugurwa, byamaze gutoranya ba rwiyemezamirimo bato 25, bagiye guhugurwa mu mezi atandatu aho abazitwara neza kurusha abandi bazahabwa inguzanyo yishyurwa nta nyungu bongeyeho, muri gahunda yiswe BK-Urumuri.
Uwahoze ari Perezida w’u Burusiya akaba kuri ubu yungirije ku buyobozi bw’Inama y’Umutekano y’icyo gihugu, Dmitry Medvedev, yatangaje ko nihagira igihugu kigize OTAN gifasha Ukraine kwisubiza umwigimbakirwa wa Crimea, biza kubyara Intambara ya Gatatu (III) y’Isi.
Mu kiganiro EdTech Monday gikorwa na KT Radio ku bufatanye na Mastercard Foundation, hamwe n’Ishami ry’Ikoranabuhanga (ICT Chamber) mu Rugaga rw’Abikorera, abafatanyabikorwa bitwa RwandaEQUIP bijeje amashuri hafi 250 yo mu Rwanda kuzaba yabonye mudasobwa nto zitwa ‘tablets’.
Ikigo gishinzwe Ibizamini mu Rwanda (NESA) cyatangiye igihe cy’ibizamini bya Leta kuri uyu wa Mbere tariki 27 Kamena 2022, aho abagera kuri 20,136 biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro ndetse n’abakandida bigenga 1,414, barimo gukora ibizamini ngiro(pratique).
Banki ya Kigali (BK Plc) yatangaje abakiliya batatu batsindiye ibihembo biciye muri poromosiyo yagenewe abakiriya baba mu mahanga, "BK Diaspora Banking - Bank Home & Win Big", igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda ruhawe kuyobora Umuryango Commonwealth nyuma y’imyaka 13 rumaze ruwinjiyemo, ari Igihugu cyahindutse mu buryo bwose.
Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2022/2023 irenga miliyari 4,658Frw na miliyoni 442Frw, harimo ayagenewe kubaka ibimoteri by’imyanda i Kigali n’inganda ziyibyaza umusaruro hirya no hino mu Gihugu.
Iby’umurambo w’umwana w’umuhungu witwa Cyusa Sadiki Prince wari ufite imyaka 10 y’amavuko, wabonetse mu gishanga muri Niboye mu mpera z’ukwezi gushize kwa Gicurasi 2022, byatangiye gusobanuka nyuma y’uko hafashwe abantu bane bikekwa ko babiri inyuma.
Guverinoma y’u Rwanda yatangarije abitabiriye Inama ya CHOGM, ko mu rwego rwo kugabanya iyoherezwa mu kirere ry’imyuka iteza Isi gushyuha, hari gukoreshwa uburyo butandukanye burimo ibinyabiziga bitarekura imyotsi kuko bitwarwa n’amashanyarazi.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, avuga ko ibikorwa by’imyidagaduro n’amamurikagurisha birimo kubera hirya no hino mu Rwanda muri iyi minsi y’Inama ya CHOGM, bizakomeza na nyuma yaho, abashyitsi bamaze kugenda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa imiturirwa ibiri ya mbere miremire mu Rwanda izagirwa Ikigo Mpuzamahanga giteza imbere serivisi z’imari muri Afurika (Kigali Financial Square).
Impuzamiryango yita ku mibereho myiza y’abaturage n’imirimo ihesha agaciro umukozi, Inspir Zamuka, ivuga ko Abanyarwanda bakabakaba ibihumbi 500 bageze mu zabukuru, bafite imibereho mibi iterwa no kwita ku bana n’abuzukuru nyamara nta mbaraga n’amikoro bafite.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye moto 11 zibwe, rwerekana n’abantu icyenda bakekwaho kuziba, rukaba rushinja amagaraji n’abacuruza ibikoresho biba bigize moto(pièces) kubigiramo uruhare.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko Umusaruro mbumbe w’Igihugu mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2022, waruse uwo mu gihembwe nk’icyo cy’umwaka ushize wa 2021 ku rugero rungana na 7.9%.
Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC), Dr Rose Mukankomeje, yiseguye ku banyeshuri 416 bari bamaze amezi arenga atatu biga mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (RP), nyuma yo kubahakanira ko nta nguzanyo(buruse) bazahabwa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yamaze impungenge abazaba bagenda mu Mujyi wa Kigali mu gihe cy’Inama ya CHOGM, ko imihanda itazaba ifunzwe nk’uko babikeka.