Mu rwego rwo gufasha abaturage bishyurirwaga ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) kutazongera gutegereza ubufasha bwa Leta, Umuryango w’Abayisilamu wishyuriye abaturage 700 b’i Jabana ubaha n’amatungo (ihene).
Hari abana bavuye ku muhanda bazanwa ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, kwiga gukira ibikomere by’amateka no kugarukira ababyeyi babo, ubu bahamya ko babakunda ndetse babafasha mu mibereho y’ingo.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yafashe umwanzuro wo kwirukana Umuyobozi w’Akarere, Appolonie Mukamasabo, mu nshingano ze zo kuyobora Akarere biturutse ku myitwarire n’imikorere idahwitse mu kazi ashinzwe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi by’Igihugu (MINALOC), Marie Solange Kayisire, asaba abatarishyura ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) kubyihutisha, kugira ngo batamera nk’abigometse kuri gahunda za Leta.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Kayisire Marie Solange, yakoreye umuganda mu rugabano rw’Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Rwamagana, aho isuri yaciye umukoki (ruhurura) ushobora kwangiza umuhanda, abaturage bakavuga ko unabateye impungenge kuko ushobora guteza impanuka.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo-Rwanda cyatangaje iteganyagihe ry’umuhindo wa 2023, rigaragaza ko hazagwa imvura nyinshi guhera ku matariki ya 03-10 Nzeri 2023 i Rubavu n’i Rutsiro, henshi mu turere twa Musanze na Nyabihu ndetse n’iburengerazuba bwa Ngororero.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yaburiye urubyiruko ruhugira mu masengesho aho gukora ngo bivane mu bukene. Yabasabye gukora bakagira uruhare mu iterambere ryabo badategereje ubibakorera cyangwa ngo bumve ko hari izindi mbaraga bakwiye kwizera zizabibakorera.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT), ishima amarushanwa yateguwe n’Umuryango mpuzamahanga urwanya ubukene n’inzara (Heifer International), kuko arimo gutuma udushya mu buhinzi duhangwa n’urubyiruko tumenyekana.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (BSR) uyoborwa na Antoine Cardinal Kambanda, wagaragaje impungenge z’uko Bibiliya ishobora kubura ndetse ubu ikaba yaratangiye guhenda, bitewe n’uko yatakaje abaterankunga.
Hari umuntu kuri ubu wakwikura Amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri akagura telefone (smart phone), kuko ayibonamo akamaro karenze kuba telefone, ahubwo ari igikoresho gisimbura byinshi mu buzima bwe.
Iteganyagihe ry’iminsi 10 isoza uku kwezi kwa Kanama 2023 (kuva tariki 21-31), rigaragaza ko ahenshi mu Gihugu nta mvura izaboneka, ndetse ko hazabaho ubushyuhe bwinshi bugera kuri dogere Selisiyusi 32 (⁰C) i Kigali, Iburasirazuba, Amayaga n’i Bugarama(Rusizi).
Mbese bigenda bite ko abaturage iyo bakiri abana, usanga abahungu ari bo benshi kurusha abakobwa, ariko wareba abageze mu zabukuru ugasanga abagabo ari bacye ugereranyije n’abagore?
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifatanyije n’urubyiruko rwitabiriye iserukiramuco rya Giants of Africa mu muganda udasanzwe wo kubaka imihanda mu Mudugudu wa Mukoni mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Ku wa Gatanu tariki 18 Kanama 2023, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yujuje imyaka itandatu ya manda y’imyaka irindwi yarahiriye muri 2017, akaba icyo gihe yarijeje kuzakomeza igihango cyo gukora ibyiza yari afitanye n’urubyiruko.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, arizeza abahinzi inguzanyo ihendutse bazajya bahabwa na Banki zisanzweho, batagombye gushyirirwaho iyabo yihariye.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, yashoje Imurikagurisha(Expo) rya 26 ryari rimaze ibyumweru bibiri birenga ribera i Kigali, yemeza ko rizimurwa aho risanzwe ribera i Gikondo mu gihe kiri imbere.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo-Rwanda, cyari cyatangaje ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Kanama 2023 hagati ya saa sita(12:00) na saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00) hateganyijwe imvura mu turere twose tw’Igihugu.
Ihuriro Nyafurika riteza imbere Ubuhinzi (AGRA), ririzeza Guverinoma y’u Rwanda n’urubyiruko ruri mu buhinzi rugera ku bihumbi 132 rwiganjemo abagore bato n’abakobwa, igishoro kingana na Miliyoni 50 z’Amadolari ya Amerika, kuva muri 2023-2027 (asaga Miliyari 60Frw).
Igitabo cy’Amateka y’u Rwanda cyanditswe n’iyari Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu mwaka wa 2016, kivuga ko umugezi wa Nyabarongo wahoze unyura mu Majyaruguru werekeza muri Nili mbere y’iruka ry’ibirunga, mu myaka isaga ibihumbi 100 ishize.
Ntibisanzwe ko Umujyi wabaho utagira ikimoteri, ariko uwa Huye mu Majyepfo ngo ntacyo ufite bitewe n’urubyiruko rwishyize hamwe, rugakora ifumbire n’ibindi biva ku myanda yose iboneka muri uwo mujyi.
Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) gisaba abaturage benga ubushera cyangwa ikigage, kwirinda gukoresha amasaka yavanzwe n’imiti y’imisukano ikoreshwa mu guhungira(kwica udukoko) imyaka.
Iteganyagihe ry’iminsi 10 y’igice cya kabiri cy’ukwezi kwa Kanama 2023, rigaragaza ko ahenshi mu Ntara z’Iburengerazuba no mu Majyaruguru hazaboneka imvura kuva ku munsi wa Asomusiyo (tariki 15 Kanama), mu gihe ahandi cyane cyane Iburasirazuba ishobora kutaboneka.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye abaturage bawo batuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kwimuka mbere y’uko igihe cy’imvura y’Umuhindo kigera.
Sena y’u Rwanda yemeje ko CG Dan Munyuza, Michel Sebera na Kazimbaya Shakilla Umutoni bajya guhagararira u Rwanda mu bihugu by’amahanga nka ba Ambasaderi, nyuma yo kubisabirwa n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 02 Kanama 2023.
Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije isanga ikwiye kubaza Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, uburyo Minisiteri ayobora (MININFRA) iteganya korohereza abashoramari mu bikorwa byo kubaka amacumbi aciriritse.
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko yagize kubatekerezaho mu buryo bwihariye.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda (Traffic Police), SSP Réné Irere, asaba abakeneye impushya zo gutwara ibinyabiziga (Perimi za burundu) kwihangana mu gihe batinze kuzihabwa.
Umwarimu w’amateka muri Kaminuza y’i Gitwe, Prof Antoine Nyagahene, avuga ko imbuto nkuru za Gihanga zakoreshwaga mu birori by’Umuganura ari zo zakemura ikibazo cy’imirire mibi mu Banyarwanda.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana, ubwo yaganirizaga Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena tariki 25 Nyakanga 2023, yijeje ko umuhanda uhuza uturere twa Karongi na Muhanga uzaba wamaze gukorwa wose bitarenze umwaka wa 2024.
Guverinoma y’u Rwanda yafashe umwanzuro wo kuzamura igiciro cya lisansi kuva ku mafaranga 1,517Frw kugera ku 1,639Frw guhera ku wa Gatanu tariki 4 Kanama 2023, kuva saa moya za mu gitondo.