Urwego rushinzwe kugenzura ihame ry’Uburinganire bw’Abagore n’Abagabo mu Iterambere ry’Igihugu (GMO) hamwe n’Urugaga rw’Ubikorera mu Rwanda (PSF), ku bufatanye n’izindi nzego zirimo imiryango mpuzamahanga, batanze ibirango by’ishimwe ku bigo bya Leta n’iby’abikorera birusha ibindi kwita ku buringanire n’ubwuzuzanye (…)
Intama ikomeje kuba imari ishyushye ku baturage batuye mu Karere ka Nyabihu aho buri wa Kabiri na buri wa Kane w’icyumweru, ku isoko ry’amatungo magufi rya Mukamira muri aka Karere usanga haba hashyushye, ari urunyuranyurane rw’amatungo magufi (cyane cyane Intama), aho abacuruzi baba baje kurangura izo bajyana hirya no hino (…)
Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali haje sitasiyo (Electric Vehicle Plug-in/EVP) zisharija ibinyabiziga bitwarwa 100% n’amashanyarazi, aho moto ihabwa umuriro ku mafaranga 1,680Frw ikagenda ibirometero hafi 100 utarashiramo(urugendo rwo kuva nk’i Kigali ujya i Huye).
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko abaturiye inzira z’amazi ava kuri Sitade Amahoro mu Tugari twa Nyakabanda muri Niboye na Nyabisindu muri Remera, bagiye kwimurwa kugira ngo hubakwe ruhurura nini zivana amazi muri biriya bice ziyageza hasi mu bishanga.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangarije Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), ko bwafunze amwe mu masoko bwari bwarubakiye abazunguzayi (abacururiza mu muhanda) kuko ngo batayashaka.
Ikigo gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi(RAB) hamwe n’Umuryango mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi, One Acre Fund-Tubura, byiyemeje kongera ibikorwa remezo byo kumisha imyaka hadashingiwe ku zuba, kuko hari ubwo ritabonekera igihe.
Leta y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi(IFAD), byubatse amavuriro 15 y’amatungo hirya no hino mu Gihugu, akaba yitezweho kujya afata ibizamini no gupima amatungo yarwaye, akavurwa hamaze kumenyekana ikibazo yagize.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda (Traffic Police) hamwe n’imiryango irwanya impanuka zibera mu muhanda, bakomeje kuburira abagenda kuri moto cyangwa ku magare, babasaba kwambara neza ingofero (kasike) zifite ubuziranenge.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yasuzumye aho umushinga witwa PRISM ifatanyijemo n’imiryango mpuzamahanga mu guteza imbere uruhererekane rw’amatungo magufi n’ibiyakomokaho, ugeze ufasha Abanyarwanda kubona inyama zibahagije zatuma barwanya imirire mibi.
Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wizihijwe tariki 01 Gicurasi 2024, Guverinoma y’u Rwanda yishimira ko intego yo guhangira imirimo abaturage cyane cyane urubyiruko n’abagore, yagezweho ku gipimo kirenga 90%, ariko ikaba ihura n’imbogamizi zo kuba nta koranabuhanga riragera kuri benshi.
Ishyaka PDI (Parti Démocrate Idéal), ryamaze gutangaza ko mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Nyakanga 2024, rizashyigikira umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame.
Ikigo nderabuzima cya Kabuye giherereye mu Karere ka Gasabo n’abaturanyi bacyo, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abari abayobozi, abakozi n’abari bahaturiye, hagarukwa ku mateka yo kurokoka kwa Mukashema Epiphanie wahambwe ari muzima, akagendesha amavi n’inkokora ijoro ryose.
Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yiyemeje kuvugurura Itegeko ryo muri 2013 rigena imitunganyirize n’imikoreshereze y’amarimbi, kugira ngo imibiri y’abitabye Imana ijye itwikwa, mu rwego rwo kurondereza ubutaka no kuruhura abavunwa n’ikiguzi gihanitse cyo gushyingura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yizeza ko izasimbuza inzitiramubu buri myaka itatu mu turere twose tuzihabwa mu Gihugu ihereye kuri Nyamagabe, aho buri rugo ruzazihabwa ku buntu.
Umuturage w’i Nyamagabe witwa Nibarere Agnès, avuga ko ahora atambuka ahantu haretse amazi mu kiziba cyangwa ubwe agatereka amazi mu nzu mu gikoresho yayavomeyemo, akabonamo udusimba dutaragurika ariko akigendera ntabyiteho.
Umuryango urwanya indwara yo kuva kw’amaraso gukabije yitwa Hemophilia (Hemofiliya), hamwe n’Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), barahamagarira abantu bafite ibimenyetso by’iyo ndwara, kwihutira kuyisuzumisha hakiri kare, kugira ngo birinde impfu cyangwa ubumuga.
Umuryango IBUKA hamwe n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko mu Kiliziya yitiriwe Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille), hiciwe Abatutsi barenga 1000, bigizwemo uruhare n’uwari Padiri Wenceslas Munyeshyaka.
Abarokokeye Jenoside ahitwa Nyirarukobwa, Akagari ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama w’Akarere ka Bugesera, bibutse ishuri ryahahoze n’imiryango irenga 100 yazimye yari ituye muri icyo kibaya, basaba ko hashyirwa ikimenyetso cy’amateka.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) yafatanyije n’Umujyi wa Kigali mu guhuza umunsi wa Siporo rusange (Car Free Day) n’umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya Malaria, wizihijwe kuri iki Cyumweru tariki 21 Mata 2024.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda(RBC) cyatanze inzitiramubu z’ubuntu ku banyeshuri bose bacumbikirwa mu bigo bya Leta n’ibyigenga, nyuma yo kubona ko bari mu byiciro byibasiwe n’iyo ndwara kurusha abandi mu Gihugu.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), kigiye kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya Malaria ku itariki 25 Mata, cyishimira ko iyo ndwara yagabanutse kubera gukoresha Abajyanama b’ubuzima.
Imbuga nkoranyambaga zirimo urw’ikinyamakuru The Chronicles, zazindutse zitangaza ko Umunyemari w’Umunyarwanda, Tribert Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana ku myaka 82 y’amavuko.
Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu uri mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko kuba we n’abandi bakiriho, babikesha amagambo y’Umukuru w’Igihugu abakomeza, arimo iryo yavuze atangiza gahunda yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abantu babarirwa mu bihumbi bahuriye muri gahunda yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ku Rwibutso rw’i Ruhanga mu Karere ka Gasabo, banashyingura mu cyubahiro indi mibiri 16 yabonetse hirya no hino muri ako Karere.
Intambara mu Burasirazuba bwo Hagati ku mugabane wa Aziya, itangiye gutera impungenge ko ishobora guhinduka iy’Isi yose, nyuma y’uko igisirikare cya Iran kimishagiye imvura y’ibisasu n’indege za ’drone’ kuri Israel, ku wa Gatandatu tariki 13 Mata 2024.
Ubuyobozi bw’Umuryango IBUKA mu Karere ka Gasabo, buvuga ko hari abahesha b’inkiko bahishe amarangizarubanza y’abarokotse Jenoside, bikabaviramo kutishyurwa imitungo yabo yangijwe, Perezida wa IBUKA muri ako Karere, Théogène Kabagambire, akaba yabitangarije abitabiriye gahunda yo Kwibuka yabereye mu kigo cy’Abayezuwiti cya (…)
Umuryango One Acre Fund-Tubura, ufasha abahinzi kongera umusaruro, wasabye urubyiruko 3400 ruwukorera, kwigira ubutwari n’ubudaheranwa ku muhinzi witwa Sendanyoye warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, agahitira ku rugamba rwo kubohora Igihugu kuko rwari rugikomeje, akaza kuhavana ubumuga.
Uwari Burugumesitiri wa Komine Ntyazo, ubu ni mu Karere ka Nyanza, kuva muri 1993-1994, aribukwa nk’Umututsi wazize Jenoside ariko akaba n’umuyobozi witangiye abaturage.
Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yatangarije Kigali Today ko we na bamwe muri bagenzi be barimo kwimuka bava aho bakoreraga berekeza aho amakoleji bigishamo yashyizwe, mu rwego rw’amavugurura ari gukorerwa iyi Kaminuza.
Icyumweru cy’icyunamo no gutangira gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byabereye henshi ku Isi harimo no kuri Ambasade y’u Rwanda muri Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA), aho Abanyarwanda n’inshuti zabo bari mu bice bitandukanye by’icyo gihugu, basabwa gufata igihe bakajya Kwibuka no guha (…)