Urubyiruko rutandukanye ruri ku Mugabane wa Afurika rwaganiriye na Perezida wa Repubulika Paul Kagame hifashishijwe ikoranabuhanga, akaba yarumenyesheje ko amahirwe yo kwikura mu bushomeri ari mu buhinzi.
Polisi y’u Rwanda irongera kwizeza abaturage ko batazongera guhohoterwa n’abayitirirwa bakoresha imbaraga z’umurengera mu kwica abantu bafunzwe cyangwa abafatiwe mu makosa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko imvura y’umuhindo wa 2020 izaba iri munsi gato y’imvura isanzwe iboneka mu bihe byiza by’umuhindo, mu bice byinshi by’igihugu.
Mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi habereye impanuka kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Nzeri 2020 ihitana abantu babiri.
Nyuma yo kubisabwa n’inzego ziyikuriye, Polisi y’u Rwanda yatangaje uburyo igiye guca ibikorwa na bamwe mu bapolisi bayihesha isura mbi, barasa mu cyico (gukoresha ingufu z’umurengera) abakurikiranyweho ibyaha.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’Ikigo cy’Igihugu cy’itangazamakuru (RBA) kuri iki cyumweru tariki 06 Nzeri 2020, avuga ko nta cyaha cyakozwe mu kuza kwa Rusesabagina mu Rwanda uretse kubeshywa.
Bamwe mu baturage b’i Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru na Uwinkingi mu Karere ka Nyamagabe, basobanuriye itangazamakuru ibyo umutwe wa FLN w’ishyaka MRCD rya Paul Rusesabagina wabahombeje mu mwaka wa 2018.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko igishushanyo mbonera gishya cya 2020-2050 gifasha abawutuye kuwibonamo, aho kuwuhunga nk’uko babitekerezaga mu gishushanyo mbonera cy’ubushize cya 2013-2018.
Ba nyir’isoko ry’Umujyi wa Kigali (Kigali City Market) riri mu Karere ka Nyarugenge ryongeye gufungura kuri uyu wa kane, bafashe ingamba zo kugabanya 3/4 by’abari basanzwe bacururizamo ibiribwa byangirika ubwo ryafungwaga ku itariki 16 Kanama 2020.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, avuga ko Inama y’Umuryango w’ibihugu bivuga icyongereza (Commonwealth) ku bijyanye n’iterambere ry’imijyi, yashojwe ku wa Gatatu tariki 02 Nzeri 2020, yanzuye ko politiki y’imiturire inoze yava mu magambo ikajya mu bikorwa.
Theophile Ruberangeyo wayoboraga Ikigega gifasha abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (FARG), yashyikirije inyandiko z’icyo kigega Uwacu Julienne uherutse kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri nk’Umuyobozi mushya wa FARG.
Kujya muri uwo Mudugudu wiswe Njamena(N’djamena) utari umurwa mukuru wa Chad ntibisaba gutega indege, ahubwo utega bisi cyangwa moto ikugeza ku biro by’Umurenge wa Gatenga, ukamanuka gato (nko muri metero 50) werekeza mu gishanga kijya ahazwi nko ‘kwa Gitwaza’, uba wahageze.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) cyatangaje gahunda y’imyaka itanu (2020/2021-2024/2025) igamije kuvugurura imikorere y’amakoperative no kuyahindura ibigo binini mu gihugu.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda ifatanyije n’Abanyarwanda bize muri icyo gihugu, begeranyije amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 22 (22,673,000 Frw) bayaguramo ibiribwa byo guha abarimu bashonje bo mu Karere ka Gasabo.
Nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 26 Kanama 2020, yahagaritse ingendo hagati y’Umujyi wa Kigali n’izindi ntara, muri gare ya Nyabugogo nta modoka ijya cyangwa iva mu ntara ihaparitse.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) hamwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), bahaye imiryango itari iya Leta (CSOs) 65 inkunga irenga miliyari imwe na miliyoni 700 yo kwita ku baturage.
Kimwe mu bitangazamakuru bikorera kuri murandasi (internet) mu Rwanda cyanditse inkuru ivuga ko interineti ikigo AC Group cyashyize mu modoka zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali ari baringa.
Umushinga uteza imbere ubuhinzi bw’imboga, imbuto n’indabo w’Ikigo cy’Abaholandi gishinzwe Iterambere (SNV-HORTINVEST), uvuga ko abahinga banacuruza ibyo bihingwa babuze inkunga kubera kutamenya imicungire y’imishinga yabo.
Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasigaranye imirimo y’icyari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(IRMCT), Serge Brammertz, yavuze ko Kabuga Félicien ashobora koherezwa i Arusha mu kwezi gutaha kwa Nzeri cyangwa mu Kwakira 2020.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko Ishuri rya King David Academy riri mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, ritazafungurwa mu gihe cyose amazi ataruka mu nyubako zaryo atarubakirwa.
N’ubwo utubari tugifunze kubera kwirinda Covid-19, ntabwo bibuza abakunzi b’inzoga kunywa bamwe bagasinda bazinywereye muri resitora cyangwa mu maduka kuko ho hadafunze.
Kuva tariki 15 Kanama 2020, moto na taxi (voiture) zitwara abagenzi zose zisabwa kugira imashini (telefone zigezweho zitwa smart phone), zibara igiciro cy’urugendo hashingiwe ku mubare w’ibirometero ikinyabiziga cyagenze.
Banki ya Kigali(BK) yatangarije abayigana n’abakiriya bayo by’umwihariko, ko umutekano wa konti zabo ucunzwe neza, ku buryo yanabiherewe icyemezo cy’ubuziranenge mpuzamahanga.
Nyuma y’ifungwa ry’isoko rya ‘City Market’ n’iry’ahitwa Kwa Mutangana (Nyabugogo), yombi yo mu Karere ka Nyarugenge, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 18 Kanama 2020 nta muntu n’umwe wari uhari.
Abacuruzi barimo gusohoka mu masoko yo Mujyi wa Kigali kubera icyorezo Covid-19, baravuga ko ibicuruzwa byabo aho kugira ngo byangirike barimo kubigurisha ayo babonye yose.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) iravuga ko abanduye Covid-19 ku matariki 14-15 Kanama 2020 banganaga na 152, benshi muri bo bakaba ari abanduriye mu masoko yo mu mujyi wa Kigali ya City Market(Nyarugenge) n’ahitwa kwa Mutangana(Nyabugogo).
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ivuga ko kutagabanuka kw’icyorezo Covid-19 ari byo bituma hataramenyekana igihe amashuri n’ibindi bihuza abantu benshi bizasubukurirwa.
Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Kanama 2020 yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo Amb Olivier Nduhungirehe, Mutsindashyaka Théoneste na Uwacu Julienne bahoze muri Guverinoma, ndetse na Rwamurangwa Stephen wayoboraga Akarere ka Gasabo.
Nubwo indwara nka Covid-19 zifata abantu bose, abafite ubudahangarwa buke bw’umubiri bitewe n’ubusaza, umwana muto, ufite ubwandu bwa virus itera SIDA, Hepatite, Cancer, utwite, ufite ikibazo cy’imirire mibi (kurya byinshi cyangwa kubibura),...we aribasirwa kurushaho.
Nyuma y’icibwa ry’amasashi (bitewe n’uko yangiza ibidukikije), hagiyeho ibipfunyika (envelopes) bikozwe mu mpapuro zisa na kaki, ndetse haza no kwaduka abapfunyika mu mpapuro zisanzwe zanditseho.