Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibivugwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, ivuga ko ryabeshye Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza, rigamije gutambamira gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Abakozi b’Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya na Komisiyo y’icyo gihugu ishinzwe Ubutabera muri rusange, baramara icyumweru i Kigali bari hamwe na bagenzi babo b’u Rwanda, aho barimo kungurana ubunararibonye ku buryo bunoze bwabafasha kuburanisha imanza.
Mu Karere ka Gasabo habereye imurikabikorwa ry’imishinga y’abiga mu mashuri yisumbuye, irimo uwo gusudira bakoresheje amazi arimo umunyu, bigasimbura icyuma cyitwa ‘Poste à Souder’.
Abanyetorero ‘Bethesda Holy Church’ baturutse hirya no hino mu Rwanda, berekeje i Ntarama mu Karere ka Bugesera ku wa Gatandatu tariki 08 Kamena 2024, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, boroza n’inka icumi abarokotse.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), n’abafatanyabikorwa bacyo, bibukije abantu bose bikekaho kanseri y’ibere, harimo n’abagabo, ko bagomba kwihutira kujya kwisuzumisha kwa muganga, kugira ngo batazavurwa bahenzwe kandi bibagoye.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rimaze rishinzwe, Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali, RALGA, ryagaragaje ibyo ryifuza kugeraho mu myaka iri imbere, birimo gufasha abaturage guhuza ubutaka bagatura hamwe bavuye mu kajagari.
Kuwa 05 Kamena 2024, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET), yatangiye gutanga, binyuze ku rubuga Irembo, inyandiko yitwa ’Apostille’ yemeza ibyangombwa bikenerwa mu mahanga, kugira ngo umuntu ahabone serivisi yifuza.
Abagize koperative y’Abashoferi b’amakamyo manini yambukiranya imipaka ariko ikorera Imbere mu gihugu ya United Heavy Truck Drivers of Rwanda, ibarizwamo n’abanyamahanga batandukanye biyemeje kujya gusobanura mu mahanga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urugo ruri mu Mujyi wa Kigali rwahindutse ishuri ry’ubuzima bwa buri munsi bwo hambere mu Rwanda, aho abarimu bigisha Ikinyarwanda bavuga ko hatumye baruhuka imvune zo kuba barigishaga amagambo atumvikana.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, cyatangaje ko mu minsi 10 itangira uku kwezi kwa Kamena 2024 (kuva tariki 1-10), nta mvura ihari henshi mu Gihugu kuko ibipimo biteganya ingana na milimetero (0-5).
Abakuru b’Umuryango mpuzamahanga wita ku mibereho y’abantu (cyane cyane abatishoboye), Rotary Club-Kigali, bahuguriye urubyiruko kujya gufasha abandi hirya no hino mu Gihugu kubaka amahoro arambye, hashingiwe ku kwiyumvamo ko bose ari Abanyarwanda.
Leta y’u Rwanda, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET), yatangarije abifuza ibyangombwa bikenerwa mu mahanga, ko bazajya babibona banyuze ku rubuga rwa Irembo guhera tariki ya 5 Kamena 2024.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ibinyujije mu kigo kiyishamikiyeho gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku bufatanye n’Ikigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi ku bworozi (International Livestock Research Institute/ILRI), batangije ikoranabuhanga rizajya riha umworozi w’Inka amakuru amufasha kongera umukamo.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo ’International Budget Partnership’ muri 2023, bugaragaza ko u Rwanda rwateye imbere mu guha abaturage amakuru ajyanye n’ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari, rukaba rwabiherewe amanota 50%, ruza ku mwanya wa 9 muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye inkuru zatangiye gusohoka mu bitangazamakuru birimo gukora ubukangurambaga bwiswe "Forbidden Stories Media Campaign", ivuga ko izo nkuru zitazagera ku ntego yazo yo kwica amatora, cyangwa guhungabanya ubuyobozi bw’Igihugu.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye (UN) hamwe n’izindi nzego, batangije ubukangurambaga bwiswe ‘Tuwurinde’ busaba abamotari gukoresha kasike zujuje ubuziranenge, mu rwego rwo kurinda umutwe w’umuntu ugenda kuri moto.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakomoka mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, bakaba batuye i Kigali, kuwa Gatandatu tariki 25 Gicurasi, bibutse imiryango yabo yiciwe mu bice bitandukanye, amazina akaba yanditswe mu Rwunge rw’amashuri rwa Rwingwe.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, Umushinga w’Ingengo y’Imari ya Leta mu mwaka wa 2024/2025, ungana n’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari 5,690.1Frw.
Icyo gicu ngo cyari gitwikiriye ubuso buto bunyurwamo n’indege ya kajugujugu mu gihe kitarenze amasegonda 30, hafi y’ikirombe cy’amabuye y’agaciro cyitwa ’Sungun Copper mine’ kiri ahitwa Tabriz mu Burengerazuba bw’Amajyaruguru ya Iran.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Kacyiru, CP (Rtd) Dr Daniel Nyamwasa, yatanze ikiganiro kirimo gushimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akabanisha abishe n’abo biciye ababo.
Itsinda ry’ibigo bigize BK Group, ari byo Banki ya Kigali, BK Insurance, BK Capital, BK Foundation na BK TechHouse, ryatangarije abanyamigabane baryo ko ryabungukiye amafaranga 24.18Frw kuri buri mugabane usanzwe.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) ryagejeje kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC), urutonde rw’abakandida-depite 66 barimo abagore 29 n’abagabo 37.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) ryagejeje kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC), urutonde rw’abakandida-depite 66 barimo abagore 29 n’abagabo 37.
Abize mu mu Ishuri ribanza ry’Intwari (Ecole Primaire Intwari) riri mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko bakibabazwa no kuba hari bagenzi babo barimo abahoze ari abarimu ndetse n’abanyeshuri bishwe ariko imibiri yabo ikaba itaraboneka.
Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo(FARDC), Gen Maj Sylvain Ekenge, yasobanuye ko abagabye igitero ku bayobozi b’icyo gihugu ku Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024, ari itsinda ry’abarwanyi babarirwa muri 50 bafite ubwenegihugu butandukanye.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangiye kwakira kandidatire z’abifuza kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024, ku ikubitiro ikaba yakiriye kandidatire ya Paul Kagame, Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, ari na we usanzwe ayobora u Rwanda.
Ikigo cy’Abafaransa gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga(AFD) kibinyujije mu Ishami ryacyo ryitwa Proparco, cyatanze inguzanyo y’Amadolari ya Amerika Miliyoni 10 (aragera ku mafaranga y’u Rwanda hafi miliyari 13), akaba yagenewe abahinzi bato basanzwe bafashwa n’Umuryango One Acre Fund-Tubura.
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (UNAIDS), yatangajwe muri Nyakanga 2023, ishyira u Rwanda mu bihugu 5 bya mbere ku Isi bimaze kugera ku ntego zo kurandura virusi itera SIDA ziswe 95-95-95.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yagaragaje abantu kugeza ubu bari kuri lisiti y’itora, bakaba bemerewe gutora Perezida wa Repubulika n’Abadepite mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka wa 2024.
Urubyiruko rwitabiriye ubukangurambaga bwo kwirinda SIDA bwakozwe n’Ikigo gishinzwe Ubuzima (RBC) mu Karere ka Rwamagana, ruvuga ko iyo utarisuzumisha ngo umenye uko uhagaze umutima udashobora gutuza iyo uzi ko wakoze imibonano mpuzabitsinda idakingiye.