Musenyeri, Dr. Laurent Mbanda w’Itorero Anglican mu Rwanda, yatorewe kuyobora umuryango uhuza amatorero, amadini na Kiliziya (Rwanda inter-Religious Council/RIC), akaba asimbuye Musenyeri Filipo Rukamba wa Diyoseze Gatolika ya Butare.
Ku wa Gatatu tariki ya 28 Kanama 2024, ahitwa Buñol mu gihugu cya Espagne, habereye umukino udasanzwe wo guterana inyanya uzwi nka La Tomatina, witabiriwe n’abasaga ibihumbi 22 baturutse hirya no hino ku isi.
Sena ni umwe mu Mitwe ibiri igize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ikaba ari yo mutwe Mukuru ku w’Abadepite. Abagize Sena bitwa Abasenateri, bakaba bashinzwe kugenzura niba nta nenge ziri mu Itegeko Nshinga n’Amategeko Ngenga Igihugu kigenderaho.
Isoko rya Rwezamenyo/Nyamirambo ryubatswe mu 1980, rigiye gusenywa kugira ngo hashyirwe inyubako z’ubucuruzi zigezweho.
Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Isheja Butera Sandrine wagizwe Umuyobozozi Mukuru wungirije wa RBA naho Zephanie Niyonkuru akurwa mu nshingano z’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.
Nyuma y’uko Umujyi wa Kigali wibukije abinjira ahantu hahurira abantu benshi hose kubanza gukaraba intoki, abamaze kwitabira gushyira mu bikorwa ayo mabwiriza baracyari bake bitewe n’uko ibikorwa remezo bitanga amazi ngo hari aho byangiritse.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, abibutsa ko nta mpamvu yo gutinza imirimo iteza imbere Igihugu mu gihe hari ibisabwa byose.
Umusesenguzi akaba n’impuguke mu bijyanye n’Ubukungu agaragaza ko hari ibikwiye kwitabwaho na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) hamwe na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), nyuma y’uko zihawe Abaminisitiri bashya muri Guverinoma iherutse gushyirwaho n’Umukuru w’Igihugu.
Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ashyizeho Guverinoma nshya ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, abashya bayinjiyemo, abayisanzwemo n’abatayigarutsemo, mu butumwa banyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X rwahoze ari Twitter, buri wese yashimiye Umukuru w’Igihugu.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yayoborwaga na Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, iri muri eshatu zahawe abaminisitiri bashya muri Guverinoma, nyuma yo kunengwa kurangarana abahinzi b’umuceri wa Bugarama muri Rusizi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Guverinoma nshya igizwe ahanini n’Abaminisitiri bari bayisanzwemo, ariko muri batatu bashya harimo Amb. Christine Nkulikiyinka wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA).
Amakuru atangazwa n’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali hamwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC), ni uko amatora y’abajyanama baharagarariye buri Karere kagize uyu Mujyi hamwe n’ay’Abajyanama bayobora Umujyi yasubitswe.
Ushobora kuba unywa amazi ava ku ruganda rwa Nzove cyangwa urwa Kanzenze (Bugesera), ukabona imvura igwa mu Rwanda cyangwa ugahumeka umwuka ukonje utarimo imyotsi iteza indwara, ariko utazi ko ishyamba rya Nyungwe ryabigizemo uruhare.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko adashyigikiye insengero zigizwe n’abahunuzi bambura abaturage, akaba asaba inzego gukemura ako ‘kajagari’ , hakarebwa n’uko zajya zitanga imisoro.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, waraye wongeye kugirirwa icyizere na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024, yarahiriye kuyobora Guverinoma muri Manda ya Perezida wa Repubulika izamara imyaka itanu (2024-2029).
Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma y’uko atorewe kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri mbere, ndetse akarahirira kuzuza neza izo nshingano mu jkuhango wabaye ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, ukitabirwa n’abakuru b’ibihugu barenga 22.
BK Group Plc yatangaje ko nyuma y’uko Beata Habyarimana wari Umuyobozi Nshingwabikorwa asezeye, yabonye umuyobozi mushya ari we Dr Uzziel Ndagijimana kuva tariki 14 Kanama 2024.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, akimara kurahira ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, Guverinoma yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yahise iseswa(ivanwaho), ariko hakazashyirwaho indi bidatinze.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ivuga ko yatangiye kugira umubare yifuza w’imbangukiragutabara(ambulance), ndetse ikaba irimo kuzegereza abaturage, ariko ngo haracyari ikibazo cyo gutinzwa mu nzira n’umubyigano w’ibindi binyabiziga.
Mu gihe Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arahirira kuyobora u Rwanda muri manda aherutse gutorerwa, hari urundi rugendo rukomereza ku byakozwe muri iyi myaka 30 ishize u Rwanda rumaze rubohowe.
Mu ngingo zidasanzwe z’Itegeko rishya rigenga Abantu n’Umuryango, harimo izibuza umuntu mukuru gutagaguza umutungo w’urugo, ku buryo urukiko ruhita rumushyiriraho umujyanama (cyane cyane uwo bashakanye), akaba ari we ugena uburyo umutungo ukoreshwa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye abagize Itorero Indangamirwa kurwanya ingengabitekerezo y’abashaka kugarura ubutegetsi bushingiye kuri rubanda nyamwinshi.
Ku cyicaro cya Sosiyete icunga umutekano ya ISCO i Kigali, tariki 04 Kanama 2024, hizihirijwe ibirori by’Umuganura byateguwe na Banki ya Kigali(BK), mu rwego rwo gushimira abacunga umutekano w’iyi Banki ku mashami yayo ari hirya no hino mu Gihugu.
Imwe mu mishinga y’abagore mu Rwanda ishobora guhomba biturutse ku ngaruka z’imihindagurikire y’ikirere, mu gihe hatagize igikorwa, nk’uko bamwe babigaragaza.
Umushumba w’Itorero Umuriro wa Pentekote mu Rwanda, hamwe n’uwari umwungirije ariko umaze umwaka ahagaritswe ku mirimo, basobanuye iby’amacakubiri no kutubahiriza gahunda za Leta byashingiweho n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB) mu gufunga iryo torero.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yasobanuye ko insengero zose hirya no hino mu Gihugu zigomba gucungirwa umutekano w’abazisengeramo igihe cyose.
Abafatanyabikorwa ba Leta barimo Umuryango mpuzamahanga utanga amazi, isuku n’isukura (WaterAid), biyemeje gukora ubuvugizi kugira ngo Abaturarwanda muri rusange babone amazi meza hafi yabo, by’umwihariko Abanyabugesera bose ngo bazaba bayagejejweho muri 2028.
Imurikagurisha mpuzamahanga ry’uyu mwaka, Expo 2024, ryajemo udushya dutandukanye aho abacuruzi b’ibikoresho byo mu gikoni bazanye amasafuriya bavuga ko ahisha vuba kandi agakoresha umuriro muke w’amakara, gaz cyangwa amashanyarazi.
Impanuka y’umukobwa wagongewe na moto mu mirongo y’umweru yambukirwamo (Zebra Crossing) ahitwa kuri ’Sonatubes’ mu Mujyi wa Kigali ku gicamunsi cyo ku itariki 14 Nyakanga 2024, ni imwe mu zavugishije benshi, bamwe bashinja abagenda n’amaguru kwitwara nabi, abandi bakavuga ko hari icyuho mu miterere y’imihanda.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, yatangarije abaturage bo mu Turere twose bafite amikoro make, ko bemerewe inguzanyo izishyurwa hiyongereyeho inyungu ya 2%, kugira ngo babashe kubyaza umusaruro ibikorwa remezo bahawe, birimo ibyubatswe n’umushinga SMART.