Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwerekanye ibyumba by’amashuri 104 n’ubwiherero 114 bimaze kubakwa mu rugamba uturere twose turimo rwo gukemura ubucucike bw’abanyeshuri igihe amashuri azaba yongeye gufungura.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ifatanyije n’ishinzwe Ubuzima (MINISANTE), zatangiye kwandikira abavutse n’abapfuye kwa muganga aho kuba ku biro by’umurenge nk’uko byari bisanzwe.
Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC) yasabye Abanyarwanda kuganura birinda Covid-19, aho gusangira umutsima w’amasaka n’uburo, ibigori n’amarwa bisimbuzwa kohererezanya ubutumwa n’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) kivuga ko nyuma y’amategeko ahana ibyaha ndetse n’Iteka rya Minisitiri ryo muri 2019 byemerera abantu gukuriramo inda kwa muganga, abarenga 150 babyitabiriye mu mwaka wa 2019-2020.
Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST), Urwego rushinzwe Iterambere(RDB) hamwe na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Innovasiyo, byatangije ku mugaragaro ikoranabuhanga rikorera mu risanzweho rya IECMS, kugira ngo byihutishe guhesha abantu ibyo batsindiye mu manza.
Banki ya Kigali(BK) ivuga ko umuhinzi wese uri muri gahunda ya ‘Smart Nkunganire’ ashobora gusaba inguzanyo yo kugura imbuto, ifumbire, imiti n’ibindi yakenera mu mushinga we.
Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) rufunze abasore batatu ari bo Ihimbazwe Maurice, Yangeneye Emmanuel na Nshimiyimana Theogene bo mu mudugudu wa Gikumba, Akagari ka Gikoma mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bazira kubaga imbwa bashaka gucuruza inyama zayo.
Ku Muhima mu marembo y’ibiro bya Polisi y’u Rwanda, ahakorera ishami rishinzwe umutekano wo muhanda, hakomeje gufatirwa abiyita abapolisi basaba abantu amafaranga babizeza kuzabaha ‘permis’ (impushya zo gutwara ibinyabiziga).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruvuga ko kwerekana ubwambure kuri murandasi (internet) wamamaza imikoreshereze y’ibitsina ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Abashinzwe kwita ku ngagi muri Pariki y’Ibirunga bavuga ko ubuzima bwazo bubangamiwe na ba rushimusi bashyiramo imitego bashaka inyama z’inyamaswa z’agasozi cyangwa ibindi bizikomokaho.
Ishami ry’Abagore mu Rugaga rw’Abikorera (PSF), ryitwa Chamber of Women Entrepreneurs (CWE), ryatangije gahunda y’imyaka itanu yo kongera abagore bari mu bucuruzi barimo n’abakobwa babyariye iwabo.
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Ruhunga Jeannot, yatangaje ko iperereza kuri Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Ambasaderi Claver Gatete rikirimo gukorwa.
Ubushinjacyaha bwavuze ko butazajenjekera Dr. Pierre Damien Habumuremyi, kuko ngo atagaragaza amafaranga yo kwishyura imyenda afitiye abantu batandukanye, irenga amafaranga y’u Rwanda miliyari imwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kivuga ko gitangira gupima Covid-19 ku bantu bose babisabye, guhera kuri uyu wa kabiri tariki 28 Nyakanga 2020, ariko abasohoka mu gihugu bateze indege bo ni itegeko.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abasore batandatu bakomoka mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, bashinjwa kurema itsinda ryiba abacuruzi ba Mobile Money/Airtel Money.
Mu mwaka wa 2007 ubwo abakozi b’ikigo gishinzwe indangamuntu (NIDA) begeranyaga amakuru yo gushyira ku ndangamuntu zikoranywe ikoranabuhanga, hari abagiye bihesha imyaka mike itajyanye n’igihe bavukiye.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Leta zunze ubumwe za Amerika ziheruka koyohereza umuntu utagira ubwenegihugu mu ntango z’iki cyumweru, u Rwanda rukaba rwaramwakiriye ku bw’ubugiraneza.
Urwego ngishwanama rw’u Bushinwa (rufatwa nk’Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu) rwashyikirije Sena y’u Rwanda udupfukamunwa 22,400 tuzakoreshwa n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Ubusanzwe abantu bamenyereye ko mu nyamaswa z’imbogo nta yifite irindi bara ritari umukara, ariko muri Pariki z’Ibirunga n’Akagera imbogo z’igitare zisanzwemo, nk’uko twabisobanuriwe n’abashinzwe kwita ku nyamaswa.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yabujije inzego z’ibanze gusaba cyangwa gutegeka abaturage gutanga amafaranga yo kubaka ibyumba by’amashuri, ivuga ko Leta ifite ingengo y’imari yagenewe kubaka ibyo byumba.
Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko yasabye Guverinoma gusuzuma niba ikibazo cy’ihohoterwa mu ngo yumvise ahandi mu gihe cyo kuguma mu rugo kubera Covid-19, kidashobora kuba cyarongereye ubukana mu Rwanda.
Bamwe mu Badepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bagaragaje impungenge ko abanyeshuri nibatangira kwiga muri Nzeri, bashobora kuzanduzanya icyorezo cya Covid-19.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yasobanuriye Inteko Ishinga Amategeko (imitwe yombi) imiterere y’icyorezo cya Covid-19 nyuma y’amezi ane kimaze kigeze mu Rwanda.
Ubwo gahunda ya #GumaMuRugo yatangiraga, hari abo byagoye cyane kuhaguma kuko batari kubona ibyo bafungura batagiye ku isoko guhaha, nubwo bari bafite ibyago byo kwandurirayo.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, arasaba abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 barenga 500 batarayitaba kwihutira kujyayo batarafatwa.
Urugaga rw’Abahinzi n’Aborozi bo mu Rwanda rwitwa ‘Imbaraga’ ruvuga ko muri iki gihe cya Covid-19, abahinzi babuze aho bagurisha umusaruro bikabateza igihombo.
Abakuru b’abarwanyi bakuwe mu mitwe ishinjwa iterabwoba ikorera muri Kongo Kinshasa, batangaza ko nyuma yo kuzanwa mu Rwanda iby’iyo mitwe byabaye nk’ibirangiye burundu.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rweretse itangazamakuru abarwanyi 57 n’umusivili umwe bavanywe mu mashyamba ya Kongo Kinshasa bohererezwa u Rwanda guhera mu kwezi kwa Gashyantare k’uyu mwaka wa 2020, barimo umuhungu wa Gen Irategeka Wilson wayoboye FDLR.
Urubanza ku birebana n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rwa Dr. Habumuremyi Pierre Damien wahoze ari Minisitiri w’Intebe, rwatangiye kuburanishwa mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo kuri uyu wa Kane.