Ibiro by’Ingoro y’Umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza (Buckingham Palace) bimaze gutangaza ko Umwamikazi Elizabeth II yatanze nyuma y’imyaka 70 yari amaze ku ngoma y’ubuyobozi bw’Ubwami bw’u Bwongereza.
Ibiro by’Ingoro y’Umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza ’Buckingham Palace’ bitangaza ko abaganga bacungiye hafi ubuzima bw’uyu mubyeyi uyoboye Umuryango w’ibihugu 54 byo ku Isi bikoresha Icyongereza birimo n’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abitabiriye Inama y’Ihuriro nyafurika riteza imbere ubuhinzi (AGRF), gushyira hamwe bagashaka uburyo uyu mugabane wakwihaza mu biribwa, aho gutegereza ibiva ahandi bitakirimo kuboneka neza.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yasabye abahanga gushakira ibisubizo Umugabane wa Afurika wugarijwe no kubura kw’ibiribwa(igwingira) ku ruhande rumwe, ariko ku rundi hakabaho gutaka kw’abafite umubyibuho ukabije uterwa no kubona ibiribwa byinshi cyane.
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakuyeho Alain Guillaume Bunyoni wari Minisitiri w’Intebe amusimbuza Gervais Ndirakobuca wari Minisitiri w’Intwaro yo (Minisitiri w’Umutekano) hagati mu Gihugu.
Umunsi ku wundi Gaz méthane yo mu Kiyaga cya Kivu iragenda igaragaza byinshi yakoreshwa mu iterambere ry’u Rwanda, kuko nyuma yo gutanga amashanyarazi hari n’ibindi yakoreshwa birimo no kubyara ifumbire mvaruganda.
Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya rwatangaje ko William Ruto yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, nyuma y’impaka n’ibirego byatanzwe na mukeba we, Raila Odinga, wavugaga ko habayemo uburiganya.
Kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022, Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya ruratangaza umwanzuro ku kirego cyatanzwe n’Umukandida-Perezida, Raila Odinga, uvuga ko habaye uburiganya mu matora yo mu kwezi gushize.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yashimye ibikorwa by’Ikigo Inkomoko, avuga ko ari impano ku bantu bose, anasaba abagenerwabikorwa bayo kwaguka mu bitekerezo no mu byo bakora.
Abayobozi mu nzego zitandukanye barimo Clare Akamanzi uyobora Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Dr Diane Karusisi wa Banki ya Kigali na Sina Gerard wa Entreprise Urwibutso bavanze umuziki(babaye aba DJs) mu birori by’Isabukuru y’imyaka 10 y’Ikigo Inkomoko.
Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC), ku wa Mbere tariki 5 Nzeri 2022 iratangira guhamagaza abayobozi bazasobanura irengero ry’amafaranga arenga miliyari eshatu, atagaragaza icyo yakoreshejwe.
Abahinzi hirya no hino mu Gihugu bavuga ko batangiye gushyira imbuto mu butaka, nyuma yo kubona imvura y’Umuhindo yatangiye kugwa mu mpera za Kanama 2022.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriye mugenzi we wa Uganda Gen Odongo Jeje Abubakhar kuri uyu wa Kane, bumvikana uko umubano w’ibihugu byombi warushaho kubyazwa umusaruro.
Ibigo bigize BK Group byatangarije abanyamigabane babyo hamwe n’abakiriya muri rusange, ko byungutse miliyari 28 na miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2022.
Abahinzi b’ibihumyo bavuga ko umuntu washora amafaranga nibura ibihumbi 50Frw muri icyo gihingwa ku butaka butarenga metero kare(m²) imwe mu rugo iwe, ashobora gukuramo ibihumbi 100Frw mu gihe kitarenga amezi atatu.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis ayoboye Inama izamara iminsi ibiri kugera kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, ikaba ihuje Abakaridinari bagera kuri 200 baturutse hirya no hino ku Isi.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne D’Arc Mujawamariya, aganira na Kigali Today, yagaragaje ko u Rwanda rwifuza imijyi n’imidugudu bitoshye, mbese biri mu ishyamba nk’uko bimeze mu Kiyovu cy’abakire mu Mujyi wa Kigali.
Si kenshi wakwibwira ko hari ibitaro n’amarimbi byagenewe inyamaswa cyane cyane izitaribwa nk’imbwa n’injangwe, ariko mu Rwanda izo serivisi ziratangwa.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje iteganyagihe ry’imvura y’Umuhindo (Nzeri-Ukuboza 2022), ryerekana ko ikirere kizashyuha cyane kandi kigatanga imvura nke, izatangira kugwa tariki 30 Kanama 2022 hamwe na hamwe.
Mu bukangurambaga bwo kwamagana imodoka zifite ibirahure byijimye (fumé), Polisi y’u Rwanda imazemo ibyumweru bibiri, hafashwe imodoka 748 ba nyirazo barabihanirwa.
Abakozi b’Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR) bakiriwe n’Umuryango wa Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ku wa 22 Kanama 2022, bawubaza amakuru ajyanye n’Ibarura rusange ry’Abaturarwanda rikomeje gukorwa mu Gihugu hose.
Mu barimu n’abandi bakozi b’amashuri Leta yazamuriye umushahara guhera muri uku kwezi kwa Kanama 2022, harimo abize kera uburezi bw’ibanze bw’imyaka 11 bafite impamyabumenyi zitwa A3.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko igiciro cy’amata cyiyongereho amafaranga 72Frw kuri litiro, bitewe n’ikibazo cy’izuba ryinshi ryatumye aborozi bashora byinshi mu kubonera inka amazi n’ubwatsi.
Polisi y’u Rwanda ivuga ko umuturage w’Umunya Uganda witwa Justine Owor, wari waraje mu munsi Mukuru wa Asomusiyo wizihirijwe i Kibeho tariki 15 Kanama 2022, akaza kubura, yabonetse ari muzima, ariko yagize ikibazo cyo mu mutwe gituma ajyanwa mu bitaro i Ndera.
Nyuma y’aho Banki ya Kigali (BK Plc) igaragarije Ikarita yitwa BK Arena Card, ihesha uyiguze amahirwe menshi arimo no kwitabira imikino n’imyidagaduro muri BK Arena, iyi banki yatangaje ubundi buryo bwo gushyira amafaranga kuri iyo karita.
Ikigo Kepler cyigishiriza mu Rwanda amasomo ya Kaminuza ya Southern New Hampshire University SNHU (USA), cyatanze impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza ku barangije imyaka itatu bacyigamo bagera ku 101.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo MIFOTRA yagaragaje umushahara buri cyiciro cy’abayobozi, abarimu n’abakozi b’amashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye n’ayigisha imyuga bazajya bahembwa, hagendewe ku mpamyabumenyi bafite hamwe n’uburambe mu kazi.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yatangije umushinga wo gucukura no gutunganya gaz ivuye mu Kiyaga cya Kivu, ikazakoreshwa mu guteka amafunguro, gutwara imodoka no mu nganda guhera muri 2024.
Daniel Bagaragaza uzobereye mu gutoza imbwa kuva mu mwaka wa 2007, avuga ko yashoye miliyoni 17Frw mu kugura ubutaka bwo kuzajya ahambamo imbwa n’injangwe zapfuye.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruvuga ko ruzafatanya n’inzego mu kurwanya abakomisiyoneri b’abakarasi, bashinjwa kurangura amatike yose muri za gare bakayagurisha ku bagenzi ku giciro gihanitse.