Umuryango uharanira iterambere ry’umwana, urubyiruko n’umugore, Save Generations Organization (SGO), uravuga ko abubatse ingo bamaze gusobanukirwa ko kizira guhishira ihohoterwa bakorerwa.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’lgihugu rushinzwe kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), buvuga ko gutwara abantu abantu mu buryo bwa rusange bunoze bisobanuye kwishyura igiciro gikwiye.
U Rwanda ku bufatanye n’Umuryango Mpuzamahanga witwa FIA Foundation, batangije Laboratwari ya mbere ku mugabane wa Afurika ipima ubuziranenge bwa kasike(ingofero) zambarwa n’abagenda kuri moto, ikaba yitezweho kubuza kasike ziteza impanuka kongera kwinjira mu Gihugu.
Icyegeranyo kuri ruswa (Rwanda Bribery Index) cyakozwe n’Umuryango Transparency International Rwanda muri uyu mwaka wa 2024, kigaragaza ko inzego z’abikorera cyane cyane mu bwubatsi ndetse no muri Polisi y’u Rwanda, ziza imbere mu kugira abantu benshi barya ruswa kugira ngo batange serivisi.
Abafatanyabikorwa ba Leta mu bijyanye n’ubuhinzi barimo Umushinga wa USAID Hinga Wunguke, Ikigo cy’Ikoranabuhanga cya BK TechHouse n’ibigo by’imari, barizeza urubyiruko, abagore n’abafite ubumuga bakorera ubuhinzi mu turere 13, ko bazahabwa inguzanyo ku nyungu nto, nta ngwate basabwe kandi bakajya bayisabira bakoresheje (…)
Abikorera bafite ubumuga mu Rwanda barasaba kurenganurwa kubera igihombo baterwa no gutanga imisoro ingana nk’iyo abandi batanga, nyamara bo baba bishyuye ikiguzi kirenzeho mu gihe cyo kurangura, mu ngendo ndetse no mu gihe cyo gucuruza, kubera ko aho bageze hose bakenera abakozi bo kubafasha.
Ikigo QA Venue Solutions Rwanda, gishinzwe imicungire y’inyubako za Siporo ziri i Remera na Pariki ya Nyandungu, cyeretse bamwe mu bagize Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), amahirwe bafite mu kubyaza umusaruro icyanya cy’imikino n’imyidagaduro kiri i Remera, kikaba kugeza ubu kigizwe n’inyubako nini za BK Arena, Sitade (…)
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 07 Ukuboza 2024 i Kigali mu Gakiriro ka Gisozi habereye impanuka yatewe no gucika feri kw’imodoka itwara ibishingwe yavaga i Nduba, ikaba yakomerekeje abantu 10 nk’uko ubuyobozi bw’Akagari ka Musezero kabereyemo iyo mpanuka bwabitangaje.
Abayobozi b’inzego ziteza imbere Umuco mu Rwanda bavuga ko nyuma y’uko Intore zishyizwe ku rutonde rw’umurage ndangamuco w’Isi udafatika, Abanyarwanda bagiye kubona imirimo myinshi ishingiye ku guhamiriza.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rurizeza abafata pansiyo nto ingana na 13,000Frw ku kwezi, ko guhera muri Mutarama 2025 ayo mafaranga bahabwa aziyongera biturutse ku kuba abatanga imisanzu ya pansiyo na bo bazatangira gutanga 6% by’umushahara mbumbe wabo aho kuba 3%.
Impuguke mu bya Politiki na Dipolomasi ivuga ko kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ataritabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ku wa Gatandatu tariki 30 Ugushyingo 2024, bishobora kuba bivuze ko icyo gihugu cyifuza gusohoka muri uwo (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Patrice Mugenzi, avuga ko abayobozi b’Uturere twa Karongi na Rusizi baherutse kwegura, byavuye ku mpamvu zabo bwite ariko bamaze kubona ko badaha serivisi nziza abaturage, harimo no kuzigurisha, nubwo ngo atari inkubiri yiswe ‘Tour du Rwanda’ itangiye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko abahinzi b’umuceri, ibigori, ingano, ibishyimbo, ibirayi n’imyumbati, bazajya bakoresha ifumbire babanje kureba mu ikoranabuhanga ryitwa RwaSIS (Rwanda Digital Soil Information System), ribamenyesha imiterere y’ubutaka n’ifumbire ikwiranye na bwo.
Batsinda Sugira Blaise w’imyaka 26 y’amavuko avuga ko nta wamuha akazi kamuhemba amafaranga ari munsi ya miliyoni eshatu ku kwezi, ngo amwemerere kuva ku gukora ibinyobwa birimo ikawa no kubigaburira abantu.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024, yakiriye inyandiko z’abahagarariye mu Rwanda ibihugu biri ku migabane ya Amerika y’Epfo, u Burayi, Australia na Afurika.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uvuga ko utewe impungenge n’impfu hamwe n’ubugome bikomeje kwiyongera cyane cyane muri aya mezi ya nyuma y’umwaka wa 2024 kuva muri Kanama.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi(MINEMA) yatangaje, tariki 25 Ugushyingo 2024, ko hari imiryango 1,143 ituye mu turere dukunze kwibasirwa n’ibiza, igiye guhungishwa ibiza byaterwa n’imvura iteganyijwe mu gihe cy’ibyumweru bibiri biri imbere.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko ubukungu b’Igihugu bwakomeje kuzamuka muri uyu mwaka wa 2024 kubera ihindagurika rito ry’ibiciro ryagumye hagati ya 2-8%, ndetse no kuba igipimo cy’inyungu fatizo kitarahindutse nyuma y’uko cyagiye kigabanywa kuva mu mwaka ushize wa 2023.
Umuryango w’uwari umushumba w’Itorero Ebenezer riherutse kwamburwa ubuzima gatozi mu Rwanda, uvuga ko uwo mugabo afungiwe kuri Sitasiyo y’Ubugenzacyaha i Bumbogo mu Karere ka Gasabo, nyuma y’uko afatiwe iwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 13 Ugushyingo 2024, aho ngo yashakaga kugirira nabi Umugore basezeranye hamwe na (…)
Sosiyete y’Itumanaho ya Airtel yatangije uburyo bwo guhamagara bwiswe Voice Over 4G(VoLTE) hakoreshejwe murandasi y’ikiragano cya kane(4G), aho kuba uburyo busanzwe bw’amayinite bukoresha 2G.
Abaturage baganiriye na Kigali Today bavuga ko hakwiye gufatwa ingamba zakumira guhenda kw’ibintu no guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda, bashingiye ku byo ryaguraga mu myaka irenga 20 ishize.
Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) yatangaje amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye byakozwe mu mezi ya Nyakanga na Kanama 2024, aho 78.6% ari bo babitsinze bakaba bazahabwa impamyabumenyi.
Ibigo bishinzwe amasoko ya Leta muri Afurika(APPN) byemeranyijwe ko itangwa ry’amasoko ya Leta rigiye kwibanda ku bikorerwa imbere mu gihugu, kubera impamvu zitandukanye zirimo iyo gusigasira agaciro k’ifaranga gatakarira mu gutumiza ibintu hanze y’Igihugu.
Ikigo gitsura Ubuziranenge (RSB) cyatangaje amabwiriza y’ubuziranenge ku ngofero z’abagenda kuri moto (helmets/casques), runasaba abamotari bifuza kugura izo ngofero kwita ku zujuje ibisabwa kugira ngo barinde ubuzima bwabo n’abo batwara kuri moto.
Ihuriro ry’ibigo bishinzwe amasoko ya Leta muri Afurika (The African Public Procurement Network/APPN) rigiye guteranira i Kigali ku matariki ya 12-14 Ugushyingo 2024, aho rizasuzuma uruhare rw’amasoko ya Leta mu iterambere rirambye, harimo kwirinda kwishyura serivisi n’ibintu byangiza ibidukikije.
Umujyanama wihariye mu Muryango w’Abibumbye(UN) ushinzwe gukumira ibyaha bya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu, hamwe n’Umushinjacyaha w’Urwego rwasigaranye imirimo y’icyari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(IRMCT), Serge Brammertz, bamaze iminsi mu Rwanda mu biganiro bigamije gukumira Jenoside.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) ku bufatanye n’Ishuri ry’u Rwanda ryigisha Ubuhinzi butangiza Ibidukikije(RICA), hamwe n’Umuryango Mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi(One Acre Fund/OAF) uzwi ku izina rya ‘Tubura’ mu Rwanda, bahaye impamyabumenyi impuguke 16 zari zimaze umwaka ziga gutubura imbuto z’ibihingwa (…)
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), Maj Gen(Rtd) Albert Murasira, asaba abatuye ahabashyira mu byago bose kwibwiriza bakahava badategereje ingurane, cyane ku bantu bituje mu manegeka cyangwa abafite ubushobozi barimo n’abafatiye ubwishingizi inzu zabo.
Igitekerezo cyo gushinga amashuri y’incuke ngo cyabajemo mu kwezi kwa Nzeri k’umwaka wa 1988, ubwo babonaga ababyeyi bajya guhinga bashoreranye n’abana, bakiriranwa na bo mu mirima ariko bagataha umubyizi utarangiye, kubera ko abo bana babaga babaruhije.
Ibitaro mpuzamahanga byigisha ubuvuzi muri Afurika, Aga Khan University Hospital bifite icyicaro i Nairobi, byahaye u Rwanda impano y’imodoka ebyiri zifashishwa nk’amavuriro yimukanwa, hamwe n’ibyuma bikonjesha imiti (Frigo 20) bizajya bishyirwamo inkingo zishyirwa abaturage iwabo mu cyaro.