Indege yari kuzana abimukira ba mbere mu Rwanda ibakuye mu Bwongereza, ntabwo yabaye igihaguruka ku kibuga cy’indege cya Boscombe cyo mu Mujyi wa Wiltshire mu Bwongereza kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, nk’uko byari biteganyijwe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), Lt Col Dr Tharcisse Mpunga, yatangaje ko n’ubwo icyorezo cya Covid-19 cyari cyaragabanutse cyane mu mezi nk’ane ashize, ubu ngo cyatangiye kwiyongera kubera kudohoka kw’abantu muri iyi minsi.
Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) yatangaje ko mu Mujyi wa Kigali abanyeshuri biga bataha bazasubiramo amasomo bari mu rugo mu gihe cy’Inama ya CHOGM (kuva tariki 20-26 Kamena 2022), abacumbikiwe ku ishuri na bo bakazaguma mu bigo byabo.
Imiryango ishingiye ku kwemera (Amadini n’Amatorero) ikorera mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, yahuriye mu giterane cy’Isanamitima gikangurira abaturage kuba umwe, banasengera umutekano w’Igihugu hamwe n’Inama ya CHOGM izabera mu Rwanda kuva mu cyumweru gitaha.
Uwitwa Mukakimenyi kuri ubu utwite avuga ko yagiye kwipimisha inda ku Kigo Nderabuzima cya Muhima mu Karere ka Nyarugenge, akahasanga abaganga bamubwira ko inkari ze zikenewe kugira ngo zizakorwemo imiti yafasha bagenzi be badashobora gusama, na bo bakaba babona urubyaro.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Urwego rushinzwe Iterambere (RDB), batashye inzu izamurikirwamo ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) ikanateza imbere Umuco, hakazabamo n’Urubohero rw’abitegura gushinga ingo (Bridal Shower).
Abakozi ba IPRC-Kigali bo mu Muryango FPR-Inkotanyi, hamwe n’abanyeshuri biga muri icyo kigo, bashyikirije Mukandengo Pascasie warokotse Jenoside, inzu bamwubakiye isimbura iyari ishaje ngo yari igiye kumugwira.
Perezida Volodymyr Zelenskyy yatangiye kubona ko abamuteraga inkunga batarimo kumwitaho uko bikwiye, nyuma yo kunanirwa kwirukana Abarusiya mu gihugu cye.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyasohoye itangazo rihumuriza abaturage ko umutekano wabo urinzwe nyuma y’uko Ingabo za Congo (FARDC) zongeye kurasa ibisasu bibiri ku butaka bw’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Kamena 2022.
Abayobozi barimo Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, basaba abiga imyuga n’ubumenyingiro muri IPRC-Kigali (yahoze yitwa ETO Kicikiro), gukurikirana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe hakiri ibimenyetso byayo, bakabyitaho.
Ahitwa kuri 12 mu mahuriro y’imihanda y’uva i Burasirazuba winjira i Kigali, ukomeza ujya i Remera, ujya i Kimironko ndetse n’uwambuka igishanga cya Nyandungu werekeza i Masoro kuri Kaminuza y’Abadivantisiti, hari utuyira dushamikiyeho twinjira mu rufunzo rw’icyo gishanga.
Umuryango IBUKA ufatanyije n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali (Akarere ka Nyarugenge by’umwihariko), bavuga ko bakomeje gushakisha imibiri y’Abatutsi biciwe ahantu hatandukanye muri Jenoside yabakorewe mu 1994, barimo abajugunywe mu myobo igera kuri 40 yacukuwe mu Murenge wa Rwezamenyo.
Ku wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022, Banki ya Kigali (BK Plc) hamwe na Sosiyete y’Itumanaho (MTN Rwanda), byagiranye amasezerano yo gutanga telefone zigezweho (Smart Phones), uwayihawe akazajya yishyura amafaranga make make kugeza ayegukanye burundu.
Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ibikorwaremezo n’Imiturire, Dr Mérard Mpabwanamaguru, avuga ko imirimo yo kwitegura CHOGM ikomeje gukorwa amanywa n’ijoro, ariko agasaba n’abaturiye imihanda irimo gukorwa kuba bavuguruye inzu zabo.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda nk’igihugu kidakora ku nyanja, abaturage bakaba bari basigaye mu bukene bukabije, kongera kwiyubaka byasabye Leta gushingira kuri Politiki y’imbere mu gihugu hamwe no gutsura umubano n’amahanga.
Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko rugishakisha kandi rutegereje uwaza kuruha amakuru ku bijyanye n’urupfu rw’umwana w’umuhungu witwa Cyusa Sadiki Prince ufite imyaka 10 y’amavuko, bikekwa ko yaba yarishwe.
Mu gihe u Burusiya buvuga ko buzakomeza intambara burwanamo na Ukraine, Perezida w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Macky Sall, yagiye gusaba Putin kurekura ibiribwa n’ifumbire, kugira ngo uyu mugabane udakomeza kuhazaharira.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yasoje Urugerero rw’abarangije amashuri yisumbuye muri 2021 bitwa Intore z’Inkomezabigwi (Icyiciro cya 9/2022), kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Kamena 2022, ikaba yanatanze Inka z’Ingororano ku turere dutandatu twarushije utundi mu bikorwa by’Urugerero, (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no Kurengera Umuguzi (RICA), cyasabye abacuruzi b’inyama baziranguza muri Kigali kutarenza igiciro kibarirwa hagati ya 2700Frw-2900Frw ku kiro (kg) nk’uko byari bisanzwe.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yasabye abatuye Kigali bifuza kubonana n’abayobozi muri iyi minsi, kubihanganira rimwe na rimwe kugira ngo babanze bakurikirane imirimo yo kwitegura Inama ya CHOGM.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yatangaje ko abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazagera mu Rwanda muri uku kwezi kwa Kamena, nk’uko Leta z’ibihugu byombi zabyemeranyijweho.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yabwiye Itangazamakuru ko mu gihe Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zifatanyije na FDLR zakomeza kugaba ibitero ku Rwanda, rutazarekeraho kwirwanaho.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), kivuga ko kimaze gusana no kubaka imiyoboro y’amazi itandukanye hirya no hino mu gihugu, harimo uwa Kamfonyogo waruhuye abaturage bo mu Kagari ka Mutsindo mu Murenge wa Gashanda ho mu Karere ka Ngoma, imvune bahuraga nayo bajya kuvoma amazi mu mibande n’ibishanga.
Ibigo bigize BK Group ari byo Banki ya Kigali, Ikigo cy’Ubwishingizi (BK General Insurance) hamwe n’icy’ikoranabuhanga (BK Techouse), byatangaje ko byungutse Amafaranga y’u Rwanda miliyari 15 na miliyoni 600 (angana n’amadolari miliyoni 15.3$) mu mezi atatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2022, akaba yariyongereho 40% ugereranyije (…)
Abayobozi b’imiryango n’inzego zihagarariye Afurika muri siporo, ubucuruzi, ubuhanzi n’Ubuzima, bahuriye i Kigali kuri iki Cyumweru biyemeza kurwanya indwara zititaweho uko bikwiye(NTDs), zirimo inzoka zo mu nda, umusinziro, ibibembe, imidido, indwara z’amaso n’ubuhumyi, birariziyoze n’izindi.
Abakuru b’ibihugu by’u Budage n’u Bufaransa, Olaf Scholz na Emmanuel Macron, bavuga ko bashimishijwe n’ikiganiro bagiranye na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ku wa Gatandatu, aho basaba ihagarikwa ry’intambara byihuse muri Ukraine n’ibiganiro by’amahoro.
Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), zatangaje ko zigiye guha Ukraine imbunda zirasa ibisasu kugera mu bilometero bibarirwa mu magana, bishobora kugera rwagati mu Burusiya birasiwe muri Ukraine, nk’uko byatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters.
Akarere ka Kicukiro kashyize mu barinzi b’Igihango uwitwa Mukancogoza Esperence, wari ufite imyaka 24 y’ubukure mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko yabashije kurokora umuryango w’abantu 10 bari bamuhungiyeho i Masaka muri Kicukiro, baturutse i Muyumbu mu Karere ka Rwamagana.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye abaturiye imihanda imwe n’imwe yo mu turere tuwugize, kwitabira ibarura ry’imitungo yabo ryatangiye ku wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022, kugira ngo bazimurwe ku bw’inyungu rusange aho iyo mihanda igomba kwagukira.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima(WHO/OMS) ryatangiye guhangayikishwa n’indwara idasanzwe yiswe Monkeypox iteza kuzana utubyimba ku mubiri tugaturika, ikaba yaradutse mu bihugu bitandukanye byo ku Isi kuva tariki 13 z’uku kwezi kwa Gicurasi 2022.